Mico The Best yaguze studio izamufasha kunoza akazi ke

Kwandika indirimbo biri mu byinjiriza amafaranga abazandika, bikarushaho iyo babasha kuzigurisha ziri mu majwi.

Mico The Best ni umwe mu bahanzi bavugwa na bagenzi babo ko ari abanditsi beza b’indirimbo. Asanzwe ari n’umuhanzi ukora indirimbo ze bwite zigakundwa, iheruka kwamamara ikaba ari iyo yise ‘Igare’.

Mico The Best
Mico The Best

Iyo umuntu yanditse indirimbo byorohera uwo ayihaye iyo iri mu njyana. Mico avuga ko ubu bizajya bimworohera kuko mbere ngo byamugoraga kujya gufata amajwi muri studio zindi. Ati “Hari igihe wandikira umuntu indirimbo akagusaba ko uyimuha iri mu majwi. Icyo gihe byaramvunaga kujya kuyafatira hanze.”

Ikindi yavuze ko iyi studio ye izamufasha ni ibanga ry’akazi no koroherwa, ati “Nk’umuhanzi akenshi inganzo iza igihe icyo ari cyo cyose, rero kuba mfite studio bizamfasha kujya mpita nkora ntagiye gutegereza aho ngira muri studio yindi.”

Abandika indirimbo ntibakunze kuvugwa n’abo bazigurishije, ariko akenshi biba biri mu masezerano bagiranye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka