Ikipe ya Kiyovu Sports yamaze gutanga ikirego cyayo muri Ferwafa irega ikipe ya APR FC ishinja ko yatwaye umukinnyi wayo Nsanzimfura Keddy ngo akibafitiye amasezerano
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yatangaje ko umwe mu bakekwaho kwica umumotari bakamwambura moto mu Karere ka Muhanga uzwi ku izina rya Munyu yarashwe agapfa agerageza gucika inzego z’umutekano.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kivuga ko gitangira gupima Covid-19 ku bantu bose babisabye, guhera kuri uyu wa kabiri tariki 28 Nyakanga 2020, ariko abasohoka mu gihugu bateze indege bo ni itegeko.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 27 Nyakanga 2020, mu Rwanda abantu 57 bari bawaye Covid-19 bakize.
Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa mbere tariki 27 Nyakanga 2020, yatangaje ko bitemewe kugurisha inzoga mu tubari n’amaresitora.
Paul Muvunyi na Gacinya Chance Denis bahoze bayobora Rayon Sports bavuze kuri bimwe mu byo baheruka kuvugwaho na Perezida wa Rayon Sports, n’icyo babona bakora ngo ikipe ijye ku murongo.
Abasabwe kwitaba Polisi y’u Rwanda kubera ko bafashwe barengeje amasaha yo gutaha ntibabikore, ariko kubera ko ibyangombwa byabo Polisi yabisigaranye, ngo hari abarimo kujya gushaka ibindi babeshya ko babitaye, bakaba baburirwa kuko ari amakosa bakora.
Abasengera mu itorero ADEPR mu Karere ka Nyaruguru, bishimira gahunda ya ‘Ndiho ku bwawe’ yahatangijwe muri 2019, kuko yabigishije ubuvandimwe ikanabakura mu bwigunge.
Umuhanzi Senderi International Hit, ni umwe mu bahanzi bakunze kugaragara udukoryo dutandukanye ku rubyiniro tugashimisha cyane abitabiriye ibitaramo yitabiriye hirya no hino mu gihugu.
Abashakashatsi banyuranye ku isi mu bijyanye n’imiti, bari mu rugamba rukomeye rwo gushakisha umuti n’urukingo bya Covid-19. Abashakashatsi muri laboratwari yitwa Moderna yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, batangaje ko ubu bageze ku cyiciro cya nyuma cyo kugerageza urukingo rwa Covid-19.
Bipfuyekubaho Jean Pierre wabaga mu mutwe wa FDLR muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, yahungutse mu mwaka wa 2013. Avuga ko yarokowe n’umwana we yohereje mu Rwanda mu rwego rwo kumenya neza amakuru mbere yo gufata icyemezo cyo gutaha.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania imaze gusezerera umutoza Luc Eymael nyuma yo gutangaza amagambo atishimiwe arimo n’irondaruhu
Mu kwezi kwa Mata 2020 mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ni bwo Grace Umutoni (Rafiki) yasubukuye gahunda yo gushakisha ababyeyi be ndetse n’abo mu muryango we baba bararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bwa Koreya ya Ruguru bwatangaje ko umuntu wa mbere wagaragaweho covid-19 yari yaratorotse igihugu mu myaka itatu ishize, agafatwa ubwo yatahukaga mu buryo butemewe n’amategeko.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko kuri uyu wa Mbere tariki 27 Nyakanga 2020, rwerekana abantu batanu bakekwaho kwica umumotari bakanamutwara moto ye mu Karere ka Muhanga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 26 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 69 banduye COVID-19.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abasore batandatu bakomoka mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, bashinjwa kurema itsinda ryiba abacuruzi ba Mobile Money/Airtel Money.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), irasaba Abaturarwanda ko mu gihe hari aho babonye abantu batubahiriza ingamba n’amabwiriza byo kwirinda COVID-19, bahamagara imwe nomero zatanzwe, bitewe n’akarere baherereyemo.
Abahinzi b’ibigori mu Karere ka Nyagatare bavuga ko batazi impamvu ibiciro bishyirwaho na Leta atari byo abaguzi b’umusaruro wabo babaha.
Mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ingamba zitandukanye zirinda abantu guhurira hamwe, ndetse n’ibigo by’amashuri birafunga, ubu bikaba biteganyijwe ko abanyeshuri bazasubira ku ishuri muri Nzeri 2020.
Umugore w’igikomangoma cy’u Bwongereza Meghan n’umugabo we Harry, bajyanye mu rukiko uwabafotoreye umwana akoresheje indege itagira umuderevu.
Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera, bashimiye abantu batandukanye bagira uruhare mu kwesa imihigo y’ubumwe n’ubwiyunge muri ako Karere.
Umunyasingapore ukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yemeye ku mugaragaro icyaha cy’ubutasi yakoreraga Leta y’u Bushinwa, ibi bikaba byongereye umunyu mu bibazo bikomeje gufata intera hagati ya Washington na Beijing.
Mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye, hari ababarirwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe binubira kuba umurenge ubarimo amafaranga 7000, bakaba bari gusabwa gufunguza konti ku 7,500Frws kugira ngo bishyurwe.
Umuyobozi w’Akarereka Rulindo Kayiranga Emmanuel, yahamije amakuru avuga ko ibitaro bya Kinihira ubu bitakiri kwakira abaturage bajya kuhivuriza nk’uko byari bisanzwe, kubera ko bizajya byakira abarwaye Covid-19.
Buri mwaka ugira imyambaro ikundwa kugerwaho kurusha iyindi. Uko imyaka yagiye igenda ni ko imwe ivaho hakaza indi. Muri 2020 hari imyenda igezweho kurusha indi haba ku bakobwa ndetse n’abahungu.
Mu mwaka wa 2007 ubwo abakozi b’ikigo gishinzwe indangamuntu (NIDA) begeranyaga amakuru yo gushyira ku ndangamuntu zikoranywe ikoranabuhanga, hari abagiye bihesha imyaka mike itajyanye n’igihe bavukiye.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 23 banduye COVID-19.
Abavuzi batandatu b’amatungo muri Ethiopia bakuye ibiro 50 by’amashashi mu gifu cy’inka nyuma y’amasaha atatu.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga 2020, Guverinoma ya Donald Trump yari yatangaje ko itazemerera abanyeshuri b’abanyamahanga biga muri Amerika kuguma ku butaka bwayo, mu gihe amasomo yabo azakomeza gutangwa hakoreshejwe ikoranabuhanga gusa.
Guhera mu 2008, Inteko Ishinga Amategeko y’ u Rwanda, yasabye Leta ko hashyirwaho politike yo kwita ku bageze mu zabukuru, ariko ntibyahita bikunda kuko nta masezerano n’amwe yo muri urwo rwego u Rwanda rwari rwarasinye.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu mpanuka zabaye muri iki cyumweru zigahitana abantu umunani, 65% muri zo zatewe n’abatwara ibinyabiziga biruka batinya gufatwa barengeje saa tatu z’ijoro kuko bazi ko bihanirwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yategetse ko ibendera ry’igihugu n’iry’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, yururutswa kugera mu cyakabiri, mu rwego rwo kwifatanya n’igihugu cy’abavandimwe cya Tanzaniya, mu bihe by’akababaro byo kubura uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu Benjamin William Mkapa witabye Imana.
Vital Kamerhe na Samih Jammal, bajuririye umwanzuro w’urukiko rwa Gombe, rwabasabiye igifungo cy’imyaka 20, Vital Khamerhe azamara imyaka 10 yambuwe uburenganzira bwo gutora cyangwa gutorwa.
Abaturage ba Repubulika ya Santarafurika batuye mu murwa mukuru w’iki gihugu Bangui, batangiye guhabwa amazi meza n’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri iki gihugu.
Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Mediapart cyo mu Bufaransa gisanzwe gikora inkuru zicukumbuye, aravuga ko mu kwezi kwa Gashyantare 2020, icyo kinyamakuru cyabonye Major General Aloys Ntiwiragabo, ushakishwa n’ubutabera ndetse kinamufatira ifoto aho aherereye mu Mujyi wa Orléans mu Majyaruguru yo hagati y’u Bufaransa.
Abafite abana biga mu marerero yo ku rwego rw’imidugudu igize umurenge wa Remera (ECDs) mu Karere ka Musanze, baranenga bamwe mu bayakuriye batanze ifu yari igenewe abana bitanyuze mu mucyo, kuko hari aho bayihaye abatari ku rutonde.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko nubwo hari ibibazo bikigoranye mu kubaka ibyumba by’amashuri, ukwezi kwa Nzeri 2020 kuzagera ibyo byumba byuzuye.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Leta zunze ubumwe za Amerika ziheruka koyohereza umuntu utagira ubwenegihugu mu ntango z’iki cyumweru, u Rwanda rukaba rwaramwakiriye ku bw’ubugiraneza.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 19 banduye COVID-19.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Murekatete Juliet, avuga ko kubera amazi azengurutse inyubako z’ikigo nderabuzima cya Nyagatare kizimurirwa ahandi burundu.
Umutoni Grâce ni umukobwa warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, icyo gihe yari afite imyaka ibiri gusa, ababyeyi be n’abavandimwe babiri bose barishwe ariko by’amahirwe we abamutoye bahise bamujyana mu kigo cy’imfubyi i Ndera, arokoka atyo.
Mu bihe bisanzwe bitari ibya Coronavirus hari igihe i Kibeho hagendwa n’abantu babarirwa mu bihumbi 30, ariko kugeza ubu inzu zihari zicumbikira abagenzi zirimo ibyumba 135 gusa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko umusaruro w’iki gihembwe cy’ihinga wagabanutseho 5% bitewe n’ibiza biheruka kuba, bikibasira uduce tumwe na tumwe.
Polisi y’u Rwanda ivuga ko abantu bafashwe na yo barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, ikabarekura ariko ikabasaba kuyitaba ntibabikore, ko umunsi ntarengwa wo kuyitaba ari kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2020.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yongeye gusubukura imyitozo igamije kwitegura shampiyona y’isi izaba muri Nzeli 2020
Bamwe mu bakoreye inganda zari zifite isoko ryo gukora udupfukamunwa twinshi ubwo hashyirwagaho ibwiriza ryo kutwambara ku bantu bose hirindwa Covid-19, barataka ubukene kubera ko izo nganda zabahagaritse batishyuwe.
Benjamin William Mkapa wayoboye igihugu cya Tanzaniya guhera mu mwaka wa 1995 kugeza 2005 yitabye Imana afite imyaka 81 y’amavuko.
Depite Mukayijore Suzane yatorewe kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika (PAP), umwanya asimbuyeho Nyirarukundo Ignatienne wahinduriwe imirimo akaba ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho y’abaturage muri Minisitere y’Ubutegetsi bw’Igihugu.