Kuva ku itariki 31 Werurwe 2021, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi JMV, ari mu ngendo mu turere twa Gicumbi, Burera na Musanze aho aganira n’ubuyobozi buhagarariye abaturage kuva ku isibo, ari nako asura imishinga yo guteza imbere imibereho y’abaturage, anatanga ubutumwa bwibutsa abayobozi ko umuturage ari ku (…)
Urukiko rwasigaranye imanza zitarangijwe n’Urukiko rwa Arusha (UNIRMCT), rwategetse ko Emmanuel Altit akomeza kunganira Umunyarwanda Félicien Kabuga.
Mu Karere ka Rubavu abapolisi bakora mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) bafatiye mu cyuho Habimana Aloys w’imyaka 52, afite udupfunyika tw’urumogi 5,000.
Bibiliya igaragaza ko Imana yaremye umuntu mu ishusho yayo imuha no gutegeka ibiri mu isi byose, ariko amaze gusuzugura itegeko yamuhaye akarya urubuto yabujijwe, yahise atakaza ya shusho y’Imana.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 02 Mata 2021, mu Rwanda habonetse abantu bashya 249 banduye COVID-19 buzuza umubare w’abamaze kwandura bose wa 22,167. Abishwe n’icyo cyorezo ni 2, abakize ni 90 mu gihe abakirwaye bose hamwe ari 1,459.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Mata 2021, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yasohoye amabwiriza agaragaza ibyo insengero zemerewe gukora zigomba kubahiriza mu gihe cy’amasengesho, ayo mabwiriza akaba avuga ko igitaramo cya Pasika kizabera kuri radiyo na televiziyo kubera kwirinda Covid-19.
Mu Karere ka Musanze hatangijwe ubukangurambaga bwiswe “Irondo ry’isuku” nk’umuyoboro wo gukurikiranira hafi uko isuku y’ahantu n’iyabantu ishyirwa mu bikorwa, bifashe guca umwanda.
Urubyiruko ruyoboye abandi mu Muryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru n’uturere twose tugize iyo Ntara rubarirwa muri 50, rwatangiye urugendo-shuri rugiye kumaramo iminsi ibiri mu Karere ka Rulindo,aho rwasuye Rwiyemezamirimo Sina Gérard arusangiza ubunararibonye.
Mu ijoro rya tariki ya 31 Werurwe ahagana saa tatu za nijoro abapolisi bafashe uwitwa Nsengiyumva Jean Claude w’imyaka 24 arimo gukura ibyuma muri moto imwe abishyira mu yindi. Moto ifite ibirango RE 535 Y yari nshya yayikuragamo ibyuma abishyira muri Moto ifite ibirango RE 608 P, iyi yari ishaje. Nsengiyumva yafatiwe (…)
Mu Rwanda rwo hambere hari imihango, imigenzo n’imiziro bakoraga bakizera ko amatungo yabo atibwa (Gutsirika) yaba anibwe bakagira icyo bakora bityo ntaburirwe irengero burundu.
Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange byitegura kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rurakangurira buri wese kuzirikana igihuza Abanyarwanda akamagana ikibatanya.
Umusifuzi mpuzamahanga wa Basketball w’Umunyarwanda, Ruhamiriza Jean Sauveur, yemerewe kuzasifura igikombe cy’isi cya Basketball mu bagore batarengeje imyaka 19 kizabera muri Hongiriya muri Kanama 2021.
Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi (RAB) Sitasiyo ya Nyagatare, Kagwa Evalde, avuga ko akaribata ari indwara iterwa n’agahumyo ikunze kugaragara mu mirima y’imyembe no mu bubiko, ikaba yangiza cyane udushami dushibuka, indabo ndetse n’imbuto. Yigaragaraza cyane mu bihe by’ubuhehere bwinshi, mu mvura nyinshi (…)
Harabura iminsi 30 ngo isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda "Tour du Rwanda" ngo ritangire
Umushinga YALTA Initiative, ukomeje intego yawo yo guteza imbere ubuhinzi bubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, aho urubyiruko rufatwa nk’ipfundo ry’ubwo buhinzi mu rwego rwo gutegura iterambere rirambye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, asanga Afurika iramutse ishoboye ubwayo kwikorera imiti byagabanya ikintu cyo gutegereza ubufasha bw’amahanga. Ibyo yabivuze nyuma y’ikibazo cy’ubusumbane cyagaragaye mu bijyanye no kubona inkingo za Covid-19 mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi byatumye Afurika iza ku (…)
Urutonde rw’amakipe 16 azitabira Tour du Rwanda yimuriwe muri Gicurasi rwamaze gutangazwa, nyuma y’iminsi yari ishize hatangazwa amakipe abiri abiri ku munsi
Kaminuza y’u Rwanda irateganya gutaha inyubako zayo nshya zirimo amacumbi y’abanyeshuri yubatswe ahahoze Camp Kigali, bitarenze Gicurasi uyu mwaka wa 2021.
Umucamanza Carmel Agius, Perezida w’Urwego Mpuzamahanga rwasigaranye inshingano z’icyahoze ari urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT), ku wa Kane tariki ya 1 Mata 2021, yatesheje agaciro icyifuzo cya Théoneste Bagosora wasabaga kurekurwa mbere y’uko asoza igihano yakatiwe.
Uwize amashuri abanza iyo abajijwe ku isomo ry’ubumenyi bw’isi (Géographie), by’umwihariko ku byiza nyaburanga by’u Rwanda, ntawibagirwa ibiyaga bibiri aribyo Burera na Ruhondo byo mu karere ka Burera, dore ko wasanga ari bake bataririmbye indirimbo yitwa “Turate Rwanda yacu”.
Ubukangurambaga bwa “Twiteze Imbere” bwateguwe n’abafatanyabikorwa b’ihuriro rya ‘SME Response Clinic’ mu rwego rwo gushyigikira no kuzirikana uruhare rw’ibigo by’ubucuruzi buto mu kuzahura ubukungu bw’u Rwanda bwazahajwe n’icyorezo cya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 01 Mata 2021, mu Rwanda umuntu umwe yitabye Imana yishwe na COVID-19 yuzuza umubare w’abantu 308 bamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda. Habonetse abanduye bashya 135, abakize ni 126 mu gihe abakirwaye bose hamwe ari 1,302. Uwapfuye ni umugore w’imyaka 24 i (…)
Ikigega ITERAMBERE FUND cyatangijwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu mwaka wa 2016, kikaba gicungwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibigega by’Imigabane ku Ishoramari mu Rwanda (Rwanda National Investment Trust-RNIT).
Kuri ubu usanga ahantu hatandukanye havugwa ibibazo bishingiye ku kuba hari abantu bamwe bahoza abandi ku nkeke babasaba imibonano mpuzabitsina kubera ububasha babafiteho. Iki ni icyaha gikunda kuvugwa cyane ndetse rimwe na rimwe kigakubita hasi bamwe mu bantu bakomeye.
Itsinda ry’abimukira b’urubyiruko baba mu mujyi wa Nantes mu Bufaransa, barimo gusabirwa ibyangombwa byo kuba mu Bufaransa nyuma yo gutabara umuryango w’abantu batatu bari bagiye guhira mu nzu ku cyumweru.
Abantu 26 biganjemo urubyiruko bo mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, bagize amahirwe yo kwigishwa umwuga w’ubudozi n’uruganda rwa Southpool Garments Ltd rukorera muri uwo murenge, abasoje amasomo bose bakaba bahise bahabwa akazi basezerera ubushomeri.
Umuhanzi Meddy uzwi mu njyana ya R&B, arategura ubukwe kugira ngo abane n’umukunzi we bamaranye igihe kirekire witwa Mimi Mehfira, ibyo bikaba bigiye ahagaragara nyuma y’amezi atatu uwo mukobwa yemereye Meddy kumubera ‘fianée’.
Ku wa Gatatu tariki 31 Werurwe 2021, imwe mu miryango itari iya Leta(Sosiyete Sivile) iharanira uburenganzira bw’umugore yakoze inama isuzuma aho u Rwanda ruhagaze mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa umugore, ikaba yarafashe imyanzuro yamagana ababuza abahohotewe kuvuga ihohoterwa bakorewe kera.
Polisi y’ahitwa Bariadi mu Ntara ya Simiyu muri Tanzania yafashe umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, (amazina ye ntiyatangajwe), akaba akurikiranyweho icyaha cyo kuba yari agiye gushimuta utunyamasyo 438 dufite agaciro k’asaga Miliyoni 71 z’Amashiringi ya Tanzania, adutwaye mu bikapu bitatu, nta cyemezo gitangwa na Leta (…)
Ubushinjacyaha buvuga ko Paul Rusesabagina yemeye ko umutwe yari ayoboye wa MRCD-FLN wakoze ibyaha by’iterabwoba byaguyemo abantu icyenda anabisabira imbabazi.
Abaturage bo mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, baratangaza ko imirimo yo gutunganya umuhanda Base-Kirambo-Butaro-Kidaho ikomeje kudindira, yabashyize mu gihombo gikomeye.
Abafundi n’abayede 23 bubatse ubwiherero ku ishuri rya Mwendo n’irya Gashoba mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye muri 2013 na 2014, ariko na n’ubu ntibarishyurwa.
Mu gihe ubuhamya n’ibimenyetso bishinja bikomeje kuboneka ari byinshi mu rubanza rw’abayobozi 22 n’abayoboke b’umutwe w’iterabwoba wa FLN, ibitangazamakuru byo mu bihugu byateye imbere biracyatsimbaraye mu rugamba rwo kwikoma u Rwanda.
Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD) yatangaje ko igifite gahunda yo gukomeza gufasha ibihugu biyibereye abanyamuryango byo mu Karere kugera ku mazi meza.
Béatrice Uwimana, nyiri isambu iherutse kubonekamo imibiri y’Abatutsi i Tumba mu Karere ka Huye, avuga ko atanejejwe no kubona imibiri y’abe aho yahingaga, nyuma y’imyaka 27 yose, ariko na none ngo byaramuruhuye.
Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda (RSE) ryatangaje ko uruganda rukora Sima yo kubakisha mu Rwanda, Cimerwa PLC, rwungutse Amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyari imwe na Miliyoni 950 ariko habaho igabanuka ry’inyungu ku mugabane wagabanutse ku ijanisha rya 43% bitewe n’uko sosiyete yahuye n’ibihe bitoroshye mu mpera (…)
Abakandida batatu barimo Ivan Minnaert ni bo bamaze kumenyekana bari guhatanira umwanya w’Umuyobozi wa Tekinike usimbura Habimana Hussein utarongerewe amasezerano
Ubuki bwifitemo intungamubiri nyinshi, bugira ubushobozi bwo kurwanya za ‘bacteries’ , bukagira ibyitwa ‘antioxydants’ bituma umubiri w’umuntu ukora neza, bikamurinda gusaza imburagihe.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” bari i Douala muri Cameroun bamaze kugera i Kigali nyuma yo kunganya na Cameroun bakabura itike ya CAN
Urubyiruko rw’abakorarerabushake mu Karere ka Musanze, rukomeje gahunda yo gusukura inzibitso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zubatse muri ako karere, runatanga ubutumwa bunyuranye bwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 31 Werurwe 2021, mu Rwanda umuntu umwe yitabye Imana yishwe na COVID-19 yuzuza umubare w’abantu 307 bamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda. Habonetse abanduye bashya 138, abayikize ni 181 mu gihe abakirwaye bose hamwe ari 1,294. Uwapfuye ni umugabo w’imyaka (…)
BK Group Plc ikubiyemo ibigo bya Banki ya Kigali, BK Insurance, BKTechouse na BK Capital yamenyesheje abakiriya bayo ko yungutse miliyari 38.4 Frw mu mwaka wa 2020.
Aborozi b’inka bibumbiye mu matsinda bigiramo korora bavuga ko bishimira ubumenyi bamaze kunguka, ariko ko imashini zisya ubwatsi bw’amatungo bahawe ari nkeya bakifuza ko zakongerwa.
Mu Murenge wa Kimisagara, ahagana mu ma saa yine z’amanywa zo kuri uyu wa Gatatu, hafatiwe abaturage 41 bari bacucitse mu nzu y’umuntu basenga, banarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid19.
Abana bo mu Karere ka Burera, barishimira uburyo batekerejweho bagishwa inama mu iyemezwa ry’ingengo y’imari ibagenerwa, nk’uburyo nyabwo bwo kumva ijwi ry’umwana harwanywa n’ihoterwa bakorerwa.
Ubushinjacyaha burashinja Paul Rusesabagina ibyaha icyenda birimo kuba mu mutwe w’Iterabwoba no gutera inkunga iterabwoba. Iki cyaha yacyemereye urukiko rw’ibanze ubwo yaburanaga ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, aho yavuze ko ubwe yatanze ibihumbi makumyabiri (20,000) by’ama Euro kandi akaba buri kwezi yari afite ayo (…)
Umuhanzi Prosper Turatsinze bakunze kwita Mico The Best, yatangaje ko azakomeza gusohora indirimbo imwe imwe kugeza ubwo icyorezo cya Covid-19 kizarangira, akabona gutegura igitaramo cyo kumurika ‘Album’ ikubiyeho indirimbo ze nyinshi.
U Rwanda rwungutse sitasiyo ya kabiri izajya ifasha imodoka zitwarwa n’amashanyarazi kongeramo umuriro.
Itsinda ry’ibihugu bigera kuri 14 harimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) n’Ubuyapani byatangaje ko byifuza kumenya inkomoko nyayo ya Covid-19. Ibyo bihugu byabitangaje bishingiye kuri raporo yakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye mu Bushinwa, bivuga ko itsinda ryashyizweho na WHO "ritashobonye kubona amakuru (…)