Robyn Rihanna Fenty uzwi cyane nka Rihanna ubwo yari mu gitaramo cya Super Bowl Halftime Show cyabaye mu rukerera rwa tariki 13 Gashyantare 2023, yahishuriye abakunzi be ko atwite umwana wa kabiri w’umuraperi A$AP Rocky.
Koperative ADARWA ikora ikanacuruza ibikomoka ku mbaho n’ibyuma mu Gakiriro ka Gisozi, ivuga ko itaramenya icyateye inkongi mu ijoro ryo ku wa 13 Gashyantare 2023, n’ubwo impamvu ikekwa ikomeje kuba umuriro w’amashanyarazi.
Rutahizamu mushya w’ikipe ya Rayon Sports Ojera Joackiam avuga ko yakunze abakunzi b’iyi kipe atari yamaramo n’ukwezi kumwe ndetse ko yifuza kubitura abahesha igikombe.
Perezida w’Umutwe w’Abadepite Mukabalisa Donatille kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Gashyantare 2023 yagiranye ibiganiro n’itsinda ry’Abadepite bagize Komisiyo y’Ubuzima mu Nteko Ishinga Amategeko y’igihugu cya Uganda mu rwego rwo kubasangiza ubunararibonye ku mikorere n’imikoranire hagati y’abagize Inteko n’izindi nzego.
Umubyeyi witwa Tuyizere Cassilde utuye mu karere ka Nyaruguru, ari naho yari atuye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, amaze imyaka 28 nta makuru azi ku irengero ry’abana be babiri bivugwa ko bajyanywe n’Abafaransa mu nkambi ya Bukavu, nyuma y’uko yari amaze kubwirwa ko umugabo we n’abandi bana bane, biciwe aho bari (…)
Urubyiruko 3,483 rumaze umwaka rugororerwa Iwawa, runigishwa imyuga n’ubumenyi ngiro, rwiyemeje kudasubira mu ngeso mbi kuko bituma ntacyo bageraho.
Polisi y’Igihugu irasaba abafite imodoka nini zitwara imizigo, guha agaciro imitungo yabo n’ubuzima bw’abashoferi bazo, aho kubisumbisha amafaranga.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ku Cyumweru tariki 12 Gashyantare 2023, yageze i Dubai aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga ihuza za Guverinoma ku Isi, yiswe World Governement Summit (WGS).
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku barwayi, wizihirijwe muri Paruwasi ya Ruli mu Karere ka Gakenke tariki ya 12 Gashyantare 2023, Guverineri w’Intara y’Amajyarugu Nyirarugero Dancille, ari kumwe na Antoine Cardinal Kambanda n’abandi, yasabye abantu muri rusange kwita ku barwayi kuko aribyo bibarinda kwiheba.
Agakiriro ka Gisozi gaherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, kafashwe n’inkongi y’umuriro mu gice kibikwamo imbaho, mu ijoro ryo ku itariki 12 Gashyatare 2023.
Abarezi n’Abanyeshuri barashimira Leta y’u Rwanda kuba yarashyize imbaraga mu kwigisha Siyansi abana b’abakobwa, nk’uko babigarutseho mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abari n’abategarugori muri Siyansi, byabaye ku wa Gatandatu tariki ya 11 Gashyantare 2023, byizihirijwe mu Karere ka Nyanza mu Ntara (…)
Komiseri mu muryango RPF Inkotanyi, Uwamariya Francine, yashishikarije urubyiruko gukoresha imbaraga rufite mu gukora ibifitiye igihugu akamaro, aho kujya mu byica ubuzima bwarwo.
Kuri iki Cyumweru kuri Stade mpuzamahanga ya Huye yakuyeho amateka mabi yari amaze imyaka ine Rayon Sports idatsinda APR FC iyitsinda 1-0 mu mukino w’umuns wa 19 wa shampiyona.
Isuku nke yo mu kanywa ni intandaro nyamukuru y’indwara y’ishinya abantu benshi bakunze kwita ifumbi.
Ishuri rya Kagarama Secondary School ryatsinze amarushanwa y’ibiganiro mpaka bihuza ibigo by’amashuri yisumbuye bitandukanye, byo hirya no hino mu gihigu azwi nka iDebate, akaba yaratewe inkunga na Banki ya Kigali (BK).
Abanyeshuri 100 basoje umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu ishuri rya Newlife Kayonza, basabwe kutarangamira impamyabumenyi ahubwo bakarangwa n’imyitwarire myiza, kimwe n’abayasoje mu bndi byiciro, kugira ngo barusheho kugira agaciro mu muryango nyarwanda.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, avuga ko igwingira rikomeje kuboneka mu miryango riterwa n’ubusinzi, amakimbirane mu miryango n’abana babyara abandi bakabareresha ba nyirakuru na bo batishoboye.
Mu cyumweru kimwe, mu kwezi k’ubukangurambaga bwahariwe isuku n’isukura, kurwanya igwingira mu bana no kugabanya amakimbirane mu miryango, kirangiye hasezeranye imbere y’amategeko, imiryango 211 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko.
Inzego zishinzwe ubutabazi muri Turukiya zatabaye umwana w’uruhinja na nyina, babakura munsi y’inzu yabagwiriye mu gihe cy’umutingito wibasiye icyo gihugu.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu gishinzwe igororamuco (NRS), bwatangaje ko n’ubwo urubyiruko rurangije amasomo y’imyuga n’igororamuco ruzasubira mu miryango yabo, hari abadafite imiryango bagera kuri 79 bazaguma Iwawa, kugeza uturere bavuyemo tubaboneye aho kuba.
Abahinzi b’ibigori bo mu Turere twa Burera na Gakenke, bavuga ko imbuto nshya zabyo zatuburiwe mu Rwanda, bamaze iminsi bageragereza mu mirima ntangarugero, zikomeje kugaragaza umwihariko mu bwiza ndetse n’umusaruro, ku buryo ubu batakirambirije ku bundi bwoko bw’imbuto zaturukaga hanze.
Ubuyobozi bwa Pariki ya Nyungwe bwashyiraho itsinda ry’abantu 92 biganjemo urubyiruko, bashinzwe gushakisha ahari imitego yica inyamaswa ba rushimusi bagenda batega muri Pariki, cyane cyane ku nkengero zayo bakayitegura, mu rwego rwo kurengera ibyo binyabuzima.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, asanga urubyiruko nirusigasira indangagaciro z’Ubunyarwanda, rwirinda gutatira igihugu, kutagisebya kandi rugashyira imbaraga mu kuvuguruza abakivuga uko kitari; ari bumwe mu buryo bwo guhamya nyabyo igihango rufitanye na cyo.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi muri Kaminuza y’u Rwanda, ku wa 10 Gashyantare 2023 bizihije isabukuru y’imyaka 35 y’uwo muryango bataha inzu bubakiye utishoboye.
Ku bufatanye n’Inshyirahamwe rya Basketball muri Amerika, ishami rya Afurika (NBA Africa) ndetse n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), bafunguye inzu y’imikino nshya iri mu ishuri rya Lycée de Kigali.
Leta y’u Buhinde yatangaje ko yamaganye igikorwa cyateguwe n’abo mu idini y’aba Hindu, cyo guhobera inka ku munsi ufatwa nk’uwabakundanye, tariki 14 Gashyantare, uzwi nka Saint Valentin.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo mu Rwanda, Alice Kayitesi, hamwe n’uw’Intara ya Kayanza mu Burundi, Col. Rémy Cishahayo ndetse n’umujyanama mu by’amategeko w’Intara ya Ngozi mu Burundi, bagiriye inama i Huye kuri uyu wa 11 Gashyantare 2023.
Ababyeyi barerera mu ishuri rya ‘Les Petits Poussins’ barashimira gahunda y’ishuri ryabo yo gukundisha abana ibidukikije, by’umwihariko inyamaswa kuko usanga nk’abiga mu mijyi batabona umwanya wo kumenya amatungo yaba ayo mu rugo no mu gasozi.
N’ubwo muri iyi minsi ababyeyi basigaye bafite inshingano nyinshi bigatuma hari abatabona umwanya, ngo birakwiye ko abana badaharirwa abakozi gusa, ahubwo ababyeyi bakagira uruhare mu burere n’uburezi bwabo.
Imibare ituruka muri Banki nkuru y’Iguhugu (BNR) no muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, igaragaza ko mu mwaka wa 2022, amabuye y’agaciro yoherezwa mu mahanga yinjirije u Rwanda agera kuri Miliyoni 683 z’Amadolari (Hafi Miliyari 740 z’Amafaranga y’u Rwanda), ni ukuvuga ko yazamutseho 52.3 %, ugereranyije na Miliyoni 448 (…)
Umuraperi w’icyamamare wo muri Afurika y’Epfo, Kiernan Jarryd Forbes (AKA), yitabye imana arasiwe ku muhanda wa Florida i Durban.
Leonardo DiCaprio wamenyekanye cyane nka Romeo muri Filime ‘Romeo na Juliet’, yavuze ko atari mu rukundo n’umunyamideli w’imyaka 19 y’amavuko, nyuma y’amafoto y’aba bombi amaze iminsi acicikana abagaragaza bari hamwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), kiratangaza ko mu kwezi gushize ibiciro by’ibicuruzwa byazamutseho 2.1%, ugereranyije n’umwaka ushize wa 2022.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge hamwe n’Ikigo cy’u Bubiligi gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (Enabel), barasaba abaturage baganaga ibitaro n’ibigo Nderabuzima biri kure y’aho batuye, guhinira hafi kuko begerejwe ubuvuzi.
Depite Uwanyirigira Gloriose arasaba ababyeyi kwirinda guhishira abagabo bangiza abana bakabatera inda, kuko byagaragaye ko abahishira ibyo byaha baba bakiriye indonke nyamara byangiza uburenganzira bw’abana.
Muri iki cyumweru, inama rusange y’itorero ry’Abangilikani mu Bwongereza yarateranye, ifata imyanzuro itandukanye harimo n’ugamije gushyingira abakundana bahuje ibitsina mu gihe babyifuza.
Abagore bakora imirimo y’ubwubatsi mu cyanya cy’inganda cya Muhanga, barashimira Politiki y’u Rwanda ibaha umwanya bakisanga mu mirimo yari yarahariwe abagabo kubera ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye.
Umubyeyi ufite umwana wavukanye ikibazo cy’amara n’impyiko biri hanze arasaba abagiraneza kumuha intwererano ishobora kuba ari iya nyuma, kugira ngo abone amafaranga y’urugendo n’ibizabatunga mu gihe yitegura gusubira kumuvuza mu Buhinde.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, Prof. Shyaka Anastase, yagiranye ibiganiro n’itsinda ry’Abasenateri b’icyo gihugu, byari bigamije kuganira kuri gahunda z’ubufatanye mu bihe biri imbere.
Ikigo ‘Construck’ gishamikiye kuri sosiyete ya NPD (imwe mu bigize Crystal Ventures) cyamurikiye Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) n’Umujyi wa Kigali, imashini 31 n’imodoka 30 zifashishwa mu bwubatsi bw’ibikorwa remezo.
Bill Gates w’imyaka 67, umwe mu bashinze ikigo cya Microsoft, ubu akanyamuneza ni kose, nyuma yo kubenguka Paula Hurd, uyu akaba ari umupfakazi wa Mark Hurd, wari umuyobozi w’ikigo cy’ikigo cy’ikoranabuhanga cya Oracle, wigeze no kuyobora Hewlett-Packard, akaba yaritabye Imana muri 2019.
Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Arikidiyosezi ya Kigali, ku wa Kane tariki ya 09 Gashyantare 2023 yamuritse umushinga witwa ‘Ubumwe n’Ubudaheranwa’, uzakorera mu turere twa Nyarugenge, Rulindo na Gakenke, ukazafasha abatuye muri utwo turere komorana ibikomere bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzirabatinya Modeste, avuga ko bagiye gushyira imbaraga mu gushaka abavuzi b’amatungo bigenga, ndetse aborozi bagire uruhare mu kubishakira hagamijwe kongera ubuvuzi bw’amatungo n’umukamo.
Abagenzi barasaba ko abashoferi bajya bakwa telefone mbere yo gutangira urugendo kuko ari imwe mu mpamvu zibarangaza bikabaviramo gukora impanuka zitwara ubuzima bw’abatari bake baba batwaye.
Imiryango 240 yo mu Mirenge ya Karangazi na Katabagemu ibana mu makimbirane, igiye gufashwa kuyavamo binyuze mu mushinga ‘BAHO’ wa RWAMREC ku bufatanye na Care International, hagamijwe kugira imiryango itekanye kandi iteye imbere.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo bari i Nairobi muri Kenya kuba maso kuko hari ibitero by’iterabwoba bishobora kwibasira uwo Mujyi wa Nairobi.
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi (EU), watangaje ko ugiye guha inkunga ya miliyoni 22 z’ama Euros (asaga Miliyari 25FRW) Inkambi y’Agateganyo y’Impunzi ya Gashora iri mu Karere ka Bugesera.
Kaminuza ya Mount Kenya tariki ya 9 Gashyantare 2023 yahaye Imbuto Foundation amafaranga angana na 36.750.000 Frw azakoreshwa mu bikorwa byo kurihirira abanyeshuri batishoboye bafashwa n’uyu muryango.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama igamijwe kureba uko ibijyanye n’abakozi n’umurimo bihagaze mu Rwanda, yitabiriwe n’abahagarariye ibigo bitandukanye birimo ibya Leta n’ibyigenga, yasabye abakoresha kubahiriza amabwiriza arebana n’umurimo.
Urukiko ku rwego rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki 09 Gashyantare 2023 rwaburanishije urubanza Ubushinjacyaha bukurikiranyemo umugore witwa Mukarusine Caritas wabyaye umwana akamwica akamutsindagira mu musarane. Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka irindwi.