Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gashyantare 2023, Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, yakiriye indahiro z’abayobozi bakuru ba Polisi, DCG Félix Namuhoranye na CP Vincent Sano.
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Rubavu batangaza ko bizeye kongera kubona umusaruro w’ibirayi mu mezi atatu ari imbere bitewe n’igabanuka ry’igiciro cy’ifumbire n’imbuto.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) kivuga ko imvura y’Itumba izagwa mu mezi ya Werurwe, Mata na Gicurasi 2023, muri rusange izaba ihagije ariko ikaba ifite icyerekezo cyo kuba nke ugendeye ku bihe by’Itumba byashize.
Bamwe mu bana n’ababyeyi bo mu Karere ka Rulindo, baremeza ko imyumvire yahindutse, aho bafataga imyuga nk’amashuri y’abaswa, ubu bakaba bamaze kuyabonamo ubukungu.
Mu rwego rwo kumenyekanisha u Rwanda ndetse n’ibihakorerwa, ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere AkadomoRw (RICTA), kirahamagarira abafite ibigo bikoresha ikoranabuhanga byo mu Rwanda gukoresha akadomoRw (.rw), kuko bigaragaza ibyo bakora byihuse mu Rwanda n’ahandi.
Umusuwisi Matteo Badilatti ni we wegukanye agace ka gatandatu ka Tour du Rwanda kakinwe abakinnyi bava i Rubavu basoreza mu karere ka Gicumbi
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, yagize Umunyarwandakazi Aissa Kirabo Kacyira, Umuyobozi w’ibiro by’uyu muryango muri Somalia, United Nations Support Office in Somalia (UNSOS).
Abamotari bo mu Karere ka Huye baribaza igihe ikibazo cy’ubwishingizi (assurance) buhenze bwa moto kizakemukira, nyuma y’uko mugenzi wabo wo mu Ruhango yari yakigejeje kuri Perezida Kagame, agasezeranywa ko mu mezi abiri kizaba cyakemutse.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi (REB), kirasaba ababyeyi gufasha abana kuzamura ubushobozi bw’ubumemyi binyuze mu mikino, kugira ngo ibyo umwarimu yamuhaye bibashe kuzamuka mu mpande zombi.
Perezida Paul Kagame ku wa Kane tariki ya 23 Gashyantare 2023, yakiriye mu biro bye Sylvan Adams, washinze ikipe y’amagare ya Israel Premier Tech, imwe mu makipe kuri ubu arimo guhatana muri Tour du Rwanda irimo kuba ubu.
Kuri uyu wa Gatanu ni bwo hakinwe agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda, aho abakinnyi bahagurutse i Rubavu berekeza mu Karere ka Gicumbi.
Abaturiye ndetse n’abakomoka ku basizi bakomeye bazwi mu Rwanda, bifuza ko ahazwi nko ku Ntebe y’abasizi mu Karere ka Huye hakubakwa urugo rw’umusizi, kugira ngo bongere basubire mu nganzo.
Ikigo gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubuworozi mu Rwanda (RAB), kiributsa abahinzi n’abandi bafatanyabikorwa ibikwiye kwitabwaho mu gihe cyo gukoresha ubwanikiro bw’imyaka, mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umusaruro w’ubuhinzi n’umutekano w’ababukoresha.
Ku wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, Polisi y’u Rwanda yafatiye mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge umugabo w’imyaka 25 y’amavuko, wakaga abaturage amafaranga abasezeranya kuzabona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.
Abatahutse mu Rwanda bavuye mu mitwe yitwara gisirikari, ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), bahawe ibikoresho by’imyuga, babitezeho kubabera imbarutso yo gushyira mu bikorwa no kunoza imishinga yo kwiteza imbere.
Itsinda ry’abacuruzi n’abashoramari baturutse mu Rwanda bitabiriye inama y’ubucuruzi ibahuza na bagenzi babo bo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu mu rwego rwo kugaragaza amahirwe y’ishoramari n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.
Paschal Kaigwa Mariseli w’imyaka 21, w’ahitwa Bukoba muri Tanzania, akekwaho kwica uwitwa Hadija Ismail w’imyaka 29, babanaga mu nzu amukubise ikintu mu mutwe, ubu ari mu maboko ya Polisi yo mu Ntara ya Kagera, nyuma yo kumara iminsi itandatu (6) yihishe , maze inzara ikamuvana aho yari yihishe.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) hamwe n’umufatanyabikorwa witwa ’Akazi Kanoze Access’, bavuga ko abagana ibigo by’urubyiruko ari abashomeri badatinda kubuvamo iyo bahuguwe.
Habanabakize Olivier, uheruka kuvurirwa indwara y’amagufa mu Gihugu cy’u Buhinde, yari yaratumye amugara irubavu, arifuza kuzaba muganga w’abana bagize ikibazo cy’ubumuga.
Ku bufatanye bwa Zipline n’umuryango Ishuti mu Buzima, ku wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, hatangijwe ubushakashatsi mu mushinga ugamije gutanga serivisi zo gushyikiriza abarwayi ba diyabete imiti mu rugo hifashishijwe indege zitagira abapilote (Drones) ndetse abarwayi bagasuzumwa na muganga hifashishijwe telefoni.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kirateganya kongera ubuso bwuhirwa harimo n’ubw’imusozi mu turere tumwe na tumwe, mu rwego rwo guhangana n’ihindagurika ry’ibihe.
Kunywa itabi mu Banyarwanda byaragabanutse, bitewe ahanini no kuzamura imisoro ku itabi ndetse n’ibiciro byaryo nk’uko Dr Yvan Butera, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima aherutse kubisobanurira Abadepite.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubworozi RAB gitangaza ko aborozi bakwiye kwitabira gahunda yo gukingiza inka indwara y’ikibagarira kuko inka zipfa mu gihugu izigera kuri 90 % zicwa niyi ndwara buri mwaka.
Icyegeranyo cyakozwe n’urwego rw’igihugu rushinzwe imiyoborere RGB n’ikigo cy’igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana NCDA bagaragaje uko umutekano w’abana mu ngo mbonezamikurire ukiri hasi ugereranyije n’izindi serivisi bahabwa.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, avuga ko amadosiye ku bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside yagabanutseho 17.52% mu myaka itanu ishize, Intara y’Iburasirazuba ikaba ariyo iza ku isonga ku bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abaturage bakoresha umuhanda wa Cyakabiri-Ndusu by’umwihariko abo mu Murenge wa Kabacuzi aho unyura, bifuza ko imirimo yo kuwukora yakwihutishwa kugira ngo babashe kugira ubuhahirane hagati y’Akarere ka Muhanga na Nyabihu.
Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyatanze ubutumwa burimo kubuza ingendo z’ingurube n’ibizikomokaho biva mu mirenge imwe y’Akarere ka Musanze, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’indwara ya Ruje y’ingurube yahagaragaye.
Abakinnyi 80 ni bo bahagurutse mu Karere ka Rusizi saa mbili n’igice za mu gitondo, babanza kugenda Kilometero 8.3 zitabarwa.
Ni kenshi usanga igice cy’amaso ubusanzwe kizwiho kuba umweru cyarahinduye ibara, kikiganzamo umutuku aho kuba umweru. Abahanga mu by’ubuzima bagaragaza impamvu zitandukanye zishobora kubitera, ari na zo tugarukaho muri iyi nkuru.
Mu Karere ka Ruhango, abagabo babiri bahanganiye mu mugezi w’Ururumanza, aho umwe avuga ko yahawe uburenganzira bwo kuwinuramo umucanga, naho mugenzi we akavuga ko na we asanzwe afite amasezerano n’Akarere ka Ruhango ko kuhakorera kandi atigeze ahagarikwa.
Musoni Straton, wahoze ari Visi Perezida w’Umutwe w’inyeshyamba za FDLR, kimwe n’abandi bitandukanyije n’imitwe yitwara gisirikari ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bahamya ko bicuza igihe batakaje, mu bikorwa bihungabanya umutekano w’u Rwanda, bagahamagarira abakiri mu bikorwa nk’ibyo (…)
Kugabanya ibiro ku bantu bafite umubyibuho ukabije ntibikunze kuborohera, gusa hano hari amafunguro impuguke zibasaba kureka, bikaba byabafasha kugera ku ntego yabo.
Perezida wa Bénin, Patrice Talon, yagize Umunyarwanda Pascal Nyamulinda, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishizwe Irangamuntu (Agence Nationale d’Identification des Personnes/ANIP).
Perezida Paul Kagame ku wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Jordanie, Dr Ayman Abdullah Al- Safadi n’itsinda rimuherekeje, bri mu ruzinduko mu Rwanda rw’iminsi itatu, bagirana ibiganiro ku mubano w’ibihugu byombi.
Sitade mpuzamahanga ya Huye yari imaze iminsi ikorerwa igenzura n’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ngo yemererwe kwakira imikino mpuzamahanga, yahawe ubu burenganzira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera, buvuga ko igihe bwari bwihaye cy’imyaka ibiri, cyo kuba kujuje inyubako y’ibiro bishya by’ako karere, gishobora kwiyongeraho andi mezi macye, bitewe n’uko imirimo yagiye ikererezwa n’icyorezo cya Covid-19.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assumpta, arasaba ba Rushingwangerero bo mu Ntara y’Iburasirazuba bari mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba, kwimakaza imiyoborere mpinduramatwara.
Ababyeyi n’abaganga bita ku bana bavuka badakuze, bavuga ko biba biteye agahinda, ku buryo hari n’ababyeyi badahita biyakira kuko baba babona umwana babyaye adafite isura y’abantu, kandi bikagorana cyane kumwitaho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bwamaze gutanga isoko ryo kubaka imihanda yamenaga amazi mu mujyi wa Goma, ibi bikazajyana no guhindura imiterere y’imihanda y’amabuye itagiraga inzira y’amazi igahabwa inzira imena amazi mu kiyaga cya Kivu.
Abagore bahawe intanga kwa muganga babwirwa ko ari iz’abantu batandukanye, baza gutungurwa no kubyara abana basa.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize Dr Kayumba Christopher umwere ku byaha yari akurikiranyweho byo gusambanya undi ku gahato n’icyubwinjiracyaha kuri icyo cyaha.
Abasesenguzi bagaragaza ko ikibazo cy’umutekano muke kimaze iminsi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo giterwa ahanini n’ibibazo bibiri binini ari byo: Imiyoborere cyangwa se imikorere mibi( bad governance), ndetse no kubura ubushake bwa Politiki ( lack of political will).
Mu rwego rwo kwagura ibikorwa by’ikoranabuhanga, mu Rwanda hatangijwe gahunda yo kujya hatangwa murandasi (Internet) hifashishijwe ikoranabuhanga rya satellite (icyogajuru), rizafasha kuyigeza mu bice bitandukanye by’icyaro n’ibindi byari bisanzwe bigoye kuyigezamo.
Abatanga serivisi z’amaresitora, utubari, utubyiniro n’amahoteli b’i Huye, bavuga ko iyaba bahoranga ibikorwa bihazana abantu benshi nk’amasiganwa y’amagare, byabafasha muri bizinesi zabo.