Ambasaderi w’u Rwanda muri leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, yifatanyije n’abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Leta ya Washington muri Seattle kwizihiza Umuganura.
Abanyeshuri b’abanyarwanda bagera kuri 80 bahawe buruse yo kujya kwiga mu Bushinwa basabwe kubyaza umusaruro amahirwe yo kujya kwiga muri iki gihugu bakazagaruka guteza imbere u Rwanda rwabohereje.
Abagaba bakuru b’ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bahuriye mu nama muri Kenya yiga ku kibazo cy’umutekano mucye urangwa mu burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Kuri uyu wa kane tariki ya 24 Kanama 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse guhindurirwa inshingano nshya, abasaba kwita ku nshingano bahawe.
Nyuma y’isozwa rya shampiyona ya basketball mu Rwanda umwaka wa 2023, amakipe 4 yabaye aya mbere mu byiciro byombi abagabo n’abagore, akerekeza mu mikino ya kamarampaka (Playoffs), ubu iyo mikino yatangiye aho amakipe ya REG BBC y’abagabo na APR abagabo n’abagore, zatangiye zitanga ubutumwa.
Umwe muri ba Gitifu babiri b’utugari ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), mu gihe undi yarekuwe, umwe akaba akurikiranyweho kunyereza amafaranga ya mituweli, undi agashinjwa kwaka abaturage ruswa, abemerera kubaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo-Rwanda cyatangaje iteganyagihe ry’umuhindo wa 2023, rigaragaza ko hazagwa imvura nyinshi guhera ku matariki ya 03-10 Nzeri 2023 i Rubavu n’i Rutsiro, henshi mu turere twa Musanze na Nyabihu ndetse n’iburengerazuba bwa Ngororero.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweyeye, Ndamyimana Daniel, yahamirije Kigali Today ko ishyamba rya Nyungwe rimaze iminsi rishya, ryashoboye kuzima nyuma yo kwifashisha indege.
Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa, u Bugiriki buhuye n’inkongi ebyiri zikomeye, iheruka ikaba yahitanye abantu bagera kuri 20 mu masaha 48 gusa.
Mutsinzi Aimé Alcide w’imyaka 12 y’amavuko wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye kuri Collège Saint André mu Mujyi wa Kigali, ni umwe mu banyeshuri barangije amahugurwa y’ikoranabuhanga atangirwa ku kigo cyitwa Keza Education Future Lab mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo.
Guverinoma na Komisiyo y’amatora muri Zimbabwe, batangaje ko amatora ya Perezida n’Abadepite yabaye mu ituze no mu mudendezo kandi mu buryo buboneye.
Mu myaka 10 ishize hatangijwe gahunda ya YouthConnekt, hagaragajwe umusaruro w’ibimaze kugerwaho n’urubyiruko, biturutse mu mishinga yo kwiteza imbere.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball, yatsinzwe na Misiri muri 1/2 ibura amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma.
Perezida Paul Kagame ubwo yagezwagaho ibibazo n’urubyiruko, rwitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 10 ishize hatangijwe gahunda ya YouthConnekt, byizihirijwe ku Intare Arena ku itariki 23 Kanama 2023, bamwe mu bafite ubumuga bamusabye kubafasha bakinjira mu Ngabo z’u Rwanda.
Kuzabona indi Minisiteri mu Rwanda izaca agahigo k’iy’Uburezi, mu kugira abayiyoboye benshi bizagorana, kuko mu myaka 29, ni ukuvuga kuva mu 1994, iyo Minisiteri imaze kuyoborwa n’Abaminisitiri 16.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yanenze abayobozi bashinzwe ibigendanye na siporo zitandukanye mu Rwanda, bigwizaho ibyakabaye bitunga amakipe n’abakinnyi kugira ngo bibafashe kuzuza neza inshingano zabo, bafite ubuzima bwiza.
Inkuru y’urupfu rwa Yevgeny Prigozhin yasakaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Kanama 2023, aho bivugwa ko yaba yaguye mu mpanuka y’indege yabereye i Moscow mu Murwa Mukuru w’u Burusiya.
Vumiliya Gratia warihirirwaga ubwisungane mu kwivuza guhera mu mwaka wa 2015, yongera guhabwa ubufasha na Leta nk’uwabyaye adafite amikoro, akuramo umushinga watumye ava mu kiciro cy’abishyurirwa ubwisungane mu kwivuza ndetse akaba afite intumbero zo kurushaho kwiteza imbere.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwihanangirije bwa nyuma imiyoboro ya YouTube irenga 30 yo mu Rwanda itangaza ibijyanye n’ibiterasoni ndetse n’uburaya.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yaburiye urubyiruko ruhugira mu masengesho aho gukora ngo bivane mu bukene. Yabasabye gukora bakagira uruhare mu iterambere ryabo badategereje ubibakorera cyangwa ngo bumve ko hari izindi mbaraga bakwiye kwizera zizabibakorera.
Nyuma y’uko gahunda ya Koperative Umwalimu Sacco yo kwakira ubusabe bw’inguzanyo isubitswe, kuva ku itariki 28 Nyakanga 2023, iyo gahunda yongeye gusubukurwa mu itangazo ryandikiwe abanyamuryango bayo.
Umuhanzi Ishimwe Semana Kevin uzwi nka Ish Kevin, uri mu bakunzwe cyane mu njyana ya Trap na Drill Music ari kubarizwa mu gihugu cya Kenya mu bikorwa bijyanye no kwigira amasomo ku muziki wo muri iki gihugu. Umenyekanisha ibihangano bye.
Izina ‘Mburabuturo’ rirazwi mu mujyi wa Kigali kuko habarizwa ibikorwa bitandukanye birimo na Kaminuza y’u Rwanda (UR) ndetse hari n’ibikorwa byitiriwe iri zina birimo amashuri n’ibindi.
Mu Bushinwa, Resitora yabaye ikiganiro ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangira gahunda yo kujya imesa mu mitwe y’abakiriya bayo, kugira ngo batagenda bahumura ibyo kurya mu gihe bayisohotsemo.
Nyuma y’uko ikiraro cyo mu kirere cyangiritse, ndetse kugateza impungenge zo kuba cyateza impanuka ku baturage bagikoresha, imirimo yo kugisana igeze ku musozo.
Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, Musenyeri Vincent Harolimana, yibukije urubyiruko Gatolika ko ari amizero ya Kiliziya, bakaba n’amizero y’igihugu, ababwira ko bagomba kwitwara neza kuko ejo heza hazaza hari mu biganza byabo.
Abantu batandukanye bakunze gukoresha abana mu bikorwa byose byerekeranye n’ishimishamubiri ndetse no kubafata amajwi n’amashusho bakayashyira no ku mbuga nkoranyambaga bahanwa n’itegeko ribagenera igihano kiri hagati y’imyaka 5 n’imyaka 7 n’ihazabu ya Miliyoni 5.
Aborozi mu Mirenge ya Karangazi na Rwimiyaga barifuza ko mu nzuri zabo hagezwamo imiyoboro y’amazi kuko uburyo busanzwe bukoreshwa bwo gufata amazi y’imvura mu mahema yabugenewe amazi aba adahagije ku buryo igihe cy’impeshyi bayabura.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yasabye ubuyobozi mu Karere ka Bugesera gutegura no gusinyana n’abaturage amasezerano ku kwimakaza isuku, irondo, gufata neza ibikorwa remezo, serivisi nziza na mituweri.
Polisi yo mu Bubiligi ntigishobora kwishyura zimwe muri fagitire zayo, ku buryo ngo hari zimwe mu modoka zayo zaheze mu igaraji, ndetse na fagitire z’amashanyarazi zananiranye kwishyura.
Joe, ni izina ry’umugore wari umushoferi wa tagisi i Paris mu Bufaransa, izina rye barigenderaho bahimba indirimbo Joe le taxi. Uwo mugore ariko ntakiri kuri iyi si, kuko yitabye Imana mu 2019 azize kanseri.
Mu mpinduka zabaye mu bagize Guverinoma ku itariki 22 Kanama 2023, Maj Gen Albert Murasira yahawe inshingano zo kuyobora Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA.
Minisiteri y’Ishoramari rya Leta, yaherukaga gushyirwaho ku wa 30 Nyakanga 2022, yakuweho, inshingano zayo zimurirwa muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) riratabariza abana bagera kuri miliyoni ebyiri bo mu Gihugu cya Niger bakeneye ibiribwa kuko umutekano mucye uri muri iki gihugu watumye batabasha kubona ibiryo uko bikwiye.
Impunzi n’abasaba ubuhungiro baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari mu Rwanda, kuva mu 2022, bagera ku 11,500 batangiye gukorerwa imyirondoro.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, arasaba abacuruzi guhindura imyumvire y’uko bishyura amafaranga y’isuku, bityo ubuyobozi akaba ari bwo buzajya buza gutoragura imyanda aho bayinyanyagije bakorera, ko ahubwo bagomba kuyishyira ahabugenewe ubuyobozi bukayihakura buyitwara mu kimoteri rusange.
Umutoza w’Ikipe yo muri Saudi Arabia ya Al-Hilal witwa Jorge Jesus yavuze ko Umunya-Brazil w’icyamamare mu by’umupira w’amaguru, Neymar Junior, agomba gutegereza nibura ukwezi kumwe akabona gutangira muri iyo kipe ye nshya, kubera ko afite imvune.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasobanuye ikibazo cy’abagenzi batega imodoka zitagenewe kubatwara ndetse n’abaka ibizwi nka ‘lifuti’ mu gihe izisanzwe zigenewe kubatwara zitarimo kuboneka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatwitse ibiyobyabwenge bwo mu bwoko bw’urumogi rwafatiwe mu baturage rupima ibiro 1,400 (toni imwe n’ibiro 400).
Umuryango nyarwanda uharanira ubuzima bwiza bw’urubyiruko n’ababyeyi (Rwanda Health Initiative for Youth and Women/RHIYW), wateye inkunga y’Imashini kabuhariwe zigenewe gusuzuma ababyeyi batwite (Echography), mu bigo nderabuzima 13 byo mu Karere ka Musanze.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize bamwe mu bayobozi bashya ku myanya itandukanye y’ubuyobozi, abandi bahindurirwa inshingano, nk’uko bigaragara muri iri tangazo.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, yerekeje muri 1/2 nyuma yo gutsinda ivuye inyuma, ikipe ya Algeria mu mukino wa 1/4 wabaye kuri uyu wa kabiri.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT), ishima amarushanwa yateguwe n’Umuryango mpuzamahanga urwanya ubukene n’inzara (Heifer International), kuko arimo gutuma udushya mu buhinzi duhangwa n’urubyiruko tumenyekana.
Munyankindi Benoît, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare (FERWACY), ku itariki 21 Kanama 2023 yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), mu gihe runakurikiranye Umuyobozi w’iri shyirahamwe, Murenzi Abdallah, ku byaha bishingiye ku gutonesha.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutandukana n’umurundi Eric Mbirizi wari uyimazemo umwaka, impande zombie zikaba zabyumvikanyeho
Umuhanzi Davido uherutse mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize mu gitaramo cyasozaga Iserukiramuco rya Giants of Africa, yaguze umukufi ufite agaciro karenga Miliyoni 900 z’amafaranga y’u Rwanda yishimira ibyo amaze kugeraho uyu mwaka.
Igihugu cya Tanzania cyavuze ko ubwiyongere bw’impunzi za Repubulika Ihanarira Demukarasi ya Kongo (RDC) bumaze kurenga ubushobozi mu mafaranga yo kuzitaho, gisaba abafatanyabikorwa kubatera inkunga.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (BSR) uyoborwa na Antoine Cardinal Kambanda, wagaragaje impungenge z’uko Bibiliya ishobora kubura ndetse ubu ikaba yaratangiye guhenda, bitewe n’uko yatakaje abaterankunga.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), Aimable Gahigi, arasaba abantu gutangira kwitegura imvura y’umuhindo hirindwa ingaruka zaterwa n’ibiza kuko iyo umuhindo ugitangira ugaragaramo imvura n’umuyaga mwinshi.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Gasabo, yafashe umugabo w’imyaka 32, wari ufite uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga rw’uruhimbano n’ibihumbi 37 by’Amafaranga y’u Rwanda y’amiganano.