Umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira wongeye kuba nyabagendwa

Nyuma y’uko imvura nyinshi iguye ku Cyumweru tariki 23 Mata 2023, amazi akuzura umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira bikaba ngombwa ko uwo muhanda ufungwa, Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abakoresha uwo muhanda ko wongeye kuba nyabagendwa.

Umuhanda wongeye kuba nyabagendwa
Umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Itangazo Polisi yanyujije ku mbuga nkoranyambaga riragira riti “Polisi y’u Rwanda irabamenyesha ko ubu umuhanda RN 11, Muhanga - Ngororero - Mukamira ari nyabagendwa”.

Umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira akunze kwibasirwa n’ibiza by’imvura, aho amazi n’ibyondo bituruka mu misozi byiroha mu muhanda bikawufunga, hakiyongeraho no kuridukirwa n’inkangu kubera imikingo iwugize ifite ubuhaname burebure.

Uyu muhanda ukunze kwibasirwa n'ibiza biterwa n'imvura
Uyu muhanda ukunze kwibasirwa n’ibiza biterwa n’imvura
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka