Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana, ubwo yaganirizaga Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena tariki 25 Nyakanga 2023, yijeje ko umuhanda uhuza uturere twa Karongi na Muhanga uzaba wamaze gukorwa wose bitarenze umwaka wa 2024.
Gen. Abdourahamane Tchiani uyoboye Niger nyuma ya Coup d’état, yavuze ko adatewe ubwoba n’igitutu cy’abashaka gusubiza Perezida Mohamed Bazoum ku butegetsi, anenga ibihano byafashwe n’Umuryango wa ECOWAS, ko binyuranyije n’amategeko kandi bigaragaza kubura ubumuntu, ahamagarira abaturage ba Niger, kwitegura kurwana ku (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rurasaba abandika inkuru zijyanye n’ubutabera kujya bakora ubushakshatsi aho gutwarwa n’amarangamutima. Ibi bitangajwe nyuma y’uko hari imiyoboro ya YouTube n’ibitangamakuru byanditse ko hari abaturage umunani bo mu Karere ka Ngoma bamaze amezi abiri bafunzwe na RIB imfunguzo (…)
Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Karere ka Palma, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023, yahuye n’abagize ikipe y’u Rwanda y’abagore y’umukino wa Basketball, abashimira kuba barabashije kugera muri 1/2 mu irushanwa nyafurika ririmo kubera mu Rwanda.
Kuri uyu wa Kane tariki 3 Nyakanga 2023, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije umukinnyi ukina hagati mu kibuga, Rashid Kalisa wakiniraga AS Kigali.
Bagaragaze Eliazar w’imyaka 52 wo mu Kagari ka Birira Umurenge wa Kimonyi Akarere ka Musanze, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), nyuma yo gukekwaho gutwika inzu ye abanamo n’umugore n’abana.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rufunze abaturage batanu, barimo abagore babiri bakekwaho icyaha cyo kurwanya ububasha bw’amategeko ndetse n’icyaha cyo kwirengagiza inshingano z’umubyeyi cyangwa umwishingizi nta mpamvu.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yatangaje ko Intore 1500 mu ikoranabuhanga, zigiye koherezwa mu bice bitandukanye by’Igihugu, kugira ngo zihugure abaturage ibijyanye n’ikoranabuhanga.
Mu Murenge wa Tumba Akarere ka Rulindo, haravugwa amakuru y’umugabo witwa Sinamenye Protais, basanze iwe yapfuye nyuma y’uko mu rugo rwe haturikiye Grenade, saa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 03 Nyakanga 2023.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023, yatashye ku mugaragaro uruganda rwa sima (Anjia Prefabricated Construction Rwanda Company Ltd) rwuzuye mu Karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo.
Proscovia Musoke nyina wa Jose Chameleone yavuze ko we na se Gerald Mayanja, batifuzaga ko uyu muhungu wabo ajya mu bikorwa by’umuziki ahubwo agakomeza amashuri.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko Umunye-Congo, Héritier Luvumbu yayigarutsemo, nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka umwe w’imikino wa 2022-2023 yari afite.
Impuguke ziturutse mu bigo bitandukanye bya Leta n’ibishamikiye kuri Leta, Kaminuza n’abandi bafatanyabikorwa bahuriye mu rubuga rwiga uburyo hashyirwa mu bikorwa ubukungu, bwisubira bijyanye n’uruhererekane rwo gutunganya ibiribwa, bari i Musanze mu nama y’iminsi itatu isuzumira hamwe uburyo bwo kugabanya ibiribwa (…)
Ikipe y’umukino wa karate, Shoseikan Rwanda, ihagarariwe n’umutoza wayo mukuru Sinzi Tharcisse, ufite umukandara w’umukara urwego rwa karindwi, igiye kwitabira amahugurwa yo kongera ubumenyi azabera muri Mexico.
Umuhanzi Josh Ishimwe umaze kwigarurira imitima y’abakunda indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu buryo bwihariye bwa gakondo agiye gukora igitaramo cye cya mbere yatumiyemo Chorale zikomeye zirimo Christus Regnat.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatanze iminsi 14 ku baturiye umugezi wa Sebeya, yo kwimuka byihuse kugira ngo imvura izagwa muri Nzeri 2023 itazabasanga aho batuye bikaba byakongera gutera ibiza bikabagiraho ingaruka, nk’uko byagenze muri Gicurasi uyu mwaka.
Abatuye mu Karere ka rubavu n’abakagenda barabarira iminsi ku ntoki, aho ubu habura ibiri gusa irushanwa rya IRONMAN 70.3 rikongera kubera muri aka karere ku nshuro ya 2, nyuma yo kuhabera umwaka ushize nanone mu kwezi nk’uku.
Abarezi ku bigo by’amashuri abanza ya Leta byatangiye gukoresha ikoranabuhanga mu nteganyangisho, bemeza ko rigiye kurushaho kunoza ireme ry’uburezi.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Basketball, ikatishije itike yo gukina imikino ya 1/2 nyuma yo gutsinda abagande amanota 66 kuri 61, umukino wanarebwe na Perezida Paul Kagame.
Guverinoma y’u Rwanda yafashe umwanzuro wo kuzamura igiciro cya lisansi kuva ku mafaranga 1,517Frw kugera ku 1,639Frw guhera ku wa Gatanu tariki 4 Kanama 2023, kuva saa moya za mu gitondo.
Iteganyagihe ry’iminsi 10 ya mbere y’ukwezi kwa Kanama 2023 (kuva tariki 1-10), ryerekana ko hari ibice bimwe by’Igihugu cyane cyane mu Kiyaga cya Kivu no mu Ntara y’Uburasirazuba, bizagaragaramo umuyaga mwinshi ushobora kwangiriza abaturage.
Kuri uyu wa Gatatu kuri Kigali Pelé Stadium, ikipe ya APR FC yatsinze Marine FC ibitego 3-1 mu mukino wa gicuti byatsinzwe na Victor Mbaoma.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Kamana Olivier, arizeza abahinzi ko imbuto n’ifumbire bizabagereraho igihe, ahubwo ko bakwiye gutegura imirima hakiri kare.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 19 ntiyahiriwe n’umunsi wa mbere w’igikombe cy’isi nyuma yo gutsindwa na Portugal
Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro yakiriye Dr Ron Adam, Ambasaderi wa Israel mu Rwanda waje kumusezeraho.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) irasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kwishyira mu mwanya w’umuturage, kugira ngo babashe kumva ibibazo bye babikemure, kuko ari byo byatuma umuturage ashyirwa ku isonga koko.
Muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’ubuvuzi kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Kanama 2023 bakiriye abanyeshuri basaga 160 baturutse mu gihugu cya Sudani muri Kaminuza y’ubuganga n’ikoranabuhanga (University of Medical Sciences and Technology) iherereye mu Karere ka Riyad mu Mujyi wa Khartoum baje gukomereza amasomo yabo muri (…)
Iyo uvuze Rwamagana buri wese ahita yumva kamwe mu turere tugize intara y’Iburasirazuba ariko abantu benshi ntibazi aho inyito y’iri zina ryakomotse n’uko ryaje gukomera rikitirirwa bimwe mu bikora biranga muri aka karere.
Umuhanzi w’icyamamare Madonna aherutse gufatwa n’indwara ikomeye yaturutse kuri bagiteri ‘sévère infection bactérienne’ ituma ajya mu bitara muri serivisi yo kwita ku bantu barembye ku itariki 24 Kamena 2023.
Mu gihe biteganyijwe ko umuganura uzizihizwa mu gihugu hose ejobundi kuwa gatanu tariki 4 Kanama 2023, hari abatuye mu mijyi ya Nyanza na Huye bavuga ko bo batazawizihiza kubera ubukene n’ibiciro bihanitse.
Mugihe imikino y’igikombe cya Afurika mu bagore mu mukino wa basketball (FIBA WOMEN AFROBASKET 2023) irimbanyije, nyuma kandi yo gusoza imikino yo mu matsinda ndetse na kamarampaka ku makipe ataraboneye itike mu matsinda, ubu hatahiwe imikino ya ¼ ku makipe yakomeje harimo n’u Rwanda.
Abaturage bo mu Mirenge ya Gatumba na Bwira barishimira gutangira kubaka umuhanda uzabafasha kugeza abarwayi ku bitaro bya Muhororo, hifashishijwe imbangukiragutabara, dore ko ubusanzwe bakoreshaga ingobyi ya gakondo.
Ihuriro ry’imiryango y’abafite ubumuga (NUDOR), risaba umuryango mugari w’Abanyarwanda, uhereye ku babyeyi, abarimu, ibigo by’amashuri n’abantu bose, gutuma umwana ufite ubumuga yisobanukirwa, akamenya ko afite ubumuga bijyanye n’ikigero cy’imyaka arimo, kuko biramufasha. Ngo nta kintu ushobora gukorera umuntu ufite ubumuga (…)
Abayobora amakusanyirizo y’amata mu Karere ka Nyagatare bavuga ko babangamiwe cyane n’igiciro cy’umuriro w’amashanyarazi bakoresha bayakonjesha kuko inite imwe iri hejuru y’amafaranga y’u Rwanda 170.
Ibikorwa byo guhangana n’ibitero by’ikoranabuhanga ku mugabane w’Afurika, bitwara arenga Miliyali enye z’Amadorali y’Amerika buri mwaka.
Henri Konan Bédié wayoboye igihugu cya Côte d’Ivoire, yitabye Imana afite imyaka 89 y’amavuko, aho yari amaze iminsi ari mu bitaro nyuma yo kumva atameze neza.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, ku wa Kabiri tariki ya 1 Kanama 2023, iyobowe na Perezida Paul Kagame, ifatirwamo imyanzuro itandukanye, irimo n’uko nta bitaramo n’imyidagaduro bizajya birenza saa saba za nijoro mu mibyizi, na saa munani mu mpera z’icyumweru (ku wa gatanu no ku wa gatandatu), mu rwego (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB), cyohereje itsinda ry’abahanga mu bijyanye n’ubumenyi bw’imiterere y’Isi, kujya gukurikirana iby’umwotsi, umuriro, ndetse n’amabuye ahirima aturuka mu musozi wo mu Kagari ka Burimba mu Karere ka Nyamasheke.
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri yanganyije na Gorilla FC 1-1 mu mukino wa gicuti wa kabiri wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Perezida Paul Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye mu Biro bye, Village Urugwiro, ku wa Kabiri tariki ya 1 Kanama 2023, ifatirwamo imyanzuro itandukanye, irimo nko kuba CG Dan Munyuza yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Misiri.
Mu cyumweru gishize, itangazamukuru ryo mu Buhinde ryatangaje inkuru ibabaje y’umugabo n’umugore we batuye mu Burengerazuba bwa Bengal bakunda telefoni za ‘iPhone’ bikabije kugeza aho bemera no kugurisha umwana wabo w’uruhinja kugira ngo bagure iyo telefoni igezweho ya ‘iPhone 14’.
Mu gihe habura iminsi 17 ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru ya 2023-2024 itangire, amakipe arimo Police FC yatangiye gukina imikino ya gicuti mu rwego rwokwitegura umwaka w’imikino.
Muheto Bertrand umaze kubaka izina mu njyana ya Trap Music nka B-Threy n’umugore we Keza Nailla bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana wabo w’imfura.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yasabye abitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Gikondo aho risanzwe ribera kwirinda ubusinzi kugira ngo barusheho kubungabunga umutekano.
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro Murindwa Prosper atangaza ko kimwe mu bibazo byamugoye akigera mu Karere ka Rutsiro ari ikibazo cy’ibiza byangije aka Karere mu ntangiriro ya Gicurasi 2023.
Abana bagera ku 140 baturutse mu bihugu by’u Busuwisi, u Bwongereza n’u Bubiligi basoje umwiherere w’imisni ine bakoreraga mu Rwanda wo kubigisha indangagacio n’umuco nyarwanda.