Cardinal George Pell wahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina ku bana b’abahungu, yapfuye afite imyaka 81.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo Busabizwa Parfait arasaba abikorera muri iyo Ntara, gushyiraho ikigega cy’imyidagaduro mu rwego rwo gukurura abagana imijyi yaho.
Umuhanzi Musoni Evariste yavukiye mu Rwanda ku Kibuye (Karongi) mu 1948, ahunga mu 1973 ari kumwe na nyina bajya mu Burundi, abavandimwe be bahungira mu bindi bihugu, nyuma y’uko ise yiciwe mu Rwanda mu 1963 mu mvururu zishingiye ku ivangura ryari ryaratangiye mu 1959.
Abaturage bo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, bari batashywe n’ubwoba nyuma yo kubona bamwe muri bo (12) bafatwa n’indwara yo munda, bakeka ko babitewe n’inyama z’inka bari bamaze iminsi bariye.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu Kagari ka Kagina mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, barishimira iterambere Igihugu cy’u Rwanda kimaze kugeraho mu myaka 35 ishize uwo muryango ubayeho, dore ko rigaragara muri buri gace kose k’Igihugu n’Akagari kabo kakaba katarasigaye inyuma.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, hamwe n’itsinda ayoboye bari mu ruzinduko rw’akazi muri Pologne, kuva tariki 9 Mutarama 2022.
Hakizimana Amani wamamaye nka ‘Ama G The Black’ muri muzika, yavuze ko abahanzi bo mu kiragano gishya badabagiye kandi ngo banaririmba ibintu bitumvikana.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Ingabire Assumpta, arasaba abagenerwabikorwa barimo abahemberwa imirimo y’amaboko bakora, abahabwa amafaranga y’inguzanyo cyangwa ay’inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP, ko mu gihe bayakoresheje neza, ari imbarutse n’uburyo (…)
Umwe mu banyabugeni bakomeye babayeho ku Isi, Leonardo Da Vinci, yakoze ibihangano by’ibishushanyo bitandukanye harimo nka ‘The Vitruvian Man’ yakoze mu 1485, ‘Annunciation’ yakoze mu 1476, ‘Lady with an Emirne’ yakoze mu 1491 ndetse nibindi.
Mu rwego rwo kugira ngo abakora kwa muganga barusheho kuzuza inshingano zabo neza, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko harimo kurebwa uburyo hakongera abakozi kwa muganga.
Umunyezamu Ndayishimiye Eric Bakame wari umaze iminsi nta kipe afite yasinye mu ikipe ya Bugesera FC
Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Mukabalisa Donatille, kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Mutarama 2022, yakiriye mu biro bye Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun n’itsinda yari ayoboye, baganira ku mubano w’ibihugu byombi.
Ikipe ya Rayon Sport ikomeje gushakisha rutahizamu iri mu biganiro na Jean Marc Makusu wakiniye Standard de Liège yo mu Bubiligi.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Mutarama 2023, muri Gare ya Nyabugogo i Kigali hakomeje kugaragara umubyigano w’abagenzi benshi, watewe n’abanyeshuri bakererewe kujya ku ishuri.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba aborozi guhindura imyumvire bakava mu bworozi bushingiye ku muco n’urukundo, ahubwo bakorora bagamije ubucuruzi.
Umubyeyi wo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, avuga ko ababazwa no kuba hari umugabo w’imyaka 58 ukekwaho kumusambanyiriza umwana w’imyaka 13, akaba ubu yidegembya.
Uwahoze ari Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Benedict wa XVI, ubusanzwe amazina ababyeyi bamwise ni Joseph Ratzinger. Yavukiye muri diyoseze ya Passau (mu Budage), ku itariki 16 Mata 1927 (ku wa Gatandatu Mutagatifu), ari nawo munsi yabatirijweho.
Abantu bitwaje intwaro bashimuse abagenzi 32 bari bategereje ‘gari ya moshi’, mu Majyepfo ya Nigeria, muri Leta ya Edo nk’uko byatangajwe na Guverineri w’iyo Leta.
Umugabo wo mu Kagari ka Bushoka mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yasanze umugabo mu buriri bwe asambana n’umugore we, haba amakimbirane yavuyemo gukomeretsanya, birangira uko ari batatu bajyanywe mu bitaro bya Ruli.
Ubuyobozi bw’ikigo cyashinzwe n’abafite inzu za ‘greenhouse’ zikoreshwa mu gutubura imbuto y’ibirayi mu Rwanda (Early Generation Seed Potato/ EGSP), buvuga ko burimo gutanga igisubizo ku mbuto y’ibirayi nziza ikenewe n’abahinzi benshi, ku buryo itazongera kubura.
Mu gace ka Lichtenburg gaherereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Afurika y’Epfo, umugabo w’imyaka 60 y’amavuko yishwe n’imbwa ze eshatu, ubwo yari ari iwe mu rugo.
Mu mukino wa Gicuti w’umupira w’amaguru wahuje ikipe y’Abapadiri ya Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri n’iy’aba Diyosezi Gatolika ya Muyinga mu Burundi, warangiye Abapadiri ba Diyosezi ya Ruhengeri batsinde 5-0.
Aborozi bo mu Karere ka Bugesera barasabwa kuvugurura ubworozi bugatanga umusaruro urenze uwo babona, kuko isoko ryawo rihari kandi rihagije kuri buri wese utuye muri ako karere.
Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwana umwe ari we waburiye ubuzima mu mpanuka yabereye i Rebero mu Mujyi wa Kigali, ubwo imodoka yari itwaye abanyeshuri yarengaga umuhanda ikajya mu ishyamba benshi bagakomereka.
Ku wa 07 Mutarama 2023, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bo muri Senegal bagejejweho ijambo rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame risoza umwaka wa 2022, mu gitaramo cyo kwifurizanya gutangira neza uwa 2023; banagezwaho uko imihigo y’umwaka ushize yeshejwe kimwe n’iteganyijwe muri uyu mwaka wa 2023. Icyo (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu ijambo yavuze amaze kwakira indahiro y’Umukuru mushya wa Sena, Dr François Xavier Kalinda kuri uyu wa Mbere, yongeye gusaba imiryango mpuzamahanga gufatanya na Congo (DRC), gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda.
Guverinoma ya Tanzania yohereje itsinda ry’inzobere mu buzima mu turere twa Songwe, Mbeya na Ruvuma mu rwego rwo gukumira icyorezo cya kolera ngo kitinjira mu gihugu, icyo cyemezo kikaba cyafashwe nyuma y’uko muri Malawi ihana imbibi n’utwo turere, icyo cyorezo kimaze kwica abagera kuri 661.
Mu muhango wo gutora Perezida wa Sena wabereye ku Nteko Inshinga Amategeko kuri uyu Mbere tariki ya 9 Mutarama 2023, Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi kwirinda gukora ingendo zo hanze y’Igihugu zitari ngombwa, kuko bituma batuzuza inshingano zabo neza.
Ni ubutumwa Perezida Kagame yatambukije abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, aho yifurije gukira vuba abana bose bari muri bisi yakoze impanuka, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2022, ikaba yarimo abana bo ku ishuri rya ‘Path to Success’.
Kuri iki Cyumweru mu karere ka Ngoma hasozwaga agace ka karindwi ka shampiyona ya volleyball (Phase VII) aho mu bagabo kegukanywe na REG naho mu bagore kegukanwa na APR.
Kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2023, Senateri Kalinda François Xavier yatorewe kuyobora Sena y’u Rwanda, indahiro ye ikaba yakiriwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Hirya no hino mu turere, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakomeje kwishimira isabukuru y’imyaka 35 uwo muryango umaze ushinzwe, bakaboneraho n’umwanya wo kwinjiza abanyamuryango bashya.
Leta y’u Rwanda ifite gahunda yo gushora agera kuri Miliyari 25 z’Amafaranga y’u Rwanda, mu bwishingizi bw’ubuhinzi mu myaka itanu (5) iri imbere, nk’uko byasobanuwe na Kwibuka Eugene, umuyobozi ushinzwe itumanaho n’amakuru muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI).
Umuryango wo mu Murenge wa Rushashi mu Karere ka Gakenke, uri mu kababaro nyuma y’uko umugore n’umugabo muri uwo muryango, bombi bitabye Imana bazize impanuka mu bihe bitandukanye.
Mu irushanwa rya Handball ikinirwa ku mucanga ryari rimaze iminsi ribera mu karere ka Rubavu, ryasojwe ikipe ya Policce HC mu bagabo, na Kiziguro HC mu bakobwa ari zo zegukanye ibikombe
Ku i Rebero mu Mujyi wa Kigali habereye impanuka ikomeye ya bisi itwara abanyeshuri bo ku ishuri rya ‘Path to Success’, 25 baramereka, bikaba byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Mutarama 2023.
Umukambwe utuye i Cyanika mu Karere ka Burera, Philippe Furere w’imyaka 85 y’amavuko, avuga ko yambaye ipantaro bwa mbere mu 1958, ariko ubusanzwe Abanyarwanda ngo bambaraga imikenyero n’imyitero, abasirikare bakambara amakabutura.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje impinduka mu buyobozi bwayo nyuma yo kwegura kwa Mvukiyehe Juvenal wahise ahabwa izindi nshingano
Muri Senegal kuva tariki ya 9 kugeza tariki 11 Mutarama 2023, igihugu cyose kiri mu cyunamo cy’abantu 40 baguye mu mpanuka y’imodoka za bisi zitwara abagenzi, zagonganye mu rucyerera tariki ya 8 Mutarama 2022 ahitwa Kaffrine, abandi bagera kuri 78 barakomereka bikomeye.
Abaturage mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kwihitiramo ubwoko bwa siporo buboroheye bazajya bakora, mu rwego rwo kwirinda indwara zimwe na zimwe cyane izitandura.
Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda bwamaganye amakuru yari amaze iminsi avuga ko itangira ry’umwaka mushya w’amashuri, riteganyijwe muri Nzeri uyu mwaka. Ni nyuma y’uko abiga muri iyi Kaminuza bari bamaranye iminsi urujijo, ndetse byanatangiye kuba impaka ku mbuga nkoranyambaga.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri mu Karere ka Kayonza basabwe kubyaza umusaruro ubutaka ibi bigo bifite, mu rwego rwo kunoza no gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta yo kugaburira abana ku mashuri.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Gisagara, ku wa Gatanu tariki ya 6 Mutarama 2023, yafashe umusore w’imyaka 22 ukurikiranyweho kwangiza ibikorwaremezo, yiba ibyuma n’amaburo abifunze ku mapoto y’amashanyarazi.
Mu nka zisaga 327,558 zibarizwa mu Ntara y’Amajyaruguru, izigera ku 86,649 ni izimaze guhabwa imiryango itishoboye yo muri iyi Ntara, muri gahunda ya Girinka Munyarwanda, kuva yatangira mu mwaka wa 2006.
Ubyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage kugira uruhare mu kubungabunga ibibakorerwa, kugira ngo bazamurane mu iterambere ry’Igihugu.
Urubyiruko rw’abafite ubumuga biga imyuga itandukanye mu ishuri ryita ku bafite ubumuga rya APAX Muramba mu karere ka Ngororero, baravuga ko bifitiye icyizere cyo kwihangira imirimo nibarangiza amasomo.
Abagera kuri 16 bapfuye abandi 21 barakomereka nyuma y’uko imodoka itwara abagenzi, igonze itwara imizigo hafi y’ahitwa ‘Adebe trading center’ ku muhanda wa Kampala-Gulu.