Aya ni amagambo atangira ikiganiro Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique, asobanura iby’umubano w’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) utifashe neza biturutse ahanini ku mutwe wa M23.
Shikarete (chewing gum) ushobora kwibaza ko ari ya vuba, nyamara yatangiye kuribwa kuva cyera cyane mu myaka 6,000 ishize, uretse ko itari imeze nkuko tuyizi ubu.
Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubumenyi bw’Isanzure (NASA), kivuga ko cyabonye ishusho idasanzwe ku mubumbe wa Mars, imeze nk’uko umuntu yashushanya inyamaswa y’ikirura (bear).
Isoko ry’amatungo magufi, ririmo kubakwa, mu Murenge wa Gatebe mu Karere ka Burera, rikaba riri hafi kuzura, abiganjemo aborozi bo muri uwo Murenge, kimwe n’abo mu Murenge wa Kivuye byegeranye, baremeza ko nibatangira kuricururizamo, bizaca akajagari, no guhendwa n’abamamyi, bahoraga babapfukamaho, bayabaguriraga ku giciro (…)
Mu bikoni bitandukanye bya Hoteli cyangwa se mu tubari niho hakunze kugaragara ifunguro rikundwa na benshi, rigizwe n’inkoko yokeje ariko imbere harimo umuceri.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), kiratangaza ko kuva Abanyarwanda batangira guhabwa urukingo rwa Covid-19, abagera kuri 79% bamaze gukingirwa, ariko ubukangurambaga mu kwikingiza bukomeje kuko Covid-19 itaracika.
Abanyeshuri b’urwunge rw’amashuri rwa Rwimiyaga, Akarere ka Nyagatare, ku wa Kane tariki ya 26 Mutarama 2023, bashyikirije umukecuru Mukagasana Valerie w’imyaka 68 y’amavuko inzu, bamwubakiye ifite agaciro k’arenga miliyoni eshatu z’Amafaranga y’u Rwanda.
Ihuriro ry’agize Inteko Ishinga Amategeko rishinzwe gukumira no kurwanya Ruswa (APNAC-RWANDA), rivuga ko abantu bafite imitungo ariko batayiyandikishaho barimo gushakirwa ibihano.
Urukiko rwo muri Uganda rwafashe icyemezo, rutegeka umukobwa witwa Fortunate Kyarikunda, kwishyura impozamarira umusore bari bemeranyijwe kubana akaza kumubenga, bigatuma agira ikibazo cy’agahinda gakabije.
Ku wa 27 Mutarama 2023 mbere y’uko isoko ry’igura n’igurishwa rifunga mu Rwanda,ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yaguze Ojera Joackiam wakiniraga URA FC muri Uganda.
Mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA) giherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Mutarama 2023, hasojwe amahugurwa amaze iminsi 11, yitabiriwe n’Ingabo na Polisi b’u Rwanda, aho mu byo bahuguwe hibanzwe ku buryo bwo guhangana n’ibibazo byugarije Isi, by’abana bakomeje gushyirwa mu gisirikare.
Umugore w’ahitwa KwaZulu-Natal muri Afurika y’Epfo, yakatiwe n’ukiko igihano cyo gufungwa imyaka 20 muri Gereza, kubera kugurisha umwana ufite ubumuga bw’uruhu (albino) ku muvuzi gakondo.
Ikipe ya Espoir FC kuri uyu wa Gatanu yatunguye Police FC iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri stade ya Muhanga.
Ku nshuro ya 78 hibutswe Jenoside yakorewe Abayahudi, barenga miliyoni esheshatu bishwe urw’agashinyaguro n’Abanazi ba Hitler, wategekaga u Budage n’igice kinini cy’u Burayi.
Guhera kuri uyu wa Gatanu mu mikino itandukanye hategerejwe amarushanwa azakomeza ndetse n’azakinwa akarangira haba mu mupira w’amaguru,Basketball,Volleyball n’indi mikino.
Abahagarariye imwe mu miryango itari iya Leta (civil society organizations), bagaragaje ko umubare w’imishinga y’amategeko itegurwa n’Abadepite ukiri hasi, kandi ari abantu baba bahagarariye rubanda ndetse n’amenshi mu mategeko atorwa, akaba ari aturuka mu nzego za Leta, ibintu babona ko byatuma amategeko menshi yaba (…)
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), Patricia Scotland, kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Mutarama 2023, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, baganira ku bikorwa by’uwo Muryango.
Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, Kristalina Georgieva mu kiganiro yagiranye na ba rwiyemezamirimo tariki ya 25 Mutarama 2023, muri ECO-Park ya Nyandungu, yashimye u Rwanda mu bikorwa byo guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, n’uburyo rubungabunga ibidukikije.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN), Claver Gatete, yagaragaje ko urugomo rukabije rw’ihohoterwa rikorerwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanita Demokarasi ya Congo (DRC), cyane cyane kurwanya Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, bishingiye ku kuba Leta yarananiwe gukemura ibibazo by’umutekano.
Ku wa Gatatu tariki ya 25 Mutarama 2023, Ikigo cya Polisi y’u Rwanda gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (CTTC) giherereye mu murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, cyateye inkunga yo kwishyurira ubwisungane mu kwivuza imiryango 101 itishoboye.
Nyuma y’uko ikiraro gisanzwe cya Gahira, gihuza uturere twa Muhanga na Gakenke mu Mirenge ya Rongi na Ruli, cyakomeje kwangizwa n’amazi ya Nyabarongo, bigahagarika imigenderanire hagati y’utwo turere, hamaze kuzura icyo mu kirere.
Ubundi abaturage bo mu Misri bari bamenyereye ko iyo bagiye kugura ibintu bihenze nk’imodoka, imashini zo kumesa n’ibindi, bishyura mu byiciro (macye macye), ariko ubu kubera gutakaza agaciro kw’ifaranga ryo muri icyo gihugu, ngo birasaba ko no kugura igitabo bikorwa muri ubwo buryo.
Kuri uyu wa 26 Mutarama 2023, ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suede yatangaje ko yamaze gusinyisha Byiringiro Lague wakiniraga APR FC.
Umuryango ’Ripple Effect’ (wahoze witwa Send a Cow) wemereye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), ko uzavana mu bukene abarenga 750,000 bo mu turere 16 kugeza mu mwaka wa 2030.
Imiryango itari iya Leta ndetse n’abashinzwe gufasha urubyiruko mu bigo nderabuzima, basanga ababyeyi bakwiye kugira urubuga bigishirizwamo ubuzima bw’imyororokere, kubera ko usanga urubyiruko rubibarushaho amakuru.
Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, yakiriye intumwa za kaminuza ya Kent State yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ziyobowe na Dr. Marcello Fantoni, Visi Perezida ushinzwe uburezi ku Isi.
Urukiko rwo muri Mali rwahanishije kwicwa umugabo wagabye igitero ku ngabo za UN (MINUSMA) mu 2019, kigahitana batatu mu basirikare b’uwo muryango, nk’uko byatangajwe na MINUSMA kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Mutarama 2023, n’ubwo nta mazina y’uwakatiwe yatangajwe.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr François Xavier Kalinda, kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Mutarama 2023, yagiranye ibiganiro na Tania Pérez Xiqués, Ambasaderi wa Cuba mu Rwanda, bigamije kongera umubano hagati y’ibihugu byombi.
Kuri uyu wa kane ikipe ya Bugesera yasinyishije umutoza Eric Nshimiyimana nk’umutoza wayo mushya asimbuye Etienne Ndayiragije.
BK Group yatangije Umuryango witwa BK Foundation uteza imbere imibereho myiza, ukaba ugiye kongerera imbaraga gahunda zari zisanzwe zunganira Leta mu bijyanye n’Uburezi, Guhanga udushya no Kubungabunga ibidukikije.
Kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Utwererane, Dr Vincent Biruta, yagaragarije Inteko Ishinga Amategeko uko umubano w’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere uhagaze, yibanda cyane ku mwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Abatuye mu Tugari twa Gahurizo na Rugerero mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bifuza ingemwe zihagije z’ibiti by’imbuto kugira ngo babashe kurya indyo iboneye, banasagurire amasoko.
Minisitiri w’imari n’inganda, Moses Kuria, yavuze ko amashuri akorana n’amaduka acuruza impuzankamo (uniform) bakazigurisha mu bigo by’amashuri ko bitemewe, kuko ibigo by’amashuri bisabwa gutanga uburezi gusa, ibyo gushaka impuzankano ababyeyi bagomba kugira uburenganzira bwo kuzigura aho bashaka.
Abasenateri bagize Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere muri Sena y’u Rwanda, basabye abayobozi mu Karere ka Gatsibo gushyira imbaraga mu gusobanurira abaturage ishyirwa mu bikorwa ry’ibitekerezo baba batanze, mu gihe cy’igenamigambi ry’ibyo bifuza gukorerwa.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA ryakuyeho ibihano byari byafatiye ikipe ya Rayon Sports kubera kutishyura umutoza baheruka gutandukana
Umunya-Maroc Youssef Rharb wigeze gukinira Rayon Sports byitezwe ko azagera mu Rwanda kuri uyu wa gatanu.
Mu gihe ikipe ya Musanze FC kugeza ubu nta mutoza mukuru ifite nyuma yo gutandukana na Frank Ouna abatoza icumi bamaze gusaba gutoza iyi kipe arimo abazwi mu Rwanda
Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), watangije ku mugaragaro gahunda yo gusuzuma niba Repubulika ya Somaliya yiteguye kwinjira muri uyu muryango.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, ku wa Gatatu tariki 25 Mutarama 2023, yagiriye uruzinduko muri Congo-Brazzaville, aho yashyikirije Perezida Denis Sassou-N’Guesso, ubutumwa bwa mugenzi we, Perezida Paul Kagame.
Polisi y’ u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Kayonza, ku wa Kabiri tariki ya 24 Mutarama 2023, yasubije moto yo mu bwoko bwa Bajaj Boxer nyirayo, ifite ibirango RF 115 J yari yibwe, hafatwa abasore batatu bacyekwaho gufatanya muri ubwo bujura.
Ubutegetsi bwa Perezida Joe Biden wa Amerika, burateganya gutangaza aho imyiteguro yabwo igeze yo kohereza ibimodoka by’intambara, chars 30 zo mu bwoko bwa M1 Abrams muri Ukraine.
Abarimu bigisha mu mashuri y’incuke mu Murenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga baravuga ko babanganiwe n’umubare munini w’abana mu mashuri.
Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Mutarama 2023, yakiriye mu biro bye Umuyobozi w’ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), Kristalina Georgieva uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi 3 mu Rwanda.
Imiryango 110 ituriye Igishanga cy’Urugezi mu Mirenge ya Kivuye na Gatebe mu Karere ka Burera, irishimira ko ibigega bifata amazi yashyikirijwe, bigiye gufasha abayigize guca ukubiri n’imvune baterwaga no kuvoma amazi y’ibirohwa muri icyo gishanga, yajyaga anabatera indwara.
Umubazi w’Umushinwa yahuye n’uruva gusenya nyuma y’uko ingurube yari agiye kubaga yamwigaranzuye ikaba ari yo imwica.
Nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Bugesera, umutoza Etienne Ndayiragije yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Burundi
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yageze i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ku mugabane wa Afurika, yiga ku guteza imbere ubuhinzi n’ibibukomokaho.