Minisitiri Vincent Biruta ushinzwe uburezi mu Rwanda aravuga ko Guverinoma y’u Rwanda ihamagarira Abaturarwanda bose guhaguruka bakarwana ku buzima bwabo bitabira gukora siporo byibura rimwe mu cyumweru kuko abahanga bagaragaje ko siporo n’imyitozo ngororamubiri birinda abantu kurwaragurika.
Bamwe mu bakenera serivisi zinyuranye mu karere ka Rwamagana bemeza ko babona inzego z’imirimo zinyuranye zaratangiye kunoza imitangire ya serivisi, bagasaba Leta kongerera ubushobozi izigicumbagira nko mu bigo by’imari.
Mu ijoro ryakeye, abajura bateye mu ngo z’abagabo babiri bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (Egide na Mbarushimana) batuye mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Musha bica abaturanyi babiri batabaye, batema abandi umunani.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagere mu Rwanda (FERWACY) ku bufatanye n’umukinnyi w’uwo mukino Adrien Niyonshuti, rizatangiza ku mugaragaro ishuri ry’umukino w’amagare ryitwa ANCA mu karere ka Rwamagana ku cyumweru tariki 26/05/2013.
Abagororwa bafungiye muri gereza ya Nsinda mu karere ka Rwamagana bagaragaje ko bashaka kwitandukanya n’ibikorwa bibi bakoze kugirango bazatahe bashishikajwe no gukora bakabona ifaranga bakiteza imbere.
Umukobwa witwa Shema utuye mu mujyi wa Rwamagana yabwiye abayobozi bo mu murenge atuyemo na Polisi ko abantu batabika amafaranga yabo kure baba bamutera igishuko cyo kuyiba kandi ngo ntiyizeye ko azajya ayarebera ngo areke kuyiba kandi nta handi agira akura ifaranga.
Polisi y’u Rwanda ifatanije n’abaturage mu karere ka Rwamagana bakoze umukwabu mu murenge wa Kigabiro batahura abantu bagaragara ko ari bakuru 93 batagira ibyangombwa bibaranga na busa, abandi 14 bafatanwa ibiyobyabwenge bitandukanye bacuruzaga muri uwo murenge.
Abagore bo mu karere ka Rwamagana baremeza ko bafite ubushobozi busesuye bwo gukora bakiteza imbere mu nzego zose kandi ngo icyizere ni cyose ko bazabigeraho; ndetse bamwe bavuga ko aho bizaba ngombwa ko bahangana n’abagabo bazabarusha guseruka neza.
Umuyobozi wa polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba arahamagarira abatwara abagenzi ku mapikipiki kujya bubahiriza amabwiriza yose agenga uwo murimo, kuko aribwo bazawukora batekanye batikanga ibihano bya polisi, dore ko ngo polisi nayo itanezezwa no gutanga ibihano.
Gahongayire Agnes utuye mu karere ka Rwamagana yabwiye abayobozi b’ihuriro ry’abagore Pro-Femmes TWESE HAMWE ko anejejwe cyane n’inka bamuhaye, akaba ngo azayikorera umunsi mukuru kuko ahamya ko izageza impinduka nyinshi mu buzima bwe.
Habyarimana Elie usanzwe ari umunyamuryango w’Umurenge SACCO ya Munyiginya bita My SACCO mu Karere ka Rwamagana amaze gufungwa inshuro eshatu, ibyo bikaba buri gihe iyo agiye kuri My SACCO kubaza uwabikuje amafaranga miliyoni n’ibihumbi 200 kuri konti ye.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri abanza mu mujyi wa Rwamagana bafashe icyemezo cyo kwiga bashishikaye amasomo y’imibare n’ubugenge nyuma y’aho umuderevu w’indege ya kajugujugu ababwiriye ko mu gutwara indege bigamo n’amasomo anyuranye ashingira cyane cyane ku mibare n’ubugenge.
Mu karere ka Rwamagana bibutse ku nshuro ya mbere abantu bose batwawe n’amazi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo bamwe bicwaga bakajugunywa mu mazi, abandi bakayajugunywamo ari bazima ndetse ngo hari n’abagize ibyago bakayagwamo bagerageza guhunga abicanyi.
Kuba mu Rwanda harakozwe Jenoside igakorwa na bamwe mu Banyarwanda kandi abenshi bari abayoboke b’amadini yigishaga urukundo no kuyoboka Imana, ni ikimwaro ku muryango Nyarwanda wose n’ikimenyetso ko abanyamadini bananiwe kugera ku ntego y’ibyo bagombaga kumvisha abayoboke babo, nk’uko byemezwa na Depite Constance Rwaka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batakamba ngo uwo ariwe wese waba azi ahari umubiri w’umwe mu bazize Jenoside utarashyingurwa mu cyubahiro gukoresha umutima nama akhagaragaza kugira ngo ushyingurwe mu cyubahiro, abavandimwe be babashe kuruhuka no gutuza ku mutima.
Abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri rwa Nyagasambu bafatanyije n’abarezi babo baremera umukecuru wagizwe incike na Jenoside. Bamwubakiye igikoni, bakorera urutoki rwe, banamuhingira umurima bawuteramo ibishyimbo kandi ngo bazabibagara banabisarure.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Rwamagana bavuga ko mu gihe cyo kwibuka abo yahitanye abandi ikabagira incike ari n’umwanya wo kwibuka no gushimira Umuryango wa FPR-Inkotanyi wahagaritse Jenoside.
Abanyarwanda barasabwa guharanira kwigira kandi bagakora ibishoboka byose ngo bazabigereho vuba kuko ntacyo amahanga azabakorera, ngo ahubwo nibikomera amahanga azongera akuremo akarenge nk’uko yabyerekanye mu gihe cya Jenoside yo mu 1994.
Ngabonziza Athanase wo mu kagari ka Kitazigurwa mu murenge wa Muhazi ho muri Rwamagana yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 azira ko yakoze imibonano mpuzabitsina n’umwana utarageza imyaka 18 wari watumye mushiki wa Ngabonziza ngo azabwire musaza we ko amukunda.
Nyuma y’igihe gisaga ukwezi abatuye mu mujyi wa Rwamagana batabona amazi kubera ibikorwa byo kubaka imihanda igezweho muri uwo mujyi, kuva tariki 09/04/2013 bazongera kubona amazi kuko imiyoboro mishya izaba yatangiye gushyirwaho no gusakaza amazi.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof. Silas Lwakabamba, aremeza ko u Rwanda rufite ubushobozi bwose bwo kurwanya no gukumira uwo ariwe wese washaka kugarura Jenoside cyangwa gusubiza u Rwanda inyuma mu buryo ubwo aribwo bwose.
Kuva mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka w’amashuri, abanyeshuri bose biga mu mashuri yisumbuye mu karere ka Rwamagana bazajya bahabwa ikizamini kimwe hagamijwe kureba ko amashuri yose akorera muri ako karere atanga inyigisho ziri ku gipimo cyemewe na Leta kandi ngo bizazamura ireme ry’uburezi.
Abaturage bo mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana batashye inyubako ya koperative yabo yo kuzigama no kugurizanya bise “My SACCO” ifite agaciro ka miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere Myiza (RGB), cyahagurukiye urugamba rwo kwimakaza imiyoborere myiza igamije gukorera abaturage. iki kigo kigiye guhwiturira abayobozi bose kujya bacyemura ibibazo by’abaturage hakiri kare, bitarindiriye Perezida wa Repubulika.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana bwamaze kumvikana n’abayobozi b’amakoperative y’abaturage yo kubitsa, kuzigama no kugurizanya bita Umurenge SACCO uko ayo makoperative ngo agiye gufasha aborozi kuva mu myotsi, bakajya batekesha kandi bagacana amatara akomoka ku ngufu za Biogas (biyogazi).
Banki y’Abaturage (PBR) ishami rya Rwamagana rimaze iminsi ibiri ryibwe amafaranga asaga miliyoni 39 zaba zaribwe n’abakozi babiri bakoreraga iyo banki.
Abakuriye abigisha abantu bakuze gusoma no kwandika mu murenge 14 igize akarere ka Rwamagana bahawe inyoroshya-ngendo z’amagare bazajya bifashisha mu gukurikirana ibikorwa byo kwigisha abakuze gusoma, kwandika no kubara.
Minisitiri w’Intebe w’u rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, aravuga ko imigambi ya Leta y’imiyoborere myiza atari amagambo meza y’abayobozi ishyize imbere, ahubwo ko hagamijwe ubukungu n’iterambere by’Abanyarwanda.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, , kuri uyu wa kabiri tariki 22/01/2013, arasura akarere ka Rwamagana aho ari bukore ibikorwa bitandukanye birimo gutangiza icyumweru cyahariwe imiyoborere no gutaha isoko rya kijyambere.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana aravuga ko umwaka wa 2012 wagenze neza ku batuye akarere ayobora, agahamya ko 2013 izaba nziza ku batuye Rwamagana bose niba abahinzi bahinduye imyumvire bagakoresha ifumbire kuko ubuhinzi aribwo shingiro y’ubukungu n’imibereho myiza muri Rwamagana.