Imiryango 28 yo mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Rubona yasenyewe aho yabaga n’imvura n’imiyaga byinshi byadutse kuva ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 19/09/2013 bikageza mu rukerera rwo kuwa Gatanu tariki 20/09/2013.
Umugore w’imyaka 30 wo mu mudugudu wa Gatuza, akagari ka Nyarukombe, umurenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana afungiye kuri station ya Police ya Nzige mu karere ka Rwamagana, aho akurikiranyweho icyaha cyo guca umugabo we igitsina.
Imiryango 15 yo mu karere ka Rwamagana yagabiwe inka 15 zo mu bwoko bita Frisian cyangwa Frisonnes mu muhango wabereye ahitwa Nzige muri Rwamagana uyu munsi kuwa 19/09/2013.
Ubwo bari bavuye mu matora y’Abadepite, abaturage bo mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Gahengeri muri Rwamagana basanze umuturanyi wabo Niyonzima Shadrack n’umwana we Nibeza bahimbaga Tuyisenge bamanitse ku gisenge cy’inzu bashizemo umwuka.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana aremeza ko Abanyarwanda bo muri ako karere bitabiriye kujya gutora ari benshi kandi bazindutse ku buryo n’imvura yaguye mu mirenge imwe n’imwe ntawe yabujije gutora kuko benshi bari bamaze gutora no kwisubirira mu mirimo yabo.
Bayisenge Claire wari utuye mu murenge wa Mwurire muri Rwamagana acumbikiwe na polisi y’u Rwanda kuri station ya polisi ya Kigabiro azira kuba yaraye abyaye umwana akamuta mu musarani aho yari acumbitse kwa nyinawabo mu kagari ka Cyimbazi muri Mwurire.
Umuyobozi w’umutwe wa politiki FPR-Inkotanyi mu ntara y’Iburasirazuba na bamwe mu bayoboke bawo muri Rwamagana ngo banezezwa no kuba FPR yarateje u Rwanda imbere, ndetse kuri bo ngo ubu Abanyarwanda benshi babayeho mu munezero bidegembya mu byiza bikomoka kuri gahunda za FPR Inkotanyi.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana yataye mui yombi umugabo w’imyaka 37 ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine bari baturanye mu murenge wa Munyaga aho muri Rwamagana.
Guverinoma y’igihugu cy’Ubuyapani ibinyujije mu kigo cyayo gistinzwe ubufatanye mpuzamahanga (JICA) yamurikiye guverinoma y’u Rwanda aho igeze ivugurura station y’amashanyarazi ya Musha mu karere ka Rwamagana, igikorwa cyizatwara akayabo ka miliyoni zisaga 30 z’amadolari ya Amerika.
Kuri uyu munsi wa Eid al-Fitr usoza igihe cy’igisibo bita Ramadhan, Abayisilamu bo mu karere ka Rwamagana bageneye bagenzi babo b’abakene n’abatishoboye bo muri ako karere ifunguro ry’umunsi mukuru rufite agaciro k’ibihumbi 890 mu mafaranga y’u Rwanda.
Abaforomo 108n’ababyaza 121 barangije bwa mbere mu cyiciro cya kaminuza mu ishuri ry’Abaforomo n’ababyaza rya Rwamagana bahawe impamyabumenyi tariki 06/08/2013, mu mihango yabereye ku cyicaro cy’iryo shuri mu mujyi wa Rwamagana.
Abayobozi b’akarere ka Rwamagana baravuga ko noneho bizeye kuzaserukana umwanya mwiza mu kwesa imihigo 48 bari bahigiye Perezida wa Repubulika, dore ko mu myaka yashize ako karere kakunze kuza mu myanya iri inyuma ya 20.
Aborozi 146 bazafasha bagenzi babo kwita no kuvura amatungo mu gikorwa gisa n’icy’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Rwamagana bashyikirijwe inyoroshyangendo n’ibikoresho bakeneye ngo bazabashe gufasha aborozi muri ako karere korora amatungo atarangwaho indwara.
Nyuma y’amezi atandatu ishuri rikuru rya INILAK rihagaritswe na minisiteri y’Uburezi ngo ntirizongere kwigishiriza i Rwamagana, tariki 21/07/2013 ryongeye gukingura imiryango rikazaba ryigishiriza mu nyubako z’amacumbi hategerejwe ko mu kwezi kwa Nzeli rizajya mu nyubako zayo zigezweho ziri kubakwa ahitwa Nyarusange.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye umukirisitu wo mu idini Zion Temple ushinjwa kuba yashatse gutwika umukuru w’iryo dini Paul Gitwaza ku mugoroba wa tariki 17/07/2013 mu rusengero rwabo ruri mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye abagabo 31 biganjemo abakiri bato bakekwaho guhungabanya umutekano mu isoko rikuru rya Rwamagana, aho bahoraga biba abaturage, abandi bakabambura ibyabo ku ngufu.
Ku bufatanye n’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’ubusabane bigamije amahoro (IRDP), abanyeshuri 60 bo mu ishuri ryisumbuye Lycée Islamique de Rwamagana bagaragarije bagenzi babo n’abarimu ko bamaze kunonosora uburyo bwo kujya impaka zubaka kandi mu bworoherane, abantu bakagera ku bwumvikane n’iyo batumva ibintu kimwe.
Kankundiye Alphonsine utuye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kitazigurwa mu karere ka Rwamagana arashimira Leta y’u Rwanda yatekereje gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu.
Umugabo witwa Munyemana Felicien wari utuye mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana ari mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK aho yagejejwe amaze kwitema ijosi ngo yiyahure nyuma y’uko yari amaze gutema umugore we n’umwana babyaranye bagapfa.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana arahamagarira abatuye ako karere n’Abanyarwanda bose muri rusange kwishimira ibyiza bagejejweho na Leta yabohoye u Rwanda ingoma y’abicanyi, ariko agasaba abakiboshywe n’imyumvire mibi kubohoka bakayoboka inzira y’iterambere.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye abasore batatu bemera ko bibye umucuruzi witwa Uwurukundo Ignace igihe bari bamusabye ko ava mu iduka rye akajya kubayobora aho bavugaga ko bashaka gukodesha inzu.
Abahinzi b’imbuto zinyuranye mu turere twa Nyanza na Karongi batunguwe n’uko ngo burya hariho uburyo bwabafasha gusarura umusaruro wikubye inshuro nyinshi baramutse bahinduye imikorere gakondo benshi bakoresha mu buhinzi bwabo.
Biteganyijwe ko mu myaka itanu iri imbere, abakene bo mu karere ka Rwamagana bazaba bagabanutse ku gipimo cya 20%, ndetse ngo umuturage akazaba yinjiza amadorari ya Amerika 1240 nk’uko bigaragara ku mbonerahamwe y’ibikorwa biteganyijwe muri iyo myaka.
Mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri, abashoramari bibumbiye mucyo bise Banana Paper Industry Ltd baraba batangiye kubaka uruganda ruzajya rukora impapuro mu mivovo n’imitumba y’insina zeraho ibitoki, rukazubakwa ahitwa Munyiginya mu karere ka Rwamagana.
Umuryango Plan International Rwanda watangije porogaramu ya mudasobwa (data base) izagaragaza amakuru ku makoperative akorera mu turere twa Rwamagana, Kayonza na Gatsibo.
Uwitonze Charlotte wo mu murenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana aratabariza imfubyi za Jenoside zirera zo muri uwo murenge no mu gihugu muri rusange, kuko benshi bafite ibibazo ariko bakaba badakunze kubona ababageraho.
Bamwe mu batuye mu karere ka Rwamagana barashima Polisi y’u Rwanda ko yabafashije cyane ibasobanurira ububi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka mbi bari kuzabikuramo, nabo bakaba bahisemo kubireka no kugaragaza ibyo bari bafite kandi ngo bagiye kwigisha n’abandi bose kubireka.
Urubyiruko ruri mu itorero ry’igihugu mu bikorwa byo ku rugerero ngo rufite amahirwe akomeye kuko ruri gutangira kwitegura kuzaba abayobozi b’igihugu mu minsi iri imbere; nk’uko byemezwa na Bakusi Alphonse ushinzwe gutoza n’ubukangurambaga mu Itorero ry’igihugu.
Kuwa 03/06/2013 ikigo MTN gicuruza serivisi z’itumanaho cyatangije gahunda y’iminsi 21 cyise iyo kugira impuhwe no kugaragariza Abaturarwanda urukundo mu buryo bunyuranye burimo gufasha no gutabara.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana mu ijoro rishyira tariki 01/06/2013 yatahuye abacururizaga ibiyobyabwenge by’urumogi mu gisenge cy’inzu mu murenge wa Musha ahitwa Kadasumbwa.