Aborozi bagera kuri 40 baturutse mu mirenge ya Rwimiyaga na Matimba yo mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa Kane tariki 8/5/2014, basuye umworozi ntangarugero wo mu murenge wa Gishari mu karere ka Rwamagana biyemeza ko bagiye kwihatira kororera mu biraro kuko ari byo bitanga umusaruro.
Aborozi bororera mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa 9/05/2014 bakoze igikorwa cyo kwitanga, maze bakusanya inka zigera kuri 93 zo koroza abatishoboye batari batunze inka, bikaba biri mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya “Girinka” yatangijwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Abantu bane ni bo bamaze gupfa naho babiri barakomereka mu mpanuka ikomeye y’imodoka yo mu bwoko bwa SCANIA yavaga muri Tanzania yerekeza Kigali yagonganye na FUSO yavaga Kigali igana muri Rwamagana.
Abakozi b’akarere ka Rwamagana barasabwa gushyira hamwe bagakoresha imbaraga zabo kugira ngo banoze umurimo maze akarere kabo barusheho kugateza imbere.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko witwa Uwineza Hasina, wo mu mudugudu wa Kimbazi mu kagari ka Ntunga mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana, yishwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana, bamusanze mu nzu aho yari aryamye bakamuniga kugeza apfuye.
Abanyeshuri, abayobozi n’abakozi b’Ishuri Rikuru ry’Abaforomo n’Ababyaza rya Rwamagana, tariki 25/04/2014 bibutse ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi, batsindagira ko nyuma y’imyaka 20 iyi jenoside ihagaritswe, bakomeje kwibuka biyubaka.
Itorero “Evangelical Restauration Church” mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 23/04/2014 ryatanze inkunga y’ibikoresho bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 7 n’ibihumbi 500 ku banyeshuri batishoboye bo muri aka karere basanzwe bafashwa n’Umuryango Compassion International.
Nyampinga w’u Rwanda wa 2014, Miss Akiwacu Colombe arasaba urubyiruko n’abana b’Abanyarwanda kumenya gushishoza kandi bakarangwa n’amahitamo meza kugira ngo babashe kwiyubakira ahazaza heza.
Depite Mukayuhi Rwaka Constance arasaba abana bato gukurana umuco wo gukunda igihugu kandi bagaharanira kurwanya ikibi bimakaza icyiza kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Umukecuru witwa Mukankuranga Anastasia w’imyaka 80 y’amavuko, utuye mu kagari ka Nyarubuye mu murenge wa Munyiginya wo mu karere ka Rwamagana, asaba urubyiruko rw’u Rwanda kurwanya umutima w’ubunyamaswa ahubwo bakimakaza ubumuntu muri bo kugira ngo bazomore ibikomere u Rwanda rwakomeretse.
Abaturage barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu kagari ka Nkungu mu murenge wa Munyaga mu karere ka Rwamagana batangaza ko nyuma y’imyaka 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, babashije kwiyubaka babikesha kubaka “Ubunyarwanda” no guharanira gusenyera umugozi umwe n’abandi Banyarwanda bose.
Abanyarwanda bavuga ko bashimira Ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi ku bw’ubutwari n’ubwitange zagize zigahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu mwaka wa 1994, barasabwa ko uku gushima kwabo kwashingira ku mutima maze kukava mu magambo gusa ahubwo kukajyana n’ibikorwa byo gukunda Igihugu.
Inkunga igizwe n’imifariso 25 yo kuryamaho n’amabase 25, byakusanyijwe n’abagize Inama Njyanama y’akarere ka Rwamagana ku bufatanye na DEREVA Hotel yo muri aka karere, ku wa Gatanu, tariki ya 11/04/2014 byashyikirijwe imiryango 25 y’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umusore w’imyaka 20 wari ucumbitse mu mudugudu w’Isangano, akagari ka Binunga mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana, afungiye kuri Station ya Polisi ya Kigabiro muri aka karere akurikiranweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 2 n’igice wo mu rugo yari acumbitsemo.
Ishuri ry’Imyuga rya Rubona mu karere ka Rwamagana ryatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa mbere tariki 31/03/2014, ryitezweho kuzamura ubumenyingiro mu rubyiruko rw’aka karere ku buryo rizabafungurira inzira yo kwihangira imirimo aho gutegereza kujya gusabiriza akazi.
Umuyoboro w’amashanyarazi wa Musha muri Rwamagana utegerejweho kongera umuriro w’amashanyarazi agera ku baturage kandi ukagabanya gucikagurika kwa hato na hato watashywe kuwa 25/03/2014, ukaba wari umaze imyaka 3 uvugururwa ku nkunga ya leta y’Ubuyapani.
Nizeyimana Samuel wo mu mudugudu w’Akabuye mu kagari ka Cyimbazi mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana, arwariye mu bitaro bya Rwamagana nyuma y’uko, tariki 23/03/2014 yagerageje kwiyahuza umuti wica udukoko uzwi nka “Kiyoda” ariko agatabarwa n’abaturage atarashiramo umwuka.
Abana babiri bo mu murenge wa Nzige mu karere ka Rwamagana, barimo umwe w’imyaka 13 n’uruhinja rw’umwaka umwe n’amezi atandatu, ku wa Kane tariki 20/3/2014 bishwe n’abandi bana mu buryo butandukanye.
Nta rwego rwa leta cyangwa ikigo cya leta gikwiriye gutangaza isoko kidafite ingengo y’imari yo kuryishyura kuko biri mu biteza igihombo ba rwiyemezamirimo kandi ngo uzajya agira uruhare mu gutinda kwishyura rwiyemezamirimo azajya abiryozwa.
Intara y’Iburasirazuba bw’u Rwanda irishimira ubufatanye buranga ibihugu bihuriye ku kibaya cy’uruzi rwa Nil mu guharanira ko ibihugu byose biruhuriyeho byaronka ku byiza by’uru ruzi kandi imishinga ishamikiye kuri iki kibaya ikaba igira impinduka nziza mu buzima bw’abaturage kugeza ku baciriritse.
Abapolisi barasabwa kumenya ko bafite inshingano ziremereye kandi zikomeye zirenze gucunga umutekano w’Abanyarwanda n’ibyabo gusa, ahubwo bikarenga bikageza no kubaka iterambere ry’igihugu.
Abashinzwe ubuhinzi mu mirenge igize akarere ka Rwamagana barasaba ko hashyirwa imbaraga mu gutera ibiti by’imbuto ziribwa ngo kuko uretse umumaro rusange bigira nk’amashyamba, ngo ibi biti bitanga imbuto ziteza imbere imirire myiza, bityo zikaba zarwanya indwara zituruka ku mirire mibi ikunze kugaragara hamwe na hamwe.
Inzego zishinzwe ubuhinzi mu karere ka Rwamagana, zafashe umwanzuro wo guca burundu akajagari kagaragara mu bucuruzi bwa kawa ngo kuko bituma abacuruzi bagongana bikaba intandaro yo kwangirika kwa kawa ari na byo bikomeza guhombya inyungu zashoboraga kwinjizwa n’iki gihingwa ngengabukungu.
Abayobozi bo mu ishyaka PSD ku nzego z’ibanze zo mu karere ka Rwamagana baratangaza ko amahugurwa mu bya politiki atuma basobanukirwa byinshi bijyanye na politiki y’igihugu kandi bakabishishikariza abayoboke b’ishyaka ku rwego rwo hasi kugira ngo batange umusanzu uhagije mu kubaka igihugu.
Abaturage b’i Nyagasambu mu murenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana baravuga ko koperative yabo yo kubitsa no kugurizanya (SACCO Fumbwe) ishobora kugwa mu gihombo bitewe n’uko Perezida wa SACCO akingira ikibaba umucungamari wayo w’umukobwa.
Umugabo utamenyekanye umwirondoro we yiciwe mu murenge wa Karenge mu karere ka Rwamagana, mu ijoro rishyira kuri uyu wa 21/02/2014, akaba yishwe n’abaturage yarimo yibira imyumbati ahagana ku isaha ya saa saba z’ijoro.
Umugabo witwa Evariste utuye mu murenge wa Kigabiro muri Rwamagana ari mu maboko ya Polisi azira ko amaze igihe akorana imibonano mpuzabitsina n’umwana we, bikaba byaratangiye awigisha uko bakoresha agakingirizo kandi bakabishyira mu bikorwa.
Abacuruzi b’inyama mu isoko rikuru rya Rwamagana bamenyeshejwe n’umuyobozi w’umurenge wa Kigabiro ko bahagaritswe kongera gucururiza inyama muri iryo soko kandi baravuga ko batamenyeshejwe igihe bazasubukurira imirimo yabo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, arasaba urubyiruko ruri ku rugerero kuba imbarutso y’iterambere mu midugudu iwabo, bakahageza impinduka mu myumvire n’imikorere abandi Banyarwanda bazazamukiraho bagatera imbere.