Imiyoborere myiza ni igeza ku bukungu, si amagambo gusa - Minisitiri w’Intebe
Minisitiri w’Intebe w’u rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, aravuga ko imigambi ya Leta y’imiyoborere myiza atari amagambo meza y’abayobozi ishyize imbere, ahubwo ko hagamijwe ubukungu n’iterambere by’Abanyarwanda.
Ibi minisitiri w’Intebe yabivugiye mu Karere ka Rwamagana, tariki 22/01/2013, aho yatangije icyumweru cyahariwe imiyoborere myiza, cyizihijwe ku nshuro ya kabiri mu Rwanda.
Minisitiri w’Intebe yagize ati « Imiyoborere myiza u Rwanda rugamije ni ifasha abaturage barwo kwiteza imbere, abayobozi mu nzego zose bakazirikana ko babeshejwe mu buyobozi no gufasha abaturage kugera mu byiza, cyane cyane imishinga n’ibikorwa bibabyarira inyungu».
Mu mihango yo gutangiza icyi cyumweru cyahariwe imiyoborere myiza, Minisitiri w’Intebe yatashye ku mugaragaro isoko rya kijyambere riri ahitwa Ntunga mu Murenge wa Mwurire, aho yavuze ko imiyoborere myiza ari ifasha abaturage kubona aho bahahira heza kandi hafi.
By’umwihariko kandi ngo imiyoborere myiza ifasha abacuruzi kubona uko bacuruza neza kandi bakunguka, abahinzi bakabona uko bagurisha umusaruro wabo hafi kandi utangiritse.

Iri soko Minisitiri w’Intebe yatashye, ryubatswe ku bufatanye bw’Akarere ka Rwamagana na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu n’umuganda w’abaturage rifite agaciro ka miliyoni zisaga gato 333.
Ni isoko ricururizwamo ibiribwa byinshi bikomoka ku musaruro w’ibiboneka muri Rwamagana, imyambaro, ibikoresho binyuranye byo mu rugo n’iby’ubwubatsi.
Minisitiri w’Intebe yavuze ko ngo aho yabajije ibiciro yasanze ibicuruzwa muri iryo soko bihendutse kurusha mu mujyi wa kigali, Abanyakigali ngo bakaba bashobora kurihahiramo kuko ari hafi ya Kigali.
Abaturage ba Rwamagana bari baremye iryo soko bavuze ko ryabafashije cyane kuva ryakubakwa, naho abacuruzi bo bishimira ko batazongera kubura uko babika ibicuruzwa byabo kuko ubusanzwe imvura n’izuba byari byarabajujubije.
Gasana Didace ucuruza imbuto avuga ko mbere yajyaga avunwa cyane no kutagira aho abika ibyo atacuruje, kubitwara no kubigarura mu isoko bikamuvuna cyane, ndetse bimwe bikangirikira mu nzira iyo imvura yabaga yaguye.

Mariam Kazayire we ati « Ntacyo nabona nshima Leta yacu kuko gucururiza aha hatarubakwa byari imvune ikomeye, mu mvura twarwanaga no gushaka aho twikinga ariko abajura batunyura mu rihumye muri uwo muvundo.
Mu gihe cy’izuba nabwo tukabura aho twugama, ibicuruzwa bikangirika cyane, ndetse n’abaguzi bakagabanuka cyane. Ubu noneho navuga ko Leta idushyize igorora rwose.»
Aha muri Rwamagana kandi minisitiri w’intebe yakoze umuganda mu bikorwa byo kubaka amacumbi y’abarimu mu Murenge wa Kigabiro, aho yavuye ajya gutangiza ku mugaragaro ibikorwa by’urubyiruko 1500 rwagiye ku rugerero mu Karere ka Rwamagana.
Ahishakiye Jean d’Amour
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|