Umuryango “Vision For a Nation” ukorana na Minisiteri y’Ubuzima mu kwegereza abaturage ubuvuzi bw’amaso, urasaba abaturage b’akarere ka Rwamagana ndetse n’ab’ahandi mu gihugu ko bakwiriye gukangukira kwisuzumisha no kwivuza amaso kuko ubuvuzi bwayo bwatangiye kubegerezwa kugeza ku bigo nderabuzima.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 20 abarimu n’abanyeshuri bo mu murenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana bishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi, wabaye tariki 29/06/2014, abarimu basabwe gushingira ku buyobozi butavangura Abanyarwanda, maze bagaha abana uburezi bwiza burangwa n’ubumwe kuko ari bo mizero y’u Rwanda rw’ahazaza.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania batangaza ko kuba mu Rwanda rwababyaye bibereka ko u Rwanda ari rwiza koko ngo kuko Abanyarwanda bakomeje kubereka urukundo rwa kivandimwe no kubafasha gutura neza.
Polisi y’Igihugu mu karere ka Rwamagana yangije ibiyobyabwenge birimo litiro 144.5 za kanyanga, ibiro 33 by’urumogi ndetse hatwikwa ku mugaragaro toni 13 z’ibiti by’imishikiri (Kabaruka) byafatanywe ababikoreshaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Urubyiruko rurasabwa gushingira ku mahirwe yo kugira igihugu cyiza maze bakayakoresha biteza imbere, mu rwego rw’ibiganiro bitegura isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umugabo wo mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana, wakekwagaho ubushimusi (ubujura) bw’inka, yatawe muri yombi na Polisi ku wa Kabiri, tariki ya 24/06/2014, nyuma y’amakuru yari yatanzwe n’abaturage bamufatanye inka yibye akayica amahembe kugira ngo ayiyoberanye.
Ngendahimana Samuel w’imyaka 23 wo mu mudugudu wa Kigabiro mu kagari ka Mwurire mu murenge wa Mwurire ho mu karere ka Rwamagana, yapfuyeku mugoroba wa tariki 24/06/2014, nyuma y’uko yari amaze gutemwa mu mutwe na mubyara we, bapfuye ko ngo uyu nyakwigendera yari yamukubitiye imbwa.
Abaturage b’akarere ka Rwamagana, ku Cyumweru, tariki 22/06/2014, bibutse ku nshuro ya 20 jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bashyingura mu cyubahiro imibiri 38 mu rwibutso rwa jenoside rwa Sovu ruri mu kagari ka Sovu mu murenge wa Kigabiro.
Komiseri mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS), Paul Rwarakabije, arasaba abayobozi b’amagereza n’abandi bakozi b’uru rwego kurushaho kubaka ubunyangamugayo mu bikorwa byabo kugira ngo babe urugero ku bandi bakozi.
Ibitaro bya Rwamagana, kuri uyu wa Kane, tariki 19/06/2014, byibutse ku nshuro ya 20 abari abaganga, abaforomo n’abandi bakozi babikoreraga bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 maze bafasha n’abakecuru babiri barokotse Jenoside batishoboye kubona ibikoresho byo mu nzu.
Abayobozi mu nzego z’ibanze, abikorera ndetse n’abaturage bashaka kubaka barasabwa gufata iya mbere mu kurwanya akajagari mu miturire, by’umwihariko mu mijyi hakubakwa amazu agerekeranye naho mu byaro bagatura ku midugudu kugira ngo haboneke ubutaka bwo gukoreraho ibikorwa bitandukanye by’iterambere.
Polisi y’Igihugu mu karere ka Rwamagana ifatanyije n’ubuyobozi bw’aka karere bakomeje ibikorwa byo guhashya abantu biyise “Imparata” bagakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko, bitewe n’uko buhombya igihugu kandi bugateza umutekano muke kuko hari benshi baburiramo ubuzima.
Mu gihe kuri uyu wa Mbere, tariki 16/06/2014, ibihugu bya Afurika byizihiza Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, abana biga mu Ishuri “Agahozo Shalom” ho mu karere ka Rwamagana, baratangaza ko kwizihiza uyu munsi bituma biyumvamo agaciro gakomeye nk’abana b’Abanyarwanda kandi bikabibutsa inshingano bafite zo guharanira (…)
Abayobozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba ndetse n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda, bahuriye mu karere ka Rwamagana mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyateguwe na Radio Izuba, hagamijwe kureba imbogamizi zikibangamira ubufatanye bw’izi mpande zombi zigatuma bishishanya.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burahumuriza urubyiruko rwiga imyuga ko byoroshye kubona akazi kuri bo no kukihangira kandi ko bafite n’amahirwe yo kwishyira hamwe mu makoperative, bakabasha kuronka ku mafaranga yagenewe guteza imbere imishinga y’urubyiruko.
Urubyiruko rurakangurirwa kwiga amasomo y’imyuga ngo kuko ni ryo pfundo iterambere ry’igihugu ryubakiyeho, kandi bikaba amahirwe y’umwihariko ku wize imyuga kuko adashobora kubura akazi.
Umuryango RWAMREC uharanira ko abagabo bagira uruhare mu kwimakaza uburinganire bwabo n’abagore, uratangaza ko ibiganiro ku mibanire y’aba bombi bigenda bitanga impinduka mu mibereho yabo ituma babana neza kandi umugabo akarushaho kugira uruhare mu kwita ku muryango we.
Abanyeshuri 235 barangije amasomo y’ubumenyingiro mu Ishuri ry’Imyuga rya Rubona (Rubona Vocational Training Cennter) mu karere ka Rwamagana, tariki 30/05/2014 bahawe impamyabushobozi nyuma y’igihe kigera ku mwaka bamaze biga aya masomo y’ubumenyingiro.
Ihuriro ry’Imiryango ya Sosiyete Sivile muri Afurika y’Iburasirazuba (EACSOF) rirasaba abanyamadini n’ibindi byiciro by’abaturage bahagarariye abandi kubwira abaturage bahagarariye ibyiza biboneka mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ugizwe n’ibihugu bitanu birimo n’u Rwanda.
Nizeyimana Fabrice wari ukurikiranweho icyaha cyo kwica umwana w’imyaka 15 witwa Uwineza Hasina, mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana, yakatiwe igifungo cya burundu y’umwihariko nyuma y’uko ahamijwe icyaha cy’ubwicanyi bwongeyeho ubushinyaguzi, ngo kuko yishe uwo mwana yabanje kumusambanya.
Abanyamuryuango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Rwamagana barasabwa kuba intangarugero mu bikorwa bifatika bakora kugira ngo abandi babarebereho kandi bagafasha abandi baturage kuzamuka ngo kuko ibikorwa bya FPR si amagambo gusa ahubwo ni ibikorwa bifatika.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Makombe Jean Marie Vianney arasaba abikorera kurushaho kubaka ibikorwa by’iterambere kandi bagatanga imisoro uko bikwiriye kuko ari bo iterambere ry’igihugu rishingiyeho.
Urubyiruko ruri muri FPR rwo mu karere ka Rwamagana n’urw’ahandi mu gihugu rurasabwa kuba umusemburo w’iterambere kandi rukarangwa no kutihanganira ubukene ahubwo rugafata umwanzuro wo gukora no kwizera ko ibisubizo biri mu maboko yabo.
Abaforomo n’ababyaza bo mu karere ka Rwamagana baratangaza ko nubwo bagihura n’ibibazo bitandukanye mu kazi kabo ka buri munsi birimo kuba bakiri bake bigatera gukora amasaha menshi ndetse n’umushahara udahagije ugereranyije n’imiterere y’isoko, ngo bazakomeza guharanira kwitanga mu kazi kabo kugira ngo ubuzima bw’abarwayi (…)
Urubyiruko rw’abanyeshuri rwiga mu Ishuri Agahozo Shalom riri mu mudugudu “Agahozo Shalom Youth Village” mu murenge wa Rubona mu karere ka Rwamagana ruratangaza ko rwabashije kugira amahirwe yo kubona ubuyobozi bwiza bubaha icyerekezo, bityo ngo rukaba rugomba kuyubakiraho kugira ngo rwiteze imbere runubaka igihugu.
Ishuri Rikuru rya INILAK/Ishami rya Rwamagana, kuri uyu wa Kane, tariki 15/05/2014 ryibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, maze ubuyobozi n’abanyeshuri baryigamo bahamya ko bafite inshingano zikomeye zo kwigisha abantu uko Jenoside yabaye kugira ngo bafate ingamba z’uko itazongera kubaho ukundi.
Nizeyimana Fabrice ukurikiranweho icyaha cyo kwica umwana witwa Uwineza Hasina w’imyaka 15, mu ijoro rya tariki y 30/04/2014, kuri uyu wa Kane, tariki ya 15/05/2014 yaburanishirijwe mu ruhame aho yakoreye icyaha mu mudugudu wa Cyimbazi, akagari ka Ntunga, mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rwamagana yateranye tariki 14/05/2014, yasabye abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari tugize aka karere kuba maso bagafatanya n’abaturage mu kubungabunga umutekano kugira ngo hatagira umubisha ubaca mu rihumye akawuhungabanya.
Mu gihe mu mujyi w’akarere ka Rwamagana hakomeje kugaragara abantu basabiriza ku muhanda, ubuyobozi bw’aka karere buratangaza ko butazabareka ngo bagume muri iyi ngeso isebya abayikora igasebya n’akarere, ahubwo ko hagomba gukorwa ibishoboka kugira ngo uku gusabiriza guhagarare.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana butangaza ko mu gihe habura ukwezi n’igice kugira ngo umwaka wa 2013-2014 urangire, abaturage bagera kuri 81.5% ari bo gusa babashije gutanga ubwisungane mu kwivuza, ari na bwo bubahesha uburenganzira bwo kubona serivise z’ubuvuzi mu mavuriro ya Leta.