Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko muri iyi minsi y’isozwa ry’umwaka, nta kibazo cy’umutekano mucye bafite, nk’uko mu minsi ishize byari byifashe.
Nyuma y’uko akarere ka Muhanga kamaze igihe gito gashyize amatara ku mihanda mu rwego rwo kongera umutekano mu mujyi wako, kuri ubu aya matara yanze kwaka kuko EWASA yabuze umuriro uhagije.
Bamwe mu batuye umujyi w’akarere ka Muhanga baratangaza ko barambiwe no kuba mu mujyi utagira amazi kuko ngo ahora abura bikangana nk’aho batayagira.
Abaturage bo mu karere ka Muhanga bavuganye na Kigali Today barifuza ko inama y’umushyikirano izatangira tariki 13/12/2012 yaziga ku kibazo cy’amabanki atemera ingwate z’ubutaka n’amashyamba.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, arasaba abatuye iyi ntara kwihesha agaciro bahereye mu miryango yabo kuko ari yo shingiro y’umuryago nyarwanda wose.
Umuyobozi mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), Saleh Habimana, aratangaza ko abashinga amatorero bagamije gukuza inda gusa aho kuvuga ijambo ry’Imana, bahagurikiwe n’iki kigo kibashinzwe.
Bamwe mu bikorera mu karere ka Muhanga baratangaza ko batibona mu isosiyete y’ubucuruzi yashinzwe muri aka karere, kuko isaba amafaranga menshi kugira ngo umuntu abe umunyamuryango wayo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abayobozi b’amadini atandukanye akorera muri ako karere kwigisha abayoboke babo ijambo ry’Imana ariko bakanabigisha icyabakura mu bukene kuko aka karere kakigaragara mu turere dukennye.
Hafashwe icyemezo ko hajyaho abazamu barinda ikiyaga cya Ayideri kiri mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga nyuma y’uko hagaragaye ubujura bw’impombo zivanamo amazi ziyajyana mu gace k’Amayaga.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga baratangaza ko batinya kugana imirenge SACCO kuko bumva ko ishobora guhomba nk’uko za microfinance zahombye mu myaka ishize.
Abakoresha umuhanda mukuru wo mu mujyi wo mu karere ka Muhanga uzwi ku izina rya Kigali-Butare barinubira ko ari muto kandi ugendwa n’abantu benshi kuko uhuza imijyi minini.
Kanyenzira Hirdebrande, umwana w’imyaka 11 wo mujyi wa Muhanga mu murenge wa Nyamabuye, avuga ko atibukira igihe yatangiriye kurwara amavunja.
Muri hotel Brothers’INN iherereye mu mujyi wa Muhanga ahitwa i Gahogo hasohokamo amazi y’umukara kandi anuka akagera mu muferege wo ku muhanda wa kaburimbo ku buryo ubangamira abahanyura cyne cyane abanyamaguru.
Mu marushanwa yakozwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, ikipe ya Les Onze du Dimanche niyo yatwaye igikombe mu makipe y’abakuze mu karere ka Muhanga.
Mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ivutse, tariki 25/11/2012, ubuyobozi bw’uwo muryango mu karere ka Muhanga bwasabye abatuye aka karere kwishimira ko mu Rwanda ikimenyane kiri kugenda gikedera.
Abatuye umurenge wa Kiyumba biyubakiye inzu y’izajya ikoreramo umurenge Sacco yawo, iyi yarubatswe ku mafaranga yari avuye ahanini mu banyamuryango bayo, aho buri munyamuryango yatangaga amafaranga ibihumbi bine kugira ngo yubakwe.
Bamwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Nyarucyamo ya Kabiri mu murenge wa Nyamabuye, akarere ka Muhanga, baravuga ko ishuri ry’Abadivantiste riri kubaka inyubako nshya muri uwo mudugudu ribabangamiye kuko ribateza isuri n’umwanda.
Mushimiyimana Alexandre na Tuyisenge Primitive batuye mu karere ka Muhanga batangaza ko kuba bamaze imyaka hafi 19 babana nk’umugabo n’umugore nta mwiryane ubaranga ari uko bahujwe n’isengesho bakoze buri wese ashaka undi.
Ubwo umuhanzi Senior Sgt Robert Kabera yataramiraga abatuye akarere ka Muhanga ku munsi wo gusoza icyumweru cyahariwe umuryango kuri uyu wa 08/11/2012, abatari bake barenzwe n’ibyishimo buzura imyuka ku bw’indirimo “Impanda”.
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Muhanga tariki 03/11/2012, Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yatangaje ko yatunguwe no kubona ahantu henshi yaciye hahinze insina zidafite icyo zeraho.
Umugabo w’imyaka 50 wo mu murenge wa Rugendabari ho mu karere ka Muhanga yahitanywe n’inyama tariki 04/11/2012.
Ubwo yatangizaga imirimo yo kubaka umudugudu mu murenge wa Rongi, Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yagaragaje ko abaturage bakwiye kumva ko ibyo Leta iri gukora ari ukubarinda ibiza bishobora guterwa n’imiterere y’aho batuye.
Ahitwa kuri Sprite rwagati mu mujyi wa Muhanga hamaze kumenyekana nk’iseta abashaka abafundi n’abahereza babo bajya kubashakiraho. Mu gitondo usanga bakubise buzuye ariko begera umuntu uje bakeka ko akeneye abakozi.
Umugabo witwa Nshimiyimana Alphonse ukomoka mu karere ka Nyagatare yakubitiwe mu karere ka Muhanga n’abantu bataramenyekana mu ijoro rishyira ku wa gatatu tariki 31/10/2012 ubu akaba ari mu bitaro bya Kabgayi.
Minisitiri w’intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba abashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubwitaho kuko bimaze kugaragara ko buri henshi kandi bukaba bwagirira abaturage n’igihugu akamaro.
Anastase w’imyaka 20 yatawe muri yombi kubera gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 14 y’amavuko wiga mu ishuri ry’abakobwa rya Ruli mu murenge wa Syogwe mu karere ka Muhanga.
Abakora uburaya bazwi ku izina ry’Idaya, bakorera mu ka karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, batangaza ko kuba bagikora uwo mwuga ari ikibazo cy’amikoro kandi ko bibagoye mu gihe batayabona.
Nubwo mu gihe cyashize hari amadini amwe namwe yari atsimbaraye atemera uburyo bwo kuringaniza imbyaro hakoreshejwe uburyo bita ubwa kizungu, ubu ahenshi mu bitaro no mu bigo nderabuzima by’amadini hatangirwa izo serivisi.
Abaturage bo mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Shyogwe mu kakarere ka Muhanga bari bamaze igihe barambuwe amazi bari baragenewe bamaze kwemererwa kuyagezwaho kuko abari bayabambuye bemeye kuyasaranganya.