Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abubatse amazu agira aho binjira hamwe ntagire aho basohokera (EXIT) ko bayakosora mu rwego rwo kwirinda impanuka.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abantu bari kuzamura amagorofa mu mujyi wa Muhanga bibagiwe guteganya parikingi kubikosora byihutirwa kuko ari ikibazo.
Abari abayobozi bose b’ikipe ya AS Muhanga bamaze guhagarikwa burundu ku mirimo yabo, nyuma y’aho ikipe igaragarije umusaruro mucye mu mikino ya shampiyona ibanza. Kuri ubu iyo kipe irimo kuyoborwa na Komite y’inzibacyuho.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyambabuye buratangaza ko igikorwa cyo gusezeranye imiryango yabanaga bitemewe n’amategeko kibafasha kugabanya amakimbirane yo mu miryango.
Mu muhango wo gufungura imurikagurisha ry’iminsi ine riri kubera mu mujyi wa Muhanga, tariki 15/01/2013, umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali yashimiye abikorera mu karere ka Muhanga nk’abafatanyabikorwa beza bako.
Bamwe mu bayobozi bo mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, baratangaza ko gahunda yo kugurana ubutaka mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda yo gutura ku midugudu hari benshi mu baturage ibangamiye.
Elie Nizeyimana, umunyamategeko wo mu muryango utegamiye kuri Leta “Haguruka”, ushinzwe kurengera abagore n’abana mu Rwanda, avuga ko amategeko yariho mu myaka ishize mu Rwanda yabuzaga umugore kuba yatunga konti muri banki.
Nyuma y’uko ikipe ya AS Muhanga igarukiye mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru ndetse stade ya Muhanga igakorwa neza, abakunzi ba ruhago bishimiye ko bagiye kongera kubona imikino myinshi hafi yabo ariko bahangayikishijwe nuko ikipe yabo itsindwa umusubizo.
Ibitaro bya Kabgayi ni byo bitaro bya mbere mu Rwanda bizwiho ubuvuzi bw’amaso bukomeye nyamara ibi bitaro sibyo bikuru mu gihugu kuko biri ku rwego rw’ibitaro by’uturere.
Mu gikorwa cyo kugenzura isuku n’imikorere y’ibikorwa biri mu karere ka Muhanga, abagize itsinda rikora igenzura bafunze buranjeri ikora imigati yitwa “Boulangerie Welcome” kubera umwanda mwinshi.
Bamwe mu bakozi bakorera ikompanyi Gitarama Cleaners Services ikora isuku mu bitaro bya Kabgayi barinubira gukoreshwa cyane batakemuriwe ibibazo by’umushahara muto n’ubwishingizi bw’abakozi.
Umukozi ushinzwe ibikorwa bya sosiye y’ishoramari y’i Muhanga SIM (Societe d’investissement de Muhanga), Ntihinyuka Jeremi, aratangaza ko iyi sosiyete itigeze isenyuka ahubwo ngo yagize ibibazo by’ubukungu kubera abo bantu banze gutanga imigabane yabo bari bemeye.
Akabyiniro kazwi ku izina rya Orion Club ko mu mujyi wa Muhanga kafashwe n’inkongi y’umuriro muri iri joro rya tariki 21/12/2012. Icyateye iyo nkongi y’umuriro ntikiramenyekana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko muri iyi minsi y’isozwa ry’umwaka, nta kibazo cy’umutekano mucye bafite, nk’uko mu minsi ishize byari byifashe.
Nyuma y’uko akarere ka Muhanga kamaze igihe gito gashyize amatara ku mihanda mu rwego rwo kongera umutekano mu mujyi wako, kuri ubu aya matara yanze kwaka kuko EWASA yabuze umuriro uhagije.
Bamwe mu batuye umujyi w’akarere ka Muhanga baratangaza ko barambiwe no kuba mu mujyi utagira amazi kuko ngo ahora abura bikangana nk’aho batayagira.
Abaturage bo mu karere ka Muhanga bavuganye na Kigali Today barifuza ko inama y’umushyikirano izatangira tariki 13/12/2012 yaziga ku kibazo cy’amabanki atemera ingwate z’ubutaka n’amashyamba.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, arasaba abatuye iyi ntara kwihesha agaciro bahereye mu miryango yabo kuko ari yo shingiro y’umuryago nyarwanda wose.
Umuyobozi mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), Saleh Habimana, aratangaza ko abashinga amatorero bagamije gukuza inda gusa aho kuvuga ijambo ry’Imana, bahagurikiwe n’iki kigo kibashinzwe.
Bamwe mu bikorera mu karere ka Muhanga baratangaza ko batibona mu isosiyete y’ubucuruzi yashinzwe muri aka karere, kuko isaba amafaranga menshi kugira ngo umuntu abe umunyamuryango wayo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abayobozi b’amadini atandukanye akorera muri ako karere kwigisha abayoboke babo ijambo ry’Imana ariko bakanabigisha icyabakura mu bukene kuko aka karere kakigaragara mu turere dukennye.
Hafashwe icyemezo ko hajyaho abazamu barinda ikiyaga cya Ayideri kiri mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga nyuma y’uko hagaragaye ubujura bw’impombo zivanamo amazi ziyajyana mu gace k’Amayaga.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga baratangaza ko batinya kugana imirenge SACCO kuko bumva ko ishobora guhomba nk’uko za microfinance zahombye mu myaka ishize.
Abakoresha umuhanda mukuru wo mu mujyi wo mu karere ka Muhanga uzwi ku izina rya Kigali-Butare barinubira ko ari muto kandi ugendwa n’abantu benshi kuko uhuza imijyi minini.
Kanyenzira Hirdebrande, umwana w’imyaka 11 wo mujyi wa Muhanga mu murenge wa Nyamabuye, avuga ko atibukira igihe yatangiriye kurwara amavunja.
Muri hotel Brothers’INN iherereye mu mujyi wa Muhanga ahitwa i Gahogo hasohokamo amazi y’umukara kandi anuka akagera mu muferege wo ku muhanda wa kaburimbo ku buryo ubangamira abahanyura cyne cyane abanyamaguru.
Mu marushanwa yakozwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, ikipe ya Les Onze du Dimanche niyo yatwaye igikombe mu makipe y’abakuze mu karere ka Muhanga.
Mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ivutse, tariki 25/11/2012, ubuyobozi bw’uwo muryango mu karere ka Muhanga bwasabye abatuye aka karere kwishimira ko mu Rwanda ikimenyane kiri kugenda gikedera.