Icyo gikombe yagitwaye nyuma yo gutsinda bigoranye ikipe yitwa Horizon y’ahitwa i Murambi mu murenge wa Shyogwe naho ho mu mujyi wa Muhanga.
Muri uwo mukino warimo ishyaka ryinshi ku makipe yombi, bagombye gutegereza umunota wa 80 kugira ngo haboneke igitego cyatsinzwe n’uwitwa Rutagengwa Isamel wo muri Les Onze du Dimanche.

Nyuma y’uwo mukino, Nsengiyumva Hodal Marcelin, wari kapiteni wa Les Onze du Dimanche muri uwo mukino yadutangarije ko nubwo batsinze bibagoye ngo intego yabo ari ugutwara ibikombe byose bicaracara muri ako gace mu rwego rw’abakuze.
Abakinnyi b’amakipe yitabiriye iryo rushanwa bashimira FPR yayateguye kuko bifasha abantu guhura no kwishimira ubuzima babayemo kandi FPR ibifitemo uruhare rukomeye, nk’uko byemezwa na Bagwaneza Marc aka Salus, akaba ari na kapiteni wa Horizon yabitangaje.

Nubwo nyuma y’umukino ikipe yatsinze yahise ishyikirizwa igikombe, ibihembo byateganyijwe bizatangwa tariki 01/12/2012 mu muhango nyirizina wo kwizihiza isabukuru ku rwego rw’akarere.
Ernest Kalinganire
National Football League
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
les onzes ziragahora zitsinda arikko mukosore unmuntu wiba bagenzi be ku kibuga
nubundi NTA MWANA USYA ARAVOMA ntago abana batsinda abasaza.les onzes courage