Nyuma y’uko abantu bane bafashwe bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuryango w’abantu 6 mu karere ka Ruhango, Baribwirumuhungu Steven ufungiye muri gereza ya Muhanga yabwiye urukiko ko ari we wabishe wenyine nta wundi bafatanyije.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu karere ka Muhanga ku cyumweru tariki ya 24/08/2014 hagati ya saa cyenda na saa kumi z’amanywa yangiza inzu z’abaturage mu murenge wa Nyabinoni ndetse n’imyaka yabo irangirika cyane cyane urutoki, ndetse yangiza n’inyubako z’ikigo cy’amashuri cya Shaki.
Abantu basaga 130 b’ingeri zinyuranye bakiriye yesu barihana barabatizwa mu muhango wo gusoza igiterane cy’ibyumweru bibiri cyakozwe n’Itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi mu Ntara y’Ivugabutumwa ya Gitarama mu duce tunyuranye tw’umujyi wa Muhanga.
Binyuze mu butumwa busanzwe butangirwa mu cyo bise Club Anti Crime ihuje imfungwa n’abagororwa bagera kuri 300 bafungiye muri iyi Gereza, abagororwa bamaganye ubwicanyi bwakorewe umuryango wa mugenzi wabo ufunganywe nabo witwa Ngayaberura, uherutse kwicwa mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango.
Bamwe mu bagore bakora ibikorwa bitandukanye birimo no gucuruza mu karere ka Muhanga barishimira ko babonye urwego Women Chamber rubafasha kwiyungura ubumenyi mu ishoramari kuko mbere batageraga ku rwego rushimishije kubera ubumenyi buke.
Nk’uko biteganyijwe muri gahunda nshya y’iyamamazabuhinzi, iki gihembwe cy’ihinga 2015 A gitangirana n’ukwezi kwa Nzeri uyu mwaka cyizakorwa hakurikijwe gahunda nshya ya MINAGRI yiswe « Twigire Muhinzi ».
Bamwe mu bikorera bo mu Karere ka Muhanga biganjemo abacuruzi usanga hakiri ibinengwa bigomba gukosorwa kuko bitabereye Umunyarwanda wamaze kumva ibyiza byo gutanga serivisi nziza.
Ku nshuro ya 13 ikigo cy’igihugu cyu’imisoro n’amahoro cyizihiza isabukuru y’abasora, hirya no hino mu Ntara hateguwe ibirori byo kuwizihiza.
Ubushakashatsi bwa Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) bugaragaza ko 30% by’umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi wangirikira mu mirima cyangwa aho ubikwa kimwe n’uburyo wongererwa agaciro.
Zimwe muri serivisi nshya iyi banki iha abakiriya harimo gukoresaha icyuma cya ATM kibikuza kikanabitsa amafaranga, Mobile banking, hanateganyijwe kongera ikoranabuhanga ryo kubasha kwishyura ibicuruzwa mu rwanda hakoreshejwe E-Commerce.
Umujyi wa Muhanga ukomeje gutera imbere mu birebana n’imikino, ndetse n’imyidagaduro, ahanini kubera ibikorwa remezo bikomeje kwiyongera nk’ibibuga, amazu akorerwamo kunanura imitsi n’ibindi ku buryo usanga haravutse amatsinda menshi y’abakuze akora imikino na siporo, ariko ugasanga ay’abana bato akiri makeya.
Gereza ya Muhanga muri uyu mwaka ushize yesheje umuhigo wo kwinjiza amafaranga y’u Rwanda angina na miliyoni 150 y’u Rwanda mu gihe bari basinye kwinjiza miliyoni 90.
Aba local defense 440 basezerewe mu karere ka Muhanga bavuga ko mu myaka icumi bamaze mu mirimo yo gucunga umutekano batabashije kwikorera, bakaba bifuza ko habaho uburyo bwo kubafasha gutangira ubuzima bw’indi mirimo.
Akarere ka Muhanga kagaragaramo ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro hafi y’imirenge 12 yose ikagize ariko ubu bucukuzi ntiburagera ku ntera ishimishije kuko ngo umusaruro mwinshi upfa ubusa kubera gucukura ku buryo bwa gakondo, kimwe no kuba hangizwa ibidukikije ahacukurwa aya mabuye yiganjemo corta na gasegereti.
Iyo uganiriye na bamwe mu bagore bo mu karere ka Muhanga bagannye gahunda yo kuboneza urubyaro ku buryo bwa kizungu, usanga bishimira ko byagabanyije imihangayiko yo kurera abo badashoboye kurera bituma babona n’umwanya wo guteza imbere ingo zabo.
Nyuma y’uko bigaragaye ko ibyangombwa bisaga 31.000 biri mu karere kandi ba nyirabyo ntibaze kubifata, ubu akarere karahamagarira abaturage kuza kubitwara kuko ngo udafite icyangombwa nta butaka aba afite.
Ubwo icapiro rya Kabgayi ryashinzwe mu mwaka 1932 ryizihizaga imyaka 80 rimaze rishinzwe, hagaragajwe aho ryavuye naho rigeze mu mikorere rigaragaza ko rishishikariye gukoresha ikoranabuhanga.
Umuryango mpuzamahanga w’abakristu barwanya ihohoterwa rikorerwa abana, International Justice Mission (IJM) wafashe ingamba zo gufatanya n’uturere dutandukanye harimo n’akarere ka Muhanga mu guhangana n’ihohioterwa ryo gusambanya abana.
Biteganyijwe ko imirimo ya mbere yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo ya mbere rwubatse ku mugezi wa Nyabarongo mu murenge wa Mushishiro, hagati y’akarere ka Muhangana mu ntara y’Amajyepfo na Ngororero mu Burengerazuba ishobora kurangirana n’uku kwezi kwa Karindwi.
Abarangije mu ishuri Saint Peter ryahoze ryita EAV Shyogwe, ngo ubu bamaze kuba ubukombe kandi uburere baherewe kuri iki kigo bwatumye baba abagabo n’abagore bintangarugero uyu munsi.
Abatuye akarere ka Muhanga barishimira byinshi bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye, bamwe bakaba bahamya ko imiyoborere myiza yatumye bava mu bukene bakiteza imbere.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarucyamo ya gatatu mu kagali ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga binubira urusako rw’imashini ziswa ibigori rubabuza gusinzira ibi bikaba bimaze igihe kinini.
Abantu barindwi bakekwaho gutera mu ngo bakiba bakica n’abantu mu karere ka Muhanga batawe muri yombi kuri uyu wa 02/07/2014 bakaba beretswe abanyamakuru kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhanga.
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga ahagana mu nkengero zawo usanga bacyubakisha amatafari ya rukarakara, bagakoresha n’ibindi bikoresho bitajyanye n’inyubako zigezweho, bigatuma ubuyobozi bufata imyanzuro yo gusenya amwe muri aya mazu.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Muhanga rwitabiriye igitaramo cy’abahanzi bahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) cyabereye mu karere ka muhanga tariki 28/06/2014, ruvuga ko ibi bitaramo biruha ingufu mu kubyaza umusaruro impano zihishe mu byaro bya kure.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabgayi hamwe na Diyosezi Gaturika ya Kabgayi bibutse abantu 30 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi baguye kuri ibyo bitaro aho bamwe bishwe abandi bakagambanirwa n’abaganga bari bashinzwe kwita ku buzima bwabo.
Mu gitondo cyo ku wa 22 Kamena 2014, ku cyicaro cy’akarere ka Muhanga, niho hatangirijwe igikorwa cyo gukora Sport kuri bose mu itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi muri Asosiyasiyo y’u Rwanda rwo hagati.
Akarere ka Muhanga n’abafatanyabikorwa bako mu mibereho myiza baravuga ko bagiye kurushaho kurandura ikibazo cy’imirire mibi igaragara ku bana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burifuza ko inyubako nyinshi zitatanye mu mujyi w’ako karere zagabanuka kuko imihanda ihuza ibice by’umujyi ihenda kuyishyiramo kaburimbo. Ibi ariko ngo ntibikuyeho gutuza abaturage no kuvugurura uyu mujyi.
Gereza ya Muhanga iherereye mu karere ka Muhanga mu ntara y’amajyepfo yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ma saa sita z’amanywa ku wa gatatu tariki 04/06/2014, igice cyayo kibamo abagororwa kirakongoka.