Minisitiri w’Intebe arasaba ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwashyirwamo ingufu
Minisitiri w’intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba abashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubwitaho kuko bimaze kugaragara ko buri henshi kandi bukaba bwagirira abaturage n’igihugu akamaro.
Ibi yabitangaje kuri uyu wa 01/11/2012 ubwo yasuraga isosiyeti yitwa PYRAMIDES icukura koruta mu karere ka Muhanga mu murenge wa Kabacuzi.
Ba nyiri iyi sosiyete beretse Minisitiri w’Intebe ko u Rwanda rufute umutungo uhambaye w’amabuye y’agaciro ariko rukaba rutarabivumbura ahenshi.
Kugira ngo iyo sosiyete ize gucukura aya mabuye yari yabonye abantu bacuruza koruta ku isoko ritemewe mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera ubwiza bwayo ngo byabaye ngombwa ko bakurikirana kugira ngo barebe aho yaturutse; nk’uko byasobanuwe n’umuyobozi wa sosiyeti PYRAMIDES, Muhamoud Salem.
Nyuma yo gupima bagasanga muri uyu murenge wa Kabacuzi higanje amabuye y’agaciro ya koruta, mu mwaka w’2003 sosiyete PYRAMIDES kuyacukura.

Minisitiri w’Intebe yasabye ubuyobozi bufite ubucukuzi na mine mu nshingano zabo kwita by’umwihariko ku bucukuzi maze bukagenda neza cyane ko aba bashoramari berekanye ko ubu bucukuzi bwitaweho u Rwanda rwaza mu bihugu bicukura cyane amabuye ya koruta kandi y’ubwoko bwiza.
Ku munsi sosiyete PYRAMIDES icukura ibiro bigera kuri 300 bya koruta iyunguruye. Ubu icukura kuri hegitari 20 z’ubuso ariko aho bagomba gucukura ni kuri hegitari 450.
Minisitiri Habumuremyi avuga ko ubu u Rwanda rugiye gushyira ingufu mu kumenyekanisha umutungo rufite kugirango abashoramari bashora imari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro biyongere mu gihugu kuko byagaragajwe ko ibihugu byinshi bitazi uyu mutungo u Rwanda rufite.
Gerard GITOLI Mbabazi
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
...Erega ntabwo Imana yashyize amabuye muri Congo,Burundi,Uganda,Tanzaniya...maze ngo nigera kumbibi z’u Rwanda ihagarare!!! ahubwo abanyarwanda ni bashyiremo ingufu, bashoremo imari ,twe kubiharira abanyamahanga, dutinyuke kuko amabuye y’agaciro arahari kabisa kandi meza. Ababitangiye (gushoramo imari) ni mukomereze AHO.
MURAKOZE.