Umuryango mpuzamahanga w’abakristu barwanya ihohoterwa rikorerwa abana, International Justice Mission (IJM) wafashe ingamba zo gufatanya n’uturere dutandukanye harimo n’akarere ka Muhanga mu guhangana n’ihohioterwa ryo gusambanya abana.
Biteganyijwe ko imirimo ya mbere yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo ya mbere rwubatse ku mugezi wa Nyabarongo mu murenge wa Mushishiro, hagati y’akarere ka Muhangana mu ntara y’Amajyepfo na Ngororero mu Burengerazuba ishobora kurangirana n’uku kwezi kwa Karindwi.
Abarangije mu ishuri Saint Peter ryahoze ryita EAV Shyogwe, ngo ubu bamaze kuba ubukombe kandi uburere baherewe kuri iki kigo bwatumye baba abagabo n’abagore bintangarugero uyu munsi.
Abatuye akarere ka Muhanga barishimira byinshi bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye, bamwe bakaba bahamya ko imiyoborere myiza yatumye bava mu bukene bakiteza imbere.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarucyamo ya gatatu mu kagali ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga binubira urusako rw’imashini ziswa ibigori rubabuza gusinzira ibi bikaba bimaze igihe kinini.
Abantu barindwi bakekwaho gutera mu ngo bakiba bakica n’abantu mu karere ka Muhanga batawe muri yombi kuri uyu wa 02/07/2014 bakaba beretswe abanyamakuru kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhanga.
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga ahagana mu nkengero zawo usanga bacyubakisha amatafari ya rukarakara, bagakoresha n’ibindi bikoresho bitajyanye n’inyubako zigezweho, bigatuma ubuyobozi bufata imyanzuro yo gusenya amwe muri aya mazu.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Muhanga rwitabiriye igitaramo cy’abahanzi bahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) cyabereye mu karere ka muhanga tariki 28/06/2014, ruvuga ko ibi bitaramo biruha ingufu mu kubyaza umusaruro impano zihishe mu byaro bya kure.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabgayi hamwe na Diyosezi Gaturika ya Kabgayi bibutse abantu 30 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi baguye kuri ibyo bitaro aho bamwe bishwe abandi bakagambanirwa n’abaganga bari bashinzwe kwita ku buzima bwabo.
Mu gitondo cyo ku wa 22 Kamena 2014, ku cyicaro cy’akarere ka Muhanga, niho hatangirijwe igikorwa cyo gukora Sport kuri bose mu itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi muri Asosiyasiyo y’u Rwanda rwo hagati.
Akarere ka Muhanga n’abafatanyabikorwa bako mu mibereho myiza baravuga ko bagiye kurushaho kurandura ikibazo cy’imirire mibi igaragara ku bana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burifuza ko inyubako nyinshi zitatanye mu mujyi w’ako karere zagabanuka kuko imihanda ihuza ibice by’umujyi ihenda kuyishyiramo kaburimbo. Ibi ariko ngo ntibikuyeho gutuza abaturage no kuvugurura uyu mujyi.
Gereza ya Muhanga iherereye mu karere ka Muhanga mu ntara y’amajyepfo yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ma saa sita z’amanywa ku wa gatatu tariki 04/06/2014, igice cyayo kibamo abagororwa kirakongoka.
Umuturage wo mu kagari ka Gifumba mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga atuye mu nzu irimo amashanyarazi ariko idafite inzugi n’amadirishya avuga ko yahisemo amashanyarazi kurusha gukinga inzu.
Kuri uyu wa kane tariki 15 Mata, abakozi bo muri Perezidansi n’abo mu biro bya Minisitiri w’Intebe, baje gukemura ibibazo bamwe mu baturage b’i Muhanga bagejeje kuri Perezida wa Repubulika.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Muhanga, mu murenge wa Nyarusange, Guverineri w’Itara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yasabye abaturage guhagarara kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko ari inzira ifasha kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri.
Ku mugoroba wa tariki ya 26/04/2014 Ishuri rikuru rya ICK riherereye mu karere ka Muhanga naryo ryifatanyije n’Abanyarwanda bose mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994. Umuhango ukaba watangijwe n’urugendo rw’abanyeshuri biga muri iki kigo, abayobozi baryo ndetse n’inshuti zitandukanye.
Uburyo Inkeragutabara zasannye amazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yari rarasenyutse buratanga icyizere ko atazasenyuka vuba.
Abubaka urugomero rwa Nyabarongo ruherereye ahitwa Mushishiro mu karere ka Muhanga baremeza ko mu mezi atatu urwo rugomero ruzaba rwuzuye kandi ngo ruzabaganya ibibazo byo kubura umuriro kwa hato na hato.
Mu gihe mu gihugu hamaze iminsi humvikana ubwumvikane buke mu miryango itandukanye, itsinda ry’abagore b’ibyiringiro bo mu karere ka Muhanga baratangaza ko kuri ubu bahagurukiye gukemura ibibazo by’abagabo n’abagore bibera mu ngo.
Athanase Habinshuti wo mu mudugudu wa Kivumu mu kagari ka Rukaragata mu murenge wa Mushishiro ho mu karere ka Muhanga, asanga iyo benshi mu banyarwanda bakora nk’uko yakoze bagahisha abatutsi bahigwaga nk’uko yabikoze, nta maraso menshi yari kumeneka mu ghugu.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne, aratangaza ko mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi nta muntu uzahura n’ihungabana ngo abure ubufasha kuko muri ako karere bamaze kwitegura icyunamo ku buryo buhagije.
Bamwe mu barezi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, baratangaza ko kimwe mu byo basanga bihungabanya ireme ry’uburezi ari uburyo bwo kwigishamo bwaje; aho buri somo riba rifite umwarimu waryo mu mashuri abanza.
Mu gihe abatuye umujyi wa Muhanga bakomeje kwinubira kudatabarana mu gihe hari utewe n’abagizi ba nabi, abayobozi baravuga bikomoka ku mayeri y’aba bagizi ba nabi batera ubwoba abaturage ariko bagasaba ko bashyira hamwe imbaraga bakabarwanya.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Muhanga baratangaza ko batishimiye icyemezo cyafashwe cyo kugabanya inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi kuko bumva ko atari uguha agaciro ababo.
Bamwe mu bafatanyabikorwa ba Leta bashatse uburyo abana b’abagore bafungiye muri gereza ya Muhanga bafatwa neza aho kugirango bakomeze kubana na ba nyina amasaha yose.
Immaculee Mukambabazi; ukomoka mu murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga, amaze imyaka 10 afungiye muri gereza ya Muhanga akaba avuga ko ababazwa n’uko umuryango we wamutereranye kuva yagafungirwa muri iyi gereza mu mwaka wa 2004.
Mu gihe kuri buri mwaka tariki 8 ukwezi kwa Gatatu, Abanyarwanda bizihiza umunsi wahariwe abagore, uwitwa Anitha Ntakirutimana we avuga ko ahangayikishijwe no kuba afite abana benshi badahuje ba se bababyara kuko yababyariye mu buraya.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore tariki 8/3/2014, bamwe mu bagore bakora uburaya mu mujyi wa Muhanga, baratangaza ko mu gihe haje ifaranga ritubutse bibagirwa agakingirizo birengagije ko bakwandura cyangwa ngo banduze SIDA.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko w’uwasigajwe inyuma n’amateka, aratangaza ko ku myaka 14 yatewe inda n’umugabo wakoraga aho avuka mu murenge wa Nyarusange, akaba anemeza ko ariwe wivuganye umwana babyaranye wari umaze kugira amezi arindwi.