Nyuma y’amakuru yari amaze iminsi mu bitangazamakuru y’uko umwe mu bakinnyi ba filime akaba n’umunyarwenya, Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati yaba yarateye inda umukobwa utaruzuza imyaka y’ubukure ufite imyaka 17, byarangiye afashwe arafungwa.
Perezida wa Ukraine yahamagaje abasirikare, abapolisi n’ibikoresho bari baratanze mu bikorwa byo kugarura amahoro mu bindi bihugu kugira ngo batahe bafashe igihugu cyabo cyugarijwe n’intambara kirwanamo n’u Burusiya.
Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, akaba n’Umugaba mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yatangaje ko asezeye mu gisirikare yari amazemo imyaka 28.
Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, mu Murenge wa Gisenyi, Akarere ka Rubavu, Akagari ka Nengo, Umudugudu wa Gikarani, hagaragaye umurambo w’umusore ariko utari ufite ibyangombwa.
Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali yatangaje ko ku wa Kane tariki ya 03 Werurwe 2022 yafashe umugore witwa Umutoni Divine, afatirwa mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kicukiro, Akagari ka Nyakabanda, akaba akurikiranyweho gukora icyaha cyo gusindira mu ruhame akanakora ibiterasoni.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky aratangaza ko n’ubwo yemeye ko habaho ibiganiro byo guhagarika intambara yatangijwe n’u Burusiya ku gihugu ayobora, nta cyizere gifatika cy’uko ibyo biganiro bizatanga umusaruro.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu biro by’Umunyamabanga mukuru wa Loni, Ambasaderi Jean-Pierre Lacroix, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA)ku Cyumweru tariki 27 Gashyantare 2022.
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko intambara yatangijwe n’u Burusiya kuri Ukraine izamara igihe kinini, avuga ko abantu bakwiye kubyitegura.
Nyuma y’iminsi itatu ikiraro cya Kanyonyomba gicitse hakagwamo abantu batatu babiri bakarokoka, undi akaburirwa irengero, mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 26 Gashyantare 2022, umurambo we wabonetse.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yatangaje ko ibitero by’indege, ibyo ku butaka na za Misile ziremereye by’Abarusiya byahitanye abasirikare n’abasivile basaga 130 nyuma y’umunsi umwe u Burusiya butangije intambara yeruye kuri Ukaraine.
Nyuma yo gufatirwa ibihano, Perezida w’u Burusiya Vladmir Putin yatangaje ko Leta ye igikinguriye amarembo ibiganiro bya dipolomasi hagati y’u Burusiya na OTAN kugira ngo ikibazo cy’intambara muri Ukraine gikemuke, ariko ko inyungu n’umutekano by’Abarusiya atari ibyo asaba (non négociables).
Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abatwara ibinyabiziga kwitwararika kugira ngo birinde impanuka muri ibi bihe by’imvura, kuko imihanda iba inyerera, ndetse hari n’ibihu bishobora kugora abatwara.
Abasirikare bane batawe muri yombi ku kibuga cy’indege i Bangui bashinjwa gucura umugambi w’ubwicanyi, bakaba ari abo mu itsinda ry’abasirikare barinda Gen Stéphane Marchenoir ukuriye Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Santarafurika zizwi nka ‘MINUSCA’.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko umubare w’abatuye mu manegeka ugenda wiyongera uko ibiza bigenda byiyongera. Ubuyobozi bw’Akarere bubitangaje mu gihe tariki ya 12 Gashyantare 2022 umubyeyi n’abana babiri bapfuye bagwiriwe n’umukingo mu Kagari ka Gisa, Umurenge wa Rugerero.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) iratangaza ko abantu babarirwa muri 40 ari bo bamaze guhitanwa n’ibiza mu gihugu hose guhera muri Mutarama muri uyu mwaka wa 2022.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique zafashe uduce tubiri twari twihishemo ibyihebe ari two Pundanhar na Nhica do Ruvuma turi mu Burengezuba bw’Akarere ka Palma.
Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira ko kubera imvura nyinshi, amazi y’umugezi wa Nyabarongo yafunze uwo muhanda.
Umujyanama wihariye wa Perezida Kagame mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yavuze ku ngorane bahuye na zo ubwo bari mu byishimo bamaze gufata Nyagatare mu rugamba rwo kubohora Igihugu, ibibazo bashyizwemo na bamwe mu basirikare badohotse ku nshingano bakigira kunywa inzoga.
Abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu n’ibindi byaha (ASOC), mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 11 Gashyantare 2022, bafashe Musonera Eugene w’imyaka 38 na Nshimiyimana Vedaste w’imyaka 35. Bafatanywe inzoga 387 zitandukanye zo mu bwoko bwa Likeli(Liquors). Musonera yafatanwe amacupa 75 naho (…)
Polisi ikorera mu Karere ka Burera, tariki ya 10 Gashyantare 2022, ku bufatanye n’umujyanama w’ubuzima, bafashe uwitwa Sibomana Aimable w’imyaka 52 y’amavuko.
Imvura yaguye ahagana saa munani mu Karere ka Huye kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022, yagushije urusengero mu Murenge wa Karama, abari barwugamyemo babiri bahita bapfa, hanyuma 14 bakomeretse bajyanwa kwa muganga.
Umugabo w’imyaka 35 ukomoka mu Karere ka Burera, yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amabuye y’agaciro ya gasegereti, apima ibiro 1,288 yari atwawe mu modoka yo mu bwoko bwa Daihatsu, mu buryo bwa magendu.
Ingabo ziri kuminuriza mu ishuri rikuru rya Gisirikare (Rwanda Defence force Command and Staff College) riri mu Karere ka Musanze, zagiriye uruzinduko mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi. Bamwe muri bo baturutse mu mahanga batangariye cyane ubwiza basanganye uwo mudugudu bashimangira ko bahigiye byinshi.
Abantu 120 bo mu Murenge wa Gatunda mu Karere ka Nyagatare, tariki 10 Gashyantare 2022, bahawe amahugurwa y’umunsi umwe yo kwirinda no kuzimya inkongi y’umuriro .
Abana bane bo mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana bagiye gutashya bica(gusarura) ibiyege (bijya kumera nk’ibihumyo) barabirya, bahita bamererwa nabi bararemba umwe ahita apfa.
Mu minsi ibiri ishize ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Mozambique, bagabye ibitero mu duce twa Pundanhar na Nhica do Ruvuma mu Burengerazuba bw’Akarere ka Palma muri Mozambique, hagamijwe kwirukanamo inyeshyamba zari zikigaragara muri utwo duce.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Rutsiro mu masaha arenga icumi, yahitanye umuntu umwe ndetse itwara ibiraro bihuza imirenge, ahandi ituma inkangu zimanuka zifunga imihanda, ubuhahirane burahagarara.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza ku wa Kane tariki ya 3 Gashyantare 2022 yasuye abapolisi bakorera mu Ntara y’Iburengerazuba. Ni uruzinduko rwabereye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi.
Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 2 Gashyantare 2022, abapolisi bo mu ishami rishinzwe gutanga impushya zo gutwara ibinyabiziga no gukoresha ibizamini bafashe Niyoyita Emille w’imyaka 31 afite ubutumwa buhimbano bugaragaza ko yipimishije icyorezo cya COVID-19. Yafatiwe mu Karere ka Nyarugenge kuri sitade ya Kigali i (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye umwambaro uzajya wambarwa n’abakozi barwo mu rwego rwo kunoza imikorere n’imitangire ya serivisi, kugira ngo ababagana babashe gutandukanya abagenzacyaha n’abandi bantu.