Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba, kuri uyu wa 26 Kanama 2014, bwagiranye inama n’abikorera barimo abanyamahoteli, abanyatubari n’abakora akazi ko gutwara abantu bakoresheje ibinyabiziga maze bubakangurira gufata iya mbere mu kugira uruhara mu ikumirwa ry’icyaha cyo gucuruza abantu.
Umugabo w’imyaka 47 witwa Ndagijimana Aléxis yafashwe yibye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi ijana ubwo yayavanaga mu ishakoshi y’umubitsi wa koperative Girubuzima y’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Rutsiro, kuri uyu wa mbere tariki ya 25/08/2014 mu masaha ya saa moya z’ijoro, akavuga ko yabitewe n’ubusinzi.
Umugabo witwa Ngurinzira Théodore ari mu maboko ya polisi ikorera mu karere ka Gicumbi akurikiranyweho icyaha cyo guha abapolisi ruswa y’ibihumbi bine.
Ku mazi ashyushye bita amashyuza aherereye mu kagari ka Mashyuza, umurenge wa Nyakabuye, mu karere ka Rusizi habonetse umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 20-25 y’amavuko ariko ba nyira we ntibaramenyekana.
Polisi y’igihugu yagaragaje umugore w’Umugandekazi witwa Dungu Hasifa yafatanye ikilo cy’ikiyobyabwenge cya Cocaine ivuga ko ifite agaciro gasaga miliyoni 45 z’amafaranga y’u Rwanda. Yamufatiye ku Kibuga cy’Indege cya Kigali kuwa gatandatu ushize tariki 23/8/2014.
Umushoferi witwa Rwiyamira Gilbert w’imyaka 45 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo kugerageza guha ruswa y’amafaranga ibihumbi bibiri umupolisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda.
Nk’uko biherutse gutangazwa na Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame, bimaze kugaragara ko ngo hari Abanyarwanda binjiye muri busness yo gushora abana b’abakobwa mu buraya ndetse no kubacuruza hanze y’igihugu, ubucuruzi avuga ko bugayitse kandi butesha agaciro Ubunyarwanda.
Abantu batatu bacukuraga amabuye y’agaciro mu kirombe kiri mu mudugudu wa Gitega akagari ka Mpanda, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, tariki ya 23/08/2014, bagwiriwe n’ikirombe babiri bararokoka gihitana uwitwa Ngirababyeyi Alphonse w’imyaka 32 y’amavuko.
Abakozi bakoraga mu ruganda rw’icyayi ruherereye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro baburiwe irengero nyuma yo gukomeretsa umuntu mu kabari bamaze gusinda mu masaha ya saa mbiri z’ijoro tariki 22/08/2014.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite ibiyiranga RAB 467 G yataye umuhanda igonga abantu bane bari bicaye bategereje bagenzi babo, umwe muri bo yitaba Imana ageze ku bitaro bya Kaminuza bya Butare, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 22/8/2014.
Kuba uruhare rwa buri Munyarwanda rukenewe mu gukumira icuruzwa ry’abantu byagarutsweho n’umuyobozi wa polisi y’igihugu mu karere ka Huye, Chief Spt Tom Murangira kuri uyu wa gatanu tariki ya 22/8/2014 ubwo yaganiriraga abanyeshuri bo mu Rwunge rw’amashuri rw’ababyeyi rwa Butare (CEFOTEC).
Umugabo uzwi ku izina rya Kazungu utaramenyekana umwirondoro we yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 22/8/2014 azize ibuye yakubiswe n’uwo basangiraga mu kabari.
Uwitwa Niyonshuti Emmanuel afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’umukobwa witwaga Nyiranzabandora Chantal umaze imyaka itatu apfuye.
Abagore batatu n’abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatirwa mu mukwabu bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge birimo inzoga itemewe ya kanyanga.
Abasore n’inkumi batandatu bafatiwe mu karere ka Kamonyi abandi babiri bafatirwa muri Ruhango, bagenda ku mazu yubatse ahazagurirwa umuhanda wa Kaburimbo uva Kigali werekeza ku Kanyaru bakaka abaturage amafaranga bitaga ko ari ayo kugira ngo babakorere igenagaciro ry’imitungo ya bo izangizwa mu gukora umuhanda.
Umwana uri mu kigero cy’imyaka 13 uvuka mu karere ka Rutsiro, kuri uyu wa gatatu tariki ya 20/08/2013 yagaruwe iwabo nyuma yo gufatirwa mu karere ka Rubavu agiye kwambuka umupaka agana muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Umukobwa w’imyaka 20 uvuka mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru ari mu maboko ya polisi mu murenge wa Rusenge, ashinjwa kwiba umwana w’umuhungu w’uruhinja rw’amezi atatu yareraga mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Furaha Ndugu Aimable w’imyaka 24 y’amavuko usanzwe ukora umwuga wo gutwara abantu kuri moto, wiyemerera icyaha cyo guhindura impapuro batangiraho amande ya polisi (contravention).
Umugabo witwa Nshimiyimana Jean Marie Vianney w’imyaka 34 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’agateganyo rw’urukorano.
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro yataye muri yombi umugabo ashinjwa gutesha abana amashuri akabajyana gukorera amafaranga, uyu mugabo akaba yafashwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 19/08/2014 ahagana mu masaha ya saa munani.
Umusaza witwa Rwemera Joseph w’imyaka 81 utuye mu mudugudu wa Kamushure, akagari ka Rukurura, mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi yatoraguwe yapfuye, bikaba bikekwa ko yishwe n’inzoga.
Umusore w’imyaka 24 wo mu murenge wa Mata ari mu maboko ya Polisi, akekwaho icyaha cyo gutema agakomeretsa mu gahanga mukase w’imyaka 93 bapfa amakimbirane ashingiye ku masambu.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 32 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rutsiro ashinjwa gufata umugore w’abandi amusanze mu nzu aryamye mu murenge wa Manihira, akagali ka Muyira tariki ya 15 kanama saa sita z’ijoro.
Baribwirumuhungu Steven w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhango akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuryango w’abantu 6 icya rimwe mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.
Umunyarwanda witwa Ngabo avuga ko ubwo yari amaze kugurisha amashaza i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yatangiriwe n’abantu bamusabye ibyangombwa bagahita bamujyana mu modoka idafite nomero ziyiranga bakamugirira nabi bakanamutwara amafaranga.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu wa Kajevuba akagali ka Katabagemu umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bagiye gucika ku bworozi bw’amatungo cyane cyane amagufi kubera abajura, ubuyobozi bukangurira abaturage gutanga imisanzu yo kwishyura inkeragutabara zigiye gushyirwaho kugira ngo zirinde umutekano.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Rutsiro hafungiye umugabo w’imyaka 40 witwa Kubwimana Marcel wafatanywe n’abaturage udupfunyika 250 tw’urumogi atugemuye mu karere ka Nyabihu.
Kuva ku wa mbere tariki ya 18/08/2014, imodoka zose zitwara abagenzi mu buryo bwa “Express” mu Ntara y’Iburasirazuba ntizizongera gufata abagenzi ahantu hatagurishirizwa amatiki yazo, hagamijwe guca akajagari kakunze kugaragara muri izi modoka ndetse kakaba mu biteza impanuka zo mu muhanda.
Mu karere ka Ruhango, tariki 14/08/2014 hatoraguwe umurambo w’uruhinja mu murenge wa Byimana watawe n’umuntu utaramenyekana naho mu murenge wa wa Ruhango, inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Mu rwego rwo kurebera hamwe uko umutekano wo mu muhanda warushaho kubungwabungwa neza, polisi y’igihugu irasaba abatwara ibinyabiziga gushaka uko bagirana ibiganiro kugira ngo bimwe abatwara ibinyabiziga badasobanukiwe babashe kongera kubisobanurirwa kurushaho.