Ruhango: Ku musozi w’amasengesho wa Kanyarira haguye umupolisikazi

PC Mukandayisenga Alphonsine, wari umupolisikazi mu Karere ka Kamonyi, yapfiriye ahitwa Gifumba mu rugabano rugabanya Akarere ka Muhanga n’Akarere ka Ruhango ubwo yajyaga mu masengesho ku musozi wa Kanyarira uri mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango.

Bivugwa ko umurambo w’uyu mupolisikazi, wabonetse mu mugezi uri hafi y’uyu musozi naho amakuru yo kurohama kwe yo akaba yamenyekanye kuri uyu wa 14 Nyakanga 2015.

Umurambo we ngo wabonetse kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015 uhita ujyanwa mu Bitaro bya Kabgayi ngo usuzumwe.

Umuvugisi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Spt Hubert Gashagaza, avuga ko abantu badakwiye kujya bihutira kujya gusengera ahantu batizeye umutekano waho. Ngo akenshi abahajya baba bahuye n’ibibazo runaka bananiwe kwikuramo.

Chief Spt Gashagaza akaba asaba abagana ku Musozi wa Kanyarira kuba bitonze hakabanza hagashyirwa ibikorwa remezo, ubundi hagashyirwa abashinzwe umutekano ku buryo abahagana bazajya bahajya nta kindi kibazo.

Umusozi wa Kanyarira uganwa n’abantu benshi baturutse impande n’impande, bavuga ko abahagana abahagana bahakuri ibisubizo by’ibibazo baba bafite.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Byagenzegute? Yarishwe, Nimwanuka,ntibizwi Mudusobanurire.Gusa Famille Ye Bihangane.

Bikorimana Cyprien yanditse ku itariki ya: 16-07-2015  →  Musubize

Inkuru ituzuye! Yapfuye ate? Ryari? Byagenze bite? Ujyayo yakwirinda ikî?

Manu yanditse ku itariki ya: 15-07-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka