Umuyobozi mukuru w’Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda Dr James Gashumba hamwe n’umuyobozi w’ishami ry’Ikigo mpuzamahanga cy’Abadage cyigisha ibijyanye n’ubumenyingiro Dr Avelina Parvanova, barahamya ko mu gihe kiri imbere umubare munini w’Abanyarwanda bazaba bafite ubushobozi bwo kubyaza umusaruro ingufu (…)
Banki y’Isi yemereye Leta y’u Rwanda inkunga ya miliyoni 200 z’Amadorari ya Amerika, azakoreshwa mu kubaka ibikorwa remezo byo mu burezi hagamijwe kugabanya ubucucike mu mashuri.
Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatanze impamyabumenyi za mbere z’imyuga n’ubumenyingiro, rwizeza ko buri mugororwa azajya yigira ubuntu.
Bamwe mu banyeshuri bigishwa gufotora na Kigali Today ku bufatanye na minisiteri y’uburezi binyuze mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro (RP) barahamya ko kuva ku ntebe y’ishuri bakajya hanze gufata amafoto bituma barushaho kwiyungura ubwenge ku byo baba barize.
Kuva gahunda yo kugaburira abana ku mashuri ku bana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda na 12 yatangira muri 2014, bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri baravuga ko ababyeyi batarumva neza ko bafite uruhare muri iyo gahunda.
Abatuye mu Mudugudu wa Cyintama uherereye mu Kagari ka Gahurizo ho mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, biyemeje kwegeranya amafaranga bigurira ubutaka bwo kubakaho irerero.
Nduwayesu Elie washinze ishuri Wisdom School aravuga ko kubakira ku murimo unoze bituma uwukora ava ku rwego rwo hasi akagera kure kandi heza.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Dr. Isaac Munyakazi, avuga ko kuba umwarimu, umuganga n’umusirikare ari ubutwari kuko bisaba kwitanga nyamara nta n’amafaranga ahagije abibamo.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kantengwa Mary, avuga ko hari abana bata ishuri kubera kuyatangira bakuze.
Mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru hubatswe ishuri ry’imyuga bisabwe n’abahatuye, ariko habuze ibikoresho byo kugira ngo ritangire.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cya Leta gishinzwe Guteza imbere Ubumenyi ngiro n’imyigishirize y’imyuga mu Rwanda (WDA) bugaragaza ko hari ikibazo cy’ubushomeri gikomeye ku bize imyuga n’ubumenyi ngiro.
Abayobozi batandukanye bakurikirana iby’abanyeshuri bimenyereza umurimo mu bigo binyuranye bahamya ko guha umunyeshuri amanota atakoreye ari ukumoroga.
Abanyeshuri muri INES-Ruhengeri bafashwa na FAWE-Rwanda, ku bufatanye na Mastercard Foundation babonye inkunga y’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari ebyiri, akaba agiye kubafasha mu mishinga yabo yo guhanga umurimo bakiri ku ntebe y’ishuri.
Komisiyo y’igihugu y’Itorero imaze igihe itangije Itorero mu mashuri abanza n’ayisumbuye, kugira ngo abana batozwe indangagaciro na kirazira bakiri bato bazikurane, aho kuzibatoza basoje amashuri yisumbuye nk’uko byari bisanzwe.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC iratangaza ko hagiye gutangizwa gahunda yo gufasha abarangije kwiga amashuri y’inderabarezi kujya biga kaminuza ku buntu.
Inama y’Abepiskopi mu Rwanda yandikiye Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) isaba ko abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri Gatolika bicumbikira abana bakwigirizwayo itariki yo kugera ku bigo byabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buratangaza ko miliyoni hafi 400frw ari zo zakoreshejwe mu kubaka ibyumba bishya by’amashuri, gusana no gusimbuza ibishaje.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) cyashyikirije abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye Impamyabumenyi zakorewe mu Rwanda, z’abanyeshuri babyizemo batsinze neza ibizamini bya Leta by’umwaka w’amashuri wa 2017-2018.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Isaac Munyakazi aranenga abayobozi b’ibigo batagira igitsure ku barimu, aho bikomeje kudindiza gahunda y’uburezi.
Abarimu bo mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ruhango baravuga ko kongera ibyumba by’amashuri byajyana no gukwirakwiza ikoranabuhanga rya Mudasobwa na Interineti.
Umubare w’abana bata ishuri mu Karere ka Musanze ukomeje kwiyongera, aho bamwe bavuga ko kubera ubukene n’imibereho mibi bahitamo kujya gukora imirimo ivunanye, abandi bakishora mu bucuruzi bw’ibisheke.
Abanyeshuri 300 bigishijwe amasomo y’umwuga w’ubudozi n’uruganda rwitwa Burera Garment Ltd ku bufatanye na Rwanda Polytechnic, ku wa kane tariki ya 28 Werurwe 2019 bahawe impamyabushobozi biyemeza gukoresha ubumenyi bahawe n’uru ruganda mu kurufasha gukora imyenda ikorerwa mu Rwanda kandi ikoranywe ubuhanga.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Werurwe 2019, ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwatangiye umukwabu uzahoraho wo gukura abana mu mirimo ivunanye bakoreshwa na bamwe mu bantu baba babahaye akazi kandi batujuje imyaka.
Abana b’Abarundi bahungiye mu Rwanda kubera umutekano muke mu gihugu cyabo, bashima uko bakiriwe mu Rwanda kuko bakomeje kwiga bakaba bararangije amashuri yisumbuye.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi(REB), buragaragaza ko ireme ry’uburezi mu bigo by’amashuri byo mu Ntara y’Amajyaruguru riri hasi cyane, aho abana 52% ari bo bonyine barangiza amashuri abanza bazi gusoma no kwandika.
Abasirikari, abapolisi n’abasivile 21 baturutse mu bihugu umunani byo ku mugabane wa Afurika bari mu kigo cy’igihugu cy’amahoro Rwanda Peace Academy giherere I Nyakinama mu karere ka Musanze aho bari gutyaza ubumenyi mu birebana n’ubwirinzi bw’abakozi boherezwa mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro.
Bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, bagize komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari, barasaba minisiteri y’igenamigambi gukurikirana ikibazo cya ba diregiteri b’ibigo by’amashuri bafatanya inshingano no kwakira amafaranga ndetse no kuyabika.
Mu gihe ubuyobozi bwa sendika y’abarimu buvuga ko icyemezo cyo kuzamura umusanzu wa mwarimu muri iyo sendika cyafashwe nk’uburyo bwiza bwo gufasha mwarimu kwiteza imbere adategereje inkunga, bamwe mu barimu baravuga ko batigeze bamenyeshwa iby’uku kuzamura umusanzu wabo.
Nyuma y’imyaka icyenda ishuri Notre Dame de la Providence Karubanda rigabiwe inka na Perezida w’u Rwanda, ryamwituye kuri uyu wa 18 Werurwe 2019 rigabira ishuri Butare Catholique.
Uwiduhaye Faustine umwana w’umukobwa ufite imyaka 10 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza; yanditse igitabo cyitwa “Fifi, umukobwa w’amakenga” gikubiyemo ubutumwa bushishikariza abana b’abakobwa kugira ubushishozi no kwirinda ababashuka bashaka kubashora mu ngeso mbi.