Abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagiye kwishakamo ibisubizo by’ibibazo basigiwe na Jenoside, by’umwihariko bagafasha abakecuru b’incike.
Umuryango Dukundane Family w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahujwe no kwiga muri College Saint André(Kigali), urasaba amazina y’abajugunywe mu mazi.
Ibuka isanga abantu bazwi kandi bakunzwe cyane mu buhanzi ndetse no mu mikino (Stars), bakwiye kujya bifashishwa mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Iburasirazuba(IPRC East) ryubakiye inzu umukecuru warokotse Jenoside utishoboye, nyuma y’uko iyo yabagamo yari igiye kumugwaho.
Mu kwibuka abana n’abagore bazize Jenoside, ababyeyi basabwe kwirinda gutoza abana ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ari yo yoretse u Rwanda.
Bamwe mu nshike zarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, babaga mu nzu zangiritse basaniwe amazu n’abakozi b’ibitaro bya Kigeme muri Nyamagabe.
Abarokokeye Jenoside kuri St Paul bababazwa no kutamenya aho abo bari basangiye ikibazo biciwe mu kibuga cya Ste Famille bajugunywe.
Umunyambanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC), Lt. Col. Rugambwa Patrice, yashimiye Abanyamwulire muri Rwamagana ubutwari bwabaranze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba kubukomeza kugira ngo batsinde ingaruka zayo.
Inama njyanama y’Akarere ka Nyarugenge yasabye urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri aka karere, kwifashisha ikoranabuhanga rugahangana n’abapfobya Jenoside bari hanze y’igihugu.
Abari abakozi b’ibitaro bya Kabutare by’Akarere ka Huye batahigwaga, ntibatanga amakuru ku byo bazi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bari bahari.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Bishop John Rucyahana, aravuga ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rutapfushije Abatutsi gusa ahubwo rwanapfushije ubumuntu ariko ko bushobora gushibuka.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yihanangirije Abanyangororero bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside n’abadashaka kurangiza imanza za Gacaca.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko abakifitemo ingengabitekerezo ya Jenoside bihemukira kuko bajyana umutima wabo ahabi.
Ubuyobozi bw’Ishuri Rikuru ryigisha Ubumenyingiro ryo mu Ntara y’Amajyepfo (IPRC South), buravuga ko amakuru kuri Jenoside muri iki kigo akomeje kuba urujijo.
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yemereye uturere ubufatanye mu kwandika amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Abanyeshuri bo mu Ishuri rya GS Rugoma basaba ko habaho uburyo bwo kurwanya ingengabitekerezo batozwa n’ababyeyi ku ishyiga.
Umwaka urashize abakozi b’Ibitaro bya Kirehe batanze inkunga y’imifuka 58 ya sima yo kubakira imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside batishoboye, ariko iracyabitse mu bitaro.
Ibimenyetso biranga ubwicanyi ndengakamere bwakorewe inzirakarengane z’Abatutsi i Nyarubuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikomeje kubera isomo abahasura urwibutso.
Nyiraneza Cecile, umupfakazi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uri kwiteza imbere mu buhinzi n’ubworozi, asaba bagenzi be gukomera no guharanira kwiyubaka.
Abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, baragaya abaganga bijanditse mu bwicanyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bagasaba ab’ubu kurangwa n’urukundo nyarwo.
Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare (CHUB) byatanze inka ku miryango 25 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye b’i Ruhashya mu Karere ka Huye, mu rwego rwo kubafata mu mugongo.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyanza bwagaye abaganga batatiye indahiro bakica abarwayi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biyemeje kwibuka, kugira ngo bamenye amateka ya Jenoside batazajya bayabarirwa nk’abanyamahanga.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera rutangaza ko rugiye kwifashisha interineti mu kurwanya ingengabitekerezo ya Joniside igaragara ku mbuga zitandukanye.
Minisitiri w’Umutekano Sheihk Musa Fazili Harerimana, asanga Abanyarwanda bakwiye kwibuka, baharanira kubaka Ubunyarwanda muri bo banamagana ingengabikerezo ya Jenoside.
Séraphine Mukandanga w’imyaka 80 yongeye kuryama mu nzu yubakiwe ayita iye bwite, nyuma y’imyaka 20 yabaga mu yo yatijwe.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Kamonyi rwasabwe kwanga inyigisho zuzuyemo ingengabitekerezo bahererwa mu bwihisho n’ababyeyi.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza, yasezeranyije Abanyehuye kubaka urwibutso rw’amateka ya Jenoside y’ahitwaga Perefegitura ya Butare.
Intumwa yihariye y’Ubuyapani mu Muryango w’abibumbye, Amb Seiichi Kondo, avuga ko Umuryango w’Abibumbye utakoze icyo wagombaga gukora mu Rwanda mu 1994.
Abatuye Umudugudu wa Rurembo mu Karere ka Rwamagana basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bisesero, bagamije kumenya amateka yaranze abaharokokeye muri Jenoside.