Umuhanzi Patient Bizimana wamamaye yasabye anakwa umukunzi we

Umuhanzi Patient Bizimana wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana yasabye anakwa umukunzi we Uwera Karamira Gentille.

Uyu muhango wabereye kuri Romantic Garden kuri iki Cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021 ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali.

Bamwe mu bahanzi bitabiriye uyu muhango harimo Simon Kabera, Serge Iyamuremye na Prosper Nkomezi.

Patient Bizimana akimara guhabwa umugeni yamuhobeye ubundi amwambika impeta y’urukundo.

Bakomereje mu rusengero rwa Restoration Church i Masoro aho basezeraniye imbere y’Imana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka