Padiri w’umuraperi w’umunyarwanda akomeje kunguka abafana benshi mu Budage

Ibinyamakuru birenze umunani bimaze kwandika kuri iyo nkuru ngo: umupadiri w’umunyarwanda wiga kuri Université ya Erfurt arakora ivugabutumwa ritari rimenyerewe muri kiliziya.

Ni nyuma y’aho akoze indirimbo ebyiri agashyiramo Abadage biga hamwe. Izo ndirimbo ni ‘Igitangaza’ na ‘Love-d you’ bikaba biri kugaragara ko akomeje gutangaza benshi nk’uko bigaragazwa n’umubare munini w’ibinyamakuru bimaze kumwandikaho.

Mu biganiro agirana n’abanyamakuru, padiri Jean François Uwimana avuga ko abenshi bamubaza uko igitekerezo cyo gukora umuziki mu buryo awukoramo cyaje.

Padiri Jean François Uwimana
Padiri Jean François Uwimana

Mu kubasubiza agira ati “Jye ariko iwacu bazi ko ndapa. Numvise urubyiruko ruvuga ko rukeneye umuziki utuma banyeganyega kurushaho kuko batakomeza kuririmba mu njyana ya ‘Tubabarire Nyagasani’ nyuma ya misa ngo basinzira, ubwo rero mfata imiririmbire (style) itandukanye nshyiramo amagambo y’iyobokamana ni uko byatangiye”.

Indirimbo ziri kugarukwaho cyane ni ‘Love-d you’ akoze vuba aha na ‘Araturinda’ yakoze mbere y’uko yerekeza mu Budage. Izo nkuru zigaragaza uburyo amaze kwandika izina muri kiriya gihugu mu buryo bw’ivugabutumwa batari bamenyereye, aho usanga kuva ahitwa Thueringen aho yiga kugera i Berlin mu murwa mukuru w’u Budage inkuru bagarukaho ari umupadiri w’umuraperi ukomoka i Rwanda.

Reba indirimbo ya Padiri Jean François Uwimana - Love-d you

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 11 )

turamwemera rwose ni akomereze aho

kadete yanditse ku itariki ya: 22-01-2022  →  Musubize

yoo binteye kukwibuka i Muhororo ngo baramutasha

nzabandora jean bosco yanditse ku itariki ya: 10-01-2022  →  Musubize

Padiri ni umusaza kabisa azi ibintu congz to All rwandans

Nnnn yanditse ku itariki ya: 8-01-2022  →  Musubize

padiri turamwemera yatwigishije umuziki ni umuhanga kabisa

kaboko yanditse ku itariki ya: 8-01-2022  →  Musubize

Nanjye padri ndamwemera kabisa. None umva yanditse amateka n abadage bemeye umwana w umunyarwanda man. Komereza aho musaza!

Dede yanditse ku itariki ya: 7-01-2022  →  Musubize

Nanjye padri ndamwemera kabisa. None umva yanditse amateka n abadage bemeye umwana w umunyarwanda man. Komereza aho musaza!

Dede yanditse ku itariki ya: 7-01-2022  →  Musubize

Umva Padiri rwose ndamwemera bihambaye. Icya1.akomeje ivugabutumwa. Icy2.ahinduye kd azanye agashya kuburyo injyana ye ikurikirwa nabenshi bityo message ye ikarushaho gutambuka.Icya3 ntiyavuye mukuri kwe kd ntiyifunga muri conservation cyane ahubwo ajyanye nigihe kd ntacyo yangije. Icya5 akoze amateka atinyuye quelques uns qui pourraient hesiter...donc yerekanye ko iyobokamana abantu bagize inzu yimbohe ataribyo ahubwo harubwisanzure no kwirekura biruseho gutanga amahoro nubutumwa kuri bose atibagiwe nurubyiruko dore ko ruyikunda iyo njyana kubi . Imana yiRwanda imukomeze ndamukunda cyane

CyamatareAlexis yanditse ku itariki ya: 7-01-2022  →  Musubize

Komeza ujye mbere ntore ya Rurema

Rosa yanditse ku itariki ya: 7-01-2022  →  Musubize

Uyu padiri uhorana n’aba bakobwa se,ntabwo bamugusha mu mutego,akamera nka bakuru benshi bashinja ubushurashuzi???

musema yanditse ku itariki ya: 7-01-2022  →  Musubize

ibintu ni danger aha ho

kka yanditse ku itariki ya: 7-01-2022  →  Musubize

turamwemera n abazungu nabemeze umusaza

bbb yanditse ku itariki ya: 6-01-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka