Ejo, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Cyanzayire Aloysie, yafashe icyemezo cyo kwirukana mu kazi burundu umucamanza Niyonizera Claudien wari umucamanza mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Rwamagana kubera amakosa akomeye yakoze.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’intebe riravuga ko Perezida wa Repubulika ashingiye ku bubasha ahabwa n’amategeko, cyane cyane mu ngingo ya 116 y’ itegeko nshinga, yashyizeho abaminisitiri batatu aribo : Dr Vincent Biruta: Minisitiri w’Uburezi; Jean Philibert Nsengimana : Minisitiri w’Urubyiruko na Mitali (…)
Perezida w’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame, azahabwa igihembo n’igihugu cy’Ubugande nk’umuntu wagize uruhare mu iterambere ry’urubyiruko muri Afurika.
Ejo, ikigo cy’Abongereza gishinzwe iterambere mpuzamahanga (DFID) cyahaye u Rwanda inkunga ingana na miliyoni 76 z’amafaranga akoreshwa mu Bwongereza (amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari 71 n’igice). Muri ayo mafaranga, arenga miliyari 54 n’igice azakoreshwa mu burezi naho asigaye akoreshwe mu bikorwa by’ubuhinzi.
Mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro, umwana witwa Uwiringiyimana uri mu kigero cy’imyaka ine wahitanywe n’umugezi witwa Rwishywa tariki 30/11/2011 ariko umurambo uboneka tariki 04/12/2011 mu mugezi wa Koko ugabanya imirenge ya Gihango na Musasa yo mu karere ka Rutsiro.
Abaturage baturiye umuhanda bo mu murenge wa Kabarondo, mu karere ka Kayonza bavuga ko batewe impungenge n’abashoferi batubahiriza amategeko y’umuhanda bikaba byatuma haba impanuka zikangiza ibikorwa bya bo biri hafi y’umuhanda.
Ejo abasenyeri bo muri Republika Iharanira Demokarasi ya Kongo bakoranye ikiganiro n’abanyamakuru bababwira ko bafite impungenge ko, tariki 06/12/2011, ubwo hazatangazwa umwanzuro wa nyuma w’amatora hashobora kongera kumeneka amaraso nk’uko bimaze iminsi biba.
Uyu munsi, Laurent Gbagbo, wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire yitabye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i La Haye (ICC).
Uwigeze kuba umuyobozi w’akarere ka Gatsibo, Murego Jean Marie Vianney, yakuwe muri gereza kubera ko yitwaye neza mu gihano cye. Murego yari afunze kuva mu mwaka wa 2010.
Kuva ejo tariki ya 04/12/2011, umufasha wa Perezida w’u Rwanda, Jeannette Kagame, yitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya SIDA ndetse n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina (ICASA) yatangiye ejo mu mujyi wa Addis Ababa, muri Ethiopia.
Kuva tariki 04/12/2011, minisitiri w’ingabo w’u Rwanda, Gen. James Kabarebe, yatangiye uruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Côte d’Ivoire mu rwego rwo kuganira n’abayobozi b’icyo gihugu kuri gahunda zo gusana icyo gihugu nyuma y’imvururu gisohotsemo.
Radio Okapi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) yatangaje ko guhera tariki ya 03/12/2011 muri icyo gihugu hose kohererezanya ubutumwa bugufi kuri telephone (SMS) byahagaritswe.
Ibiganiro umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Richard Sezibera aherutse kugirana n’uwungirije minisitiri w’ubucuruzi mu Bushinwa, Jiang Yaoping, mu kwezi gushize, byarangiye Ubushinwa bwemeye kongera ishoramari muri EAC.
Kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Zanzibar umukino wa ¼ cy’irangiza muri CECAFA ikomeje kubera I Dar es Salaam muri Tanzania.
Kuri icyi cyumeru tariki ya 4 Ukuboza 2011 abakinnyi b’amagare 60 basiganwe bazenguruka umugi wa Kigali mu rwego rwo kurwanya ruswa.
Ejo mu karere ka Kirehe hateraniye inteko rusange y’umuryango FPR Inkotanyi maze abayitabiriye barebera hamwe ibyagezweho kandi barebera hamwe ingamba zo gushyira mu bikorwa ibitaragezweho mu minsi ya vuba.
Tariki 03/12/2011, aba komiseri bakuru b’ikigo by’imisoro n’amahoro b’ibihugu byombi basinye amasezerano ahuza umupaka w’u Rwanda n’u Burundi i Nemba mu karere ka Bugesera.
Ahagana saa kumi n’ebyiri za mugitondo, tariki 02/12/2011, mu karere ka Nyanza hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Munyagikari Eric wishwe mu ijoro rya tariki 01/12/2011 ajugunwa i Ruhande rw’umuhanda ujya ku Rwesero.
Polisi ya Nyamata irimo gushakisha umugabo witwa Ntwari Evariste watorotse uburoko tariki 2/12/2011 nyuma yo gutabwa muri yombi azira kwishyura inoti y’inkorano y’ibihumbi bitanu mu kabari. Ntwari yari afungiye ku biro by’umurenge wa Mayange.
Bimenyimana Samuel, utuye mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, kuva tariki 02/12/2011 ari mu maboko ya polisi azira kuba yarahinze ibiti umunani by’urumogi mu gikari cy’inzu ye.
Abantu benshi muri Autriche ngo ntibahwemye kwifuza ko babona ishuri ryigisha ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina, none barashyize bararibonye.
Iyo mpanuka yabaye kuri uyu munsi ahagana mu ma saa sita n’igice z’amanywa mu Nkoto mu karere ka Kamonyi yakomekeje abantu bikabije ariko nta wapfuye. Impanuka yabaye nyuma y’imvura y’utujojoba hagati y’imodoka ebyiri zo mu bwoko bwa Toyoace.
Mu ijoro rya tariki ya mbere rishyira iya kabiri uku kwezi nibwo umurambo w’umugabo witwa Muzigura Damascene wagwiriwe n’umusarani yacukuraga muri College de l’Espoir wa kuwemo maze uhita ujyanwa ku bitaro bya polisi ku Kacyiru.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarondo hafungiye abasore babiri, Harerimana Andre na Nteziryayo Emmanuel, bafatanywe imifuka irindwi y’urumogi. Uru rumogi rwafashwe mu ma saa munani z’ijoro ryakeye rupakiye mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna yuzuye ibitoki byari bivuye mu karere ka Kirehe babijyanye mu mujyi wa Kigali.
Mu rugendo Perezida Kagame agirira mu guhugu cya Korea y’Amajyepfo, uyu munsi yasuye uruganda rukora ibikoresho by’isakazamajwi, mudasobwa na telefoni zigendanwa, Samsung, rufatwa nka rumwe mu nganda ziteye imbere ku isi mu gukora ibi bikoresha.
Kuva aho muri Gisagara batangiye guhinga ibihingwa byatoranyijwe ndetse bigaterwa ku buryo bwategetswe, abahatuye barabona ko ikibazo cy’inzara kizaba kitakivugwa mu minsi mike iri imbere.
Uwigeze kuba umuyobozi w’akarere ka Nyagatare, Kashemeza Robert, yakuwe mu buroko yari arimo kuva 2010 kubera ko yitwaye neza mu gihano yahawe.
Niyonzima Oscar, umusore w’imyaka 24, yiyemerera ko ari we wishe mugenzi we, Marora Ildebrande, babanaga mu nzu akoresheje ibuye. Mu minsi ishize umurambo wa Marora watoraguwe mu mugezi ugabanya imirenge ya Kacyiru na Gisozi.
Fatou Bensouda ukomoka mu gihugu cya Gambiya niwe uzasimbura Luis Moreno-Ocampo ku mwanya w’umushinjacyaha mukuru w’urukiko mpuzamahanga rw’i Lahaye (ICC).
Habyarimana Francois wo mu kagari ka Kabura, mu murenge wa Kabarondo, akarere ka Kayonza, ejo, yarashwe amasasu atatu mu nda ashaka kurwanya abapolisi bashakaga kumwambura imbunda yari atunze mu buryo butemewe n’amategeko.
Inteko rusange y’umutwe wa Sena, yateranye tariki 01/12/2011, yemeje ko Dr Gashumba James aba umuyobozi wa Kaminuza y’Umutara Polytechnic (UPU).
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangije, tariki 01/12/2011, uburyo bushya buzafasha abafatabuguzi bayo koherezanya amafaranga hagati yabo ndetse no ku bandi batari abafatabuguzi b’iyo banki.
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, asanga u Rwanda rufite amahirwe yo kwigira kuri Korea hamwe n’inganda zayo kuko zifite uruhare mu kongera ubukungu bw’igihugu, gufasha abaturage kubona imirimo no gukoresha ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bwa kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) buravuga ko kuba iyi kaminuza yaravuye ku mwanya wa 28 ikajya ku mwanya wa 78 muri Afurika bitavuze ko ireme ry’uburezi batanga ryasubiye inyuma kuko ataribyo bareba iyo bakora uru rutonde.
Ikigo cy’imisoro cyo muri Canada (Revenu Canada) kiragurisha cyamunara inzu y’umuririmbyi w’Umunyarwanda uba muri Canada, Corneille Nyungura, kubera kutishyura umusoro ungana n’amadorali y’Amerika 69.000 (amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 57).
Nyuma yo kwemererwa kuzakina shampiyona y’icyiciro cya mbere, ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20, kuri uyu wa kane, yatangiye imyitozo yitegura imikino y’ibirarane itakinnye.
Ikifuzo cya Sudani y’Amajyaruguru cyo kujya mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’iburasirazuba (EAC) cyatewe utwatsi. Ibyo byatangajwe tariki 30/11/2011 ubwo hasozwaga inama y’abakuru b’ibihugu by’Afurika y’iburasirazuba yaberaga i Bujumbura mu Burundi.
Ubuyobozi bw’ingabo z’umuryango w’Afurika ushinzwe kurinda amahoro muri Darfur (UNAMID) bwageneye urupapuro rw’ishimwe (certificate) umusirikare w’ingabo z’u Rwanda, Lt Théoneste Nkurunziza ukorera muri batayo ya RWABATT 27, nk’umusirikare witanze mu kazi.
Ejo saa kumi n’ebyeri n’igice z’umugoroba, polisi mu karere ka Nyanza yatesheje abagizi ba nabi bari bagiye kwica umuntu bamutsinze mu gihuru kiri hafi y’ikoni ryinjira mu mujyi wa Nyanza uvuye i Kigali hafi gato y’igaraje rihari.
Mu ijoro ryo kuwa 29 ugushyingo 2011 mu Murenge wa Muko mu Kagari ka Ngange mu Karere ka Gicumbi umugabo witwa Karuhije Claver yakubise ishoka umuhungu we, Niyitegeka Juvenal, mu mutwe aramukomeretsa amuziza kutahirira inyana ubwatsi.
Umugabo uherutse kwivugana abantu batagira ingano mu gihugu cya Norvège bamusanganye uburwayi bwo mu mutwe ari nabwo ntandaro y’amarorerwa yakoze.
Umugabo ushinjwa kuba yaragize uruhare mu gutera ibisasu mu mujyi wa Kigali, Froduard Rwandanga, hamwe na bagenzi be ejo bagejejwe mu rukiko rukuru rwa Repubulika ku Kimihurura kugira ngo urubanza rwabo rusozwe. Rwandanga yemera ko yateye ibi bisasu ariko ntiyemera ko hari aho bihuriye n’iterabwoba.
Abapolisi 30 barangije mu ishami ry’ubumenyi rusange bw’igipolisi mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali barahabwa impamyabushobozi zabo uyu munsi.
Icyegeranyo cy’ umuryango Transparency International cyasohotse tariki 30/11/2011 cyerekanye ko u Rwanda rwazamutse cyane mu kurwanya ruswa, maze ruza ku mwanya wa kane ku mugabane w’Afurika wose.
Ikinyamakuru New York Post cyatangaje ko umuririmbyi wo muri Haïti ariko uba muri Amerika witwa Wyclef Jean yaba yaranyereje amafaranga yari agenewe gufasha Abanyahayiti basizwe iheruheru n’umutingito wabaye mu kwa mbere muri 2010.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, ntiyemera raporo yakozwe n’urwego rugena abagenerwa bikorwa ba Vision Umurenge Programme (VUP). Iyi raporo ivuga ko 52% by’abaturage bo mu ntara y’amajyaruguru bakwiye kuba abagenerwa bikorwa ba VUP kuko batishoboye.
Madame Nyirambagare Rosine, wari umyobozi w’ikigo nderabuzima cya Birembo, mu Murenge wa Rambura ho mu karere ka Nyabihu, acumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi i Nyabihu akekwaho kunyereza umutungo ungana n’amafaranga 105.000 nk’uko bitangazwa n’umugenzuzi w’imari n’umutungo mu karere ka Nyabihu, Muramutse Fideline.
Umuhanda uva muri gare ya Nyabugogo werekeza ku kinamba bakunze kwita poids lourds wuzuye bitewe n’imvura nyinshi. Amazi ava muri Mpazi (umugezi utwara amazi ava mu mirenge ya Kimisagara, Nyamirambo n’uwa Muhima) arajya wisuka mu mugezi wa Nyabugogo maze agasanga uwo mugezi wuzuye akagaruka muhanda maze agakora ikiyaga.
Abagabo bane bahatanira umwanya w’umukuru w’igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo basabye ko amatora y’umukuru w’igihugu n’ay’abagize inteko ishinga amategeko yabaye tariki 28/11/2011 yateshwa agaciro kuko atabaye mu bwisanzure. Abo bakandida ni Léon Kengo wa Dondo, Adam Bombole, Mbusa Nyamwisi na Vital (…)
Igihugu cy’Ubwongereza cyavanye abakozi bacyo bose ba ambasade yacyo muri Iran nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yangije inyubako y’ambasade y’Ubwongereza ndetse n’inyubako abakozi bayo batahagamo.