Ruhango: umwana w’imyaka 16 yiyahuje Simakombe

Umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko, Niyirora Beatha, wari utuye mu kagari ka Bunyogombe umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, yiyahuje umuti wica imyaka witwa Simakombe tariki 01/02/2012 ahita yitaba Imana.

Niyirora ashobora kuba yariyahuye kubera kwiheba kuko yari asanzwe agira indwara y’igicuri; nk’uko ubuyobozi bw’akagari ka Bunyogombe bubivuga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Bunyogombe, Ndikumana Jerald, yavuze ko Niyirora ashobora kuba igicuri cyaramufashe agata ubwenge akanywa uwo muti wa Simakombe.

Nyina umubyara Mukabera Costasia na se Bimenyimana Deo, bavuga ko urupfu rw’umwana wabo rwabatunguye ngo kuko ntibigeze bamenya igihe yanywereye uyu muti.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nabyo byashoboka ko hari igihe yakiyahura kubera igicuri.

alias yanditse ku itariki ya: 29-11-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka