Umwana w’imyaka 5 bamusanganye gerenade iwabo mu nzu mu gikorwa cyo gusaka cyabaye tariki 19/02/2012, mu murenge wa Miyoze mu karere ka Gicumbi.
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe ubushakashatsi ku bukungu bw’Africa muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza (CSAE) avuga ko u Rwanda rukeneye gahunda nshya kugira ngo ruzabashe kugera ku nshingano rwihaye yo kuva mu cyiciro cy’ibihugu bikennye, rukajya mu cy’ibihugu bifite ubushobozi buciriritse (middle – income levels).
Nyiramana Olive wari umaze amezi 10 akorera ikigo nderabuzima cya Remara – Mbogo mu karere ka Rulindo, yafashwe akoresha impamyabushobozi y’impimbano ahita yiyemerera icyaha.
U Rwanda rurateganya kuringaniza urubyaro kugeza ku kigero cya 70% mu mwaka wa 2013 nk’uko bitangazwa na minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN).
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibihingwa byoherezwa mu mahanga (NAEB) n’abafatanyabikorwa bayo bo mu ntara y’Amajyepfo biyemeje kongera agaciro, umusaruro ndetse n’ubuso buhingwaho icyayi na kawa.
Colin Haba uyobora by’agateganyo ikinyamakuru The Newtimes niwe watorewe kuyobora Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Abanyamakuru (ARJ) ryari rimaze igihe kinini rikora nka baringa, mu matora yabaye kuri iki Cyumweru tariki 19/02/2012.
Umukino wahuje Kiyovu Sport na Simba yo muri Tanzania warangiye amakipe yombi anganyije iigitego 1-1. Zari zahuriye mu mukino ubanza wa CAF (condederation Cup), wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012.
Ikipe ya “Lion e Fer” y’i Kigali yegukanye irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Rugby ryaberaga mu karere ka Muhanga, ryashojwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012, nyuma yo gutsinda Buffalos nayo y’i Kigali ibitego 26 kuri 7.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Binunga mu karere ka Muhanga barishimira amazi bahawe, bavuga ko azabagabanyiriza imvune bagiraga bajya kuvoma kure rimwe na rimwe bakayabura. Igikorwa cyo kubafungurira ayo mazi cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012.
Abaturage batuye mu Mugonzi mu kagali ka Nyanza gaherereye mu karere ka Nyanza, batewe inkeke n’ikibazo cy’ubujura bwibasira ingo zabo badahari. Abajura bacunga badahari bakiba ibikoresho n’ibindi bintu bifite gaciro.
Urubanza rwa Augustin Ngirabatware wahoze ari Minisitiri w’igenamigambi mu gihe cya Jenoside, ruzasubukurwa tariki ya 20/02/2012. Biteganyijwe ko aribwo abacamanza bazumva abatangabuhamya babiri bamushinjura.
Amasoko ya Muyogoro na Sovu yo mu Karere ka Huye amaze igihe gito yubatswe yatumye hafungwa andi abiri ya Matyazo na Gako yari asanzwe akora, kubera ko atitabiriwe nk’uko byari byitezwe yubakwa ahubwo abaturage bakomeza kwiremera ayo bari bamenyereye.
Amahugurwa yigaga ku iterambere ry’ibihugu biba bivuye mu bihe by’intambara, yahuzaga intumwa 32 ziturutse hirya no hino muri Afurika, yaberaga i Nyakinama, kuri uyu wa gatandatu tariki 18/02/2012 yasojwe abayitabiriye basabwa gushyira mu bikorwa ibyo bayigiyemo, bateza imbere Afurika.
Ku bitaro bya Nyanza habereye igikorwa cyo gusiramura abagabo 40 bari hagati y’imyaka 15 na 49 ku bushake. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012, cyari kigamije gushyira mu bikorwa gahunda za Minisiteri y’ubuzima yo kurwanya ikwirakwiza ry’ubwandu bwa SIDA n’izini ndwara zandurira mu mibonano mpzabitsina.
Perezida Kagame yitabiriye inama igamijwe kwiga k’umutekano w’Afurika wugarijwe n’imitwe yitwaje ibirwanisho ikomeje guhungabanya umutekano. Ku munsi w’ejo tariki 18/02/2012 nibwo yerekeje i Benin, aho iyi nama yatumijwe n‘umukuru w’Afurika yunze Ubumwe Perezida Yayi Boni izateranira.
Igikorwa cyo gutora abahanzi 10 bazahatanira PGGSS II kizatangira kuri uyu wa mbere tariki 20/02/2012 kirangire tariki 14/03/2012. Abazaza mu icumi ba mbere baza tangazwa tariki 17/03/2012 muri Serena Hotel i Kigali.
Umuriro w’amashanyarazi wa EWSA watwitse ibintu bitari bike mu gasantere ka Kidaho mu murenge wa Cyanika ho mu karere ka Burera ubwo hazaga umuriro mwinshi uyu munsi tariki 18/02/2012 mu ma saa tatu za mu gitondo.
Umugabo uzwi ku izina rya Mandela afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga aregwa kwiba ibiro 102 by’ibishyimbo nyuma yo kwica urugi rw’inzu ibyo bishyimbo byari bibitsemo.
Nyuma y’igihe kirekire cyane itsinda KGB (Kigali Boyz) ritagaragara mu ruhando rwa Muzika, ubu ryagarutse.
Amashuri yigisha ababyeyi kwita ku mirire y’abana babo mu rwego rwo kurwanya indwara ziterwa n’imirire mibi arimo gutanga umusaruro kuko abana bari bafite icyo kibazo bari kugenda bamera neza.
Abaturage b’akarere ka Rwamagana bivuriza ku kigo nderabuzima cya Murambi baravuga ko badashobora kuzigera batseta ibirenge mu kwitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza kubera ukuntu ibafasha mu kwivuza n’imiryango yabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abarimu kudakora nk’abacanshuro ahubwo bagakora babikuye ku mutima kugirango batange umusaruro ugaragara.
Minisiteri y’ubutabera igiye kwiga ku bibazo by’abagororwa n’imfungwa zo mu ma gereza yo mu karere ka Nyamabage nk’uko byatangajwe n’intumwa ya Leta yungirije ubwo we n’intumwa yari ayoboye basuraga Gereza ya Gikongoro tariki 14/02/2012.
Inzoka zo mu nda, amenyo ndetse n’amaso nizo ndwara zibasiye benshi mu bantu 541 biganjemo abana bo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka kamonyi bavuwe n’itsinda ry’abaganga baturutse mu bitaro bya gisirikare i Kanombe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Huye biratangaza ko bwizeye ko amafaranga miliyoni 800 kiyemeje kwinjiza gakuye mu misoro kazayageraho nubwo hari abacuruzi bamwe na bamwe bagiye bareka uwo murimo batinya imisoro mishya akarere kenda gushyiraho.
Imiryango 16 y’abantu 75 bakuwe mu byabo no kurigita k’umusozi wa Kibingo mu kagari ka Musezero mu murenge wa Rwaza, akarere ka Musanze barasaba gufashwa kugira ngo babashe kubaka amazu babamo kuko ubu bacumbitse ku baturanyi.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda (FERWAHAND), ribifashijwemo n’impuguke iturutse mu ishyirahamwe ry’umukino wa handball ku isi (IHF) Prof. Hans-Peter Thumm, rigiye gutangira gutegura ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 mu bahungu no mu bakobwa.
Mu rwego rwo gutegura amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’Afurika, ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru y’abatarengeje imyaka 20 izakina na bagenzi babo ba Uganda tariki 28/02/2012 kuri stade Amahoro i Remera.
Icyiciro cya kabiri cy’igeragezwa ry’abana batoya bagomba gutoranywamo abazajya mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 cyatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki 18/02/2012 kuri Stade Amahoro i Remera.
Inama njyanama y’akarere ka Huye yemeje icyifuzo cyo gushyiraho santere (one stop center) izajya ikorerwa imirimo yose ifitanye isano n’ubutaka mu rwego rwo korohereza abaturage kubona serivise badasiragiye ahantu henshi.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Nigeria, Stephen Keshi, yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 30 bagomba gukora imyitozo azavanamo abakinnyi 18 bazakina n’Amavubi tariki 29/02/2012.
Abakozi b’uturere tugize igihugu bari mu mahugurwa yiga ku buryo utwo turere twafashwa kongera ubushobozi bw’abakozi batwo.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana arihanangiriza abakozi bose ko uzatahurwaho kudatanga serivisi neza, uko bikwiye no mu gihe gikwiye, azahanwa nk’usahura umutungo w’abaturage.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buranenga bamwe mu barezi mu kigo cy’amashuri cya Mvumba na Gahima bagaragaweho gucuruza ibiyobyabwenge.
Hari ibigo by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 bitarasobanukirwa n’uko ibikoresho bya siyansi Minisiteri yabahaye bishobora gukoreshwa nta nzu ya laboratwari yifashishijwe, nk’uko Umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye abitangaza.
Umwalimu Amanda Grzyb wigisha muri University of Western Ontario yo mu gihugu cya Canada hamwe n’abanyeshuri 5 bari mu Rwanda guhera uyu munsi tariki 17/02/2012 mu rwego rwo kwiga ububi bwa Jenoside.
Minisitiri w’ubuzima yasabye ko imirire mibi ku bana igomba gucika mu ntara y’amajyaruguru, bikajyana no gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Ibisasu byo mu bwoko bwa gerenade bitatu zatoraguwe n’umugabo warimo ukora akazi ko kumena amabuye mu murenge wa Miyove, mu Karere ka Gicumbi, ariko imwe muri zo iza kuburirwa irengero.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali arahamagarira abanyeshuri n’abarezi guteza imbere isuku bahereye aho baba no mu nkengero zaho. Yabitangarije mu gikorwa cyo gutangiza isuku mu mashuri yo mu mujyi wa Kigali, cyatangiriye mu ishuri rya EPA riherereye mu murenge wa Nyarugenge.
abana batwaye ku ishuri Gerenade batoraguye mu gishanga Abana babiri bava inda imwe batoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade mu gishanga bayimarana iminsi itatu, bagera n’aho bayijyana ku ishuri ntawe urabimenya.
Abakozi barenga 70 ba Leta bahawe impamyabumenyi z’amahugurwa bakoze umwaka ushize mu kwezi kwa 10, yari agamije kubahugura ku miyoborere myiza no gutanga serivisi zinoze ku baturage.
Mushyikirano Paul w’imyaka 18 yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 17/02/2012 abandi babiri barakomereka barashwe n’amabandi yitwaje imbunda.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru aratangaza ko abayobozi b’uturere badashyira mu bikorwa ibyo biyemeje batazabihanganira kuko byaba ari uguta igihe.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda rwigira imyuga mu Ngoro y’umurage y’i Huye, uruturuka muri muri African Mission Alliance n’urw’Abarundi rwaturutse muri Komini ya Kayanza, bahuriye mu iserukiramuco ribera mu Ngoro y’Umurage y’i Huye, ryatangiye ku itariki 15 rikazarangira 19/02/2012.
Kuri uyu wa Kane tariki 16/02/2012, Umugaba mukuru w’ingabo za Cote d’Ivoire, General de Division Soumaila Bakayoko, yahuye n’abayobozi bakuru b’u Rwanda baganira ku buryo igihugu cye cyakwigira k’u Rwanda uburyo bwo kubaka iisirikare cy’umwuga no gusubiza ingabo mu buzima busanzwe.
Abaturage bo mu murenge wa Rwaza mu karere ka Musanze bakomeje guterwa impungenge no kurigita ndetse no gutemba kw’imisozi yo muri uwo murenge ikomeje kubabera amayobera.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Buhinde, Preneet Kaur, aravuga ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu rwego rwo kuzamura ishoramari ryarwo. Yabivuze ubwo Perezida Paul Kagame yamwakiraga mu biro bye kuri uyu wa Kane taliki ya 16/02/2012.
Mu mujyi wa Negril mu gihugu cya Jamaica habereye ubukwe budasanzwe, aho imiryango icyenda yiyemeje gusezerana yambaye ubusa buri buri mu rwego rwo kudasesagura nk’uko babitangaje.
Igorofa y’ubucuruzi y’uwitwa Eulade Hakizimana uzwi ku izina rya “Mironko,” iherereye i Remera ku Gisimenti yari ifashwe n’inkongi y’umuriro ariko ku bw’amahirwe abatabazi bari hafi bahagoboka inkongi itarakomera.
Rurasire Christian, umusore wize ikoranabuhanga muri KIST, yatangije sosiyete yitwa Genius Tracking ikoresha itumanaho ryitwa GPS (Global Position System) mukwerekana aho imodoka iri, isegonda ku isegonda.