Minisitiri w’Intebe azataha ishuli rya INILAK i Nyanza

Minisititiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arataha ku mugaragaro ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’abadivantiste rya Kigali, ishami rya Nyanza mu muhango uteganyijwe kuba kuri uyu wa kane tariki 30/08/2012.

Mu karere ka Nyanza ubu barimo kwitegura uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe uzafungura ku mugaragaro ishuli rikuru rya INILAK ryubatse mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.

Ishuli rikuru rya INILAK Nyanza Campus.
Ishuli rikuru rya INILAK Nyanza Campus.

Igikorwa cyo gufungura ku mugaragaro ishuli rikuru rya INILAK Nyanza Campus cyateguwe ku bufatanye bw’iryo shuli n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza; nk’uko Murenzi Abdallah uyobora ako karere abivuga.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

twishimiye ibyo birori byo gutaha kaminuza yacu. inilak komeza utsinde ,utere imbere, ube ubukombe.uteze urwtubyaye imbere.

emmy yanditse ku itariki ya: 29-08-2012  →  Musubize

Tumuhaye ikaze mu karere ka Nyanza

yanditse ku itariki ya: 29-08-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka