Tuyisenge Eric w’imyaka 27 y’amavuko yatawe muri yombi n’inkeragutabara ashyikirizwa polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza tariki 20/08/2012 akekwaho guhohotera umukobwa amusanze aho acururiza imboga mu isoko rya Nyanza.
Abatwara abagenzi kuri moto bibumbiye muri koperative COMORU (Coopérative des Motards de Rusizi), tariki 20/08/2012, batangije umushinga w’ishoramari ugamije kubaka inzu y’ubucuruzi y’amagorofa ane mu murenge wa Kamembe, biteganyijwe ko izuzura itwaye ikayabo ka miliyoni 175.
Mu kagari ka Ruragwe umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi hari abahinzi bahinga ibishyimbo bita ‘mugabo kirigita umugore!’.
Umuntu umwe yitabye Imana undi arakomereka bazize impanuka ya moto yabereye ahitwa ku giti cy’inyoni kuwa mbere tariki 20/08/2012, ahagana mu masaa sita n’igice z’amanywa. Iyo moto yari ihetse abantu babiri igonga imodoka yari ihagaze.
Umuryango mpuzamahanga uteza imbere imikino (Right to play) usaba abantu cyane cyane urubyiruko n’abana kwitabira gukina, kuko bigira uruhare runini mu kubaka umubiri n’ubwonko.
Uwambazamariya Emmanuel bakunze kwita Gitamburisho yiyemeje gukwirakwiza ibinyamakuru mu Rwanda hose abigeza mu byaro, abigurisha ku mafaranga make, kugira ngo abaturage bamenye gahunda za Guverinoma y’u Rwanda biboroheye bityo bagane iterambere.
Nyuma y’ibiganiro hagati y’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza n’abafana bakuru ba Rayon Sport bitwa ‘Imena’, hafashwe icyemezo ko muri Nzeri uyu mwaka wa 2012 Rayon Sports igomba gusubira ku nkomoko yayo i Nyanza, ikazajya inaterwa inkunga n’ako karere.
Bimwe mu bimenyetso byatanzwe n’itsinda ry’impuguke z’Umuryango wabibumbye (UN) ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23 bikomeje kugenda bigaragara ko bikwiye gushidikanywaho kuko nta kuri kurimo.
Meles Zenawi wari Minisitiri w’Intebe w’igihugu cya Ethiopia yitabye Imana mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki 21/08/2012 aho yivurizaga hanze y’igihugu azize uburwayi butatangajwe.
Kuri uyu wa kabiri tariki 21/08/2012, Inama Njyanama y’akarere ka Gicumbi iratora umuyobozi mushya usimbura uwayoboraga ako karere uherutse kwegura.
Abana bazahagarira umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, baravuga ko bazihatira kuwanya ihohoterwa rikorerwa bagenzi babo, haba irishingiye ku gitsina, iryo ku mibiri no gutotezwa bigira ingaruka zitandukanye ku mibereho y’umwana.
Polisi y’igihugu yataye muri yombi abagabo babiri bacyekwaho kugira uruhare mu bugizi bwa nabi bwibasiye abantu mu karere ka Muhanga, nyuma y’itemwa ry’abantu rigamije gukomeretsa rimaze iminsi rihavugwa.
Ubuyobozi bw’ Ishuri ry’imikino rya SEC (Sports Empowerment Club) riherereye Kicukiro mu mugi wa Kigali, bufite gahunda yo kubaka ikigo cy’imikino itandukanye kizatarwa Miliyoni 4,5 z’amadolari kizakubakwa mu gihe kingana n’imyaka itandatu.
Rumwe mu rubyiruko ruremeza ko umuco w’isoni wo gukoresha agakingirizo ugenda ucika, nyuma y’aho imibare y’ikigo cy’igihugu cyita ku buzima RBC yerekaniye ko 50% by’urubyiruko mu Rwanda rusigaye rukoresha agakingirizo.
Emmanuel Nyabyenda afungiye kuri station ya Polisi ya Kabagali, akekwaho urupfu rutunguranye rw’inshuti ye yitwa Valentine Uwamahoro rwabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 20/08/2012.
Umunyamerikakazi witwa Diana Nyad mu cyumweru gishize yatangiye urugendo rwo koga ibirometero 165, akava mu gihugu cya Cuba akagera mu ntara ya Floride muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Agnes Karibata atangaza ko u Rwanda ruzafashwa n’itsinda ry’impugucye z’Abanyabrezil guhashya inzara kugera kuri zero, binyuze mu kwigisha abana bo mu mashuri.
Abayisilamu bo mu karere ka Rubavu, basoje igisibo, kuri iki Cyumweru tariki 19/08/2012, basabirana kuba umwe no kwiyubaha, birinda gutatana bakanasenyerera umugozi umwe nk’uko Imana ari imwe.
Umuhanzi Gatsinzi Emery uzwi ku izina rya Riderman yageze mu Rwanda avuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yari amaze ibyumweru bitatu yitabiriye inama y’abahanzi ba Hip Hop yitwa “Hip Hop and Physics Engagement”.
Icyorezo cya Ebola cyageze muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, aho abagera kuri 12barindwi namaze guhitanwa nacyo, nyuma ya Uganda aho icyorezo cyahitanye abantu 16 mu kwezi kwa Karindwi.
Gahunda yo guhuza ubutaka ikomeje kwitabirwa, hakorwa amaterasi ndinganire ahingwamo ibihingwa byatoranijwe nk’ingano, ibigori, ibirayi n’ibishyimbo. Gahunda yashyizweho na Leta mu rwego rwo kungera umusaruro no kwihaza mu biribwa.
Community Policing yashyizweho mu rwego rwo guhanahana amakuru ku bibazo byose byabangamira umutekano, iragenda igaragaza kugera ku ntego yayo, harimo gufasha kurandura ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge rimaze kuba ikibazo n’ihungabanya umutekano.
Inama y’abaminisitiri b’ingabo, abagaba b’ingabo n’impugucye mu bya gisirikare bo mu bihugu bihuriye mu nama mpuzamahanga y’akarere k’ibiyaga bigari (CIRGL) banzuye ko hashobora kuzakenerwa ingabo zigera ku 4000 zo kubungabunga amahoro ku mupaka w’u Rwanda na Kongo.
Minisitiri wari ushinzwe iyobokamana mu guhugu cya Sudani yahitanywe n’impanuka y’indege yabereye ahitwa Kordofan mu gitondo cyo kuri icyi cyumweru tariki 19/08/2012.
Rwabuzisoni Damascène w’imyaka 32 y’amavuko, ku mugoroba wa tariki 18/08/2012, yadukiriye murumuna we witwa Nzayisenga Augustin amukomeretsa izuru amurumye biturutse ku ideni yari amufitiye ry’ibihumbi 40 by’amafaranga y’u Rwanda.
Bamwe mu babyeyi baturiye akabari kitwa New Stars gaherereye i Musambira ku muhanda baterwa impungenge n’imyambarire y’abakobwa baza kuhabyina . Buri mugoroba wo ku wa gatanu, ako kabari gatumira abahanzi n’ababyinnyi ngo basusurutse abahanywera.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo ibikesheje icyemezo gifatwa na Perezida wa Repubulika, iratangaza ko bitewe n’umunsi mukuru w’Abasilamu bizihizaho umunsi mukuru wa Eid al-Fitr hatanzwe ikiruhuko ku munsi w’ejo tariki 20/08/2012.
Abatuye akarere ka Burera baratangaza ko FPR-Inkotanyi yateje imbere uburezi muri ako karere ku buryo abana bose basigaye bajya kwiga nta kibazo bagatsinda kubera ko ari abahanga atari uko ari abana b’abayobozi cyangwa abandi bantu bafite amafaranga gusa.
Nyiranzabarantumye Doloteya wari usanzwe akora akazi k’uburaya mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga yabonetse yapfuye, bagakeka ko yaba yishwe n’uwari umaze kumusambanya.
Abatuye mu mujyi wa Kigali bavuga ko gutwara ibishingwe biva mu ngo zabo bihenze cyane ugereranyije n’igihe gishize, kuva aho ikimoteri cya Nyanza mu karere ka Kicukiro cyimuriwe i Nduba mu karere ka Gasabo.
Mu Ntara y’Iburasirazuba hatangijwe gahunda mpuzambaga (fundraising campaign) yo gukusanya amafaranga azakoreshwa mu kubakira abacitse ku icuru rya Jenoside amazu 780 akenewe ngo bose babone aho baba habakwiriye.
Umujyi wa Kigali uramagana ibikorwa byose byibasira abagore n’abakobwa hanze y’ingo, bigamije kubabuza uburenganzira bwabo no kubahohotera.
Umugabo witwa Kamana Saveri wo mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, akoresha ingo mu kuvura abarwayi kandi bagahita bakira.
Nsekambabaye Pascal bakunze guhimba Misuba afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe azira kwiba umugore amafaranga ibihumbi 300 yari afite mu gikapu mu modoka ku mugoroba wa tariki 16/08/2012.
Abana batorewe guhagararira abandi ku rwego rw’utugari n’imidugudu mu karere ka Ruhango basabwe ko imyanya batorewe atari igihe babonye cyo gukina ahubwo ngo ni umwanya wo kugaragaza ibibazo by’abana bagihura nabyo.
Imfungwa n’abagororwa 511 bo muri gereza ya Rilima mu karere ka Bugesera bavuwe amaso mu gihe cy’iminsi itatu ndetse banahabwa indorerwamo mu gihe abari bateganyijwe kuvurwa ari 200 gusa.
Hashize amezi ane mu kagali ka Cyome mu murenge wa Gatumba hatangiye gahunda yo kugomera umugezi wa Nyabarongo wari warataye inzira yawo maze ukangiza imirima y’abaturage wegera umuhanda wa kaburimbo.
Abaturage bitabiriye itorero ryo ku mudugudu bo mu murenge wa Muhazi mu karere ka Rwamagana batangaza ko bagiye guhuriza hamwe ibitekerezo n’imbaraga muri iryo torero, bakazavamo biyemeje imigambi ihamye yo kugera ku rwego rw’iterambere bashaka.
Umugore wiyita Mutesa Pauline kandi azwi ku izina rya Kubwayo yafatiwe umwanzuro wo gusubizwa iwabo mu karere ka Gisagara nyuma yo gusanga aho ari mu karere ka Kirehe yiyita impunzi yavuye Uganda ishaka gutuzwa nk’abandi Banyarwanda.
Innocent Munyemana w’imyaka 28 wo mu murenge wa Coko, akarere ka Gakenke ari mu maboko ya Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke nyuma yo kwica se kuwa kane tariki 16/08/2012 amuziza amafaranga.
Ihene 49 zashyikirijwe abapfakazi batishoboye basengera muri Paruwasi y’Itorero Presibuteriyene ya Remera, mu murenge wa Rukoma, kuri uyu wa gatanu tariki 17/08/2012.
Imibiri 10 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yataburuwe mu masambu y’abaturage mu murenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi nyuma y’imyaka 18 ahingwamo imyaka yashyinguwe mu cyubahiro tariki 17/08/2012.
Korari Sinayi yamenyekanye cyane kubera indirimbo yayo yaririmbye yise ‘‘Akamanyu k’umutsima’’. Iyi korari ni imwe mu makorari abarizwa mu mudugudu wa Kamashashi muri Paruwasi ya Kanombe mu mujyi wa Kigali.
Nshimiyimana François ni rwiyemezamirimo ukomoka mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi. Amaze igihe kitarenze ukwezi kumwe ashinze kampani yise Cellino Ltd (Cellule d’Innovation) nyuma yo guhabwa ibikombe bibiri mu bihe bitandukanye.
Umuhanzi Dr Claude wagombaga kwerekeza ku mugabane w’Uburayi kuwa gatanu tariki 17/08/2012 yagiye umunsi umwe mbere yahoo kubera imyitozo (répétitions) agomba gukorerayo mbere y’uko umunsi w’igitaramo ugera.
Umuhanzi Tom Close umaze kubaka izina muri muzika nyarwanda arataramira abakunzi be hirya no hino mu mpera z’iki cyumweru kizarangira tariki 19/08/2012.
Itorero rya ADEPR mu karere ka Nyanza ryahaye umubatizo abayoboke baryo muri piscine y’akabari ka Dayenu Hotel tariki 17/08/2012.
Insoresore zikekwaho gukoresha ibiyobyabwenge zateye mu rugo rwa Habyarimana Aboubakar utuye mu mu murenge wa Kamembe ahazwi kwizina ryo Murushakamba zimusenyeraho inzu, ziranamukubita, zinamwambura amafaranga mu gitondo cya tariki17/08/2012.
Mukakalisa Margaret utuye mu kagari ka Nkoma, umurenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare arwariye mu bitaro bya CHUK nyuma yo gukurwamo amaso n’umugore yari acumbikiye mu ijoro rya tariki 15/08/2012 amuhora kumushinja amarozi.