Nikwigize Jean De la Croix, umuhungu w’imyaka 14 utuye mu karereka Kicukiro mu mujyi wa Kigali yavutse nta maboko afite. Kuva yavuka, imirimo yose ikoreshwa amaboko ayikoresha amaguru kandi akabishobora.
Banki Nkuru y’igihugu iratangaza ko uyu mwaka uzashira ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereyeho 7.6% mu gihe ibiciro by’ibicuruzwa byo bitazarenza 7.5%.
Mu muhango wo gutanga inyemezabumenyi ku bantu 1400 barangije imyuga mu kigo cya Kavumu Vocational Training Center, Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, yasabye abize imyuga kurushaho kuyihesha agaciro.
Imirwano yahanganishije inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR n’ingabo za Leta ya Congo kuwa kabiri tariki 07/02/2012 yasize ihitanye inyeshyamba ebyiri za FDLR inakura abasivili bagera ku bihumbi 20 mu byabo.
Umusore witwa Binwangari Dismas wari utuye mu mudugudu wa Karutwe, akagari ka Cyahi, umurenge wa Rugarama mu karere ka Burera kuri uyu wa kane tariki 09/02/2012 yapfiriye mu bitaro bya Ruhengeri nyuma yo gutemagurwa mu mutwe na se umubyara.
Abayobozi batandukanye ku rwego rw’igihugu n’intara y’uburasirazuba, kuri uyu wa kane tariki 09/02/2012, bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda ruzatunganya ibikomoka kuri Soya rwitwa Mount Meru Soyco Ltd. Uru ruganda ruzubakwa mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza.
Mu rwego rw’ibiganiro by’icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatere, kuri uyu wa kane tariki/ 09/02/2012, rwaburanishirije imbere y’abaturage urubanza ubushinjacyaha buregamo Rutigerura Innocent icyaha cyo kwaka no kwakira ruswa y’amafaranga ibihumbi 30 kugira ngo afunguze umugabo wa Nyiransabimana (…)
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) ruzasoma za Callixte Nzabonimana na Capitaine Ildephonse Nizeyimana, mu rugereko rwa mbere rw’iremezo mu mpera z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka.
Kuva kuri uyu wa kane, Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yatangiye uruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu mu ntara y’uburengerazuba mu turere twa Nyamasheke na Rusizi.
Abaturage bo mu mudugugu wa Cyahafi, akagari ka Tare, umurenge wa Mbazi mu karere ka Huye bavuga ko bahutazwa n’umukozi w’akagari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage abaziza ko batatanze ubwisungane mu kwivuza.
Abaturage bo mu turere 8 bagiye gufashwa kwiteza imbere mu bukungu no mu buzima binyuze mu mushinga “Ejo Heza.”
Nyuma yo gutera inkunga Volleyball ibinyujije mu mushinga wayo wo kurwanya Malaria, Imbuto Foundation igiye no gutera inkunga indi mikino cyane cyane Basketball ndetse n’umupira w’amaguru.
Police FC ubu ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona by’agateganyo nyuma yo gustida Isonga FC ibitego 2 ku busa ejo kuwa gatatu tariki 08/02/2012 kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.
Umukozi ushinzwe ubwisungane mu kwivuza (mituelle de santé) mu kigo nderabuzima cya Mukarange, Bonaventure Babyecwamu, avuga ko umubare w’abantu bari bateganyijwe kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza wamaze kuzura ndetse ukanarenga.
Umukecuru witwa Mariya Roza Nyiramanegurwa ufite imyaka 85 amaze ibyumweru bibiri mu bitaro kubera gukubitwa akanakomeretswa n’ushinzwe ubukungu n’iterambere mu kagari ka Rusagara, umurenge wa Mbazi mu karere ka Huye.
Imiryango ituye mu kagari ka cyamukuza, umurenge wa Ndora mu karere ka Gisagara yararwanye igera n’aho itemana ipfa avoka.
Harelimana Anicet aranyomoza amakuru aherutse gutangazwa n’ishyaka FDU Inkingi avuga ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamyumba, Esperance Dukindimana, yatumye abantu ngo bamuteme.
Umurundi witwa Lazarre Kobagaya ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yatanzweho akayabo ka miliyoni y’amadolari y’Amerika mu rubanza rwo kumwirukana muri Amerika kubera ibyaha ashinjwa byo kugira uruhare muri Jenoside no kubeshya inzego za Amerika agamije kubona uko ahatura.
Mukabarinda Anastasie wo mu murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi yakorewe urugomo na n’undi mugore witwa Uwingabire Vestine amuziza ko yatanze amakuru ku mugabo we mu gihe k’inkiko gacaca.
Utubari dutatu two mu mujyi wa Kayonza ni two twonyine twemerewe gukora amasaha yose, mu gihe utundi tubari dutegekwa gufunga bitarenze saa yine z’ijoro, ndetse hakaba n’udutegekwa gufunga bitarenze saa mbiri z’ijoro iyo tudafite amashanyarazi.
Perezida w’u Rwanda Paul kagame n’umuherwe Bill Gates, bari mu batumiwe mu nama yaguye y’Umuryango Mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi (IFAD), izaba tariki 22-23/02/2012. Kimwe n’abantu bakomeye bazahurira muri iyi nama, azavuga ku ngaruka imihindagurikire y’ikirere igira ingaruka ku musaruro w’ibikomoka ku buhinzi.
U Rwanda rugiye kujya rukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha ibicuruzwa byinjira mu gihugu n’ibyoherezwa hanze hakoreshejwe ikoranabuhanga ryitwa Electronic Single Window.
Ikigo gishinzwe isoko ry’imibagabane (CMA) kuri uyu gatatu tariki 08/02/2012 cyasinye amasezerano y’ubufatanye na banki nkuru y’igihugu (BNR) mu guhanahana amakuru haganijwe kureba uko ubukungu bwiyongera mu gihugu.
Muri raporo yamurikiwe inteko ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite n’uwa Sena, kuri uyu wa gatatu tariki 08/02/2012, komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) yagaragaje ko mu mazu 38,679 yubakiwe abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe abatutsi, agera ku 12,908 akeneye gusanwa.
Umuyobozi wa sosiyete yo muri Afrika y’Epfo itwara abantu n’ibintu mu ndege, South African Airlines (SAA), tariki 08/02/2012, yatangaje ko SAA iteganya kongera ingendo ikorera mu Rwanda zikava kuri eshatu zikagera kuri eshanu mu cyumweru.
Mu rwego rwo kurushaho guteza imbere imico y’ibihugu byombi n’akarere biherereyemo muri rusange, umufasha wa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeanette Kagame, yageneye ikigo “Igongo Cultural Centre” cyo muri Uganda impano y’amadorali y’Amerika ibihumbi 10.
Umugabo witwa Ntivuguruzwa Bernard wo mu murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi, tariki 08/02/2012, yakubise umugore we, Mukambonabucya Esperance, agafuni aramukomeretsa mu gahanga.
Guinness World Records yemeje ko umugabo witwa M. Chandra Bahadur Dangi ariwe muntu mugufi cyane ku isi kuko afite uburebure bwa santimetero 53 n’ibiro 12.
Abakozi babiri b’Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, uyu munsi tariki 08/02/2012, basuye aho Kigali Today ikorera i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali kubera ko abakozi b’iyo ambasade bashimye amakuru Kigali Today yandika.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buratangaza ko imirimo yo gukora igishushanyo mbonera kigaragaza uko ku nkengero z’ikiyaga cya Sake hagirwa umujyi nyaburanga igeze kure.
Urwunge rw’amashuri rya Butare (GSO Butare) rwateguye irushanwa rya Volleyball ryo kwibuka uwahoze ari umuyobozi w’iryo shuri, Padiri Kayumba Emmanuel. Iryo rushanwa rizaba mu mpera z’iki cyumweru.
Bamwe mu bacuruzi bacururiza mu murenge wa Gacurabwenge, baratangaza ko imisanzu babaka hatitawe ku mari bacuruza bituma bamwe muri bo bagwa mu gihombo.
Ishyirahamwe ry’umukino wo w’amagare mu Rwanda (FERWACY) rigiye kubaka i Musanze ikigo kizajya gikorerwamo imyitozo ku rwego mpuzamahanga.
Aborozi bo mu karere ka Nyagatare baratangaza ko icyemezo Leta yafashe cyo kugurisha uruganda rw’amata rwitwa Savannah Dairy ruri muri ako karere kizatuma babona amafaranga menshi kuko bazajya bagurisha amata yabo ku ruganda nta wundi banyuzeho.
Umukino wa shampiyona Police FC ifitanye n’Isonga FC kuri uyu wa gatatu kuri stade ya Kigali, iramutse iwutsinze yahita isimbura APR FC ku mwanya wa mbere kuko iyirusha amanota atatu gusa kandi Police yo izigamye ibitego byinshi.
Umugabo w’imyaka 55 witwa Kageruka Evariste ukomoka mu kagari ka Nsanga, umurenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 06/02/2012 azize gusitara.
Umuyobozi w’ishuri ryisumbuye E.S Mutenderi yarekuwe na parike, tariki 06/02/2012, nyuma yo kugezwa imbere y’ubucamanza akisobanura ku byaha yakekwagaho bya ruswa mu guha abanyeshuri 300 imyanya mu kigo cya Leta mu buryo butemewe n’amategeko.
Umukecuru Mukantabana Odette w’imyaka 64 y’amavuko, tariki 06/02/2012 ahagana saa moya n’igice z’umugoroba, yiyahuje umuti ukoreshwa mu buhinzi wica udukoko mu murima witwa Simikombe.
Icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo kuzamura imishahara y’abarimu cyemejwe tariki 13/01/2012 gishobora gutuma abarimu 777 bigisha mu mashuri yisumbuye bize amashuri makuru na kaminuza basezererwa, bagasimbuzwa abandi bize amashuri yisumbuye gusa.
Canada yatanze amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 110 (amadolari y’Amerika 182,177 $) kugira ngo igeze Léon Mugesera ku butaka bw’u Rwanda, nk’uko amakuru inzego zicunga abambuka imipaka muri Canada abitangaza.
Umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) ushinzwe Afurika, Nick Westcott, arasura u Rwanda kuri uyu wa kabiri, ku nshuro ya mbere, mu rwego rwo kwirebera uburyo u Rwanda rukomeje kwiteza imbere mu bice bitandukanye.
Abantu batatu bitabye Imana undi umwe ahuma amaso bazize inzoga y’inkorano banyoye tariki 04/02/2012 mu kabari ko mu mudugudu wa Gasizi, akagari ka Nyamirango, umurenge wa Kanzenze, akarere ka Rubavu.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 07/02/2012, umusore witwa Mpawenimana Jean Bosco wo mu kagari ka Nyamagana ko mu murenge wa Ruhango yafatanywe imisongo igera ku 101 y’urumogi.
Ingabo zivuye mu bihugu 9 byo muri afurika bivuye mu bibazo by’intambara ziteraniye mu kigo cy’u Rwanda cyigisha ibijyanye n’amahoro ( Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze ziga uburyo ibihugu byabo byakubaka amahoro arambye (Security Sector Reform- SSR).
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cya gahunda zigamije kuzamura ubukungu no kurwanya ubukene (EDPRS II), Perezida Kagame yavuze ko gutera imbere bitizana ahubwo bijyana no gukora ndetse no guhanga udushya tuganisha ku iterambere.
Amakipe atatu muri ane yabonye itike yo gukina imikino ya ½ mu irushanwa ry’igikombe cy’Afurika cy’ibihugu (CAN 2012): Cote d’Ivoire, Ghana na Zambia, buri imwe ifitemo abakinnyi bavukana.
Umugaba w’Ingabo z’igihugu cy’u Bubiligi, General Charles-Henri Delcour, kuva ejo tariki 06/02/2012, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rumara iminsi ibiri.
Kubera ikibazo cy’ubuhemu no kutizerana mu rukundo benshi mu rubyiruko bahitamo kugira inshuti nyinshi (gutendeka) kugira ngo nahemukirwa n’umwe afate undi.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa, aremeza ko izamuka ry’ubukungu mu Rwanda mu myaka 5 ishize ryunguye abaturage, nk’uko ubushakashatsi bwa gahunda zigamije kwikura mu bukene (EDPRS) bwabigaragaje.