Nyamasheke: Hiace yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 29/08/2012, imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace, yakoze impanuka ikomeye igeze muri metero nkeya uvuye muri santere ya Tyazo mu murenge wa Kanjongo, abantu barakomereka ariko nta witabye Imana.
Abantu bari muri iyo taxi ifite purake RAA 501 J bahise bagezwa ku bitaro bya Kibogora aho bari gukurikiranwa.
Umushoferi wari utwaye iyi modoka, Sinamenye Gaspard, avuga ko impanuka yatewe n’uko imodoka yanyereye ku gice cy’inyuma, maze yagerageza kuyigarura mu muhanda igahita yikubita ku muyoboro ucamo amazi igahita igwa hakurya yawo.

Sinamenye utabasha gusobanura neza uko impanuka yabayeho ntabwo yakomeretse cyane, uretse ko yavunitse ku kaboko mu gihe yavaga mu modoka.
Iyi modoka yaguye icuramye amapine ajya hejuru gusa twahageze bayeguye ngo bakuremo umuntu wari wahezemo.
Ibitaro bya Kibogora bitangaza ko byakiriye abantu icyenda bari muri iyi modoka, ariko abantu babiri nibo bagaragaza ko bashobora kuba bagize ikibazo gikomeye; nk’uko twabitangarijwe na Nsengiyumva Jean Paul, ukuriye abaforomo muri ibi bitaro.

Ntitwabashije kumenya umubare nyakuri w’abantu bari muri iyo modoka yari ihagurutse i Tyazo yerekeza i Kamembe. Gusa ngo batatu muri bo bahise bakomeza urugendo mu yindi modoka, abandi icyenda bajyanwa ku bitaro.
Ibi bivuga ko bashobora kuba bari 12 kuko n’umushoferi yemeza ko itari yuzuye kandi isanzwe itwara abagera kuri 18.
Emmanuel Nshimiyimana
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Imana ishimwe ahubwo nibakore uwo muhanda vuba kuko byo imodoka zazahanyerera zihashirire kabisa Imana ishimwe ko ntawapfuye.
Ewana maze kubona uko iyi modoka yangiritse ndahamya ko Abanyarwanda bakomera kabisa!!! Imodoka yangirika kuriya abyirimo bo bagasigara ari bazima!!! Imana ishimwe
NDABASHIMIRA KUKO MUTUBERA AHOTUTARI
MUZATUGEZEHO AMATEKA YA RWIGEMA GISA