Rayon Sport yakirwa mu karere ka Nyanza byari nk’ubukwe

Nyuma y’imyaka myinshi yibera mu mujyi wa Kigali, Rayon Sport yimukiye mu karere ka Nyanza aho yavukiye ikorewa ibirori bimeze nk’ubukwe mu muhango wabaye kuri sitade y’ako karere ku gicamunsi cya tariki 18/09/2012.

Kuva mu mujyi wa Kigali yerekeza i Nyanza yari iherekejwe n’imodoka z’urwererane abafana baririmba babyina bavuza vuvuzela, induru nyinshi z’urusobe, imirishyo y’ingoma n’ibindi.

Mu nzira zose yanyuragamo niko yasangaga abaturage bayitegerereje ku mihanda babona ihingutse bose bagakoma induru bamwe bagira bati karibu iwanyu ku ivuko abandi bakungamo ko ikipe ya Rayon Sport ije yisanga ku gicumbi gicumbikiye umuco Nyarwanda bashaka kuvuga mu karere ka Nyanza.

Abenshi mu bafana bayo bari bihindanyije mu maso bifashishije amabara agize ikipe ya Rayon Sport.
Abenshi mu bafana bayo bari bihindanyije mu maso bifashishije amabara agize ikipe ya Rayon Sport.

Ubwo yari igeze kuri sitade y’akarere ka Nyanza ari naho umuhango wo kuyakira ku mugararo abantu bari baturutse mu duce twose tw’igihugu harimo n’Abanyenyanza batuye mu mujyi wa Kigali bari bayiherekeje bayiririmbiye karahava.

Mu gihe umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah yafataga ijambo ibyishimo mu bafana byarushishejo kwiyongera maze bamuca mu ijambo batangira kuririmbira bamwe bagira bati: “Meya wacu! Meya wacu!” abandi nabo bagahanika amajwi basubiramo indirimbo zayo zitandukanye yahimbiwe maze amajwi y’abafana akaba uruvangitirane.

Ubwo Rayon Sport yageraga mu karere ka Nyanza abantu bari buzuye imihanda yo mu mujyi rwagati bashungereye ubwinshi bw'imodoka zari ziyiherekeje.
Ubwo Rayon Sport yageraga mu karere ka Nyanza abantu bari buzuye imihanda yo mu mujyi rwagati bashungereye ubwinshi bw’imodoka zari ziyiherekeje.

Icyakora n’ubwo byari bimeze gutyo inzego z’umutekano zakomeje gukomakoma abafana basabwa gucisha make maze umuyobozi w’akarere ka Nyanza ageza ijambo ku mbaga y’abantu bari bitabiriye ibyo birori byo kwakira ikipe ya Rayon Sport.

Nk’uko Murenzi Murenzi Abdallah yabisobanuye ikipe ya Rayon Sport izitabwaho n’akarere ka Nyanza kayishyurire imishahara y’abakinnyi n’ibindi byangombwa izakenera. Yakomeje avuga ko abakinnyi b’iyo kipe bazajya bacumbikirwa ndetse bakanagaburirwa.

Yagize ati: “Ukugaruka kwa Rayon Sport mu karere ka Nyanza ni umunsi wo kwisubiza icyubahiro cyayo nk’uko yahoze kandi ni amateka isize atazibagirana”.

Abafana ba Rayon Sport ku kibuga cy'akarere ka Nyanza bari bahimbawe bikomeye.
Abafana ba Rayon Sport ku kibuga cy’akarere ka Nyanza bari bahimbawe bikomeye.

Ababonye uburyo Rayon Sport yakiriwe mu karere ka Nyanza bavuga ko ibirori nk’ibyo yaherukaga kubikorerwa igihe yatahukanaga igikombe cya CECAFA ikivanye i Zanzibar mu 1998.

Jean Pierre Twizeyeyezu

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 12 )

mushakeumuhini mukubite abarezi

nikodemugatete yanditse ku itariki ya: 6-05-2013  →  Musubize

genda gikundiro Turagukunda, kdi Tuzakugwa inyuma

flory yanditse ku itariki ya: 12-01-2013  →  Musubize

titi ndakwemeye

uwase gisele yanditse ku itariki ya: 8-11-2012  →  Musubize

Ishyari ni ishyano

12345 yanditse ku itariki ya: 1-10-2012  →  Musubize

Ariko njye ndibaza ese mu mihigo akarere ka Nyanza beretse Prresident wa Republic harimo ibya Rayons Sports??? please twe kuvanga Polique na Sports, ubwo amafaranga yo guteza abaturage ba Nyanza agiye kujya ayobera mu gufasha ikipe, abaturage baricwa n’inzara, bamwe ntibashobora kwiyishyurira Mituelle de santé hanyuma ngo akarere kagiye gufasha ikipe, biteye agahinda, njye nsimbishigikiye na busa, vivez notre President.

Umunyarwanda yanditse ku itariki ya: 21-09-2012  →  Musubize

RAYON SPORT KAZE NEZA I NYANZA

UWANYILIGIRA vestine yanditse ku itariki ya: 19-09-2012  →  Musubize

Ubundi umugi uba ugoye.tubifurije ibihe byiza.gikundiro oyeee

Anicet niyonzima yanditse ku itariki ya: 19-09-2012  →  Musubize

nunkuri nukuri rayon sport irasubijwe kandi nabafana tiyiri inyuma gusa abanyenyanza bazayifate neza kandi nayo nizera ntashidikanya ko izadushimisha

narindi i byumba

mellot yanditse ku itariki ya: 19-09-2012  →  Musubize

Ubwo ikipe ibonye aho itura, abakinnyibakaba batazirukanwa mu nzu cg ngo baburare nihakurikireho gushyiraho abakozi bahoraho bashinzwe management y’ikipe.
Hageho uburyo bwo kumenya abakunzi ba RAyon Sports hakoreshejwe amakarita y’abanyamuryango (mbese nk’abitwa socios kuri Barcelone cg za Real Madrid).
Amakarita abe mu byiciro hakurikijwe uko buri wese yibashije, nka 10.000, 20.000,50.000, 100.000 ndetse n’andi babona biri ngombwa.
Umuntu yishyure kuri acount muri bank atange ifoto na bank slip bamukorere ikarita.
Mbese buri wese ukunda Rayon Sport abe afite ahantu yanditse kandi atanga umusanzu n’iyo cyaba igiceri cya 20 cg 10.
Ahasigaye muzabona umusaruro binazanira akarere ubwako.
Jyewe ndabashimiye

Rutagwabiziminega yanditse ku itariki ya: 19-09-2012  →  Musubize

Ubwo ikipe ibonye aho itura, abakinnyibakaba batazirukanwa mu nzu cg ngo baburare nihakurikireho gushyiraho abakozi bahoraho bashinzwe management y’ikipe.
Hageho uburyo bwo kumenya abakunzi ba RAyon Sports hakoreshejwe amakarita y’abanyamuryango (mbese nk’abitwa socios kuri Barcelone cg za Real Madrid).
Amakarita abe mu byiciro hakurikijwe uko buri wese yibashije, nka 10.000, 20.000,50.000, 100.000 ndetse n’andi babona biri ngombwa.
Umuntu yishyure kuri acount muri bank atange ifoto na bank slip bamukorere ikarita.
Mbese buri wese ukunda Rayon Sport abe afite ahantu yanditse kandi atanga umusanzu n’iyo cyaba igiceri cya 20 cg 10.
Ahasigaye muzabona umusaruro binazanira akarere ubwako.
Jyewe ndabashimiye

Rutagwabiziminega yanditse ku itariki ya: 19-09-2012  →  Musubize

ubwo mubaye abakarere ka nyanza twe abumugi tubavuyeho kuko natwe dufite iyakarere kaco, gSENYI BYYYYYYEEEEEEEEEEE

karangwa yanditse ku itariki ya: 19-09-2012  →  Musubize

ko ntabonamo comission icyura impunzi.gasenyi weeeeeee nzaba ndeba

jango yanditse ku itariki ya: 19-09-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka