Burera: Amakoro agiye kubyazwa ifumbire

Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu gihe cya vuba amakoro atazaba akoreshwa mu bwubatsi gusa, ngo ahubwo azabyazwamo ifumbire abantu bazajya bifashisha bafumbira imyaka yabo.

Mu karere ka Burera haba amakoro menshi kandi Abanyaburera bayafata nk’umutungo kamere ukomeye kuko abafasha mu bwubatsi. Mu minsi ya vuba ngo bazatangira kuyabyazwa ibindi bibafitiye akamaro nk’uko umuyobozi w’akarere ka Burera abitangaza.

Sembagare Samuel agira ati “hari abambwiye b’abahanga ko byabyara n’ifumbire. Bashobora kuyasya (amakoro) akavamo ifumbire. Ibyo byose ni ibikorwa duteganya kandi twizera ko bitazatinda”.

Amabuye y’amakoro agaragara mu karere ka Burera, mu gace kegereye ikirunga cya Muhabura. Ako gace kera mo ibihingwa bitandukanye cyane cyane ibirayi, ibishyimbo, ibigori, ingano n’ibindi. Ibyo usanga bituma abantu baho bapfa amasambu.

Amakoro agiye kubyazwa ifumbire.
Amakoro agiye kubyazwa ifumbire.

Nta kindi Abanyaburera bakoresha amabuye y’amakoro uretse kuyubakisha. Usanga bamwe bayubakisha amazu manini abandi bakayubakisha ibipangu n’ingo byabo.

Hari bamwe bayaconga kuburyo abantu batandukanye bayakeneye baza kuyagura bakajya kuyubakisha nk’uko umuyobozi w’akarere ka Burera abihamya.

Ayo mabuye y’amakoro yaturutse ku iruka ry’ikirunga cya Muhabura kitazwi igihe giherukira kurukira. Ibintu bimeze nk’ibikoma bisohoka mu kirunga iyo kiri kuruka nibyo byuma bikavamo amakoro.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka