Pasitoro Amos Betungula wo mu itorero ry’ubwiyunge mu gace ka Mengo yatawe muri yombi na Polisi yo muri icyo gihugu azira gutwara umugore wari umuyoboke mu itorero rye.
Abaturage bo mu mirenge ya Mushubati na Mukura yo mu karere ka Rutsiro mu mezi atatu ashize barakariye Abagande bakoraga umwuga wo kubaza mu murenge wa Mushubati bavuga ko muri bo harimo ababuza imvura kugwa.
Imirimo yo kubaba ikiraro cyo ku mupaka wa Rusizi ya mbere gihuza akarere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo igeze kure.
Ku mugoroba wo kuwa gatandatu tariki 12/01/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye abasenateri n’abadepite ba Reta zunze ubumwe z’Amerika (USA), baje kureba uko u Rwanda ruhagaze mu ishoramari, kugirango hongerwe ubufatanye bw’ibihugu byombi mu bijyanye n’ubucuruzi.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Gaspard Byukusenge, yashimiye umugore witwa Philomene Mukarugambwa kubera ko yamubonye agenda n’amaguru ku musozi wabo kandi atahamumenyereye atazi n’uwo ari we, akamubaza ikimugenza.
Abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero barakemanga imikorere ya kompanyi ya African Tours isanzwe itwara abagenzi muri uwo muhanda, igihe izaba ariyo yonyine isigaye ihakorera, nkuko biherutse kwemezwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA).
Myugariro wa APR FC Emery Bayisenge yerekeje mu gihugu cy’Ububiligi aho agiye gukora igeragezwa mu ikipe ya Zulte-Waregem FC yo mu cyiciro cya mbere muri icyo gihugu.
Bamwe mu bayobozi bo mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, baratangaza ko gahunda yo kugurana ubutaka mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda yo gutura ku midugudu hari benshi mu baturage ibangamiye.
Urubyiruko rwo mu karere ka Kicukiro rwibumbiye mu ishyirahamwe rwise Transperency Green Africa, rwiyemeje guhangana n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’itangwa rya ruswa ruhereye mu karere rukomokamo.
Elie Nizeyimana, umunyamategeko wo mu muryango utegamiye kuri Leta “Haguruka”, ushinzwe kurengera abagore n’abana mu Rwanda, avuga ko amategeko yariho mu myaka ishize mu Rwanda yabuzaga umugore kuba yatunga konti muri banki.
Umuyobozi wa banki y’abaturage ushinzwe ubucuruzi, Paul Van Apeldoorn, yahakanye ko iyi banki yahombye, ahubwo yagabanyije umuvuduko w’inguzanyo yatangaga, nyuma y’uko bigaragaye ko yatanze inguzanyo nyinshi.
Radio isango, imwe mu maradiyo akorera mu mujyi wa Kigali, yibasiwe n’inkongi y’umuriro utunguranye, watwitse ibikoresho bimwe mu bikoresho byifashishwa mu gusakaza amajwi byari muri Studio y’iri Radio.
Ikibazo cy’isuku mu hacururizwa ibyo kurya n’ahatangirwa serivisi mu bigo bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali, hagaragaje ko guhindura imyumvire bikibakomereye, kuko nyuma y’iminsi micye bihanangirijwe bigaragara ko nta kintu kinini cyahindutse mu byo bakora.
Ubuyobozi bwa sosiyete y’ishoramari yitwa Multisector investment Group (MIG) burizeza ko bitarenze ukwezi kwa Mata uruganda rw’icyayi rwa Mushubi ruri kubakwa mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe ruzaba rwatangiye gukora.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) irasaba Abanyarwanda bose guhaguruka bakarwanya ibikorwa bibi by’ihohoterwa bikomeje gusenya imiryango kuko binyuranyije n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.
Abayobozi n’abakozi b’ibigo nderabuzima byo mu karere ka Ngororero bavuga ko kuba abarwayi bivuriza ku bwisungane mu kwivuza (Mutelle de Sante) batemerewe kurenza iminsi itatu barwariye mu bigo nderabuzima bibabangamira ndetse bikanabangamira abaturage.
Abanyarwanda bahungutse bavuye muri Kongo bakaba bari mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi batangiye gufotorwa ngo bazahabwe indangamuntu mbere y’uko berekeza iyo bakomoka.
Umujyi wa Kigali urashakisha uburyo bunoze bwo gutuza abaturage bakomeje kwiyongera umunsi ku wundi, bazaba bavuye kuri miriyoni 1.3 mu w’2013, bakazaba babarirwa hagati ya miriyoni 3.8 kugeza kuri eshanu mu mwaka w’2040.
Ingemwe zigera ku 14400 zahawe abahinzi 14 bibumbiye mu makoperative y’ubuhinzi mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu kugira ngo zizabafashe kwiteza imbere.
Umudozi w’ikweto ukorera mu isoko ryo mu mujyi wa Butare, mu gitondo cya tariki 11/01/2013, yari yivuganywe n’umucuruzi bita Gasongo ukorera muri iri soko amuziza ko yari aje kumubaza impamvu yamumeneye itara.
Kayijuka Concorde na Gatabazi Amani batahutse mu Rwanda tariki 11/01/2013 bavuye muri Kongo aho babaga mu mutwe wa Maï Maï ya Kutumba.
Umwana witwa Nevaeh Atkins umaze amezi atatu gusa avutse yamenyekanye mu minsi mike ageze ku isi kubera igikorwa gitangaje yakoze cyo kuvuka afashe muganga urutoki.
Abagenzi bari mu ndege ya Qantas bavaga muri Australiya bagiye mu gihugu cya Papua New Guinea baguye mu kanu ubwo babonaga inzoka “uruziramire” mu idishya yibereye mu ibaba ry’indege barimo.
Abanyarwanda 72 bari barahungiye Congo 1994 harimo Abanywandakazi bari barashakanye n’Abanyekongo bageze mu Rwanda tariki 11/01/2013 bahungutse bavuga ko bahunze ibikorwa by’ihohoterwa bibera muri Congo.
Abasore babiri bakekwaho kwiba moto mu Karere ka Nyagatare bagatorekera mu gihugu cya Uganda, tariki 09/01/2013 bashyikirijwe Polisi y’u Rwanda na moto bari bibye; nk’uko Polisi ibitangaza.
Abantu 14 batawe muri yombi tariki 10/01/2013 bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe mu birombe biherereye mu mudugudu wa Bweramana, akagari ka Remera mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko imwe mu mpamvu ituma inzoga z’inkorano (ibikwangari) zidacika ari uko ababinywa batarumva neza ingaruka zifite ku buzima bwabo.
Nsekuye Leonard uyobora akagari ka Gisa, mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho icyaha cyo gutonesha no kugendera ku marangamutima akangiza inzu y’umuturage avuga ko agiye gushyira mu bikorwa imyanzuro y’urubanza rutabaye.
Abayobozi bo mu karere ka Rulindo batangiye umwaka bahanga udushya tutaraboneka ahandi mu tundi turere aho buri mukozi w’akarere afite intego yo kuzamura nibura umuryango umwe mu miryango ikennye kurusha iyindi mu batuye aka karere.
Mu gihe bizwi ko abanyeshuri bo mu mashuri y’uburezi bw’imyaka 9 bagomba kwigira ubuntu, ababyeyi barerera mu rwunjye rw’amashuri rwa Bukomero mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango bahangayikishijwe n’amafaranga 4250 bakwa n’ubuyobozi bw’iri shuri.
Abaturage bo mu midugudu ya Rugali na Mataba yo mu kagari ka Mwendo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bishimiye ko tariki 09/01/2013 umuyobozi w’akarere yabasuye ku misozi batuyeho, mu gihe ngo nta wundi muyobozi w’akarere cyangwa se uwa komini wigeze ahagera kubera imiterere yaho.
Umuyobozi wa World Vision muri Zone y’Amajyaruguru, Muhashyi Aphrodice, avuga ko igikenewe muri iki gihe ari ugufasha abantu kwifasha aho kubaha inkunga zihita ntizigire n’icyo zibasigira.
Mu mudugudu wa Nyagasambu, akagali ka Rugobagoba, umurenge wa Ruganda mu karere Karongi, nta mashanyarazi ahabarizwa, ariko hari umusore wabashije kwikorera salon de coiffure ikoresha ingufu za batiri y’imodoka.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yishimiye uburezi n’uburere bitangwa n’ishuri ryisumbuye rya Agahozo Shalom ry’i Rwamagana, rirererwamo impfubyi za Jenoside, aho yavuze ko ari ikirango cy’amateka mabi ya Jenoside, ariko rikaba n’icyizere cy’ejo hazaza heza.
Rutahizamu wa Rayon Sport, Sina Gerome, yahawe igihano cyo gukatwa 1/3 cy’umushahara ahembwa buri kwezi, nyuma yo gusiga bagenzi be, akerekeza mu gihugu cye cy’amavuko cya Congo nta ruhushya yasabye.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu butangaza ko hari byinshi bigomba guhinduka mu mibereho y’abatuye uyu murenge mu rwego rwo kubahiriza gahunda za Leta zirimo ubwisungane mu kwivuza, kubyarira kwa muganga no gufata neza ibikorwa remezo.
Mu gikorwa cyo guhemba abandi banyamahirwe batsinze muri tombora ya MTN yitwa “Sharama”, kuri uyu wa 10/01/2013 mu karere ka Muhanga, umusore w’umubaji witwa Tambwe Abed niwe wegukanye imodoka.
Mu gishanga cya Rurambi gihuriweho n’imirenge ya Juru na Mwogo mu karere ka Bugesera ndetse na Masaka mu karere ka Kicukiro hamaze gutunganywa hegitari 350 zizahingwaho umuceri.
Gahunda y’imbarurabukungu ya kabiri yo mu Rwanda (EDPRS II) igena ko mu bigomba kwitabwaho kugira ngo Abanyarwanda babashe kugera ku iterambere harimo ko gutura mu kajagari birekera aho, abaturage bagatuzwa mu midugudu.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDMAR) iratangaza ko izajya ibanza guha inyigisho z’ibanze Abanyarwanda batahuka mbere y’uko basubizwa mu miryango yabo kugira ngo babashe kwisanga mu bandi Banyarwanda basanze mu gihugu ndetse banamenye gahunda za Leta.
Ikidasanzwe cyagaragaye kuri uwo mukino warangiye Rayon isinze bigoranye ibitego 3 kuri 2 ni imyinjirize irimo akavuyo, umuvundo no kurwana kuri stade ya Muhanga, ahari amatike ya 5000, 2000 n’1000.
Urubyiruko ruturutse mu bihugu bitandukanye ruteraniye mu Rwanda aho ruhabwa ubumenyi ku kubaka amahoro bagendeye ku bunararibonye bw’u Rwanda. Iki gikorwa gitegurwa n’umuryango ushinzwe kurwanya Jenoside, Never Again Rwanda (NAR).
Ikigo nderabuzima cya Rususa cyo mu karere ka Ngororero cyahawe imodoka yacyo itwara abarwayi (ambulance) kikaba kibaye icya kabiri mu bigonderabuzima 12 byo mu karere ka Ngororero mu kugera kuri icyo gikorwa.
Abaturage n’ubuyobozi mu karere ka Gatsibo bakomeje guterwa inkeke n’amakimbirane arangwa mu bimukira baza muri aka karere bakurikiye ubutaka n’imirimo bakaza kuhatura.
Ubwo abashinzwe kugenzura isuku mu karere ka Rusizi bakomezaga igikorwa cyo kureba aho isuku igeze ishyirwa mu bikorwa, kuri uyu wa 10/01/2013, baje kugwa ku inzu icumbikira abantu ariko itazwi mu murenge wa Kamembe ihita ifungwa.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko hari gushakwa uburyo ikibuga cya Stade Ubworoherane iri mu karere ka Musanze n’icya Stade ya Gicumbi, mu karere ka Gicumbi, bisanwa bikajya bikinirwaho bimeze neza.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko mu buzima bwe akunda kumva umuziki kandi ngo afite abaririmbyi batandukanye akunda haba mu Rwanda ndetse no mu bindi bihugu.
Igikorwa cyo kwimura abatuye ahantu hashobora kubateza impanuka ziterwa n’ibiza (mu mibande no mu bishanga ndetse n’ahandi hahanamye) bakimurirwa mu midugudu gikeneye amafaranga akabakaba miriyari 40.