Igihe umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ndetse n’uwo guhatanira umwanya wa gatatu izakinirwa bikomeje kuba urujijo nyuma y’aho ikipe ya APR FC igomba guhatanira umwanya wa gatatu yabuze uko iva mu gihugu cya Soudan kubera kubura indege.
Amakuru dukesha inzego zitandukanye mu karere ka Ngororero avuga ko hamaze iminsi hari kutumvikana hagati y’akanama gashinzwe gutanga amasoko mu karere ka Ngororero n’umwe muri ba rwiyemezamirimo warenganijwe mu gupiganirwa isoko.
Ishyirahamwe ry’abamyamakuru b’imikino (AJSPORT) bakoze igikorwa cyo kwibuka abanyamakuru bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Uwo muhango wabaye tariki 02/07/2013 i Remera ku kibuga cya FERWAFA.
Ishyirahamwe ry’abarwara abagenzi bibumbiye muri Rwanda Federation of Transport (RFTC) bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, batanga inkunga y’amazu 6 yagenewe abacitse ku icumu batishoboye bimuwe ku musozi wa Rubavu bagatuzwa ahitwa Kanembwe mu karere ka Rubavu.
Biteganyijwe ko imiryango 188 yo mu Karere ka Gakenke ituye mu manegeka (high risk zone) izaba yimuwe yose mbere y’impera za Nzeri z’uyu mwaka. Ibikorwa byo kuyimura bigeze kure aho hasizwa ibibanza n’amatafari akaba abumbwa.
Inzu y’umugore Mukazigama Vestine utuye mu karere ka Rusizi yibasiwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa saba z’ijoro rishyira tariki 03/07/2013 kandi hari hashize iminsi ibiri yibwe ihene.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida, aravuga ko mbere ya Jenoside, akamaro ka parike y’ibirunga ku bayituriye kari ako kwica inyamaswa zibarizwamo maze bakazirya gusa, ibintu byahindutse kuri ubu.
Urubyiruko rwibumbiye mu ishyirahamwe DUHANGE UMURIMO riri mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba batangaza ko bamaze kwiteza imbere babikesha ubukorikori bwo kuboha ibikoresho bitandukanye babikuye mu birere by’insina.
Abapolisi 140 bahagurutse kuri uyu wa Kabiri tariki 02/06/2013 ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kanombe bagiye mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Haiti.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Karongi, Chief Superintendent Gatambira Paul, aratangaza ko ikibazo cy’abana b’inzererezi muri ako karere kitarafata intera ndende ku buryo gifatiranywe hakiri kare cyacika burundu.
Buri munyarwanda afite inshingano yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko ibyabaye byakorewe Abanyarwanda, bikorwa n’Abanyarwanda ndetse bihagarikwa n’Abanyarwanda.
Ahereye ku mihanda yakozwe ariko hakongera gusabwa amafaranga yo kongera kuyikora, umuyobozi w’inama njyanama y’akarere ka Rusizi, Kamanzi Symphorien, avuga ko hari amafaranga apfa ubusa kubera abakozi badakurikirana neza inshingano zabo.
Abagore babiri bavuga ko bakomoka mu Kagali ka Muyove, Umurenge wa Muyove ho mu Karere ka Gicumbi bafashwe baje kwiba mu isoko rya Gakenke, Akarere ka Gakenke kuri uyu wa Kabiri tariki 02/07/2013.
Kuri station ya Polisi ya Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, hafungiye abaturage 54 bavuga ko basengera mu itorero ryitwa Abagorozi, aho bakekwaho kuba imisengere yabo ishobora guhungabanya umutekano kuko bakunda gusengera mu mashyamba, mu masaha ya nijoro bagahurira mu ngo z’abaturage.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, burasaba abacuruzi bo muri uwo murenge guca ukubiri n’ubucuruzi bw’izoga zitemewe gucuruzwa mu Rwanda kuko zifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 67 y’amavuko ukunze kwifashishwa mu kwigisha amateka y’u Rwanda, Kalisa Rugano, asobanura ko Ababiligi aribo bakoze iyo bwabaga kugirango bashwanishe Abahutu n’Abatutsi.
Inama y’abaministiri yateranye ku wa gatanu ushize, yagabanyije umubare w’abakozi ba Leta bafashwaga kubona ibinyabiziga byabo bwite, guhera ku bayobozi mu nzego nkuru za Leta kumanura, ndetse inagabanya amafaranga azajya ahabwa abasigaye, kugera ku kigero cya 30%.
Ishuri rikuru ryo guteza imbere amategeko (ILPD) rifite icyicaro mu karere ka Nyanza tariki 02/07/2013 ryagurishije muri cyamunara ibikoresho byaryo byo mu nzu, ibiro no mu gikoni birimo n’imbabura zishaje.
Kuri uyu wa 02/07/2013, mu karere ka Kirehe hateraniye inama yo kwiga ku mikorere n’imikoranire hagati y’abarimu n’ubuyobozi bw’akarere aho bareberaga hamwe uburyo abarimu bafitiwe ibirarane babibona.
Hambere aha, inzego nkuru z’ubuyobozi bw’igihugu zashyizeho komisiyo yo kwita ku kibazo cy’irangiza ry’imanza za Gacaca, hagamijwe kureba uko iki kibazo cyifashe mu gihugu ndetse no gutanga inzira y’uburyo cyakemuka.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura Impuzi (MIDIMAR) iratangaza ko n’ubwo Abanyarwanda bakiri mu buhunzi bazakomeza kwemererwa gutaha, nyuma y’uko itariki yo kurangiza ubuhunzi igeze, atari ko bizahora kuko hari igihe kizagera imipaka ikabafungirwaho.
Santere ya Kidaho, iri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, imaze imyaka igera kuri itatu nta bwiherero rusange igira kuburyo byateje umwanda muri iyo santere kuko abahacururiza ndetse n’abaza kuhahira bihagarika aho babonye.
Minisitiri w’ingabo, Gen. James Kabarebe, yongeye kunyomoza abakomeje kuvuga ko abasirikare b’u Rwanda (RDF) bishe Abanyarwanda bari barahungiye mu gihugu cya Congo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibi bishimangirwa na Maj. Gen. Rwarakabije wari muri Congo icyo gihe.
Kavamahanga Placide na Niyomukiza uzwi ku izina rya Miyoyo batawe muri yombi bakekwaho kwica umusore witwa Ntibansekeye Wellars bamuciye umutwe mu Kagali ka Gikombe ho mu Murenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke tariki 24/06/2013.
Ahitwa Kabakobwa haherereye mu Murenge wa Mukura ho mu Karere ka Huye, hashyinguwe abazize Jenoside yo muri Mata 1994 bagera ku 27020. Iki gikorwa cyabaye ku cyumweru tariki ya 30 Kamena 2013.
Kuba mu mwaka wa 2013-2014 ibibazo by’imitungo yangijwe muri Jenoside bizarangizwa mu Karere ka Huye, byavuzwe na Mutwarasibo Cyprien, umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere.
Mu gihe Abanyarwanda bishimira ukwibohora kw’igihugu, abatuye akarere ka Nyamasheke bishimira ko Ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994 zikarokora Abatutsi bari bataricwa ariko kandi zikarokora n’abandi baturage kuko abicanyi bari basubiranyemo ubwabo ndetse bica n’abandi (…)
Mukamabano Angelique wo mu karere ka Kayonza avuga ko yahingiraga abandi kugira ngo abone ikimutunga, ariko ubu na we ngo asigaye ashyira abakozi mu murima bakamuhingira akabahemba, abikesha inkunga yahawe n’umuryango Women for Women.
Nsengiyumva Felix uyobora akagari ka Gishwero mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera tariki 01/07/2013 nyuma yo gutabwa muri yombi ahetse litiro eshanu z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Bahame Hassan, yongeye kuburira abatuye akarere ka Rubavu bajya mu mujyi wa Goma kwitondera ingendo bakora kuko hari abagerayo bagahohoterwa bakamburwa cyangwa bagafungwa kugeza batanze amafaranga yo kwigura.
Uretse kuba hari umutwe wihariye washyizweho n’umuryango w’Abibumbye mu guhashya imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa Congo, abava mu mutwe wa FDLR bahunguka mu Rwanda bemeza ko n’ubuzima bari basanzwe babamo butari bwiza.
Umuganga w’Umunyamerika witwa Sam Axelrad yasubije Nguyen Hung w’imyaka 74, umusirikare wo muri Vietnam warwanye intambara ya Vietcong amagufa y’ukuboko kwe yaciwe mu mwaka w’i 1966.
Mbarushimana Shaban w’imyaka 32 utuye mu mudugudu wa Cyegera mu kagali ka Nyamure ko mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza ahagana saa moya n’igice z’ijoro tariki 01/07/2013 yatemye mugenzi we urutoki ruvaho izindi arazikomeretsa ngo abitewe n’uko yari yasinze.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bishimira ko ukwibohora kwabo kwatumye babona uburezi budaheza kuri buri wese, bitandukanye n’uko byari bimeze mbere y’umwaka w’1994 kuko ngo icyo gihe higaga umwana w’umutegetsi cyangwa undi ukomeye.
Naveena Shine ufite imyaka 65 y’amavuko aremeza ko amaze iminsi 47 adafata ku mafunguro ngo kandi azamara iminsi 100 mu rwego rwo kugaragaza ko abantu nabo bashobora kubaho batarya, bakaba batungwa n’izuba n’umwuka byo mu kirere nk’ibimera binyuranye.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 19 yasezerewe mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Mexique, nyuma yo gutsindwa imikino ine yose yo mu itsinda yari iherereyemo bituma ifata umwanya wa nyuma.
Ikipe ya Rayon Sports yari ihagarariye u Rwanda mu gikombe cya CECAFA Kagame Cup cyaberaga muri Sudan, yavuye muri iryo rushanwa itabashije guhembwa, nyuma yo gutsindwa na El Merreikh igitego 1-0 mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wabaye ku wa mbere tariki 01/07/2013.
Abakozi basaga 150 bakorera sosiyete yubaka inyubako zo kwagura isoko ry’akarere ka Ngoma yitwa “ELITE GENERAL CONTRACTORS” baravuga ko bamaze igihe gisaga umwaka bakora badahembwa bakaba basaba ko barenganurwa bagahembwa amafaranga yabo.
Abanyarwenya (comedians) baje baturutse Uganda na Kenya kwitabira igitaramo cya Kings of Comedy gitegurwa na MTN barashishikariza Abanyarwanda gushyigikir¬¬¬¬a abanyarwenya bo mu Rwanda bakitabura ibitaramo baba bateguye, kubatera inkunga, ndetse no kutabagereranya n’abandi banyarwenya bo mu bindi bihugu.
Bamwe mu batuye mu karere ka Kayonza bemeza ko u Rwanda rwabonye ubwigenge mu 1962, mu gihe hari abavuga ko ubwigenge bwabonetse mu Rwanda nyuma y’urugamba rwo kubohoza igihugu rwakozwe na FPR-Inkotanyi.
Côte d’Ivoire ngo nicyo gihugu muri iki gihe kiganwa cyane na benshi mu Banyafurika baba bahunga gutotezwa bazira gukorana imibonano mpuzabitsina n’abo bahuje ibitsina mu bihugu bakomokamo.
Umusore w’imyaka 20 n’umugore w’imyaka 27 bafunze bakekwaho kugerageza kwinjiza ibiyobyabwenge mu kigo cy’amashuri Sonrise giherereye mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze.
Nyuma y’uko ishuri Community Integrated Polytechnic (CIP) rifungiye imiryango by’abateganyo mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatanu uyu mwaka, abaryizemo bakomeje guhangayikishwa n’uko barimo kudindira nyamara bo barakoze ibyo basabwaga ngo bakurikire amasomo yabo nta nkomyi.
Leta ya Amerika iravuga ko u Rwanda rushobora kubera urugero ibindi bihugu byo mu karere ruherereyemo mu rwego rwo kwiyubaka, kubungabunga amahoro no kugera ku bumwe n’ubwiyunge hagati y’abaturage babyo.
Vital’o FC, ikipe yari ihagarariye u Burundi mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2013 ryaberaga muri Sudan, niyo yegukanye igikombe, nyuma yo gutsinda APR FC ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wabereye mu mujyi wa Elfasher mu ntara ya Darfur.
Abanyekongo baba mu bice bitandukanye by’akarere ka Nyanza bifatanyije n’inshuti zabo mu kwizihiza umunsi igihugu cyabo cyahoze cyitwa Zaire ubu kikaba ari Repubulika iharanira Demokarasi ya congo cyaboneyeho ubwigenge tariki 30/06/1960.
Umwongereza witwa Angelica Bull ameze neza ariko ibyo ntibimuza gutegura imihango y’ishyingurwa rye. Ngo amaze imyaka itatu ategura akantu ku kandi uko bazamuherekeza bwa nyuma asoza urugendo rwe ku isi.
Mu gihe abantu benshi bamenyereye gufata amafunguro inshuro eshatu cyangwa zirenga ku munsi, umugabo witwa Kirby Lanerolle wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaze amezi 10 atunzwe n’umwuka.