Mukamwiza Jeannette w’imyaka 24, wo mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi yatawe muri yombi tariki 30/06/2013 afatanywe urumogi rufunze mu dupfunyika (boules) 800, ariko akemera ko yari yamaze kugurishaho 200, bivuga ko yari afite utubure 1000.
Tariki 1 Nyakanga 1962, u Rwanda rwabonye ubwigenge maze abakoloni b’Ababiligi barekura imyanya bari bafite mu butegetsi bw’igihugu, baha ubutegetsi abene gihugu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko hariho gahunda yo kongera ibikorwa remezo birimo imihanda, amahoteli ndetse no gutunganya ahantu nyaburanga mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubukerarugendo n’ishoramari muri ako karere.
Ingengo y’imari akarere ka Rulindo kazakoresha mu mwaka 2013-2014 izaba izaba ingana na miliyari 9, miliyoni 130, ibihumbi 870 n’amafranga 204 nk’uko byemejwe n’inama njyanama y’ako karere tariki 30/06/2013.
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yageneye ishimwe umuryango ukorera mu Bwongereza witwa MSAADA kuko ukomeje gukora ibikorwa bikomeye mu guteza imbere ubworozi mu Rwanda.
Abayobozi ba za Farumasi z’uturere tugize u Rwanda tariki ya 29 Kamena 2013, boroje inka 2 umusaza n’umukecuru barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Mu masaha ya saa tatu za mu gitondo tariki 01/07/2013, inzuki zamaze amasaha abiri zabujije abagenzi gutambuka bavaga cyangwa bajya mu isoko mu mudugudu wa Kigarama mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ku cyumweru tariki 30/06/2013, Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yarateranye yemeza ingengo y’imari aka akarere kazakoresha mu mwaka wa 2013-2014, iyi ngengo y’imari ikaba ingana na miliyari 10 miliyoni 805 ibihumbi 998 n’amafaranga 139.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, avuga ko nk’Umunyarwanda yaterwaga ipfunwe na Leta zaje zikurikira ubwigenge bwo ku ya 01/07/1962 ariko ngo yageze aho arabyibohora.
Ubwo abacuruzi bo mu karere ka Rusizi bibukaga ku nshuro ya kabiri bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abafashe amagambo hafi ya bose bibanze ku mbaraga abacuruzi bikorera bagaragaje mu gushyigikira Jenoside.
Ubwo yasozaga ihiriro ry’urubyiruko 800 rwaturutse mu turere twose ryasojwe tariki 30/06/2013 mu mujyi wa Kigali, Perezida Paul Kagame yavuze ko abantu bari kuvuga ko mu Rwanda nta rubuga rwa politike ruhari ari abashinyaguzi badashakira amahoro Abanyarwanda.
Koperative yo kubitsa no kuguriza Duterimbere-COPEDU Ltd, tariki 29/06/2013, yahaye abapfakazi inka eshanu zifite agaciro ka miliyoni hafi eshatu z’amafaranga y’u Rwanda bo mu Murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yavuze ko ihuriro ry’urubyiruko ryiswe “Youth Connekt Dialogue”, ari ikimenyetso cy’uko u Rwanda rwongeye kubohorwa n’abana bato, nk’uko abari ingabo za RPA bahagaritse amateka y’amacakubiri na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ntamakiriro w’imyaka 21 utuye mu mudugudu wa Kabeza mu kagari ka Tangabo, umurenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro yahondaguye se umwase mu mutwe amukubita n’umutwe mu mbavu ku bw’amahirwe abaturage babasha kuhagoboka ataramumaramo umwuka.
Sosiyete ishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu ntara y’Amajyepfo Volcano Express yubakiye umukecuru wibana mu karere ka Ruhango witwa Mukangango Beta inaha amatungo magufi abaturanyi be mu rwego rwo kuremera abatishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Intore zo mu murenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara zirashimwa ibikorwa zakoze mu gihe cy’urugerero, ariko zigasaba ko ubutaha ikibazo cy’ibikoresho zahuye nazo cyazakosorwa.
Abaturage baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera babifashijwemo cyane cyane n’inzu z’ubujyanama mu by’amategeko zabashyiriweho muri buri karere, zizwi cyane nka MAJ.
Urubyiruko rwibumbiye mu matsinda y’itangazamakuru (media clubs) mu mashuri yisumbuye yo mu karere ka Huye, ruratangaza ko rwiteguye kuzakora itangazamakuru rizira amacakubiri, rugamije kubaka u Rwanda ruzira Jenoside.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, kuri icyi cyumweru tariki 30/06/2013, yatangaje ko afite umushinga ugamije kugeza amashanyarazi ku Banyafurika benshi batuye munsi y’ubutayu bwa Sahara.
Abagize urugaga rw’abikorera ku giti cyabo (PSF) mu karere ka Nyanza, ku mugoroba wa tariki 30/06/2013, bibutse abacuruzi 144 bimaze kumenyekana ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umuganda rusange wabaye tariki 29/06/2013 mu karere ka Ruhango mu murenge wa Byimana akagari ka Mpanda, waranzwe no gutunganya ahazamurirwa abantu batuye ahantu hahanamye “high risk zone”.
Amahirwe ya Rayon Sport yo kongera kwegukana igikombe cya CECAFA ku nshuro ya kabiri yarangiye ubwo yatsindwaga na Vital’o yo mu Burundi igitego 1-0 mu mukino wa ½ cy’irangiza wabereye Elfasher muri Soudan ku wa gatandatu tariki 29/06/2013.
Ishuri Rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic-KP) riri mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa gatandatu tariki 29/06/2013 ryafunguye imiryango yaryo ku mugaragaro nyuma y’igihe kigera ku mwaka ritangiye gutanga inyigisho.
Nk’uko bikomeje gutangazwa n’abaturage batuye mu mirenge itandukanye mu karere ka Rulindo, ngo basanga kuba Leta y’u Rwanda yaratekereje kubazanira gahunda y’imirenge SACCO ari ikintu bakwiye guhora bayishimira.
Muri iki gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 94, hirya no hino mu karere ka Rulindo hakomeje kubera ibikorwa byo kwibuka mu bigo by’amashuri, aho abanyeshuri bigishwa bakanasobanurirwa ibyabaye muri Jenoside.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, arakangurira abaturage b’akarere ke kugira uruhare mu kurwanya ruswa kuko hari aho bigaragara ko abayobozi baka ruswa abaturage bayoboye kugirango babahe serivisi mu busanzwe bidasaba ko zishyurwa.
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Ruzisi yasozaga ibikorwa byo kurugerero kuwa 29/06/2013, yashimye Intore ku bikorwa zageje ku murenge ariko agaragaza ko mu bukangurambaga zakoze ntaho rigaragaza umusaruro wagiye uvamo.
Umwe mu bagore bakoraga umwuga w’uburaya mu karere ka Rusizi yiyemeje kubireka ngo kuko amafaranga akuramo atera umwaku aho gutera imigisha; ngo iyo amaze kuyabona mu kanya gato amera nkutayakoreye.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) yahuguye abantu mu byiciro binyuranye mu karere ka Rusizi ku nyungu n’amahirwe Abanyarwanda bakura mu gushishikarira kwinjira muri uwo muryango (regional integration).
Muri gahunda y’ibiganiro bikorwa hagati y’abaturage n’abayobozi, bakamenya imibereho ya bo, abanyamakuru basaga 10 b’ibitangazamakuru bitandukanye, basuye umurenge wa Kayenzi, baganira ku mibereho y’abaturage no ku bibazo bahura na byo.
Masake Bernard utuye mu kagari ka Kanazi mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, ari mu gahinda kenshi nyuma yaho bamwe mu nsoresore bamwadukiriye maze bakamukubita ndetse bagatera inka ye amabuye igakomereka.
Ikigo nkomatanyanyigisho mu myuga cyo mu Ntara y’Amajyepfo (IPRC-South) cyafunguye imiryango ku mugaragaro kuwa kane tariki 27/06/2013. Ibi birori byabaye nyuma y’amezi atandatu gitangiye kwigisha imyuga inyuranye.
Isosiyete ya Afrika Risk irakangurira Abanyarwanda n’abanyamahanga batuye mu Rwanda kuyigana kuko ari umuhuza w’abaturage n’amasosiyete y’ubwishingiz,i kugirango bakemurirwe ibibazo kandi nta kindi kiguzi batanze.
Abanyamategeko b’i Paris batangije iperereza ku ruhare rw’uwari umukapiteni mu ngabo z’u Bufaransa mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda; Paul Barril. Iperereza ryatangijwe tariki 24/06/2013, mu rukiko rwisumbuye w’i Paris.
Inama Njyanama idasanzwe y’Akarere ka Kirehe iyobowe n’umuyobozi wayo yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 28/06/2013, yemeza ingengo y’imari umwaka wa 2013-2014 imaze kuyikorera ubugororangingo itorwa 100%.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aributsa abaturage ko nta terambere igihugu gishobora kugeraho, abagituye badahereye ku guteza imbere ibyo bafite, birimo umuco wo gukora umuganda igihugu gisanzwe cyungukiramo ibikorwa bigamije iterambere rusange.
Umufaransa witwa Jacques Moler wo mu ishyirahamwe ryitwa “La Survie”, yemeza ku mugaragaro ko u Bufaransa bwagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.
Itsinda ry’abashashatsi ryakoze inyigo ku byateza imbere akarere ka Bugesera riratangaza ko muri ako karere hagaragara amahirwe menshi y’ubukungu, ku buryo aramutse yitaweho akabyazwa umusaruro yageza abaturage ku ntambwe ikataje y’ubukungu.
Umuhanzi Thomas Muyombo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Tom Close, arasusurutsa Abanyarwanda baba muri Uganda mu gitaramo yise “Rwanda nite”, kuri uyu wa Gatandatu tariki 29/06/2013.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango, Odda Gasinzigwa, arasaba abagore bo mu karere ka Kayonza kubyaza umusaruro amahirwe bazaniwe n’ikigo cya Women’s Opportunity Center, kizajya gihugura abagore ku bintu bitandukanye.
Abanyeshuri bo mu ishuri IPRC (Integrated Polytechnic Regional Center) ryahoze ryitwa ETO Kicukiro bateye inkunga y’imyenda n’inkweto zo kwambara abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Kanazi mu karere ka Bugesera.
Umukinnyi w’u Rwanda Bintunimana Emile, yegukanye umwanya wa kabiri mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka Congo ‘Tour du congo’ ryasojwe ku wa kane tariki ya 27/06/2013.
Abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije icyiciro cya mbere cy’itorero ryo ku Rugerero batangaza ko bishimira kuba baragiye ku Rugerero kuko byatumye bakoresha imbaraga zabo mu kubaka igihugu cyababyaye.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Basketball mu bagabo, nyuma yo kuva muri Mozambique aho yatsindiwe mu mukino itatu ya gicuti yakinnye n’ikipe y’icyo gihugu, igiye kwerekeza muri Senegal, aho izakomereza imyitozo yitegura imikino y’igikombe cya Afurika.
Kapiteni wa Kiyovu Sport Eric Serugaba warangije amasezerano yari afitanye n’iyo kipe, ubu arashakishwa cyane na AS Kigali ishaka kumugura, ndetse akaba amaze iminsi akorera imyitozo muri iyo kipe y’umugi wa Kigali.
APR FC yamaze kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ kirimo kubera muri Soudan, nyuma yo gusezerera El Merreikh yo muri Soudan iyitsinze penaliti 3-1 mu mukino wa ½ cy’irangiza wabaye ku wa gatanu tariki ya 28/6/2013.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi isuku n’isukura (EWSA) Station ya Ngoma, buhangayikishijwe n’ikibazo cy’ubujura bw’ibikoresho birimo n’insinga z’amashanyarazi zirikwibwa aho ziba zensitaye mu baturage.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania nyuma yo kukanyagwa n’amatungo yabo, ubu batujwe mu murenge wa nyamugari mu karere ka kirehe batangiye korozwa inka binyuze muri gahunda ya Girinka, aho bagabiwe n’abaturage bari barorojwe mbere.
Inama Njyanama y’akarere ka Rutsiro yemeza ko bateganyije ibizakorwa mu ngengo y’imari hashingiwe ku mafaranga bafite aho bazayakura kandi bizeye ko azaboneka. Ibi bakabishingira ko n’ubwo ingengo y’imari y’akarere y’umwaka wa 2013-2014 yagabanutse ugereranyije n’iy’umwaka.