Mu myaka icumi imaze, INATEK imaze guha impamyabumenyi abagera hafi ku 4000

Ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) ririzihiza isabukuru y’imyaka 10 rimaze rishinzwe kuri uyu wa 11/07/2013, muri uyu muhango biteganijwe ko abagera kuri 640 bazaba bahabwa impamyabushobozi.

Mu myaka icumi iri shuri rimaze abagera ku 3747 bakuye ubumenyi muri iri shuri ubu bari mu mirimo itandukanye abandi bakomeje mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza.

Icyicaro cya INATEK kiri mu karere ka Ngoma.
Icyicaro cya INATEK kiri mu karere ka Ngoma.

Abatuye mu ntara y’Iburasirazuba byumwihariko bashima INATEK ko yatumye biteza imbere bongera ubumenyi mu gihe abari kubasha kujya kubushaka muri kaminuza za Kigali n’ahandi bari bube mbarwa kubera amikoro.

Iri shuri rikuru ryigirwamo ahanini n’abarimu bigisha mu mashuri abanza no muri 12 na 9 YBE, aho biga mu mikoro make ariko barangiza bikabagirira akamaro kanini cyane kuko bazamuka mu mishahara abandi bagakomeza mu yindi mirimo ya Leta.

Bamwe mubarangije muri INATEK bambaye imyambaro igaragaza ko bagiye gufata impamyabumenyi.
Bamwe mubarangije muri INATEK bambaye imyambaro igaragaza ko bagiye gufata impamyabumenyi.

Umuvugizi wa INATEK, Musingi Samuel, yatangaje ko kuri uyu wa 11/07/2013 ubwo hazaba hizihizwa isabukuru y’imyaka 10 iri shuri rikuru rimaze, uzaba n’umwanya wo gufungura ku mugaragaro ishami rya INATEK mu karere ka Rurindo.

Ishuri rya INATEK niyo kaminuza ya mbere yageze mu ntara y’Iburasirazuba kugera ubu ku bufatanye na minisiteri y’uburezi hamwe na Universite yo muri Tanzania yitwa Open University of Tanzania, muri iyi ntara bwa mbere hatangijwe icyiciro cya gatatu cya kaminuza (masters).

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Karemangigo Charles?

Alias yanditse ku itariki ya: 11-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka