Umuhinzi mworozi w’umunya Irake witwa Moussali Mohammed al-Moujamaie, ufite imyaka 92, aherutse gushaka umugore wa kabiri arusha imyaka 70.
Urubyiruko rwo mu mujyi wa Nyamata rubifashijwemo n’ikigo cy’urubyiruko cya Bugesera rwahuriye mu marushanwa yo kwidagadura, hanaremerwa bamwe muri rwo bari barangije inyigisho z’imyuga y’ubudozi no gutunganya imisatsi.
Abashinze gukurikirana amatora y’abadepite mu karere ka Rubavu bavuga ko bamaze kuyitegura neza, ariko imbogamizi bafite ari ibikorwa remezo nk’imihanda ihuza imirenge n’uturere yangijwe n’imvura yaguye muri ako karere.
Inkongi y’umuriro yibasiriye kwa Pasiteri Ruhayisha Jonas Pasiteri w’itorero rya EBENEZER akaba n’umucungamutungo w’ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro ( EWSA) ishami rya Nyanza ntivugwaho rumwe n’abantu ku buryo hari n’abakeka ko yaba ariwe uri kuyiteza ku bw’inyungu ze bwite ariko we arabihakana.
Nyaminani Daniel w’imyaka 93 utuye mu mudugudu wa Gahisi mu kagari ka Gakenke mu murenge wa Rangiro wo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 8/07/2013 yagerageje kwiyahura akoresheje umuti wica udukoko ngo abitewe n’uko umugore we amusuzugura.
Padiri Kulumbi Faustin yitabye Imana imbere y’abakirisitu ubwo yasomaga misa taliki 07/07/2013 muri Paruwasi ya Karambi ahitwa Jomba muri Rutchuro.
Abagabo babiri bo mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke, mu ijoro rishyira tariki 08/07/2013 barwaniye mu kabari umwe arakomereka ajyanwa ku kigo Nderabuzima naho uwamukomerekeje arafatwa ajyanwa gufungirwa kuri Poste ya Polisi ya Karengera.
Kuwa mbere tariki 08/07/2013, mu karere ka Nyamagabe hatangijwe icyumweru cyahariwe ibikorwa by’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), aho gereza ya Nyamagabe ifasha muri gahunda z’iterambere ry’akarere ariko n’abagororwa bakaba baratekerejweho.
Hirya no hino mu karere ka Kamonyi, abaturage binubira imihanda itameze neza kandi badasiba kuyikora mu muganda. Ubuyobozi buvuga ko iyo mihanda yicwa n’amakamyo aremereye apakira imicanga n’amabuye, bene yo bo bakavuga ko umusoro batanga wafasha mu kuyikora.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, aratangaza ko umujyi w’akarere ayoboye bari gushyiramo ingufu ngo ube umujyi wa kabiri mu gihugu kandi ube umujyi ukomeye w’ubucuruzi.
Abadepite bane bo mu Bubiligi bari mu ruzinduko mu Rwanda barasaba ko hakomeza gushyirwa imbaraga mu bikorwa byo gucyura ku bushake abahoze ari abarwanyi ba FDLR, cyane ko bari mu mashyamba bameze nk’abafashwe bugwate.
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko iyo ntara yifuza kugabanya umubare w’abakoresha inkwi n’amakara mu rwego rwo kubungabunga amashyamba no guhangana n’ubutayu bwakunze kwibasira bimwe mu bice by’iyo ntara.
Ubwo yari imaze kwambuka ikiraro cya Nyabarongo, imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yavaga i Kigali yerekeza mu Majyepfo, yagonze umunyegare bari mu mukono umwe maze ahita apfa, naho umushoferi w’imodoka arakomereka.
Abana barenga 350 bo mu karere ka Rusizi bafashwa n’umushinga Compassion International bizihije umunsi mukuru w’umwana w’Umunyafurika basaba ko imirimo mibi ishingiye ku muco ikorerwa abana yacika.
U Rwanda nk’igihugu gihagaze neza mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba mu kurinda ibishaga, guhera kuri uyu wa mbere tariki 08/07/2013, rwakiriye inama mpuzamahanga yiga ku buryo byarushaho kubungabungwa ariko bikanatanga umusaruro bitangijwe.
Ubwo itsinda rya bamwe mu bagize inteko ishingamategeko y’Ububiligi basuraga inkambi ya Kigeme icumbikiye impunzi z’Abanyekongo kuri iki cyumweru tariki 07/07/2013, izi mpunzi zabasabye gukomanga hirya no hino umutekano ukagaruka iwabo maze bagataha.
Ibigo byahawe inkunga yo kwigisha ubumenyingiro, byasabwe kuyikoresha mu gutanga ubumenyi bufite ireme kandi ku bantu bangana n’umubare bemeye kwigisha kuko utazakoresha neza iyo nkunga azasabwa kuyisubiza.
Abakinnyi 26 bahamagawe n’umutoza Eric Nshimiyimana mu ikipe y’igihugu Amavubi, bakomeje gukorera imyitozo mu karere ka Gicumbi, bitegura gukina na Ethiopia umukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya CHAN uzabera i Addis Ababa ku cyumweru tariki 14/7/2013.
Mukantambiye Xaverine ufite imyaka 65 utuye mu murenge wa Rusarabuye, akarere ka Burera, atangaza ko amaze imyaka 20 yose yaratawe n’umugabo we kuburyo ngo ubu atazi iyo aba.
Imyubakire y’ikiraro kiri kubakwa ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzania yari igeze ku kigero cya 43.1% mu mpera z’ukwezi kwa Kamena 2013.
Abanyeshuri bo mu ishuri IPRC Kigali (Integrated Polytechnic Regional Center) ryahoze ryitwa ETO Kicukiro bateye inkunga mugenzi wabo bamugurira insimburangingo y’akaguru ifite agaciro karenga ibihumbi 700 by’amafaranga y’u Rwanda.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) yandikiye ibaruwa Ikigo Komera giherereye mu karere ka Rutsiro ikimenyesha ko guhera mu mwaka w’amashuri utaha wa 2014 cyemerewe gufashwa na Leta mu burezi gisanzwe gitanga ku bafite ubumuga.
Ishyamba riherereye ku musozi wa Busoro mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro ryibasiwe n’inkongi y’umuriro inshuro ebyiri mu masaha atandukanye tariki 07/07/2013 hashya ahagera kuri hegitari 20.
Padiri Ubald Rugirangoga uzwi cyane mu Rwanda ndetse no hanze yarwo mu gusengera abarwayi bagakira, atangaza ko yoherejwe n’Imana mu Rwanda kugirango abwirize Abanyarwanda urukundo bari barabuze.
Abanyeshuli bo muri IPRC West-Karongi baremeza ko gahunda yo kwiga kuvugira mu ruhame cyangwa gukora ibiganirompaka (school of debate), ari ingenzi cyane mu kubiba amahoro mu rubyiruko kandi ikabafasha no kwitabira ibindi bikorwa bifitiye igihugu akamaro, nko kwita ku bidukikije.
Umwe mu bagize inteko ishinga amategeko y’Ububiligi, Francois Xavier de Donnea, aratangaza ko ari ngombwa ko urubyiruko rumenya aho inzangano zishingiye ku moko ziganisha, kandi ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi rwagira uruhare mu kwigisha urubyiruko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bufatanije n’itorero UCKG (The Universal Church of the kingdom of GOD)bahurije hamwe abadamu barenga 400 ba rwiyemezamirimo mu rwego rwo kubashimira no kubatera akanyabugabo mu bikorwa biyemeje birimo kwihangira imirimo bakava mu bukene.
Mukansoro Esther w’imyaka 70 utuye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yaturikanwe na gerenade imuca ikiganza na bimwe mu bice by’umubiri we birakomereka ku buryo bukomeye ahagana saa kumi z’umugoroba tariki 07/07/2013.
Muri iki gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru y’imyaka 19 rumaze rwibohoye, abaturage b’akarere ka Gisagara barishimira uburyo itangazamakuru ryabegerejwe, aho kubegereza amaradiyo radio hafi yabo byakemuye ibibazo byinshi kandi n’imyumvire igahinduka.
Umuyobozi w’ingabo mu karere ka Ruhango, Major Chris Rutaremara, aravuga ko Abanyarwanda babonye ubwigenge ariko kubera ubuyobozi bubi bwakomeje gukurikiza inzira z’abakoloni, bwatumye batibohora.
Kuri Paruwasi ya Murunda iherereye mu karere ka Rutsiro habereye umuhango wo gutanga isakaramentu ry’ubusaserodoti ku wa gatandatu tariki 06/07/2013, aho umwe yahawe ubupadiri, abandi babiri bahabwa ubudiyakoni.
Abantu umunani bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge batawe muri yombi na Polisi hagati muri iki cyumweru mu Biryogo mu gace ka Nyamirambo bafatanywe urumogi, mayirungi n’ibinini bifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Ubushakashatsi bwakorewe mu Buhondi bugaragaza ko gusinzira amasaha arindwi cyangwa arenga ndetse no kubahiriza n’inama za muganga byarinda abantu kurwara no guhitanwa n’indwara z’umutima.
Abapolisi 150 bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Haiti bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa gatandatu tariki 06/07/2013 nyuma yo gusimburwa na bagenzi babo mu cyumweru gishize.
Abanyarwanda barenga 4500 bahungiye mu gihugu cya Zambia ngo bashobora kudataha ahubwo bagahabwa ibyangombwa by’Ubunyarwanda bakigumira muri iki gihugu.
Umukinnyi wa filime wo mu gihugu cya Tanzaniya witwa Zuwena Mohammed uzwi ku izina rya Shilole mu minsi mike ishize yambaye isume afata inzira ajya guhaha mu isoko rya kijyambere “supermarket”.
Abanyeshuri b’abayobozi mu muryango w’abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK),basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Nyarubuye mu karere ka Ngoma ngo nk’urubyiruko birebere amateka yaranze u Rwanda muri Jenoside muri uwo murenge.
Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani (abasirikare, abapolisi hamwe n’abasivilea) bahuriye hamwe n’inshuti zabo z’Abanyesudani tariki 04/07/2013 kugira ngo bishimire byinshi bamaze kugeramo nyuma y’imyaka 19 Abanyarwanda bibohoye.
Komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi, Senateri Joseph Karemera, arasaba abanyamuryango bo mu ntara y’Uburasirazuba gufata iya mbere mu kuzamura ubukungu bw’iyo ntara n’ubw’igihugu muri rusange.
Ubutumwa bwo kugaburira abana indyo yuzuye no kwihutira kubajyana kwa muganga igihe cyose bagaragaje ibimenyetso by’indwara zituruka ku mirire mibi nibwo butangwa n’ikigo nderabuzima cya Nyagatare giherereye mu karere ka Nyagatare ku babyeyi muri rusange.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu mu Rwanda, IGP Gasana Emmanuel, asaba Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha kunoza akazi bashinzwe kuko aribwo bazaba bagana mu cyerecyezo cyo kwigira u Rwanda rwihaye.
Rudahunga Jean Paul w’imyaka 29 akaba afite ubumuga yavukanye bw’akaboko k’iburyo, yasisha akaboko k’ibumoso kandi ku munsi ashobora kwasa amasiteri 6 y’inkwi zingana n’imodoka ya Daihatsu.
Abatoza batandatu nibo batanze impapuro zabo basaba gutoza ikipe ya Bugesera FC yo mu kicyiro cya kabiri. Biteganyijwe ko mu cyumweru gitaha aribwo hazamenyekana umutoza uzaba watoranyijwe; nk’uko bitanganzwa n’uumunyamabanga akaba n’umuvugizi wa Bugesera FC.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC buratangaza ko umukinnyi Ndahinduka Michel bakunze kwita Fils agifite amasezerano muri iyo kipe nubwo yasinye amasezerano mashya mu ikipe ya APR FC.
Umuyobozi w’ingabo mu ntara y’uburengerazuba, Maj.Gen Mubarakh Muganga, ahamagarira Abanyarwanda kumenya ko hari intambara ikaze barwana kandi bagomba gutsinda kuko bayitsinzwe ntakizere cy’ibyo baba baragezeho.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi (Agronome) mu murenge wa Hindiro wo mu karere ka Ngororero yatawe muri yombi tariki 05/07/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga akoreshwa mu guca amaterasi.
Umugaba mukuru w’Ingabo za Burkina Faso umaze icyumweru mu Rwanda, avuga ko yazaniye Perezida Kagame ubutumwa bugamije gushimangira umubano n’imikoranire hagati y’u Rwanda na Burkina Faso yahorerejwe na Perezida Blaise Compaoré.
AS Kigali yatwaye igikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka, nyuma yo gutsinda AS Muhanga ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku wa gatandatu tariki ya 6/7/2013.
Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi aratangaza ko uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2013-2014 uzasiga abaturage barenga 70% babona amazi meza kandi bayabonera hafi y’aho batuye.