Madamu wa Perezida wa Repubulika, Madamu Jeannette Kagame, arasaba abatuye mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu na Kitazigurwa gucunga neza ibikorwa by’iterambere biyirimo, kugira ngo iyo midugudu izabe imbarutso y’iterambere mu ntara y’Iburasirazuba.
Ubwo Perezida Kagame yakiraga indahiro z’abayobozi bakuru bashya kuri uyu wa gatanu tariki 12/07/2013, akanenga uburyo abakuru b’Inteko zo mu muryango wa EAC bakiriwe mu Rwanda, abarahiye biyemeje ko batazagira icyo basuzugura mu mirimo mishya bashinzwe.
Isosiyete y’itumano ya MTN Rwanda yasabaye n’abakiriya bayo bo mu karere ka Nyanza inabaha impano zitandukanye mu rwego rwo kubagaragariza ko ibahora hafi kandi ibitayeho.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Gatete Claver, aratangaza ko u Rwanda rwahisemo kwizirihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abatuye isi mu Ntara y’Uburengerazuba ku rwego rw’igihugu, kubera ko ari ho habarizwa abangavu benshi batwaye inda zitateganyijwe kurusha ahandi mu gihugu mu mwaka wa 2010.
Uwamahoro Emmanueri wiga ubukanishi bw’ibinyabiziga muri IPRC West ishami rya Karongi avuga ko bimutera ishema kuko abandi bakobwa babitinya bavuga ko buruhije, kandi ngo n’ababyeyi be kimwe n’abandi bantu, baramushyigikira.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu tariki 12/07/2013, Mu murenge wa Nyamiyaga, akagari ka Bibungo, mu mudugudu wa Rwabinagu, hakozwe umukwabo; maze ufata litiro 24 za Kanyanga, n’ibintu bikorwamo inzoga z’inkorano.
Mu rwego rwo kwirinda ubwinshi bw’udukoko mu musaruro w’ibirayi, abatubuzi b’imbuto barasabwa kubikora nk’umwuga maze ubuhinzi nyirizina bakabiharira abandi, cyane ko iyo bikozwe neza bizamura umusaruro haba k’umutubuzi ndetse n’umuhinzi w’ibirayi.
Komisiyo ishinzwe kwishyuriza ibigo by’imari byambuwe ivuga ko bigenda neza ariko hakirimo bimwe mu bibazo, nk’abagaragara ku rutonde ko ari abo muri Nyabihu ariko imyirondoro yabo ntihaboneke, abarimo imyenda ariko batari hafi n’ibindi.
Umuyobozi Mukuru w’Inama Nkuru Ishinzwe Amashuri Makuru na za Kaminuza (HEC), Dr Innocent Mugisha, aratangaza ko amashuri makuru yo mu Rwanda atagakwiye kurebera umusaruro wayo mu mubare w’abahabwa impamyabumenyi, ahubwo ko bakwiye kurushaho guharanira gutanga ubumenyi bufite ireme.
Gufunga ikivu hagamijwe kongera umusaruro w’isambaza bizajya bikorwa mu kwezi kwa cyenda n’ukwa cumi aho kuba mu kwa munani n’ukwa cyenda nk’uko byari byemejwe umwaka ushize.
Umugabo witwa Munyemana Felicien wari utuye mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana ari mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK aho yagejejwe amaze kwitema ijosi ngo yiyahure nyuma y’uko yari amaze gutema umugore we n’umwana babyaranye bagapfa.
Abaturage batuye ahantu h’amanegeka hashobora kwibasirwa n’ibiza ku buryo bworoshye barashima gahunda ya Leta yo kubimura bagatura ku midugudu, ngo kuko baba barengeye ubuzima bwabo ndetse bakanatura ahegereye ibikorwa remezo by’ibanze cyangwa se aho byoroshye kubihageza.
Umuhanzi ukomeye akaba n’umuririmbyi uzwi cyane kubera imbyino ze zivanzemo kwikaraga, Jennifer Lynn Lopez uzwi ku kabiniriro J.Lo ntiyumvikanye na nyina ku buzima bw’ejo hazaza he maze bimuviramo gutandukana aca indaro mu ntebe muri studiyo.
Umubyeyi ukomoka mu gihugu cya Nigeriya ahitwa Kargo kuwa mbere w’iki cyumweru yibarutse uruhinja rufite isura y’ingagi nyuma y’igihe gito ruhita rwitaba Imana.
Rickie Lawrence Gardener w’imyaka 49 utuye mu Ntara ya Alabama muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yibye muri banki mu ntangiriro z’iki cyumweru ariko yanga kujya kure kugira ngo Polisi imute muri yombi.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi kuri uyu wa gatanu tariki 12/07/2013 irahaguruka mu Rwanda yerekeza i Addis Ababa muri Ethiopia aho igiye gukina n’ikipe y’icyo gihugu mu rwego rwo guhatanira itike yo kuzakina imikino ya CHAN izabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Umugore witwa Mushimiyimana Goreth afite ikibazo cyo kumenya aho akomoka nyuma y’uko umuryango we uhungiye muri Tanzaniya mu mwaka wa 1994 akaza guhunguka nyuma y’imyaka 19.
Umuyobozi wa Rayon Sport, Murenzi Abdallah, aratangaza ko iyo kipe yamaze kuzana abakinnyi bane bashya, ikaba kandi irimo kuganira n’abandi bagomba gusinya amasazerano mu gihe gitoya.
Umugore witwa Dusabemungu Spéciose utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, atangaza ko ubworozi bw’ingurube ari ingirakamaro cyane kuko bwamufashije kwiga kaminuza akayirangiza kandi bukaba bunamufasha kurihira abana be batandatu.
Umuhanzi Alphonse Bahati yateguye igitaramo cyo gukusanya amafaranga yo kubaka inyubako nshya kandi nini y’urusengero rwa ADEPR Gisenyi.
Kanyamibwa Antoine w’imyaka 34 yongeye gutabwa muri yombi ku nshuro ya kabiri akekwaho kwenga inzoga y’igikwangari akanayicuruza.
Igenzura ryakorewe umucungamutungo w’umurenge wa Nyabirasi, Jean Claude Uwumukiza, rigaragaza ko hari amafaranga yakoreshejwe ku murenge wa Nyabirasi abereye umucungamutungo ndetse no ku murenge wa Manihira yabanje gukoramo mbere, nyamara ntihagaragare impapuro zisobanura uko ayo mafaranga yakoreshejwe.
Urubyiruko rw’abangavu bo mu karere ka Nyamasheke barakangurirwa kwirinda inda zitateganyijwe ahubwo bakarangamira intego yo kwiga kugira ngo bazagire icyo bimarira mu bihe bizaza.
Abanyeshuri 87 bigaga ku kigo cya Gitisi Vocational Training Center mu murenge wa Bweramama mu karere ka Ruhango, basabwe gusubira iwabo n’umuryango wa barihiriraga witwa CHF International kubera ko icyo kigo kitujuje ibyangombwa.
Mu masaha ya saa saba z’ijoro rishyira kuri uyu wa 11/7/2013, inkongi y’umuriro yibasiye iduka ry’uwitwa Duniya Theoneste wacururizaga muri santere ya Rubaya mu murenge wa Rubaya rirakongoka rirashira.
Kuri uyu wa 10/07/2013, hatangijwe ukwezi kwahariwe amakoperative mu Rwanda mu rwego rwo kurushaho gukangurira abaturarwanda byumwihariko urubyiruko kwibumbira mu makoperative.
Sahabo Faustin uyobora ishuri ryisumbuye rya APAKAPE riherereye mu karere ka Rutsiro ari mu maboko ya polisi guhera tariki 10/07/2013 akurikiranyweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byaha bifitanye isano na yo.
Impuguke mu kongera umusaruro w’ibyo umuntu akora zo mu kigo mpuzamahanga cya Franklin Covey, hamwe n’ikigishamikiyeho cyitwa CEMM cyo mu karere u Rwanda rurimo, zirajya inama ko umukozi n’umukoresha bifuza umusaruro urushijeho, bagomba kwirinda inzitizi zigezweho zibabuza kugera ku cyo bagambiriye, zirimo ikoranabuhanga.
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, aratangaza ko Abanyafurika bose aho bava bakagera bakwiye gushyira ingufu mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abgore n’abakobwa. Ariko ku rundi ruhande agashimira intambwe inzego z’umutekano zateye mu guhagurikira iki kibazo.
Abatsindiye isoko ryo gukora imihanda ihuza ibihugu bigize CEPGL bavuga ko bagize mbogamizi zituma ibikorwa batangiye bitihuta zirimo kubura aho bashyira ibikoresho no kuba hamwe abaturage batarahabwa ingurane cyane cyane muri Congo n’u Burundi.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza akaba n’umuyobozi mukuru w’ikipe ya Rayon Sport, Abdallah Murenzi, aratangaza ko mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka wa 2013 ikibazo cy’imyenda y’iyi kipe kizaba cyakemutse burundu.
Bamwe mu bahinzi ba Kawa bavuga ko ari igihingwa cyabateje imbere ugereranije n’ibindi bahingaga. Ngezahohuhora Joseph utuye mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu avuga ko yabashije kubaka inzu ifite agaciro kari hagati ya miliyoni 1,5 na miliyoni 2.
Abantu batatu barimo abakozi babiri b’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (ORINFOR) batawe muri yombi na Polisi bakurikiranweho kwiba impapuro zakoreshwaga n’icapiro ry’icyo kigo bakazigurisha.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga butarangaza ko bwasuye ahari ubutaka bw’umwani Mibambwe Rutarindwa hanzwi ku izina ryo ku Rucunshu, bagasanga bwose bwaratuweho n’abaturage.
Abagize umuryango Great Family Wihogora watangijwe n’urubyiruko rw’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 barasaba Abanyarwanda kimwe n’abandi bazi ibyabereye muri iki gihugu guhora bazirikana ububabare iyi Jenoside yasigiye benshi mu Banyarwanda.
Abagororwa bafungiye muri gereza ya Nyanza izwi ku izina rya Mpanga kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 basabye guhuzwa n’imiryango bahemukiye muri Jenoside ngo bayisabe imbabazi bakomeje kuzimishwa no kutavugisha ukuri.
Abakozi ba Minisiteri y’umutungo kamere bari kumwe n’itsinda ry’Abongereza bashaka gutangiza umushinga wo kubungabunga amashyamba kimeza ya Mukura na Gishwati mu karere ka Rutsiro, basuye iryo shyamba tariki 10/07/2013, bagamije kureba uko rimeze n’aho ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe bugeze buryangiza kugira ngo (…)
Abashoferi bakora batwara abagenzi mu modoka ntoya (taxi-voiture) ku mupaka wa Ruhwa-Bugarama ngo barambiwe n’imyanzuro ifatirwa bagenzi babo bakora mu buryo butemewe bigatuma bahomba nyamara ntishyirwe mu bikorwa.
Umukecuru w’inshike witwa Mukaremera Marie Therese wo mu kagari ka Nyabagendwa mu Murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera arishimira ko agiye kubona icumbi ryo kubamo nyuma y’uko ntaho yagiraga ahubwo yirirwaga asembera mu baturanyi be.
Abaturage bataramenyekana mu murenge wa Muganza mu kagari ka Cyarukara bateye amabuye inzego z’umutekano ubwo zari ziri mu kazi mu ijoro ryo kuwa 08/07/2013, ahagana saa tatu z’ijoro.
Abagize umuryango mpuzamahanga udaharanira inyungu, Meaningful World, bavuga ko bagiye kugira imikoranire ya hafi n’ishyirahamwe ry’abapfakazi ba Jenoside (AVEGA) bo mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro.
Igitaramo kimaze kumenyerwa ku izina rya Happy People cyagarutse ku nshuro yacyo ya gatatu. Iki kirori kizabera mu nyubako nshya izwi ku izina rya KCT (Kigali City Tower) ku wa gatanu tariki 19/07/2013 guhera ku isaha ya saa yine za nijoro (10pm) kugeza bukeye.
Korali Promise and Mission izamurika alubumu yayo ya kabiri y’amashusho ku cyumweru tariki 14/07/2013; nk’uko twabitangarijwe n’umuyobozi wayo Rwangabwoba Jean Paul.
Kuri uyu wa kane tariki 11/07/2013, Gakondo Group irangajwe imbere na Masamba Intore, irerekeza muri Congo Brazaville kwitabira iserukiramuco rya muzika muri Africa FESPAM (Festival Panafricain de la Musique).
Abahinzi bo mu Rwanda barasabwa guhindura imyumvire bakayoboka gukoresha amafumbire mu mwuga wabo kuko ariho bazavana umusaruro mwinshi ubaha amafaranga kandi ugatunga Abanyarwanda, dore ko ngo ubutaka bwo butazigera bwiyongera.
Ibiciro ku masoko mu Rwanda bikomeje kwiyongera kuko mu mijyi ibiciro byiyongereyeho 3,68 % mu kwezi kwa Kamena 2013 ugereranyije na Kamena 2012, mu gihe mu kwezi kwa gatanu (Gicurasi 2013) byari ku kigereranyo kingana na 2,98 %.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererana, Louise Mushikiwabo, aravuga ko Abanyekongo ndetse n’abandi Banyafurika bagomba gufata iya mbere bagasobanukirwa n’ibibazo bafite maze bakaba ari bo bafata iya mbere mu kubikemura.
Abarimu bo mu karere ka Bugesera barishimira uburyo bashyiriweho bwo kwigisha ururimi rw’Ikinyarwanda hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefoni zigendandwa.
Ubwo yakirwaga na Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, madamu Mbaranga Gasarabwe Clotilde wungirije umunyamabanga mukuru wa LONI ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’umutekano yasabye u Rwanda ko rwafasha abakozi ba LONI mu gukurikirana umutekano kandi rukababa hafi.
Ibigo 20 biherutse gutsindira inkunga yo kwigisha ibijyanye n’ubumenyingiro, byasinyanye amasezerano n’ikigo gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA), yo gucunga no gukoresha neza amafaranga byahawe, ndetse no gutanga ubumenyi bufite ireme, bwafasha abantu kubona imirimo.