Gicumbi: Kandagirukarabe yagabanyije indwara zituruka ku mwanda

Uburyo bworoshye bwo kwirinda umwanda bwiswe “Kandagirukarabe” yagabanyije umwanda mu baturage bo mu karere ka Gicumbi. Icyo gikoresho giterekwa imbere y’ubwiherero ndetse n’imbere ya za resitora ugiye kwinjiramo wese akabanza gukaraba akoresheje amazi n’isabune.

Kayumba Emmanuel ushinze ubuzima mu karere ka Gicumbi avuga ko ubuyobozi bwashishikarije abaturage kugira Kandagirukarabe mu ngo n’ahandi ndetse ngo bazajya bagira n’igihe cyo kugenzura niba koko izo kandagirukarabe bazifite ndetse banazikoresha.

Akarere ka Gicumbi gafite Kandagirukarabe ifasha ababagana. (foto E.Musanabera)
Akarere ka Gicumbi gafite Kandagirukarabe ifasha ababagana. (foto E.Musanabera)

Kandagirukarabe kandi yanafashije impunzi zibarizwa mu nkambi ya Gihembe mu murenge wa Kageyo; nyuma yo gusobanukirwa akamaro k’icyo gikoresho isuku yiyongeyeho 15%.

Mu rwego rwo kwirinda umwanda bashyize Kandagirukarabe imbere y’ubwiherero ku buryo buri muntu yabifashe nk’ihame ko agomba gukaraba igihe cyose avuye mu musarani; nk’uko Nsengimana Jean ushinzwe impunzi abitangaza.

Iyi Kandagirukarabe ifasha abajya muri iyi restora. (foto E.Musanabera)
Iyi Kandagirukarabe ifasha abajya muri iyi restora. (foto E.Musanabera)

Abaturage nabo bemera ko kandagirukarabe yagize uruhare rukomeye mu kugabanya indwara zikomoka ku isuku nke kuko babatoje gukaraba mbere yo gufata ifunguro.

Nizeyumukiza Consolle atangaza ko benshi mu baturage bafite Kandagirukarabe ku bwiherero bwabo ku buryo nyuma yo kuvamo bahita bakara.

Ubwiherero bw'abaturage bubaho Kandagirukarabe. (foto E.Musanabera)
Ubwiherero bw’abaturage bubaho Kandagirukarabe. (foto E.Musanabera)

Avuga ko idahenze kuko umuntu wese ufite akajerekani ashobora kugira Kandagirukarabe mu rugo iwe kandi ntakigoye kirimo.

Asanga iyo agereranyije ubuzima bwe mbere yo gukoresha Kandagirukarabe naho atangiye kuyikoresha nta ndwara bakirwara zituruka ku mwanda.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

NI KANDAGIRUKARABE YONYINE GUSA NTATERAMBERE MUMUJYI WA GICUMBI RWOSE TUGETUVUGISHA UKURI

hakora yanditse ku itariki ya: 4-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka