Gatsibo: Army week izibanda ku kuvura ibikomere byo muri Jenoside

Ku bitaro bikuru bya Kiziguro biherereye mu Karere ka Gatsibo hatangijwe icyumweru cya Army week kizakorwamo ibikorwa bitandukanye bizibanda cyane ku buvuzi, aho abagana b’inzobere baturutse mu bitaro bikuru bya gisirikare i Kanombe bazavura abantu basigiwe ibikomere na Jenoside bikaba bitarakira.

Mu muri iki cyumweru kandi hazavurwa indwara zitandukanye, cyane cyane izirebana n’ihungabana, indwara z’amaso, iz’amenyo, iz’inino, iz’uruhu hamwe n’izindi nyinshi, nkuko bitangazwa na muganga Kayondo King uhagarariye ibikorwa by’ubuvuzi mu bitaro bikuru bya gisirikare i Kanombe.

Abarwayi bamwe bahise batangira gusuzumwa zimwe mu ndwara barwaye.
Abarwayi bamwe bahise batangira gusuzumwa zimwe mu ndwara barwaye.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Mukabaramba Alvera, wari umushyitsi mukuru mu gikorwa cyo gutangiza iki cyumweru tariki 12/03/2014, mu ijambo yagejeje kubari bitabiriye uyu muhango, yashimiye cyane ubufatanye bw’ibitaro bikuru bya gisirikare bya Kanombe n’umuryango w’abacitse ku icumu rya Jenoside (FARG).

Yagize ati: “Mu byukuri iyo ubu bufatanye butaza kubaho, ntabwo twarikuzarangiza kuvura ibikomere by’abasizwe iheruheru na Jenoside, ariko ku bwibyo nta muntu uzasigara atavuwe”.

Abashyitsi bakuru mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cya Army week mu karere ka Gatsibo.
Abashyitsi bakuru mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cya Army week mu karere ka Gatsibo.

Iki gikorwa cyatangiriye mu bitaro bikuru bya Kiziguro, bikazanakomereza mu bitaro bikuru bya Ngarama, ibi bitaro byombi bikaba aribyo bikomeye muri aka karere ka Gatsibo. Gusa mu gihe iki gikorwa kizaba kirangiye, indwara zizaba zitarabasha kuvurwa, abarwayi bazahabwa gahunda yo gukomeza gukurikiranirwa mu birataro bikuru bya gisirikare i Kanombe.

Iki gikorwa cyateguwe na Minisiteri y’ingabo, ku bufatanye n’Akarere ka Gatsibo ndetse n’umuryango w’abacitse ku icumu FARG, kikaba kimaze kubera mu turere 19 mu turere 30 tugize igihugu.

Ku ikubitiro abaturage bahise bagana ubuvuzi ari benshi.
Ku ikubitiro abaturage bahise bagana ubuvuzi ari benshi.

Benjamin Nyandwi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

ntahandi nari nabona haba ingabo zikora ibikorwa byiza nk’ingabo za RDF KU isi mukomeze mwite kubaturage natwe turabashyigikiye kandi ibyo mukora biradushimisha.

Major yanditse ku itariki ya: 13-03-2014  →  Musubize

ingabo zaci nizite kuri aba bahohotewe n;ingabo zari zishinzwe kubarinda maze igihugu kigacura imibororgo. mwa ngabo mwe ndabemera

ingabo yanditse ku itariki ya: 13-03-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka