Ibi bikorwa birakorwa mu cyumweru cyahariwe kwita ku buzima bw’umwana n’umubyeyi cyatangiye kuwa 11/3/2014.
Ubwo yatangizaga icyo gikorwa cyabereye mu kigo cy’amashuri cya Kagasa mu Murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera, Karambizi Francois ushinzwe ubuzima mu karere yasabye ababyeyi kutabuza abana amahirwe yo guhabwa urwo rukingo kuko iyo ndwara ifata hakiri kare ariko ikagaragaza ibimenyetso bitinze.

Muri iki cyumweru cyahariwe kwita ku buzima bw’umwana n’umubyeyi haranatangwa ibinini by’inzoka ku bana n’ababyeyi batwite ndetse n’ababyeyi bamaze ibyumweru 6 babyaye. Haranakorwa gahunda yo gushishikariza ababyeyi batwite kujya kwipimisha kwa muganga, hakazanakurikiranwa gahunda ijyanye n’imirire ku bana ndetse n’ababyeyi batwite.
Akingeneye Christine afite imyaka 13 wiga mu mwaka wa 6 kuri GS. Kagasa avuga ko yishimiye guhabwa urwo rukingo ruzamurinda kurwara kanseri y’inkondo y’umura, bityo bikazatuma akura neza.
Habimana Alexandre ni umugabo ufite umugore we umaze imyaka itatu amenye ko arwaye kanseri y’inkondo y’umura avuga ko ari indwara mbi. Ati “ndakangurira ababyeyi ko batabuza abana babo guhabwa urukiko rwa kanseri y’umura kuko iyo mbonye ukuntu umugore wanjye arwaye n’uburyo aba ataka nta muntu n’umwe nabyifuriza”.

Biteganyijwe ko mu karere ka Bugesera mu cyumweru cyahariwe kwita k’ubuzima bw’umwana n’umubyeyi abagore bafite ibyumweru 6 babyaye n’abana bazahabwa ikinini cya Vitamine A bagera ku 56416.
Abana ndetse n’abagore batwite bazahabwa ikinini cya Mabendazole bagera ku 54503, ndetse abagore batwite bagera ku 11761 bakazahabwa ibinini byongera amaraso. Abana 8762 kandi bakazahabwa urukingo rw’inkomatane rurinda iseru na rubewore.
Egide Kayiranga
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|