Abanyarwanda 21 baherutse kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania, kuri uyu wa 20/08/2013 bagejejwe mu karere ka Ngoma muri gahunda yo kubahuza n’imiryango yabo.
Nyuma y’amezi atatu uwari perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Huye yeguye, uyu munsi tariki 21/08/2013 yasimbujwe umushyashya ari we Reverend Pasteur Dr. Ndikumana Viateur.
Impuguke mu bijyanye n’umutungo kamere ziteraniye i Kigali, kuva kuri uyu wa 21/08/2013, zarebeye hamwe uburyo hashyirwaho ikarita imwe yo kurengera no gucunga umutungo kamere.
Abasore babiri bavukana Mboneye Fidele na Patrick Mazimpaka bamaze gutera imbere mu muziki n’ubwo bafite uburwayi bw’uruhu rwera bamwe bakunze kwita Nyamweru.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, aravuga ko uburyo Abanyarwanda babanye muri iki gihe ari umusaruro w’intambwe igihugu cyafashe mu kubaka ubutabera.
Abagabo babili bo mu turere twa Rutsiro na Rubavu bafungiye kuri station ya Police mu karere ka Karongi, nyuma yo gufatwa bagerageza gukora ibizamini by’uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga bakoresheje impunshya z’agateganyo z’impimbano.
Umurenge wa Mahembe wo mu karere ka Nyamasheke wabaye uwa mbere mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013 n’amanota 96% nyuma y’uko umwaka wabanje wari wabaye uwa nyuma mu mirenge 15 yose igize akarere.
Abahanzi bibumbiye muri Foundation Kizito Mihigo igamije amahoro bakanguriye abaturage bo mu murenge wa Ruhuha kwitabira amatora y’abadepite babaririmbira indirimbo zirimo ubutumwa bwibutsa abaturage inshingano zabo muri ayo matora.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwabaye indashyikirwa mu kwitangira abandi no kwiteza imbere, gukomeza guteza imbere ubumuntu no kwishakamo ibisubizo, bakima amatwi amahanga arimo gusenya ibyagezweho.
Inkunga yatanzwe n’itsinda ryitwa Cummings Foundation ryo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, igiye gufasha kaminuza y’Umutara Polytechnic muri gahunda yo kwegera abaturage no gucyemura ibibazo bibabangamiye nk’uko ari n’imwe mu ntego z’iri shuri.
Bamwe mu baturage b’imirenge ya Rwimbogo na Gashonga mu karere ka Rusizi bavuga ko isura nshya imitegurire y’ubukwe igaragara mu duce batuyemo igenda yangiza zimwe mu ndangagaciro z’umuco nyarwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Ndagijimana Jean Pierre yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rumuhanaguraho icyaha yari akurikiranyweho cyo “gutanga impano kugira ngo hakorwe ibinyuranyije n’amategeko”.
Prezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta uri mu ruzinduko mu gihugu cy’u Bushinwa, yagiranye amasezerano na mugenziwe Xi Jinping ya miliyari 5 z’amadolari azakoreshwa mu kubaka inzira ya gari moshi, imishinga y’ingufu z’amashanyarazi no kubungabunga ibidukikije.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo butangaza ko bumaze kwakira imiryango icumi y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya kuva aho icyo gihugu gitangiye kwirukana abanyamahanga bahaba mu buryo butemewe n’amategeko.
Uretse uburyo bwo gutora hakoreshejwe igikumwe busanzwe bumenyerewe, abazitabira amatora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2013, bafite uburenganzira bwo gutora bakoresheje ikaramu.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, abinyujije mu muryango wa Imbuto Foundation, tariki 20/8/2013 yatanze ibihembo byiswe CYRWA kuri barindwi mu rubyiruko rwabaye indashyikirwa mu kwiteza imbere, kwitangira abantu ku buryo buhanitse ndetse n’ubukangurambaga.
Abayobozi batandukanye baturutse mu bihugu bya Ghana na Kenya basuye akarere ka Kirehe tariki 20/08/2013 mu rwego rwo kureba uburyo muri aka karere ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi biri gutera imbere.
Umuhanzi Senderi International Hit uherutse mu marushanwa ya PGGSS 3, nyuma yo gusezererwa yahise ashyira hanze indirimbo yise “Njomba” ikaba ari indirimbo ivuga ku rukundo.
Umuhanzikazi Aline Gahongayire wamenyekanye cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana agiye gukora ubukwe na Gahima Gab.
Jackie Mugabo, Umunyarwandakazi w’umuhanzi ubarizwa mu gihugu cy’Ubwongereza aho amaze imyaka 12 yibera, kuri iki cyumweru tariki 25/08/2013 aziyereka Abanyarwanda by’umwihariko abakunzi b’ibihangano bye mu gitaramo yise «Oh Mana we ».
Umugore witwa Asha Mandela utuye mu Mujyi wa Atlanta muri Leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yegukanye igihembo cya World Guinness Record kubera umusatsi we ureshya na metero 17.
Kuri uyu wa gatatu tariki 21/08/2013, ikipe y’u Rwanda ya Basketball irakina na Burukina Faso mu mukino wayo wa mbere w’igikombe cya Afurika (Afrobasket 2013), umutoza wayo Moise Mutokambali akaba yiyemeje kugaragara mu makipe 10 ya mbere.
Abana bacikije amashuri nyuma yo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya bazasubizwa mu mashuri kugira ngo badakomeza kudindira.
Mu bitaro bya Butaro biherereye mu karere ka Burera, kuwa 20/08/2013, hatashywe ikigo gishya kitwa Butaro Ambulatory Cancer Center kizajya kivurirwamo abarwayi ba kanseri baturutse mu Rwanda no hanze yarwo ariko bataha aho kuhaba.
Murorunkwere Muhoza afungiye kuri station ya Police mu mujyi wa Karongi kuva tariki 20/08/2013 azira gutwika umwana we w’ikinege amuziza ko ngo yibye agafuka mu isoko.
Mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibigori no kuwufata neza umurenge wa Rwamiko wo mu Karere ka Gicumbi wujuje imbuga yo kwanikaho ihagaze agaciro ka miliyoni 10 n’imisago.
Niyoyita Theogene utuye mu mudugudu wa Nyarurama, akagari ka Mpushi mu murenge wa Musambira aremera ko yishe umugore we, Uwimana Florence, amuziza ko imiti abapfumu yamujyanyemo bamuhaye ituma amererwa nabi.
Umugabo wo mu gihugu cya Australie ufite imyaka 70 y’amavuko yiyambaje abaganga nyuma y’amasaha 12 asesetse ikirindi cy’ikanya mu muyoboro w’inkari w’igitsina cye (urètre) no kuva amaraso atagira ingano.
Abasore bane bose bo mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero bafungiye kuri polisi ikorera muri ako karere bakurikiranyweho guhungabanya umutekano by’igihe kirambye kuko bigize indakoreka mu kagali batuyemo.
Abacuruzi n’abikorera bo mu karere ka Nyamasheke barashishikarizwa kumenya indimi z’amahanga, by’umwihariko izikoreshwa mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kugira ngo bazabashe guhangana ku isoko ry’ibi bihugu.
Umuyobozi ushinzwe kuboneza urubyaro muri minisiteri y’ubuzima, Dr Léonard Kagabo aratangaza ko gahunda yo kuboneza urubyaro mu gihugu igiye kwegerezwa abaturage ku midugudu kuko byagaragaye ko abenshi bagana ibigo nderabuzima baka iyi serivisi.
Muyango Samuel w’imyaka 31 wo mu mudugudu wa Mugali mu kagari ka Nyanzoga mu murenge wa Cyanika wo mu karere ka Nyamagabe yatawe muri yombi kuri uyu wa 20/08/2013 akurikiranyweho gutema umugore we Uwizeyimana Pélagie tariki 18/08/2013.
Abahanga babiri bo mu gihugu cy’u Budage bakoze ikaramu ishobora kugukosora amakosa y’imyandikire mu gihe umuntu arimo kuyandikisha.
Imanizabayo Clementine wo mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro arashaka indezo y’umwana yabyaranye na Hanyurwabake Laburenti mu buryo butemewe n’amategeko, ariko ubuyobozi bw’umurenge bukaba buvuga ko kurangiza urwo rubanza bigoye kuko Hanyurwabake adashobora kubona ibyo atanga byo kurera uwo mwana.
Kuri uyu wa kabiri tariki 20/08/2013, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame n’umuryango wa Imbuto Foundation, barahemba kandi bishimane n’urubyiruko rugaragaza ubwitange n’ibikorwa by’indashyikirwa mu kwiteza imbere no kubaka umuryango nyarwanda.
Umurundi w’imyaka 20 wabaga mu mudugudu wa Akintare mu Kagali ka Mulinja mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 19/08/2013 ahagana saa tatu z’ijoro yiyahuye yimanitse mu kagozi nyuma yo kubengwa n’umukobwa.
Abaturanyi b’umukecuru witwa Nyiramuhanda Floride w’imyaka 62 bamusanze iwe yitabye Imana mu ma saa kumi n’ebyiri z’igitondo cyo kuri uyu wa 20/08/2013.
Banyangandora Ladislas utuye mu mudugudu wa Rulimba, akagari ka Mburamazi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yemeye kuriha ibyangijwe n’inkongi y’umuriro yateje ubwo yatwikaga inzu y’umuturanyi we tariki 15/08/2013, umuriro ugafata na kawa z’abaturage ziri hafi y’iyo nzu.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi bakomeje guhangayikishwa n’ikibazo cy’ibura ry’amazi. Kuva impeshyi yatangira, abaturage bavoma amazi y’ikiyaga cya kivu akaba ariyo bakoresha mu mirimo yose haba mu kuyanywa no gutekesha.
Abayobozi bahishira abakoresha imitego ya Kaningini yangiza umusaruro w’ibikomoka ku kiyaga cya Kivu barihanangirizwa kuko aribo bari bakwiye kuzirwanya. Amafi mu kiyaga cya Kivu yaragabanutse cyane kubera iyo mitego bamwe bakoresha bakaroba amafi atarakura n’amagi yari kuzavamo amafi.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) yatangaje ko Abanyarwanda baba mu gihugu no hanze bazitabira amatora y’abadepite tariki 16-18/9/2013, bagera kuri 5, 987, 077( n’ubwo urutonde rukiri urw’agateganyo), bakazatora abadepite 80 mu bakandida-depite 410 bari ku ilisiti ndakuka.
Abantu bose bo mu Kagali ka Karambo, Umurenge wa Karambo ho mu Karere ka Gakenke banyoye ikigage gihumanye mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 18/08/2013 cyabateye ikibazo, umwana w’imyaka 5 yitaba Imana, abandi 37 bajya kwa muganga.
Mihigo Jean Baptiste w’imyaka 47 wo mu mudugudu wa Kabiha akagari ka Mutara umurenge wa Mwendo akarere ka Ruhango umurambo we bawusanze mu nzu iwe yapfuye mu gihe cya saa tatu z’ijoro tariki 19/08/2013.
Dushimiyimana Antoine Roger wiga mu ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi mu karere ka Ruhango yagerageje guhatanira umwanya w’ubudepite ntibyamukundira ariko ngo azakomeza kugerageza amahirwe mu bihe biri imbere.
Muyango Samuel w’imyaka 31 yatemye umugore we witwa Uwizeyimana Pélagie w’imyaka 34 mu rutirigongo, yitaba Imana agejejwe ku kigo nderabuzima cya Kirambi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza.
Umusaza witwa Habimana Bartazar utuye mu murenge wa Nemba mu karere ka Burera, avuga ko ahorana ibyishimimo kuko amaze imyaka 35 akora ibikorwa by’ubwitange by’ubutabazi no gufasha imbarare.
Mu gihe mu Rwanda imitangire ya service igenda irushaho kunozwa, inyubako zitujuje ubuziranenge z’ahatangirwa service ziracyari imbogamizi ikomeye ku bafite ubumuga.
Bamwe mu bakiriya ba Banki y’igihugu itsura amajyambere (BRD) barifuza ko banki zajya zibaha inguzanyo zigakurikirana uko bayikoresha, kandi zikabagira inama aho gutegereza ko itariki yo kwishyura irenga kugirango baterezwe cyamunara imitungo baba baratanzeho ingwate.
Abatwika amakara mu karere ka Ngororero barasabwa gukoresha uburyo bugezweho budatwara inkwi nyinshi ndetse ntibyangize ikirere.