Nizeyimana Rajab na Nizeyimana Yahya bose bafite imyaka 19 y’amavuko batawe muri yombi mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 24/11/2013 bazira kwiba ibikoresho by’abanyekongo byifashishwa mu burobyi.
Umugabo w’imya ka 23 wo mu murenge wa Mururu mu kagari ka Tara yafashwe saa mbiri z’ijoro kuwa 25/11/2013, ashinjwa gusambanya umwana wa mukuru we yareraga w’imyaka 6.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Madame Margarita Leoni Cuelenaere, arashima ibikorwa by’ikusanyirizo ry’amata rya Cyanika ngo kuko bigaragara ko rizazamura aborozi bo mu karere ka Burera bakava mu bukene bakagera ku iterambere rirambye.
Kurangwa n’indangagaciro zibereye Umunyarwanda, kuba ikitegererezo no gukunda abayoborwa hagamijwe kugera ku iterambere ryihuse nibyo byasabwe abayobozi batandukanye higanjemo abanyabanga nshingwabikorwa b’imirenge bari mu mwiherero mu kigo cya gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo.
Ubwo hatangizwaga icyumweru c’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Kirehe, hagaragaye umukobwa wasabye imbabazi mu izina rya musaza we wakoze Jenoside ariko akaba atakiriho.
Ku gicamunsi cya tariki 25/11/2013 Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yataye muri yombi abantu babiri. Umwe ni umushiferi washakaga guha umupilisi ruswa, undi ni umugore wacuruzaga ibiyobyabwenge.
Umukozi wa Banque Populaire du Rwanda ku ishami ryayo riri mu mujyi wa Rwamagana yatawe muri yombi kuwa 25/11/2013 nyuma yo gufatanwa amafaranga miliyoni icumi ya banki yari ashyiriye abanyamasengesho ngo bayasengere agire umugisha hanyuma agarurwe mu isanduku ya banki.
Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, yasabye imbabazi z’ibyo Abahutu bakoreye Abatutsi ndetse nawe agaruka ku ruhare rwe mu gushaka gusubiza Abatutsi inyuma mu nzego zitandukanye.
Amasezerano ahuje ingabo za Congo, iza Uganda n’ishami ry’umuryango wa bibumbye MONUSCO mu kurwanya umwe w’inyeshyamba ADF NALU yamaze gusinywa taliki 23/11/20013.
Ikigo gishinzwe iterambere (RDB) kirasaba abashinzwe guteza imbere ishoramari bahagariye u Rwanda mu mahanga, gufasha kongera umusaruro w’ishoramari rituruka ku biva cyangwa byoherezwa mu mahanga, ndetse n’amadevise atangwa na bamukerarugendo basura u Rwanda.
Mu gihe hitegurwa kwizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga wizihizwa buri tariki 03 Ukuboza, abafite ubumuga bo mu Rwanda barasaba ko imbogamizi bahura nazo mu kuvurwa zavaho.
Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma bavuga ko nubwo M23 yatsinzwe, inzego z’umutekano wa Congo zitaborohera mu kubahohotera no kubambura zibashinja gukorana na M23.
Abaturage b’umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko kwitsinda mu mutima ndetse no kwatura bakavugisha ukuri ari byo bizatuma gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ibasha kugera ku ntego yayo yo kubaka Ubunyarwanda nyabwo n’ubwiyunge mu Banyarwanda.
Ubwo Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yatangizaga icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge mu murenge wa Giheke ho mu karere ka Rusizi yibukije abaturage ko kuva mu mateka y’igihugu ari bamwe basangiraga ibyago n’umunezero bityo bakaba bakwiye kureka kwiyumva mu moko.
U Rwanda ruri guhangana n’imbogamizi zo kutagira abacungagereza bafite ubunyamwuga n’ubwo ruri mu bihugu by’ibanze byizewe mu kugira gahunda ihamye yo kurinda umutekano ku isi ndetse rukaba rufite n’intumwa hirya no hino.
Umusaza w’imyaka 81 y’amavuko witwa Ntifashwa Ignace wo mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo nyuma yo gutabwa muri yombi tariki 22/11/2013 akura umusaraba ku mva yo mu irimbi ndetse agakora n’ibindi bikorwa ngo bituma akekwaho kuroga.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri MININFRA, Eng Isumbingano Emma Francoise arahamagarira Abanya-Karongi gushyigikira umuco wo kuganira, gusaba no gutanga imbabazi kugira ngo u Rwanda ruzabashe kwiyomora ibisare by’igihe kirekire.
Abahanzi umunani bahatanira kwegukana irushanwa rya gatandatu rya Tusker (TPF6), bwa mbere ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 24/11/2013 bose bashyizwe mu igerageza, bigaragaza ko iri rushanwa ritoroshye.
Umusirikare w’Umunyarwanda wari mu butumwa bw’Amahoro mu Ntara ya Darfour muri Sudani yitabye Imana aguye mu gitero bagabweho n’abarwanyi bataramenyekana ku cyumweru tariki 24/11/2013 mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Abapolisi 70 bateraniye mu ishuri rikuru rya polisi riherereye mu karere ka Musanze, barasabwa guha agaciro umwanya bahawe bashakira hamwe umuti urambye ku bibazo by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikiboneka hamwe na hamwe mu gihugu.
Gitimbanyi Christophe w’imyaka 47 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mushonyi mu karere ka Rutsiro avuga ko we gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yayiyumvisemo kera, kuko imbaraga yari afite mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi atazikoresheje mu bwicanyi, ahubwo zamufashije kurokora Abatutsi 19.
Mu mahugurwa y’umunsi umwe yateguwe n’ubunyamabanga bukuru bw’Umuryango FPR Inkotanyi agamije gukangurira Intore z’abacuruzi bo mu karere ka Nyamasheke ku ruhare rwabo mu kuzamura ubukungu bw’igihugu, abacuruzi bakanguriwe kugira umuco wo kuzigama.
Niyibizi Emmanuel ukora umwuga w’ububaji muri santire ya Mukamira mu Karere ka Nyabihu ngo yatangiye akora akazi k’ubuyede mu mwakwa wa 2000, nyuma y’imyaka itatu abona amafaranga 6000 ayakoramo umushinga ubu umaze kubyara miliyoni zisaga zirindwi.
Nyuma y’iminsi itatu abayobozi umunyamabanga nshingwabikorwa, umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe ubukungu ndetse n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rusizi beguye, Njyanama y’akarere ka Rusizi yakiriye ubwegure bwabo.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi igizwe n’abakinnyi 20 kuri uyu wa mbere nibwo yehagurutse mu Rwanda yerekeza i Nairobi muri Kenya mu irushanwa rya CACAFA rizatangira ku wa gatatu tariki ya 27/11/2013.
Mu gikorwa cyo gukemura ibibazo by’amasambu mu karere ka Gisagara hagaragaye abari barumvikanye bagasaranganya ubutaka basubiranyemo nyuma y’aho komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yabasobanuriye ko ubutaka bufitweho uburenganzira n’ubufitiye icyangombwa.
Ababyeyi bo mu murenge wa Maraba ho mu karere ka Huye barishimira ko abana babo basigaye bitabira amashuri y’incuke kuko ubu yabegerejwe bityo bakaba batagifite impungenge z’uko abana babo bagira impanuka mu nzira cyangwa ngo babe baruha bakora urugendo rurerure bagana ku mashuri.
Korali “Kubwubuntu” y’i Butare mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda iramurikira abakunzi bayo alubumu yayo ya mbere yise “Imirimo itunganye”, iki gikorwa kikaba kizabera i Muhanga muri EPR Gitarama tariki 01/12/2013.
Umunya-Afurika y’Epfo Dylan Girdlestone yegukanye isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda 2013’ ku cyumweru tariki 24/11/2013 nyuma yo kwitwara neza mu byiciro (etapes) umunani akaba ariwe wakoresheje igihe gito kurusha abandi.
Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda akaba n’umuhanzi, Alain Mukurarinda, yatangarije abanyamakuru zimwe mu mpamvu zituma atitabira amarushanwa ya hano mu Rwanda harimo nka Primus Guma Guma Super Star ndetse n’ayandi.
Ihuriro ry’abaganga mu Rwanda, rivuga ko hari indwara zititabwaho kandi zigahitana abantu, rigasaba abaganga ko bamanuka mu cyaro bakigisha abaturage kwirinda indwara zimwe na zimwe zihagarahara akenshi ziterwa n’umwanda.
Abubakar Nsengiyumva w’imyaka 33 afungiye kuri Police Post ya Gatunda ho mukarere ka Nyagatare azira gukomeretsa Felecian Bazatsinda w’imyaka 44 amuziza kumusambanyiriza umugore.
Nyuma y’amezi arenga abiri nta muyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage akarere ka Kayonza gafite, tariki 23/11/2013 Uwibambe Consolee w’imyaka 40 y’amavuko yatorewe uwo mwanya ku majwi 95,8% by’inteko itora yari igizwe n’abajyanama 145.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, yatangaje ko mu gihembwe cy’amashyamba cya 2013-2014 mu Rwanda hazaterwa ingemwe z’ibiti miliyoni 32.
Mu kagari ka Gacaca mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, haravugwa urupfu rw’umwana witwa Uwizeye Willy w’imyaka 14, bivugwa ko yaba yiyahuje umuti wica imbeba abandi bakavuga ko yaba yiyahuje umugozi.
Guhera kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2013, mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, hatangiye umwiherero uhuje abayobozi bashinzwe umurimo mu nzego z’igihugu kuva ku ntara, uyu mwiherero ukazamara ibyumweru 2.
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Ntagungira Celestin ‘Abega’, aratangaza ko imitegurire y’isiganwa mpuzamahanga ry’amagare ‘Tour du rwanda’ hari byinshi yaryigiyeho bizamufasha guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda.
Umunya-Eritrea Ayob Metkel ni we wagukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare Tour du Rwanda ubwo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 23/11/2013 bavaga mu karere ka Huye bajya mu mugi wa Kigali.
Uwiragiye Pricille niwe watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage. Aje kuziba icyuho muri nyobozi y’akarere ka Bugesera, yari imaze amezi arindwi ibuzemo umunyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Kuba urugaga rw’abikorera mu gihugu rutegura amamurikaguriaha hirya nohino mu gihugu, ngo ni intwaro ikomeye yo kunganira gahunda y’igihugu y’imbaturabukungu (EDPRS); nk’uko bitangazwa na bwana Rugambwa Oreste, umujyanama uhoraho w’urugaga rw’abikorera (PSF).
Umuyobozi w’ishami ry’umuryango mpuzamahanga utabara imbabare (CICR) mu Rwanda, George Paclisanu, ashima uburyo u Rwanda rushyira mu bikorwa amasezerano mpuzamahanga harimo arengera uburenganzira bwa muntu n’imbabare.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rutsiro yataye muri yombi abasore babiri bo muri ako karere mu murenge wa Gihango tariki 21/11/2013, umwe afatanwa udupfunyika 22, undi na we afatanwa udupfunyika 40 tw’urumogi, bombi bakaba bari bafatanyije kurucuruza.
Abayobozi b’ingabo za Congo, MONUSCO hamwe n’ingabo za Uganda bakoze inama ngo bategure kurwanya umutwe wa ADF NALU ntuzongere guhungabanya umutekano mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru no muri Uganda.
Mu minsi ine gusa, umurwa mukuru wa Kenya uraza kugirwa umurwa mukuru w’Afurika y’Iburasirazuba ushinzwe guhindura umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi no kubipfunyika (Food Processing and Packaging.)
Ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe guteza imbere inganda (UNIDO) hamwe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubuziranenge (RBS), byatanze ikirango mpuzamahanga cy’ubuziranenge ku cyayi kiva mu nganda za Kitabi, Nyabihu na Rubaya, hamwe n’urusenda n’umutobe bikorwa n’uruganda Urwibutso.
Ubwo isiganwa ry’amagare rya “tour du Rwanda” ryageraga bwa mbere mu karere ka Nyamagabe Kuri uyu wa Gatanu tariki 22/11/2013, ryashimishije abaturage cyane bakaba ngo barasanze bari barahejwe ku byiza.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, kuva wa mbere tariki ya 25/11/2013, nibwo izatangira imikino y’akarere ka gatanu izabera i Kigali, ikaba igamije gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Pologne umwaka utaha.