Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/4/2014, muri kaminuza ya INATEK campus ya Rulindo bakoze umuhango wo kwibuka Abatutsi baguye ku musozi wa Rulindo iyi kaminuza yubatseho.
Bamwe mu bayobozi mu karere ka Rulindo ngo basanga nta muntu ku giti cye wakagombye kwambura uburenganzira undi muntu bitanyuze mu mategeko cyangwa mu nkiko ngo hamenyekane koko niba uwo muntu aba akwiye gucibwa mu muryango we.
Urubyiruko rurakangurirwa kwitabira ibikorwa biruteza imbere kugira ngo intego Abanyarwanda bihaye yo kwigira no kwihesha agaciro narwo ruyigire iyarwo kuko bitashoboka ko umuntu yakwihesha agaciro mu gihe agiteze amakiriro ku bandi.
Mu gihe utundi turere turi kugira amakipe y’umupira w’amaguru akomeye mu cyiciro cya mbere n’icyiciro cya kabiri, ndetse utundi turere tukagira amakipe y’imikino y’intoki nka volleyball na basketball, akarere ka Nyamasheke karashaka kugira umukino wo gusiganwa ku maguru nk’imwe mu mikino ikomeye mu Rwanda.
Nyuma yuko ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri ku rwego rw’igihugu hamwe na minisiteri y’uburezi batangirije sport ngarukakwezi ya bose (sport de masse) mu mashuri, abanyeshuri bo mu karere ka Ngoma baravuga ko iyi sport igenda ibakundisha sport.
Bamwe mu bagize imiryango y’Abasigajwe inyuma n’amateka yatujwe mu mudugudu wa Kiyovu mu kagari ka Musumba mu murenge wa Nyamirama wo mu karere ka Kayonza ngo bafite ibibazo by’imirire mibi baterwa no kuba batagira amasambu ahagije yo guhinga.
Umusore w’imyaka 19 y’amavuko witwa Mburenumwe utuye mu kagari ka Twabugezi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yimanitse mu mugozi, tariki 3/04/2014 ashiramo umwuka, nyuma yo kuvuga ko yibwe telefoni ebyiri n’inkoko imwe yari yashoye mu isoko.
Arsenal, ikipe y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza yahaye ubutumwa bw’ishimwe Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, bumushimira urukundo akunda siporo muri rusange na Arsenal FC by’umwihariko.
Ku mugoroba taliki ya 1/5/2014 ingabo za Kongo ziri muri Burigade ya 86 ziyobowe na maj Patrick wungirijwe na Capt. Mbaza claude zimuye amahema yazo yari kuri metero 150 n’ubutaka bw’u Rwanda bayashyira kuri metero eshanu n’umupaka w’u Rwanda bibangombwa ko ingabo z’u Rwanda zibasaba gusubira nyuma.
Mu muhango wo gusabana kw’abakozi b’akarere ka Nyamasheke, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 2/5/2014, mu nzu mbera byombi y’akarere, umuyobozi w’akarere yasabye abarimu kwima amatwi umwanzi urekereje ngo ahindure imitima yabo.
Vuzimpundu James uri mu kigero cy’imyaka 20 utuye mu Mudugudu wa Bisasu mu Kagari ka Gitovu mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi, kuva kuri uyu wa Gatanu tarki 2/5/2014 arashakishwa, nyuma yo gutwika inzu y’iwabo no kwica inka y’iwabo ayiciye igihanga abitewe n’uko iwabo batari bamuhaye amafaranga y’inka bari (…)
Dr Anita Asiimwe, umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Ubuzima, arasaba abaganga bo mu bitaro bya Muhororo mu karere ka Ngororero kugumya gushyira ihame rya serivise inoze mu mirimo yabo ya buri munsi kuko ababagana babafitiye icyizere.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo, tariki 1/5/2014, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Rutsinga Jacques yibukijeabakozi kwitangira umurimo no kuwukora neza, kuko aribyo bitanga iterambere.
Bamwe mu baturage mu karere ka Rulindo bavuga ko bikunze kugaragara ko hari ababyeyi usanga batanga iminani, ariko ntibite ku bana b’abakobwa kandi nabo baba baravutse mu muryango umwe na basaza babo, ibyo bikadindiza umuryango.
Ikinyamakuru cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Time Out, kuri uyu wa Gatanu tariki 02/5/2014 cyasohoye numero yacyo ya 952 aho umuhanzi Stromae, ufite se w’Umunyarwanda naho nyina akaba Umubiligikazi, yari yihariye urupapuro rwa mbere rwacyo bibaza bati “ Who the hell is Stromae?” Ugenekerereje mu Kinyarwanda kikaba (…)
“Umukozi ntakibaze icyo igihugu cyamumarira ahubwo ajye yibaza icyo we yakimarira”. Aya ni amagambo yavuzwe n’uwahoze ari perezida wa Leta Zunzubumwe za Amerika John Kenesy ubwo yabwiraga abanyagihugu ba Amerika ko bagomba guteza imbere igihugu cyabo badatagereje icyo kibaha.
Mu karere ka Gicumbi hibustwe abana bishwe muri Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko abana bishwe na bagenzi babo biganaga muri G.S de la Salle baje kicirwa mu ntara y’Amajyepfo mu kigo cy’amashuri cya EAV Kabutare.
Sosiyete ya MTN ifatanyije n’ikigo cy’ubwishingizi Prime Life insurance bashyizeho ubwishingizi bwo kugoboka abagize ibyago byo gupfusha. Bukazafasha mu gihe uwapfuye yaba yaratanze cyangwa yaratangiwe amafaranga guhera ku 4,575 (RwF) ku mwaka; abo asize bakaba bahabwa guhera ku mafaranga y’u Rwanda 250,000 RwF.
Tony Adams wamamaye muri Arsenal ubwo yayikiniraga kuva mu 1983 kugeza mu 2002, ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, akaba yarazanywe na Sosiyete y’itumanaho Airtel, mu rwego rwo guteza imbere umupira w’amaguru ushingiye ku kuzamura abakinnyi bato.
Umuyobozi w’agateganyo w’Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) Ing. Euphrem Musonera arahamagarira abakozi kurushaho gutanga services nziza kandi ku gihe kugirango iri shuri rirusheho kugera ku ntego zaryo.
Abadepite bagize komisiyo ya politiki y’uburinganire n’ubwuzuzanye by’umugore n’umugabo mu iterambere ry’igihugu baganiriye n’abahagarariye abaturage baganira ku mushinga w’itegeko rigenga imicungire y’umutungo by’abashakanye bungurana ibitekerezo kuri uwo munshinga.
Bitewe n’ingamba zafashwe mu gukumira ibiza mu karere ka Nyabihu, imibare igaragaza ko byagiye bigabanuka kandi n’ingaruka byatezaga zagiye zigabanuka mu myaka itatu ishize.
Banki y’Isi yemeje inguzanyo ya miliyoni zirenga umunani z’Amadolari y’Amerika US$8.97M angana na miliyari eshanu na miliyoni magana ane z’amafranga y’u Rwanda (Rwf5.4billion), azakoreshwa mu kiciro cya kabiri cy’umushinga wo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye kurugerero.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahawe igihembo n’Umuryango mpuzamahanga ushinzwe itumanaho (ITU), ku bw’imiyoborere myiza no guteza imbere ikoranabuhanga mu itumanaho.
Christine Kayitesi, umunyamabanga w’umuyobozi w’Akarere ka Huye, ni we mukozi w’aka karere watoranyijwe na bagenzi be nk’indashyikirwa mu mikorere mu mwaka w’2014. Ubwo abakozi b’aka karere bizihizaga umunsi w’abakozi, yahawe mudasobwa igendanwa nk’ishimwe.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihigu, Musoni James, atangaza ko mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2014-2015 abayobozi b’imidugudu bazarihirwa amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, (Mituelle de Santé) kubera ko bagira uruhare rukomeye mu iterambere ry’abaturage.
Mu kwizihiza umunsi wahariwe umurimo, abakozi ba Leta bakorera mu karere ka Gicumbi bagaragaje ko ikiruhuko gihabwa ababyeyi babyaye kingana n’ukwezi n’igice gituma batanoza neza umurimo kuko ngo usanga baba bagifite intege nke bityo bigatuma badakora akazi neza nk’uko bikwiye.
Abahinzi b’urusenda mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera bavuga ko iki gihingwa kitaweho cyagira uruhare runini mu guhindura imibereho y’umuhinzi w’urusenda.
Muri africa y’epfo imodoka yo mu bwoko bwa bisi y’igipolidisi cya leta kuwa gatatu tariki 30 Mata yagonze ishusho rya Nyakwigendera Nelson Mandela yari imaze iminsi mike imuritswe aho iri imbere y’inyubako y’inteko ishinga amategeko mu mujyi wa Cape Town.
Kimwe n’ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gicurasi 2014 abakozi b’akarere ka Kirehe bifatanije mu kwishimira ibyo bagezeho mu birori byaranzwe n’ibiganiro bitandukanye n’ubusabane.
Mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko mu myaka itanu ishize yakuye abaturage basaga miliyoni imwe munsi y’umurongo w’ubukene, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) cyashimiye abakozi bacyo kivuga ko 65% bavuye mu bukene binyuze mu iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi.
Minisitiri w’Ubutegetsi w’Igihugu, James Musoni, yabwiye Abanyamusanze ko abantu bashaka kongera ubumenyi hanze y’igihugu bari mu kazi bagomba kubisabira uruhusa ababakuriye mu kazi kuko bashobora kuba bajyanwa n’izindi gahunda.
Umukinnyi w’Umunyarwanda, Haruna Niyonzima bakunda gutazira “Fabregas” ukinira ikipe ikomeye muri Tanzaniya Yanga Africans FC muri iyi minsi ngo ntahagaze neza mu ikipe nka mbere kuko atakigaragaza urwego rw’imikinire yari agezeho.
Abakozi b’akarere ka Rwamagana barasabwa gushyira hamwe bagakoresha imbaraga zabo kugira ngo banoze umurimo maze akarere kabo barusheho kugateza imbere.
Imfungwa n’abagororwa basaga ibihumbi bitandatu bafungiye muri gereza y’Akarere ka Nyanza tariki 01 Gicurasi 2014 bifatanyije n’abandi mu kwizihiza umunsi mpuzamhanga w’umurimo banahemba bamwe muri bo babaye indashyikirwa mu kuwitaho mu gihe bagifungiye muri iyi gereza.
Nyirishema Frodouard ushinzwe gahunda z’ubuzima mu karere ka Ruhango niwe wahize abandi bakozi muri uyu mwaka mu gukora neza ishingano ze. Ubuyobozi bwamushimiye imbere y’abandi bakozi, ubwo hizihizwaga umunsi w’umurimo tariki 01/05/2014 bunabasaba kumwigiraho kugirango imihigo y’akarere irusheho kweswa 100%.
Nyuma yo kwiga ku byaha umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke, Gatera Egide, aregwa urukiko rw’ibanze rwa Kamembe rwanzuye ko uyu muyobozi yakurikiranywa afunze byagateganyo mu igihe cy’iminsi 30 mu gihe iperereza ku byaha ashinjwa rigikomeje.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko witwa Uwineza Hasina, wo mu mudugudu wa Kimbazi mu kagari ka Ntunga mu murenge wa Mwurire wo mu karere ka Rwamagana, yishwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana, bamusanze mu nzu aho yari aryamye bakamuniga kugeza apfuye.
Mu gihe ku biro by’abakozi ba Leta ndetse n’amabanki mugi wa Butare hiriwe hafunze uyu munsi tariki 1/5/2014, mu maserivisi atangwa n’abikorera ho abantu bakoze bisanzwe ku buryo utamenya ko ari umunsi wa konji nk’uko abantu bakunze kubivuga ku munsi wagenewe ikiruhuko.
Umuholandi Daan Roosegaarde yabashije gukora ikanzu « Intimacy 2.0 » ibonerana iyo ubushyuhe bw’umubiri w’uyambaye bwiyongereye n’umutima we ugateragura bidasanzwe. Iyo bigeze aho uyambaye ashaka gukora imibonano mpuzabitsina bwo ngo irabura (ntiba ikigaragara).
U Rwanda rwamaze gushyikiriza ikigo mpuzamahanga cy’umurage w’isi urutonde rw’ibanze (liste indicative) rw’umurage ndangamuco. Urwo rutonde rugizwe n’inzibutso za Jenoside enye ari zo Nyamata, Bisesero, Murambi na Gisozi.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo w’igihugu mu nteko ishinga mategeko y’u Rwanda (PAC), yijeje abaturage bo mu mirenge ya Ruhango, Ntongwe na Kinazi yo mu karere ka Ruhango, ko ikibazo bamaranye imyaka isaga 10 na EWSA kigiye gukemurwa vuba.
Ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Emmanuel Gasana bagiriraga urugendo mu Karere ka Gakenke kuwa 30 mata 2014 yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze kwamagana no kwirinda gukorana n’abagerageza guhungabanya umutekano, ibi kandi bakabyigisha n’abaturage.
Sharlene Simon w’imyaka 42, mu myaka itaragera kuri ibiri ishize yagonze abana batatu bari ku magare, umwe muri bo witwa Brandon abikurizamo gupfa. Kuri ubu, ari gukurikirana mu bucamanza abo bana kuko ngo kubagonga byamuviriyemo “agahinda n’ubwoba bikabije”.
Intumwa za rubanda ziri muri komisiyo ya politiki, uburinganire bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’igihugu zagendereye Akarere ka Ngororero ku wa gatatu tariki 30/04/2014 zasobanuriye abaturage umushinga w’itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashakanye, izungura, itangwa ry’umunane, impano n’irage.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubuzima Rusange n’Ubuvuzi bw’Ibanze muri minisiteri y’Ubuzima, Dr Anita Asiimwe, yasuye ibitaro bya Muhororo byubatse mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero abyemerere kuzakora ubuvugizi ngo byagurwe.
Jeni Klugman ushinzwe ishami ry’uburinganire bw’abagore n’abagabo muri Banki y’Isi, waruri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, atangaza ko yashimishijwe n’uburyo abagore n’abakobwa bari kwiteza imbere mu Rwanda.
Nyuma yuko havuzwe amakuru yuko umubyeyi w’umuhanzi Kizito Mihigo, Ilibagiza Placidie, arwaye ndetse rumwe mu mbuza za internet zikorera mu Rwanda rukandika rubyemeza, amakuru yizewe aranyomoza iyo nkuru.
Ishuri rikuru ry’abalayiki b’abadivantisti b’umunsi wa karindwi rya Kigali, INILAK ryavuze ko uburezi n’inyigisho ritanga, bizafasha abaryigamo kudategereza ak’imihana kaza imvura ihise ahubwo bakishakamo ibisubizo nta gutega amaramuko ku mahanga.