Nishimwe Felix wavutse mu mwaka w’1988 washinjwaga kwiha ububasha ku mirimo itari iye akiyita muganga ndetse agasiramura abagabo yahamijwe icyaha ahanishwa igifungo cy’amezi ane n’urukiko rwa Kagano.
Umukinnyi w’ikipe y’u Rwanda Nathan Byukusenga yagukanye umwanya wa kane mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka Congo-Kinshasa (Tour de la RDC 2014), ubwo ryatangiraga ku wa gatatu tariki ya 18/6/2014 mu gace ka Kolwezi ho mu ntara ya Katanga.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza rukomeje gukangurirwa ko kwihangira imirimo uko bikwiye ariyo nzira yo kurufasha kwiteza imbere hanifashishijwe ibigo by’imali byo kuzigama no gutanga inguzanyo.
Ikipe y’igihugu ya Espagne yagukanye igikombe cy’isi cyeherukaga kubera muri Afurika y’Epfo muri 2010 yatunguwe no gusezererwa rugikubita ubwo yatsindwaga na Chile ibitego 2-0, ikaba yajyanye na Cameroun nayo yatashye itarenze umutaru nyuma yo kunyagirwa na Croatia ibitego 4-0.
Mu Karere ka Karongi hatangirijwe icyumweru cy’imikino ya Olempike cyangwa Olympic Games mu Ntara y’Uburengerazuba maze berekana imikino mishya yinjijwe mu Mikino Olempike ari yo Tayikondo (Taekwondo), Ubwirinzi cyangwa Fencing ndetse no kumasha bita mu Cyongereza Archery.
Umugabo w’abana batatu utuye mu mu Kagali ka Rurengeri mu Murenge wa Mukamira ho mu Karere ka Nyabihu atangaza ko agiye gutangira amashuri yisumbuye mu mwaka utaha nyuma yo gupima agasanga yabishora.
U Rwanda rugiye gutangiza gahunda nshya y’iyamamazabuhinzi yiswe “Twigire”, ngo ikaba yitezweho guteza imbere ubuhinzi bwakorwaga kandi ikazazamura ubukungu bw’igihugu, bityo abayobozi b’inzego z’ibanze mu Ntara y’Iburasirazuba bagashishikarizwa kuyigira iyabo kuko n’ubusanzwe ngo iyi Ntara iza ku isonga mu gihugu mu gutanga (…)
Bamwe mu bitwa abakarasi bahamagaraga abagenzi muri gare ya Nyamata mu karere ka Bugesera kuri uyu wa 18/06/2014 bafashwe boherezwa mu kigo ngororamuco cya Gashora nyuma y’aho bigaragariye ko batezaga umutekano muke n’akajagari muri gare.
Binyujijye mu gashami kawo gashinzwe uburenganzira bwa muntu, umuryango w’abibumbye (UN) wahuguye abakozi ba komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu.
Abayobozi b’amatorero atandukanye yo muri ADEPR barasabwa kurushaho gukunda abo bayobora, bagatandukana na bamwe mu bari abayobozi b’ayo matorero mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Akarere ka Nyamasheke kabonye umunyamabanga nshingwabikorwa mushya witwa Habiyaremye Pierre Celestin waje asimbura Ndagijimana Jean Pierre umaze amezi umunani afunzwe akurikiranweho ibyaha bya ruswa.
Umwe muri 15 baregwa hamwe na Lt Joel Mutabazi, witwa Ngabonziza Jean Marie-Vianney cyangwa Rukundo Patrick, yemereye urukiko rukuru rwa gisirikare i Kanombe ko yakoranaga n’umutwe wa RNC nk’umukangurambaga wayo mu gihugu cya Uganda.
Mu gihe itorero ADEPR ryibukaga Abatutsi bazize Jenoside baguye mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe muri Mata 1994, ryahaye abaharokokeye ibintu binyuranye birimo ibikoresho byo mu rugo, ibiryamirwa n’ibyo kurya, ariko rinaremera abarokotse 5 batishoboye ribaha inka.
Imiryango 20 yo mu murenge wa Kanzenze akarere ka Rubavu yashyikirijwe isakaro ry’amabati yo gusakara inzu bizamuriye nyuma yo kugaruka mu Rwanda bavuye mu buhunzi.
Umusore witwa Zimurinda Ferdinand w’imyaka 26 uvuka mu murenge wa Giti mu kagari ka Murehe umudugudu wa kabeza ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Rutare mu karere ka Gicumbi akurikiranyweho icyaha cyo kwica se umubyara witwa Karagire Damien amutemye n’umupanga mu mutwe.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kiritegura gukora igikorwa ngarukamwaka cyo kwita izina abana b’ingagi bavutse. Uyu mwaka hakazitwa amazina abana 18 bavutse mu muhango uzabera mu Kinigi, mu karere ka Musanze nk’uko bisanzwe.
Mu gihe u Rwanda rwitegura ibirori bikomeye byo kwibuka imyaka 20 ishize ingabo zari iza FPR Inkotanyi zibohoye u Rwanda ingoma y’abicanyi, izo ngabo zari iza FPR zatangije igikorwa cyo kubakira Abaturarwanda ibigo nderabuzima 500, ngo nk’ikimenyetso ko zitazatezuka ku rugamba rwo kubohora Abanyarwanda... Uko byagenze mu (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 18/06/2014 mu masaha ya Saa kumi n’ebyiri n’igice, mu kagari ka Nzega mu murenge wa Gasaka habereye impanuka imodoka yo mu bwoko bwa Coaster igonga umuntu wasunikaga igare ritwaye ibirayi.
Inteko rusange y’abaturage b’umudugudu wa Nyamibombwe mu kagari ka Ruronde mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro iherutse gutegeka abakoze urugomo rwo gusenyera umukecuru witwa Lewokadiya Mukarugwiza gutanga amafaranga 180,500 kubera ko bihaye ububasha bwo kumusenyera no kumwangiriza imitungo bamushinja amarozi.
Polisi y’Igihugu mu karere ka Rwamagana ifatanyije n’ubuyobozi bw’aka karere bakomeje ibikorwa byo guhashya abantu biyise “Imparata” bagakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko, bitewe n’uko buhombya igihugu kandi bugateza umutekano muke kuko hari benshi baburiramo ubuzima.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Musanze baratungwa urutoki mu gukurura isuku nke kubera kwambarira ku ngutiya zitameshe, ngo ibi biterwa n’imyumvire bafite muri rusange ishingiye no ku muco.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, araburira abacuruzi bo mu Karere ka Musanze kugendera kure inguzanyo zitangwa n’abantu ku giti cyabo ku nyungu ziri hejuru cyane, bizwi nka “Banki Lambert” kuko bifite ingaruka zo kuba byateza umutekano muke hagati y’abacuruzi.
Ubwo yari yatibitiye igikorwa cyo guha isakaro imiryango 47 igizwe n’abatahutse ndetse n’abandi batishoboye bo mu karere ka Nyabihu, Minisitri w’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi, Mukantabana Seraphine, yasabye abatahutse kutifatanya n’Abanyarwanda bakiri mu buhungiro bashaka guhungabanya umutekano w’igihugu.
Umuforomo witwa Niyigena Ephrem ukora ku kigo nderabuzima cya Musasa mu karere ka Rutsiro arakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umukobwa waburiwe irengero mu gihe yari ku icumbi ry’uwo muforomo, nyuma y’iminsi ibiri umurambo we ukaza kuboneka mu kiyaga cya Kivu.
Ikipe y’igihugu ya Algeria, imwe mu makipe atanu ahagarariye Afurika mu gikombe cy’isi mu mupira w’amaguru yatsinzwe n’Ububiligi ibitego 2-1, naho Brazil mu rugo inganya na Mexique ubusa ku busa ku wa kabiri tariki 17/6/2014.
Ntakirutimana Faustin utuye mu Murenge wa Rukoma, Akagari ka Remera mu Karere ka Kamonyi, ararangisha umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 14 witwa Urayeneza Claudine ariko akaba yari azwi ku izina rya Jeanne.
Ubwo yatangizaga gahunda yo kugaburira abana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12, mu bigo 42 byo mu karere ka Kamonyi, Minisitiri w’Uburezi Dr Vincent Biruta, yavuze ko kuba iyi gahunda yarashobotse ku Kamonyi, ari igihamya cy’uko n’ahandi izashoboka.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, yongeye guhamagarira abahinzi kwitabira guhinga mu mibande n’ibishanga muri iki gihe cy’izuba, kandi bagakoresha amafumbire mva ruganda n’imborera mu rwego rwo kongera umusaruro.
Ubwo kuri uyu wa 17 Kamena 2014 mu Karere ka Gakenke hatangizwaga ibikorwa by’icyumweru cyahariwe ingabo (Army Week), abaturage bishimiye uburyo ingabo za RDF zigira uruhare mu kwifatanya n’abaturage mu bikorwa bibafitiye akamaro.
Ingabo z’igihugu zifatanyije n’izindi nzego z’umutekano, ubuyobozi bwite bwa Leta ndetse n’abaturage bahuriye mu gikorwa cyo kubaka ivuriro “Poste de Santé” rya Musasa mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gishyita ndetse bakora n’imihanda izajya ifasha abantu kugera kuri iryo vuriro.
Bamwe mu bahanzi bakomeye hano mu Rwanda Aimable Twahirwa, Lion Imanzi na Tonzi nibo bazatanga amanota mu bitaramo by’umwimerere (Live) bya Primus Guma Guma Super Star 4 nk’uko byatangajwe na Mushyoma Joseph, umuyobozi wa EAP ari nayo itegura aya marushanwa ifatanyije na Bralirwa.
Minisitiri w’ingabo, General James Kabarebe, wifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Gicumbi mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa by’ingabo mu Rwanda(Army Week) yabwiye abaturage ko ubufatanye n’inzego zose ari wo musingi w’iterambere rirambye.
Ubwo kuri uyu wa 17 Kamena hashyirwaga ibuye ry’ifatizo ahazubakwa poste de santé ya Bubare akagali ka Rugarama umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare, abaturage bishimiye ko bagiye kubona ivuriro hafi yabo bagacika ku kugura imiti ya magendo bakuraga mu gihugu cya Uganda bahana imbibe.
Urubanza ruregwamo Lt Joel Mutabazi n’abasivili 15, rwongeye gusubukurwa kuri uyu wa 17/6/2014; aho Lt Mutabazi na Nshimiyimana Joseph witwa Camarade, bahakana ko bavuganaga ibyo guhungabanya umutekano w’igihugu; mu gihe uwitwa Ngabonziza we yemera ko yakoreraga umutwe wa RNC, ariko akavuga ko ngo atari azi ko ari icyaha.
Niyomugabo Rajab w’imyaka 30 na Mukamujyama Margarita w’imyaka 52 bari mu maboko ya polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bashinjwa gufatanwa urumogi ndetse bakanarucuruza.
Hamwe no kwitegura isabukuru ya 20 igihugu kibohowe, mu karere ka Nyamagabe hatangirijwe ibikorwa abasirikari bazafatanya n’abaturage muri gahunda ya “Army week” hashyirwa ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ivuriro riciriritse mu kagari ka Kiyumba mu murenge wa Cyanika.
Leta zunze Ubumwe z’Amerika, muri iri joro ryacyeye zatangaje ko Erica J. Barks-Ruggles, ariwe uzihagarariye mu Rwanda. Erica J. Barks-Ruggles, amaze igihe kinini ari umu diplomate mu biro bya Leta zunze Ubumwe z’Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga.
Akarere ka Muhanga n’abafatanyabikorwa bako mu mibereho myiza baravuga ko bagiye kurushaho kurandura ikibazo cy’imirire mibi igaragara ku bana.
Ingabo z’u Rwanda zatangaje ko zizakomeza kwifatanya n’abaturage mu bikorwa by’iterambere no kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda, nyuma yo gufatanya n’abaturage bo mu karere ka Kicukiro, umurenge wa Kigarama kubaka inyubako izakorerwamo n’ikigo nderabuzima.
Kuri uyu wa mbere tariki 16 Kamena 2014, mu gikorwa cyo gusibura inzira y’abanyamaguru mu muhanda munini wa kaburimbo uva mu mujyi wa Kigali werekeza mu Ntara y’Amajyepfo, ubuyobozi bwa Polisi, bwongeye kwibutsa abakoresha umuhanda kwigengesera ngo badateza impanuka.
Umuyaga mwinshi n’imvura kuri uyu wa 16/06/2014 byasambuye ishuri ryo kuri G.S. Gahurire ho mu mudugudu wa Mpandu akagali ka Karama umurenge wa Kazo akarere ka Ngoma.
Impanuka yabereye mu kagari ka Buhoro, umurenge wa Musambira ahitwa muri “Kariyeri”, ku gicamunsi cya tariki 16/06/2014 yahitanye umuntu umwe mu bari muri Coaster, abandi 21 barakomereka. Bane muri bo bakomeretse bidakabije kuburyo bahise bataha.
Kuri uyu munsi tariki ya 16 Kamena 2014, abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda basuye ibitaro bya Kibogora biri mu karere ka Nyamasheke, basobanukirwa imikorere y’ibitaro muri serivisi zitandukanue zihatangirwa.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 cya Butete kiri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko gahunda bashyiriweho yo kujya bagaburirwa ku ishuri ku manywa (School Feeding) igiye kubafasha mu myire yabo.
Uwabakurikiza Anasitaziya utuye mu kagari ka Ruronde mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro afite ikibazo cyo kutarangirizwa urubanza rw’umwana we wakomerekejwe mu mutwe, urukiko rugategeka ko uwamukomerekeje atanga indishyi y’ibihumbi 600 ariko umwaka ukaba ushize atarayahabwa.
Abana b’impfubyi barererwa mu kigo cya SOS giherere mu murenge wa Kajyeyo mu karere ka Gicumbi bavuga ko kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurikumunsi uba buri tatiki 16 Kamena bituma nabo bumva ko bitaweho.
Ubwo abarwanyi 9 bavuye muri FDLR batahaga mu Rwanda taliki 13/6/2014 umwe yatangarije Kigali Today ko nubwo Abanyarwanda bari muri FDLR bitandukanya nayo bacyurwa mu Rwanda ngo Abanyecongo bari muri FDLR bahita bashyirwa mu gisirikare cya Kongo.
Kuva mu 2008 kiliziya Gatorika yashyizeho gahunda y’icyumweru cy’uburezi Gatorika kugirango abarebwa n’uburezi bazirikane uruhare rw’indangagaciro nkirisitu n’izishingiye ku muco nyarwanda, hagamijwe kurera Umunyarwanda ubereye u Rwanda na Kiliziya.
Ku munsi mpuzamahanga w’umwana w’umunyafurika wizihijwe kuri wa 16/6/2014, Guverinoma y’u Rwanda yahisemo ko abana bibuka abandi bana bavukijwe kubaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ku mpamvu z’uko abana b’abanyarwanda muri iki gihe ngo bahabwa uburenganzira hafi ya bwose.