Abaturage bo mu karere ka Gisagara birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya batari bafite amacumbi ubu bakaba bari kubakirwa, baratangaza ko ibi ari ibibereka ko igihugu cy’u Rwanda cyita ku baturage bacyo ntawe gisize inyuma, bagashima ubuyobozi bwiza butuma ibyo byose bishoboka.
Abantu bakuze 319 barimo abagabo 23 bo mu nkambi y’impunzi ya Kigeme bashyikirijwe inyemezabumenyi zabo nyuma yo kwigishwa kubara, gusoma no kwandika n’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda.
Ikipe y’igihugu ya Brazil yatangiye neza igikombe cy’isi yakiriye, ubwo Neymar Junior yatsindaga ibitego bibiri muri bitatu ikipe ya Brazil iya Croatia mu mukino ufungura irushanwa tariki ya 12/6/2014. Muri uwo mukino Croatia nayo yatsinze igitego kimwe.
Abasirikare ba Congo batanu barasiwe mu Rwanda ubwo bateraga mu karere ka Rubavu mu murenge wa Busasamana tariki 11/06/2014 bashyikirijwe igihugu cyabo ku saa moya n’igice zo kuri uyu mugoroba wa tariki 12/06/2014.
Intumwa za kaminuza yitwa Mount Kenya University (MKU), zasuye akarere ka Ngororero kuwa 11 Kamena 2014, zatangarije abatuye aka karere ko MKU yifuza kugira ishami ryayo muri aka karere kugira ngo yegereze amasomo abagatuye, ubu bakora ingendo ndende bajya kwiga muri za kaminuza zo mu zindi Ntara n’ibihugu bidukikije.
Abarimu bahoze bigisha muri Koleji ya Kigoma iherereye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza baravuga ko bari mu nzira zigana inkiko basaba kurenganurwa nyuma y’uko iri shuli ryigenga ryisumbuye ryabambuye imishahara y’amezi atatu ndetse n’uduhimbazamusyi tw’amezi icyenda tw’umwaka ushize wa 2013.
Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu iratangaza ko u Rwanda ruhagaze neza mu bipimo byo kubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yaburiye Abanyarwanda kubera imibare iteye ubwoba y’abandura agakoko gatera SIDA, aho ngo buri minota itatu umuntu umwe aba yanduye mu Rwanda; akaba yasabye ubufasha bw’Urugaga rw’ababana na virusi itera SIDA (RRP+) mu kugabanya icyo kigero.
Mu ijoro ryacyeye tariki ya 11 Kamena 2014 mu kagari ka Banda, mu Murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke, umukobwa wabyariye iwabo witwa Uwimana Emima yatemye bikomeye mu mutwe no ku maguru undi mukobwa wabyariye iwabo nawe witwa Munyuratabaro Mariya bapfa umugabo wabateretaga bose.
Umwana uri mu kigero cy’imyaka ibiri wo mu mudugudu wa Kinyemera mu kagari ka Bwiza ko mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza ku gicamunsi cya tariki 11/06/2014 yagwiriwe n’igikuta cy’inzu ahita apfa.
Dushimimana Claudine w’imyaka 20 y’amavuko uvuga ko akomoka mu mudugudu wa Kigarama mu kagali ka Gitega mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe afungiye kuri station ya polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza akekwaho icyaha cyo kwiba umwana ngo amwiyitirire ko ari uwo yabyaranye n’umugabo wamuteye inda.
Abahesha b’inkiko batari ab’umwuga mu Karere ka Rusizi barasabwa kwirinda kurangiza imanza nabi kuko bishobora gukurura imanza zashora Leta mu gihombo, akaba ari muri urwo rwego bibukijwe ko uzajya arangiza urubanza nabi bigakururira Leta urubanza rushobora kuyiviramo igihombo ngo azajya akurukiranywa ku giti cye.
Komite y’abanyeshuri barahiriye kuyobora abandi muri Kaminuza yigisha ibijyanye n’Ubutetsi n’Ubukerarugendo (Rwanda Tourism University College/RTUC), baratangaza ko muri iyi manda yabo bazita ku masomo y’abanyeshuri ariko bakibuka no gufasha abaturage muri gahunda zitadukanye za Leta.
Mu gihe bamwe mu baturage bagana ibitaro bya Nyagatare basaba ko bakwegerezwa service z’ubuvuzi bahabwa ibindi bitaro, ubuyobozi bw’ibi bitaro bwemeza ko service mbi zitangwa ziterwa n’umubare munini w’abarwayi nyamara abaganga ari bacye ariko ngo hakaba hari gahunda yo gukomeza kongera ibigo nderabuzima.
Muri iki gihe hagaragara abavugabutumwa babwiriza ijambo ry’Imana ahantu hahurira abantu benshi, nko mu masoko, muri Tagisi, mu bigo bategeramo imodoka no mu mihanda. Biragoye ko aba bavugabutumwa bamenya ko hari abo ubutumwa bwa bo bugeraho, kuko usanga akenshi abo babwira batabitayeho.
Abayobozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba ndetse n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda, bahuriye mu karere ka Rwamagana mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyateguwe na Radio Izuba, hagamijwe kureba imbogamizi zikibangamira ubufatanye bw’izi mpande zombi zigatuma bishishanya.
Nyuma y’imirwano yabaye inshuro ebyiri ingabo za Kongo zateye mu Rwanda tariki 11/06/2014, Leta y’u Rwanda yamaganye ubushotoranyi bwa Leta ya Congo bubangamira amahoro n’umutekano hagati y’ibihugu byombi.
Ubwo Komisiyo y’abakozi ba Leta yagiranaga ibiganiro n’uturere tugize intara y’uburengerazuba, tariki 10/06/2014, hagarutswe ku kibazo cy’abaforomo bafite amashuri atandatu batemerewe guhabwa akazi kandi nyamara umubare w’abarengeje ayo amashuri bize ubuganga ngo ukiri hasi cyane.
APR FC na Police FC nizo zihabwa amahirwe menshi yo kuzakina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro uzaba tariki 4/7/2014 nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ½ cy’irangiza ibanza yabaye ku wa gatatu tariki 11/6/2014.
Abaturage bakabakaba 300 barasaba guhabwa ingurane y’imitungo yabo yangijwe n’imirimo y’umushinga SOGEA wari ugamije gukwirakwiza amazi meza mu karere ka Bugesera, mu gihe abandi basaga ibihumbi bine bo bayahawe mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.
Abakoresha n’abacuruza gazi zo mu bwoko bwa R22 zikoreshwa mu mafirigo no mu ntangamahumbezi (Airconditions), barasabwa kuzihagarika kuko zangiza akayungirizo k’izuba kagabanya ubukana bw’izuba ndetse iyo myuka ikanatera imihindagurikire y’ikirere.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Dr Alvera Mukabaramba, avuga ko nta muntu wemerewe kugurisha inzu yubakiwe na Leta cyangwa ngo ayikodeshe ubuyobozi butabizi.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harelimana, agereranya FDLR ifite imigambi yo guhungabanya umutekano w’Abanyarwanda na shetani yototera bamwe mu Banyarwanda igambiriye kubashuka ngo ibashore mu migambi mibisha, asaba ko bitandukanya nayo.
Nyuma y’ibitero bibiri byikurikirana ingabo za Kongo zagabye ku butaka bw’u Rwanda mu karere ka Rubavu taliki 11/6/2014 abasirikare batanu ba Kongo bahasize ubuzima naho abasirikare babiri b’ingabo z’u Rwanda barakomereka.
Umugore witwa Mukanoheri Jeanne ari mu karere ka Ngororero kuva tariki 06/06/2014 aho yaje gushakisha umugabo we wamutaye akamusigana abana batatu akaba yarashatse undi mu karere ka Ngororero.
Abakozi bakoreye rwiyemezamirimo witwa Ntarindwa Steven wahawe isoko ryo gutunganya inyubako n’ubusitani ahitwa ku “Mukore wa Rwabugiri” mu murenge wa Kageyo ho mu karere ka Ngororero bavuga ko yabambuye amafaranga agera kuri miliyoni ebyiri n’igice.
Kuri uyu wa Gatatu taliki 11/6/2014, U Rwanda nicyo gihugu cya mbere muri Afurika cyasinyanye amasezerano y’umubano n’igihugu cya Israel.
Mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’akarere ka Burera mu bijyanye n’ubukerarugendo hafashwe umwanzuro ko abikorera baguze ibibanza ku biyaga bya Burera na Ruhondo bakaba baratinze kubibyaza umusaruro bagiye kubyamburwa bigahabwa abandi babifitiye ubushobozi.
Kuri uyu wa 11/6/2014, abacamanza mu nkiko nkuru n’izisumbuye mu Rwanda bemeje imirongo ngenderwaho rusange, yafasha inkiko kujya zitegeka kwishyura indishyi mu buryo buteye kimwe ku bantu bose n’ahantu hose, hashingiwe ku gushyira mu gaciro birenze ibyo amategeko ateganya.
Umuhanzi Makonikoshwa wari urwariye mu bitaro bya CHUK Kigali aratangaza ko afite ibyishimo byo kuva mu bitaro kandi ko ashimira Imana cyane yamufashije.
Umugabo witwa Gregory S. Hale w’imyaka 37 utuye mu mugi wa Summitville muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yafatiwe iwe mu rugo kuri uyu wa kabiri taliki 10 kamena 2014 ashinjwa kuba yarishe akanakorera ibikorwa by’iyica rubozo umurambo w’umugore we.
Grenage yo mu bwoko bwa “Tortoise” ishaje yatoraguwe mu murima wo mu mudugudu wa Akabeza, akagari ka Nyakagunga, mu murenge wa Fumbwe ho mu karere ka Rwamagana; itaruwe n’abaturage bahingaga ku wa kabiri, tariki 10/06/2014.
Umuryango nyafurika w’ivugabutumwa AEE tariki 10/06/2014 wakoreye ubukangurambaga abaturage b’umurenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza, ubwo bukangurambaga bukaba bwari ubwo kubashishikariza gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza buzwi nka mitiweri no kubakangurira kwirinda SIDA.
Nkurikiyingoma Donat yitabye Imana biturutse ku ipine yaturitse ubwo bayisudiraga irimo umwuka, abandi batandatu barakomereka bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kibungo.
Isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rizenguruka u Rwanda buri mwaka (Tour du Rwanda) rizatangira tariki 16/11/2014, rizatwara akayabo ka miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda rikazamara icyumweru, aho abasiganwa bazarushanwa mu ntera ndende kurenza iyo basiganwe mbere.
Umuhanda wa Kinigi-Musanze ukorwamo amatagisi atwara abagenzi azwi nka “twegerane” usanga apakiye abagenzi barenze umubare ugenwe muri tagisi ari byo bita gutendeka, abagenzi basaba ko umubare w’abapolisi bakora muri uwo muhanda biyongera kugira ngo bicike.
Mu cyumweru cyitiriwe ibikorwa by’ingabo (Army Week), mu karere ka Gisagara ingabo zifatanyije n’abaturage ziri kubakira Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari batarabona amacumbi kugera n’ubu.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki 11/06/2014, ingabo za Kongo zinjiye ku butaka bw’u Rwanda zirasa ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu biba ngombwa ko ingabo z’u Rwanda zirwanaho umusirikare wa Kongo ahasiga ubuzima.
Abaturage batuye mu Murenge wa Mugunga mu karere ka Gakenke babangamiwe n’uburyo bwo guhahirana n’utundi duce bahana imbibi kubera ibiraro byo muri uwo murenge bigera kuri bitatu byangiritse kuburyo nta modoka ishobora kuhanyura.
Musabyimana Andereya na Ntakirutimana Anastaziya batuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro basigaye bagishwa inama n’izindi ngo zibanye nabi, mu gihe mbere urugo rwabo rwari ruzwi mu gace batuyemo nk’urugo rwarangwaga n’amakimbirane akomeye.
Mu karere ka Nyamagabe hatangijwe umushinga wo guharanira uburenganzira bw’abana uzamara imyaka itatu ushyirwa mu bikorwa n’ihuriro ry’abanyamategeko b’abakirisitu rya Lawyer of Hope ku bufatanye na World Vision.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burifuza ko inyubako nyinshi zitatanye mu mujyi w’ako karere zagabanuka kuko imihanda ihuza ibice by’umujyi ihenda kuyishyiramo kaburimbo. Ibi ariko ngo ntibikuyeho gutuza abaturage no kuvugurura uyu mujyi.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) yamenyesheje abafatanyabikorwa ba Leta y’u Rwanda baturutse mu gihugu n’abava hirya no hino ku isi, ko porogaramu y’ubufatanye bw’ibihugu by’Afurika mu guteza imbere ubuhinzi (CAADP), izakura mu bukene abaturage bangana na miliyoni eshatu mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari bakaba banafite kurangiza imanza mu nshingazo zabo barasaba inzego zishinzwe amategeko kuyabegereza kugira ngo barusheho kwihugura no kurushaho gukora akazi kabo ko kurangiza imanza mu buryo bwihuse kandi ntacyo bikanga.
Mu gutangiza icyumweru cy’ubukangurambaga ku kwandikisha ubutaka no kubukoresha neza mu ntara y’uburasirazuba, igikorwa cyabereye mu karere ka Nyagatare kuri uyu wa 10 Kamena, hishimiwe ko amakimbirane abushingiyeho yagabanutse.
Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari mu Rwanda cyitwa ICPAR, cyavuze ko Abanyarwanda bakora uwo mwuga bize amasomo yacyo yo ku rwego mpuzamahanga bakiri bake cyane, aho ngo bituma abanyamahanga bakomeza kwiharira isoko ry’uwo murimo mu Rwanda no mu muryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC).
Umusore witwa Niyokwizera Fabien w’imyaka 23 y’amavuko arwariye mu bitara bya ADEPR Nyamata nyuma yo gufatwa n’umuriro ku ipironi ngo abone uko yiba insinga zitwara umuriro w`amashanyarazi mu murenge wa Nyamata, akagari ka Kayumba mu karere ka Bugesera mu rucyerera rwo ku wa 8/6/2014.
Millicom, Isosiyete ifite ikigo cy’itumanaho cya Tigo yamaze kwegukana ububasha bwo kugenzura ihanahana ry’amafaranga hagati y’amabanki akorera mu Rwanda no mu bakiliya b’ayo mabanki hakoreshejwe ATM mu Rwanda.