Umusirikare wa Kongo usanzwe ukorera muri Region ya 8 muri Kivu y’Amajyaruguru wafatiwe ku butaka bw’u Rwanda mu karere ka Rubavu kuri uyu wa 06/06/2014yashyikirijwe ishami ry’itsinda ry’ingabo za ICGLR rishinzwe kugenzura imipaka ya Kongo ryitwa Extended Joint Verification Mechanism (EJVM).
Abamotari bari bibumbiye muri sosiyete SOTRAGERU (SOCIETE DE TRANSPORT GENERAL DE RUSIZI) bahisemo kuyisesa batangiza koperative kugirango bazabashe gukemura ibibazo byagiye bigaragara muri iyi sosiyete.
Imwe mu mirenge y’akarere ka Kayonza ikunze kwibasirwa n’izuba ryinshi rikangiza imyaka y’abaturage bikabatera inzara, ariko by’umwihariko umurenge wa Ndego ngo ufite n’andi mahirwe yo kugira ibiyaga byinshi bitarabyazwa umusaruro ku buryo bufatika kandi byagira uruhare mu guhangana n’ingaruka z’iryo zuba.
Ikipe y’ababana n’ubumuga y’umukino wa Seat Ball yo mu karere ka Burera itangaza igikeneye ibikoresho by’ibanze bijyanye n’uwo mukino kugira ngo bawukine neza babe bagera ku rwego rwo hejuru, ibe yaserukira ako karere.
Abahoze ari abarwanyi muri FDLR n’abagore babo bakomoka mu turere twa Nyanza, Ruhango, Muhanga na Kamonyi bahuguriwe ku kwihangira imirimo banasabwa kugira uruhare mu gushishikariza bagenzi babo bakiri mu mashyamba ya Kongo gutaha ku neza bakaza gufatanya n’abandi kubaka igihugu.
Abakozi b’ikigo cy’ubwiteganyirize bw’abakozi cy’u Rwanda (RSSB) baremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 batujwe mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza banatera inkunga urwibutso rwa Jenoside rw’aka karere kuri uyu wa kane tariki 05/06/2014.
Abanyamabanga nshingwabikorwa bose b’utugali tugize Akarere ka Gatsibo, kuri uyu wa kane tariki 5 Kamena 2014, batangiye amahugurwa y’iminsi 2 hagamijwe kubongerera ubumenyi mu bijyanye n’ikoranabuhanga rya mudasobwa.
Mu karere ka Nyamagabe hatashywe ku mugaragaro ikigo (one stop center) cyizajya gitanga ubufasha mu bujyanama, ubuvuzi ndetse no mu mategeko hagamijwe kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kikazatanga serivisi ku mpunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme n’abaturage bayituriye.
Ubukwe bwa Shona Carter na Johnathon Brooks bwabaye ku itariki ya 28/5/2014, bwaranzwe n’agashya k’uko umukobwa wabo w’ukwezi kumwe na we yabutashye aziritse ku gice kigenda cyikurura inyuma ku ikanzu y’abageni (traîne) mama we yari yambaye.
Rayon Sport izakina na mukeba wayo APR FC muri ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, ikaba yabigezeho ku wa kane tariki 5/6/2014 ubwo yatsindaga AS Kigali ibitego 3-2 bigoranye, mu mukino w’ikirarane wa 1/8 cy’irangiza wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Umurambo w’umuturage witwa Nkinzingabo Zabrone watahuwe umanitse mu giti cya avoka gihinze mu murima w’umuturage wo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza ku gicamunsi cya tariki 05/06/2014, abaturage b’i Mukarange babonye uwo murambo bakaba bavuga ko batamuzi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime yasabye imbabazi Perezida Kagame mu izina ry’abandi bayobozi n’abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru kubera ko bamwe mu bayobozi bo muri iyo ntara banduje isura yabo bagambaniye igihugu bagakorana n’umutwe wa FDLR mu bikorwa byo guhungabanya umudendezo w’igihugu.
Umugore utaramenyekana amazina ye uri mu kigero cy’imyaka 18 na 20 arashakishwa nyuma yo guta umwana w’ukwezi kumwe mu ishyamba riri mu mudugudu wa Ruduha mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera.
Ibigo by’imari birimo imirenge SACCO n’umwarimu SACCO birasabwa kuba umunyamuryango w’ihuriro ry’ibigo by’imari mu Rwanda (Association of Microfinance Institutions in Rwanda/AMIR) mu rwego rwo kurushaho kugira imbaraga no gutera imbere.
Nyuma yo gusezerera igihugu cya Libya mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika, u Rwanda rwazamutseho imyaka 15 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye kwihanangiriza abagifite imigambi yo guhungabanya umudendezo w’Abanyarwanda, ko bazahura n’ingaruka zikomeye igihe cyose iyo migambi batayihagaritse kuko umutekano w’u Rwanda ari ishingiro ry’ibimaze kugerwaho n’ibiteganwa kuzagerwaho.
Mu gihe hari abarwanya gahunda ya Ndi Umunyarwanda bavuga ko nta mpamvu yo kwibutswa ko ari Abanyarwanda kandi bo ubwabo basanzwe babizi, abanyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga IPRC-South bo bavuga ko nta mpamvu yo kuyirwanya kuko ifite akamaro cyane.
Umuyobozi w’ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Ntara y’amajyepfo (IPRC-South), Dr. Barnabé Twabagira, avuga ko mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAN izabera no mu Karere ka Huye mu mwaka wa 2016, hari amasomo bazigishiriza ubuntu mu gihe cy’amezi abiri.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu ishami rishinzwe umutekano mu muhanda buhakana ko butazatanga ibizamini byihariye, nyamara amwe mu mashuli yigisha gutwara ibinyabiziga mu karere ka Nyagatare yari yarijeje abashinzwe community policing ko azabashakira ibizamini byihariye, kuko ngo polisi y’igihugu ariyo yari yarabibizeje.
Abagabo batatu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi mu karere ka Bugesera bakekwaho ubujura buciye icyuho, aho bibye ibicuruzwa mu iduka ry’uwitwa Bizumuremyi Jean Baptiste ucururiza mu murenge wa Nyamata.
Abasirikare batanu bashinjwaga kwica Inkeragutabara yari iri ku irondo tariki 25/12/2013 bakatiwe n’urukiko rwa gisirikare rwari rukuriwe na Capitaine Charles Sumbanyi mu ruhame ku kibuga cy’umupira cya Kanjongo tariki 05/06/2014.
Abagore ntibishimiye ko badahabwa imyanya ihagije mu nzego z’akazi zo hasi nyamara bishimira intambwe bateye yo kuba bamaze kugira imyanya ihagije mu nzego zo hejuru cyane cyane mu nteko ishinga amategeko.
Nubwo Ngororero Akarere ka Ngororero kari ku mwanya wa mbere mu kuboneza urubyaro mu Ntara y’iburengerazuba, kuringaniza urubyaro biracyari hasi mu baturage kuko biri ku kigero cya 40,5%. Ubwiyongere bw’abaturage buri ku kigero cya 2.6%.
Ubwo basuraga urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kuri uyu wa 05/6/2014, abakozi b’ikigo gishinzwe ubuzima (RBC) bavuze ko kwibuka buri mwaka bituma bamenya uburyo bakurikiza mu kubana no gukorana na bagenzi babo cyangwa abandi bagifatwa n’ihungabana, ndetse no kwanga kwibagirwa aho bavuye.
Nyuma y’imyaka itanu umushinga VUP (Vision 2020 Umurenge Program), umaze ukorera mu karere ka Ngororero, umaze kugeza ku batuye akarere akayabo ka miliyari 3 na miliyoni 57 mu nkingi eshatu uwo mushinga ukoramo, arizo guha akazi abaturage, kuguriza imishinga iciriritse no gutanga inkunga y’ingoboka ku batishoboye.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore yarekeje muri Nigeria gukina umukino wo kwishyura uzayihuza n’iya Nigeria ku wa gatandatu tariki 7/6/2014 mu rwego rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu mwaka.
Abakozi ba Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC) ndetse n’ibigo biyishamikiyeho, kuri uyu wa Gatatu tariki 04/06/2014 bari mu Karere ka Musanze mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no gufata mu mugongo abacitse ku icumu babashyikiriza inkunga ingana na miliyoni ebyiri n’ibihumbi 550.
Iradukunda Fisto w’imyaka 18 wo mu mudugudu wa Mpandu, akagali ka Karama umurenge wa Kazo, akarere ka Ngoma, yabonetse akuruwe n’imodoka imukurura hasi ariko abayitwaye batamenye ibyabaye.
Abasirikare n’abaturage batuye mu karere ka Nyamasheke barafatanya mu kubakira incike zarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bagafatanya gusana imihanda no gusibura imirwanyasuri mu murenge wa Gihombo.
Abitandukanije n’abacengezi hamwe n’abafasha babo bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke baratangaza ko ubu ari aba mbere mu kumva neza ibyiza n’akamaro bya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Umwana w’imyaka 13 ukomoka mu kagari ka Ryamanyoni ko mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza ari mu maboko ya polisi sitasiyo ya Rukara akekwaho kwica mugenzi we w’imyaka 12.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa St Nicolas Cyanika ruri mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko ubujyanama bahabwa n’umushinga ugamije gukumira ko abana b’abakobwa bata ishuri (Keep Girls at school/KGAS) buri kugenda butanga umusaruro haba mu guhangana n’impamvu zatuma batwara inda zitateguwe (…)
Abayobozi b’inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC) mu karere ka Musanze no mu mirenge ikagize, bavuga ko kuba basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (ruri ku Gisozi), byabahaye ubunararibonye bwo kubwira bagenzi babo ko kwifatanya n’umwanzi ari uguta umwanya, ahubwo bagomba kurwana urugamba rwo kwiteza imbere.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwimura abagororwa basaga 5880 bari bafungiye muri gereza ya Muhanga bajyanwa muri gereza ya Mpanga iherereye mu karere ka Nyanza no muri gereza ya Karubanda iherereye mu karere ka Huye, zose zo mu ntara y’amajyepfo.
Imihigo y’Akarere ka Nyanza yahizwe mu mwaka wa 2013-2014 ngo yeshejwe ku gipimo cya 95% nk’uko isuzuma ryakozwe n’Intara y’Amajyepfo ryabigaragaje ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 3/06/2014.
Gereza ya Muhanga iherereye mu karere ka Muhanga mu ntara y’amajyepfo yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ma saa sita z’amanywa ku wa gatatu tariki 04/06/2014, igice cyayo kibamo abagororwa kirakongoka.
Kuri uyu wa kabiri tariki 03/06/2014 ingabo z’igihugu zatangiye igikorwa cyo kuvura abacitse ku icumu batishoboye bo mu karere ka Rulindo bafite ubumuga bukomeye basigiwe na jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Impunzi z’Abanyekongo zikambitse mu nkambi ya Nyabieke iherereye mu karere ka Gatsibo, zamurikiwe zimwe mu nzego z’umutekano zirimo Police, abinjira n’abasohoka mu gihugu ndetse n’urwego rwa Minisiteri y’ibiza no gucyura impuzi (MIDIMAR) muri iyi nkambi.
Me Ntaganda Bernard washinze ishyaka rya PS Imberakuri ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda yasohotse muri gereza ya Nyanza yari afungiyemo uyu munsi kuwa 04/06/2014 ahagana ku isaha ya saa moya za mu gitondo, nyuma yo kurangiza igifungo cy’imyaka ine yari yarakatiwe n’urukiko.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) urashima cyane uburyo u Rwanda rufata neza impunzi zihungira mu gihugu, ngo agasanga ibi bikwiye gukorwa n’ibindi bihugu ku isi.
Kugeza ubu inka zitaramenyekana umubare neza zatanzwe muri gahunda ya Girinka munyarwanda, zaragurishijwe mu Murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo nkuko bitanazwa n’Ubuyobozi bw’uyu Murenge.
Ubwo abasenateri bagize komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage basuraga akarere ka Gicumbi babwiwe ko abaturage bafite uturima tw’igikoni tubafasha guhashya imirire mibi nyuma abasenateri basuye abaturage basanga nta rugo na rumwe rufite akarima k’igikoni.
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA), Rose Mukankomeje, atangaza ko ibishanga by’u Rwanda byagiye bibangamirwa n’uko Leta zabanje zarekaga abantu bagatura mu bishanga bakanabikoresha uko bashatse.
Abatoza b’intore barangije itorero ryaberaga i Nkumba, mu karere ka Burera, barasabwa gushyira mu bikorwa ibyo bigiye muri iryo torero, babitoza abandi kugira ngo Abanyarwanda barusheho kuba intore nyazo.
Ingabo z’igihugu zikorera mu karere ka Rusizi zifatanyije n’abaturage bo mu tugari twa Miko na Kabasigirira bo mu murenge wa Mururu mu gikorwa cyo gusiza ikibanza cyo kubakamo ivuriro abaturage bo muri utwo tugari bazajya bivurizaho.
Mu nteko rusange y’urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 03/06/2014, urubyiruko rwiyemeje ko rugiye kurushaho gukora rukiteza imbere rukima amatwi ababashukisha amafaranga ngo barushore mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu.
Myugariro w’ikipe y’u Rwanda, Salomon Nirisarike, nyuma yo kuyikinira ikanatsinda Libya ibitego 3-0 ku wa gatandatu ushize, yerekeje mu Bubiligi aho asanzwe akina, akaba yagiye kuganira n’umuhagarariye (Manager), ku bijyanye n’ikipe azakinamo mu mwaka w’imikino utaha.
Nyuma y’uko urubyiruko rwibumbiye mu muryango FPR-Inkotanyi rumwubakiye inzu yo kubamo, Nyirahirana Domitile wo mu mudugudu wa Benishyaka akagali ka Rurenge umurenge wa Rukomo akarere ka Nyagatare yemeza ko atagica incuro kuko ubu ubucuruzi akora bumutunga.